Gereza ya Muhanga muri uyu mwaka ushize yesheje umuhigo wo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda angina na miliyoni 150 y’u Rwanda mu gihe bari basinye kwinjiza miliyoni 90.
Umuhango wo kwimika abapasitori batatu b’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya mu Rwanda (Eglise de Dieu du nouveau testament au Rwanda) wabereye mu murenge wa Gikundavura tariki 03/08/2014 waranzwe n’ibyishimo byinshi ariko nyuma havuka bombori bombori ishingiye ku miyoborere muri iryo torero.
Aba-ofisiye bakuru ba polisi 28 bo mu bihugu icyenda bari bamaze umwaka biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi ry’i Musanze (National Police College) barangije amasomo yo ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza kuri uyu wa Mbere tariki 05/08/2014.
Ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Bushenge kiri mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, gikomeje guhangayikishwa no kutagira amazi meza mu gihe bamaze gutangira gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza kuzamura, abarezi bakavuga ko haramutse nta gikozwe mu maguru mashya bashobora kugira ibibazo bituruka ku (…)
Nyabyenda Jean Baptiste uzwiho gukora imirimo y’ubupfumu mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yateye undi inkota aramukomeretsa bikomeye mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 04/08/2014 arangije amusiga mu ishyamba aratoroka.
Umutoni Barbine watorewe kuba Nyampinga w’amashuri yisumbuye (Miss High School) yavuze ko mu by’ingenzi azakora harimo kuvugira abana b’abakobwa bavuye mu ishuri kubera ibibazo bitandukanye.
Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza AS Muhanga, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Kiyovu Sport akaba azanye gahunda yo kubaka ikipe y’igihe kirekire kandi ngo izagarurira abakunzi b’iyo kipe ibyishimo kuko n’ubuyobozi bwemeye kumushyigikira.
Iyo nkongi y’umuriro yagaragaye kuwa 02/08/2014, ubwo abacunga umutekano w’inshyamba n’inyamaswa babonaga umwotsi uri kuzamuka warenze ibiti by’iryo shyamba mu bice biherereye mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ay’isumbuye yo mu karere ka Rutsiro bafatanyije n’abashinzwe uburezi mu karere n’imirenge bari mu gikorwa cyo gukusanya imibare nyayo igaragaza abana bataye ishuri muri uyu mwaka wa 2014 kugira ngo ayo makuru yifashishwe mu gufata ingamba zo guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri (…)
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, aratangaza ko Guverinoma ayoboye ifite ingamba nshya zo kuzamura ubukungu ariko akibanda ku gutanga inguzanyo, kugera ku kigero cya 20% mu mwaka wa 2017 zivuye kuri 15,6% ziriho ubu.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu biganiro ku ipfobya rya Jenoside mu karere u Rwanda ruherereyemo byabereye , umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, Bernard Noël Rutikanga, yasobanuye ko ipfobya rya Jenoside yabaye mu Rwanda ryica abayirikotse kabiri.
Umuryango w’abantu 6 wishwe tariki ya 31/07/2014 bikamenyekana nyuma y’iminsi ibiri, kuri icyi cyumweru tariki 03/08/2014, nibwo waherekejwe mu cyumahiro mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Abayobozi b’amadini atatu akomeye mu gihugu cya Centre Afrique aribo Abagatolika, Abayisilamu n’Abangilikani baragera mu Rwanda muri iki cyumweru, baje kwitabira inama mpuzamahanga yo kubaka amahoro no kwigira ku masomo u Rwanda n’isi bakuye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’inzira y’u Rwanda mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge.
Umugabo witwa Niyigena Emmanuel utuye mu kagari ka Kazabe mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo gusezererwa mu Ngabo z’Igihugu agasubira mu buzima busanzwe yahisemo kwimenyereza imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga kuko yari afite ikibazo cy’akaboko kadakora neza agasanga atashobora ubuhinzi.
Mu nama y’umutekano y’Intara y’uburengerazuba yabereye mu karere ka Rusizi kuwa 30/07/2014, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Guverineri Mukandasira Cartas yasabye abayobozi b’uturere tw’iyi ntara guhagarika ku mirimo abarimu bagiye batera abana b’abakobwa inda kandi babigisha.
Umugabo witwa Gakuru Aloys atuye mu murenge wa Kanjongo, avuga ko yari amaze kuba umukire ukomeye mu myaka itatu ishize ariko ngo asigaye ari mayibobo ku buryo ahora muri gereza yafashwe ari mu byaha cyangwa se yafatanywe urumogi.
Abatuye Umurenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke bavuga ko abakobwa bo muri ako gace bakunze gutwara inda batarashaka ahanini ngo kubera imibereho yaho ituma abenshi bajya gushaka akazi mu mujyi wa Kigali bakagaruka batwite inda z’abana batazi ba se.
Aba local defense 440 basezerewe mu karere ka Muhanga bavuga ko mu myaka icumi bamaze mu mirimo yo gucunga umutekano batabashije kwikorera, bakaba bifuza ko habaho uburyo bwo kubafasha gutangira ubuzima bw’indi mirimo.
Abatuye mu mirenge ya Mukindo na Mugombwa ho mu karere ka Gisagara, baravuga ko bahangayikishijwe n’udusimba twaje dutunguranye tukibasira ibiti by’inturusu bikaba biri kuma, ku buryo bavuga ko nihatagira igikorwa amashyamba azashiraho.
Bamwe mu batuye akarere ka Gakenke bavuga ko umuganura wizihijwe kuwa 01/08/2014 mu bice bitandukanye mu Rwanda ntaho uhuriye n’uwo mu gihe cyo ku bwami kuko nta mwana ukiganuza ababyeyi nkuko byagendaga mu bihe byo hambere.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda Stephen Constantine asanga kuba Amavubi yarasezereye Congo Brazzaville benshi batabyizeraga ari ikimenyetso cy’uko no mu mikino y’amatsinda Amavubi yarekejemo azitwara neza akaba yagera kure muri aya amarushanwa.
APR FC yari imaze iminsi itozwa na Mashami Vincent nk’umutoza mukuru nyuma yo kwirukana umudage Andreas Spier, yamaze kuzana umutoza mushya Ljubomir “Ljupko” Petrović ukomoka mu gihugu cya Serbia akaba ndetse yamaze kugera mu Rwanda.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi b’ibigo by’amashuri batanga imibare y’abanyeshuri iri hejuru y’abo bafite ku bigo bagamije guhabwa amafaranga menshi bagenerwa na Leta kuri buri mwana, buri muyobozi arasabwa kwishyura ikinyuranyo cy’amafaranga yakiriye ahwanye n’umubare w’abanyeshuri yongereye ku rutonde kandi atabafite.
Nyuma y’uko mu Gasentere ka Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze hagaragaye abasore bakina mukino uzwi nka “kazungunarara” ucuza abaturage utwabo, n’urusimbi rukinirwa ku mugaragaro.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bari mu muryango FPR Inkotanyi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite biteza imbere cyane cyane baharanira kwinjiza ibicuruzwa byabo mu isoko mpuzamahanga.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01 Kanama 2014, bizihije umunsi w’umuganura bishimira umusaruro babonye muri uyu mwaka, mu Karere ka Karongi ho ngo uyu umunsi wanabaye by’umwihariko umwanya wo kwisuzuma kugira ngo bafate ingamba kugira ngo umusaruro uzabe mwiza kurushaho muri uyu mwaka w’ingengo y’imali cyane cyane mu bihinzi.
Intara y’Iburasirazuba bw’u Rwanda ndetse n’Intara ya Trans Nzoia yo muri Kenya, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’impande zombi azagira umusaruro mu ngeri z’ubuzima bw’imibereho rusange y’abaturage batuye ibi bice byombi byo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Umusaseridoti Mutabazi Fidele, yasezeranye kudashaka no gushyikiriza Ijambo ry’Imana abantu. Uyu murimo akaba yawuherewe muri Paruwasi ya Gihara aturukamo kuri uyu wagatandatu tariki 2/8/2014, abandi basore bane bakaba bahawe umurimo w’ubudiyakoni.
Akarere ka Muhanga kagaragaramo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro hafi y’imirenge 12 yose ikagize ariko ubu bucukuzi ntiburagera ku ntera ishimishije kuko ngo umusaruro mwinshi upfa ubusa kubera gucukura ku buryo bwa gakondo, kimwe no kuba hangizwa ibidukikije ahacukurwa aya mabuye yiganjemo corta na gasegereti.
Mu kwizihiza umunsi w’umuganura, wabereye mu tugari twose tugize akarere ka Kamonyi, abaturage bashimangiye ko gusabana no gusangira ku baturanyi, ari inkingi y’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Nyuma y’igihe kinini mu karere ka Ngororero havugwa ubujura bw’abantu batazwi biba inka z’abaturage bakazibaga bakajyana inyama nkeya izisigaye bakazijugunya, inzego zitandukanye harimo iz’ubuyobozi n’izishinzwe umutekano ndetse n’abaturage bemeranyijwe gukaza amarondo bitaba ibyo abatuye ahakorewe ubwo bujura bakajya (…)
Pasitori Nzabonimpa Canisius ayobora itorero rya ADEPR paruwasi ya Rwahi mu karere ka Rusizi, avuga ko nubwo yavukiye mu muryango w’abakene ubu ageze ku rwego rwo kwicarana n’abantu bakomeye avuga igifaransa n’icyongereza nk’abazungu.
Iyamuremye Assiel utuye mu metero nke z’isoko rya Byangabo mu Murenge wa Busogo arasaba ubuyobozi gukura imyanda iva mu isoko mu murima we kuko atabasha kuwuhinga ngo awubyaze umusaruro wamwunganira mu gutunga umuryango we.
Abaturage b’ibihugu bya Congo n’u Rwanda baravuga ko babangamiwe n’ikiraro gihuza umujyi wa Bukavu n’umujyi w’akarere ka Rusizi kubera ko kimaze gusaza kandi kikaba gikorerwaho imirimo ikirenge ubushobozi.
Umushinga RBV3CBA wo mu kigo k’igihugu cy’umutungo kamere mu Rwanda, uje guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe mu mu turere twa Nyabihu na Musanze. Ibikorwa by’uyu mushinga bikazakorerwa mu mirenge 8, harimo 7 yo mu karere ka Nyabihu n’umurenge 1 wo mu karere ka Musanze.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo wo gutahura utubari tugurisha inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18, aho mu rucyerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 1/8/2014, akabari kari gasanzwe kazwi nka “Lebanese Restaurant” kakuwemo abagera kuri 25 biganjemo abakobwa.
Abatuye imirenge ya Mutendeli na Kazo mu tugari twa Nyagasozi na Muzingira mu karere ka Ngoma barashima umuryango E.H.E, wabahaye ivomero rusange ry’amazi meza nyuma yuko bari bararembejwe n’indwara z’inzoka kubera kunywa amazi mabi.
Urubyiruko 696 rwari rumaze igihe cy’umwaka mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, rwahawe inyemezabumenyi z’imyuga no kureka gukoresha ibiyobyabwenge, rwizeza ababyeyi n’abayobozi ko igihe bataye bagiye kukigaruza bubaka ubuzima bangije no gutez aimbere igihugu bakoresheje imirimo bize.
Jackeline Kayitesi, w’imyaka 55 aratangaza ko ari kugenda ava mu buzima bubi nyuma yo kureka gucururiza mu muhanda akishunga bagenzi be bagakodesha inzu. Avuga ko imyumvire iri hasi ari yo ituma hari abanga kuva mu muhanda bakeka ko ariho hari inyungu nyinshi.
Impuguke mu muco w’u Rwanda n’amateka yarwo, akaba n’Umujyanama mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, Nsanzabaganwa Straton, arasaba Abanyarwanda bose guha agaciro umuganura kuko ari ipfundo ryo kwimakaza ubumwe, ibyishimo no gukunda umurimo uteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.
Bamwe mu rubyiruko kimwe n’abakuze bagana ibigo byigisha ikoranabuhanga mu karere ka Rulindo, basanga ibi bigo bibafasha kumenya gukoresha mudasobwa kuko muri iki gihe gukoresha mudasobwa bigenda byitabirwa mu rwego rwo kwiteza imbere mu ikoranabuhanga.
Umuhango w’umuganura washyizwe muri gahunda za Leta zo kwishakamo ibisubizo no kwigira; aho ngo uzajya wizihizwa buri mwaka abantu basabana, ariko bakaboneraho n’igihe cyo kwisuzuma, kwesa imihigo no gufata ingamba zo gukoresha neza ibyo bafite; nk’uko inzego zishinzwe gutegura umuganura zabitangaje.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge cyashyizeho amabwiriza y’imikoreshereze y’iminzani, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bagikoresha iminzani ya cyera kuko imishya itaragera muri uyu murenge.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01/08/2014 hizihizwaga umunsi w’umuganura, abatuye akarere ka Ngoma bawizihije bagaruka ku muco bazirikana icyo umuco w’umuganura wabaga uhatse n’icyo bawigiraho mu gihe cya none ngo biteze imbere.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01/08/2014 hizihizwa umunsi w’umuganura ku rwego rw’igihugu, mu karere ka Nyanza mu Rukari ho haraye hamuritswe inka z’inyambo nazo zagaragazwaga imbere y’umwami igihe cy’umuganura.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bifatanyije n’ibigo nderabuzima bikorera mu mirenge itanu mu karere ka Rubavu ku bufatanye n’umushinga witwa Family Package ukorera mu Imbuto Foundation biyemeje kugabanya ubwandu bwa virusi itera sida ababyeyi banduza abana batwite.
Ababana n’ubumuga bo mu karere ka Gicumbi basaba ko bakoroherezwa muri serivise bahabwa kuko ngo imyubakire y’inzu ituma batabasha kugera aho bashaka serivise bitewe n’ubumuga bafite.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu karere ka Nyanza 433 rurahamya ko amahugurwa rwahawe mu gihe cy’amezi atatu gusa atabaye impfabusa, kuko hafi ya rwose rwamaze kwihangira imirimo yo kuruteza imbere rudategereje gusabiriza akazi.
Mu rwego rwo kwihutisha imitangire ya serivisi ndetse n’akazi muri rusange, hifashijwe ikoranabuhanga, ubu utugari twose uko ari 73 mu karere ka Nyabihu, twagejejweho mudasobwa “laptops”.