Nyuma yo gusanga abahinzi bo mu karere ka Gicumbi bararumbije imyaka kubera kutabonera imbuto yo gutera ku gihe, abadepite bagize komisiyo ishinzwe ubuhinzi ubwororozi no kubungabunga ibidukikije batangaje ko bagiye kubakorera ubuvugizi ku kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kugirango imbuto ijye iboneka ku gihe.
Abunzi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bakunze guhura n’imbogamizi y’itumanaho hagati yabo igihe bafite guhura, ndetse bikanabagora kugera hamwe na hamwe mu ho baba bagomba gukemura ibibazo, bagasaba ko ubuyobozi bwabafasha kugirango akazi kabo kanoge.
Kayumba Charles wahoze ari Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Manishya mu Murenge wa Gatsibo, afunzwe azira icyaha cyo gutuka inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Gatsibo, ubushinjacyaha mu rukiko rwibanze rwa Kiramuruzi bukaba bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Umuyobozi wa Banki Nyafurika itsura amajyambere (BAD), Dr Donald Kaberuka, ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri iyi Banki, basuye bimwe mu bikorwa iyi Banki itera inkunga mu karere ka Nyabihu, mu rwego rwo gusuzuma icyo byazamuyeho abaturage n’uruhare bifite mu iterambere ryabo.
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda arakangurira Abanyarwanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga mu muhanda, kwitwararika amabwiriza bahabwa na Polisi y’Igihugu mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Abakinnyi bane b’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 barashakwa cyane n’amakipe yo mu gihugu cya Gabon yifuza kubagura, nyuma y’aho bigaragaje mu mukino u Rwanda rwakinnye na Gabon i Libreville ku wa gatandtau ushize, rugatsindwa igitego 1-0.
Ahitwa mu Gahenerezo ho mu murenge wa Huye, akarere ka Huye, hafi saa cyenda zo mu ijoro rishyira kuri uyu wa 27/5/2014 haguye ikamyo yari itwaye ibicuruzwa ibivana i Kigali ibijyana i Rusizi. Ku bw’amahirwe nta muntu yahitanye, n’nkuta z’inzu yagwiriye nta cyo zabaye cyane.
Mpagazehe Philemon n’umugore we Mukamana Naeme bari batuye mu mudugudu wa Mitanga mu kagari ka Karengera, tariki ya 26 Gicurasi 2014 mu masaha ya saa tatu z’amanywa basanzwe mu nzu babagamo batemaguwe n’abantu bataramenyekana kugeza magingo aya.
Abarokotse Jenoside mu karere ka Ngoma by’umwihariko abarokokeye mu bitaro bikuru bya Kibungo, barasaba ko Abarundi bahoze bahakorera bagize uruhare muri Jenoside bafatwa bagashyikirizwa inkiko bakaryozwa ibyo bakoze.
Umugabo w’imyaka 45 witwa Mushengezi Bernard yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Musanze nyuma yo gukubita urubaho umugore witwa Nyirandimubanzi bari bafitanye abana batandatu agapfa mu ijoro rya tariki 25/05/2014.
Mukandutiye Elina w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyamivumu A mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yatwikiwe urugo rwe n’umuntu utazwi yifashishije lisansi.
Umuhanzikazi Knowles Butera arasaba urubyiro rw’akarere ka Ruhango ndetse n’urw’ahandi, kumva ko kuba umuhanzi uzwi cyane “umustar” bidasaba gukoresha ibiyobyabwenge.
Umuryango wa Karera Merchiol na Mukanzigiye Speciose batuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu mudugudu wa Kamasera bishimiye ko nyuma y’umwaka bari bamaze bishyuza akarere amafaranga ibihumbi 92 noneho bayabonye.
Umuryango Nyarwanda uharanira amajyambere arambye, (Rwanda Initiative for Sustainable Development/ RISD) ubinyujije mu mikino n’ubutumwa butandukanye bugaragaza ko ubutaka buri ku isonga mu bikurura amakimbirane mu Banyarwanda, wigishije abaturage bo mu Murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi uburyo bwo gukemura (…)
Abagore 9 n’abagabo batatu bose bakomoka mu muryango umwe wa Maj. Murwanashya Juvenal uzwi ku izina rya Blaise ukuriye iperereza mu mutwe wa FDLR bakekwaho gukorana na FDLR bagejejwe imbere y’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, babiri bakatirwa igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abandi 10 bararekurwa.
Abantu bane bari mu maboko ya polisi y’igihugu kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka, bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bw’ibendera ry’igihugu ryibwe ku biro by’akagari ka Bwama mu murenge wa Kamegeri mu ijoro rya tariki 25/05/2014 mu masaha ya saa yine.
Issa Boniface w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Gatenga mu karere ka Kicukiro, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2014, azira kubeshya abaturage ko ari umukozi wa ESWA akabaka amafaranga kugirango abahe amashanyarazi.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda (HCR) ryageneye imodoka Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) Polisi y’igihugu n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu rwego rwo kubongerera ubushobozi mu kunoza akazi kajyanye no kwita ku mpunzi.
Ubuyobozi bwa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) bwasuye umushinga wa Kivu Watt urimo kubyaza amashanyarazi muri gaz methane yo mu Kivu bareba aho ibikorwa by’uwo mushinga bigeze ndetse n’ikibazo cyabayemo cyatumye utarangirira gihe dore ko ngo wagombye kuba waratangiye gutanga ingufu z’amashanyarazi kuva muri Mutarama (…)
Umurambo w’umugabo witwa Misago Augustin watoraguwe mu kiyaga cya Rweru n’abapolisi bashinzwe gucunga umutekano mu mazi ku mugoroba wa tariki 25/05/2014.
Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), birategura gushyira mu bikorwa amazeserano yasinywe n’aba Perezida mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, agamije gufata no guhererekanya abanyabyaha ba buri gihugu, ndetse no gutabara kimwe muri ibyo bihugu mu gihe cyaba cyatewe.
Nyiratsinda Flora warokokeye i Karubamba ho mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite igihango badakwiye gutatira bagiranye n’ingabo zabatabaye ubwo zahagarikaga Jenoside yorekaga imbaga mu bice bitandukanye by’u Rwanda.
Abanyeshuri biga muri kaminuza ya Carleton bari mu rugendo shuri mu Rwanda baravuga ko bakurikije ibyo abanyamakuru bakorera mu Rwanda bababwiye basanga itangazamakuru ryo mu Rwanda ryateye imbere kurusha uko imiryango mpuzamahanga irivuga.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya Coopte Mulindi mu karere ka Gicumbi bavuga ko icyayi ari igihingwa ngandurabukungu ku gihugu kuko cyinjiza amadovise kikanagirira akamaro kanini abagihinga kuko cyabafashije kwivana mu bukene.
Ubwo abakozi b’ikigo cya EWSA ishami rya Ruhango bamushyikirizaga inka ya kijyambere, Umukecuru Mukarubibi Jacqueline warokotse Jenoside akaba atuye mu karere ka Ruhango yatangaje ko ashima cyane Perezida Kagame kuko yatoje Abanyarwanda umuco wo gufashanya.
Ukudahuza kw’amasosiyete acuruza itumanaho mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biracyabangamiye ubwisanzure bw’abaturage mu guhamagarana, kuko ibiciro bigihanitse ariko hashyizweho ingamba zo guhuza imikoranire ibigo bicuruza itumanaho muri aka karere.
Ubwo abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bataramiraga mu karere ka Ngoma tariki 24/05/2014, Abanyengoma barabishimiye cyane baranabashyigikira.
Abakozi n’abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda/Ishami rya Kibuye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero banatera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe abarokokeye Jenoside mu Bisesero mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubaherekeza mu rugendo rwo kwigira.
Mu murenge wa Rambura, mu karere ka Nyabihu hashyizweho ikarita ifasha abaturage kurushaho kumenya, gukurikirana, kwitabira no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bahaye ishimwe umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora, Dr Nsabimana Damien, kubera ubwitange n’urukundo yakomeje kugaragariza abarokotse mu buryo ayoboramo ibitaro ndetse n’ubufasha yakomeje kugaragaza ku giti cye abuha abarokotse Jenoside (…)
Imibiri 8029 yashyinguwe mu rwibutso rushya rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Karubamba mu murenge wa rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 25/05/2014. Imwe muri iyo mibiri yari isanzwe ishyinguye mu mva rusange y’i Karubamba ariko iza kuvanwamo nyuma y’uko bigaragaye ko iyo mva yatangiye kwangirika.
Abanyamuryuango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rwamagana barasabwa kuba intangarugero mu bikorwa bifatika bakora kugira ngo abandi babarebereho kandi bagafasha abandi baturage kuzamuka ngo kuko ibikorwa bya FPR si amagambo gusa ahubwo ni ibikorwa bifatika.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 24/5/2014 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu umwaka.
Ubuvugizi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko bwamaganye kure iyicwa ry’umusilikare wa RDF wari m’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani.
Ikigo cya TTC Rubengera ndetse n’ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Birambo mu Murenge wa Gashali byegukanye imyanya myinshi yo kuzahagararira akarere ka Karongi ku rwego rw’intara mu marushanwa ndangamuco y’indirimbo, imivugo n’imbyino ku nsanganyamatsiko iti “Ndi Umunyarwanda, inkingi y’ubutwari”.
Uregendo rw’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha rwarangiye ku wa gatandatu tariki 24/5/2014 ubwo yatsindwaga na Gabon igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Monedan i Libreville muri Gabon.
Utazirubanda Beza wari utuye mu kagari ka Nganzo mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro aherutse kwiyahurana n’umwana we wari umaze umwaka n’ukwezi kumwe avutse bikaba bikekwa ko yabitewe n’amakimbirane umugabo yari afitanye n’umugore we.
Mu muhanda uturuka mu mujyi rwagati umanuka i Nyabugogo, habereye impanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yabuze feri ikagonga imodoka zari mu nzira, zirimo bisi ya bwa Coaster n’ivatiri na moto nyinshi. Bikaba bivugwa ko abantu batari bacye bashobora kuba bahasize ubuzima.
Umuryango uhuje Abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza n’Amashuri makuru (GAERG) urasaba ubuyobozi bukuru bw’igihugu kuwufasha kwihutisha igikorwa cyo kubarura imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko uko bitinda ni ko hari impungenge z’uko amazina yabo yazibagirana burundu.
Ubwo hatangizwaha icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Ruhango byagaragaye ko iki kibazo kirimo kugenda gikemuka ariko ubuyobozi bw’akarere butunga agatoki inzego z’ibanze kugaragaza imbaraga nke mu kurwanya ibiyobyabwenge bicururizwa cyangwa bigakorerwa aho bayobora.
Abana 348 bafashwa n’umushinga Compassion Internationale, bahuguwe ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye n’isuku igomba kubahirizwa mbere yo gufata amafunguro. Iki gikorwa kije mu kwezi kwahariwe umuryango gufite insanganyamatsiko igira iti “indyo yuzuye n’isuku ihagije, ni ishingiro ry’umuryango”.
Gufungura indyo yuzuye ntibigombera ubushobozi kuko igizwe n’ibiribwa buri wese abasha kubona bimworoheye ariko nanone ntiyagerwaho mu gihe ibiribwa bidateguranywe isuku; nk’uko byagarutsweho ubwo hasozwaga ukwezi kwahariwe kwita ku isuku no kurwanya imirire mibi mu karere ka Nyagatare.
Mu rwego rwo gukangurira abaturage b’umurenge wa Musambira kwirinda indwara ya Malaria imaze iminsi igaragara ku barwayi bivuriza ku bitaro bya Remera Rukoma no ku mavuriro yo mu karere ka kamonyi, Akarere ka Kamonyi gafatanyije n’umuryango imbuto Foundation, bifashishije abakinnyi b’Urunana mu gutanga ubutumwa bwo kwirinda (…)
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki 22/5/2014 yasabye ko umusaza Rulisa Clément usanzwe ukora akazi ko kuvura ku kigo nderabuzima cya Gacuba II kandi yaroherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru yahagarikwa.
Mu karere ka Ngororero umuganda ukomeje kuba inkingi mwikorezi mu itermambere ry’Akarere kuko uhuza abayobozi bo mu nzego zose zaba iza gisivili n’iza gisirikare; nk’uko byemezwa n’umukozi w’Akarere ufite umuganda mu nshingano ze Mme Musabeyezu Charlotte.
Nyuma y’ikiganiro umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro PAX PRESS wagiranye n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi mu karere ka Ngororero, biyemeje gukorana neza n’itangazamakuru ndetse no guha amakuru abaturage ku bibakorerwa, nyuma yo gusanga ibyo bafataga nk’inzitizi atarizo.
Kuva gahunda y’urugerero yatangizwa mu Rwanda byagiye bigaragara ko ibikorwa bakora biba bifitiye igihugu akamaro kuko usanga hagaragaramo ibikorwa byinshi kandi bifitiye akamaro igihugu ariko abo mu karere ka Gakenke ngo hari imbogamizi bifuza ko zakurwaho kugirango bakomeze gutanga umusaruro wisumbuye.
Iyo ugeze mu mirenge ya Macuba na Karambi yo mu karere ka Nyamasheke, utangazwa no kubona ibimasa biziritse mu mirima ibindi biri mu biraro, ugashaka inka y’inyana ukayibona bigoranye.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko aragira inama abakobwa yo kujya babanza bagashishoza mbere yo gusanga abasore babasaba kubana kuko cyane cyane mu mijyi abasore babeshya abakobwa ko bakora akazi keza bagerayo bagasanga ahubwo abo basore ntibagira n’aho baba.