Abakoresha amagare mu buzima bwabo bwa buri munsi barasaba kwigishwa amategeko y’umuhanda kugira ngo bajye babasha kwitwara neza aho bagenda hose ndetse birinde impanuka.
Mu gihe bamwe mu bahinzi batuye akarere ka Ngoma mu mirenge ya Mutendeli na Kazo bavuga ko bashaka guhinga insina nshya ya FIA 25 itanga umusaruro wikubye inshuro zigera kuri eshanu, baravuga ko hari imbogamizi z’imbuto z’iyi nsina.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwashyikirijwe, kuwa 12/8/2014, amarerero umunani yubatswe n’umuryango Plan International Rwanda, inyubako n’ibikoresho bikaba byaratwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 245.
Mu bantu bagana ikigo gifasha abafite ibibazo byo mu mutwe cy’i Huye kizwi ku izina rya Caraès Butare abarenze kimwe cya kabiri cyabo baba ari urubyiruko, kandi na none 4.74% baba baratewe uburwayi bwo mu mutwe n’ibiyobyabwenge.
Ubwo kuri uyu wa 12/08/2014 ku isi hose bari mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko, mu Karere ka Gakenke uyu munsi ku rwego rw’akarere wizihirijwe mu murenge wa Mugunga urubyiruko ruhatuye rukaba rwifatanyije na Hon Philbert Uwiringiyimana uhagarariye urubyiruko mu nteko ishingamategeko.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko abitabira gushima Imana (bikorwa n’amatorero ya gikiristu yo mu Rwanda, afatanyije n’itorero ryitwa Saddleback rya Pastori Rick Warren wo muri Amerika), bagombye kubikora bazirikana ku ruhare bagira mu byiza Imana ibakorera n’ibyo ikorera igihugu muri rusange.
Nubwo Leta y’u Rwanda buri gihe ikangurira abikorera gutanga service nziza mu mirimo yabo ya buri munsi, hamwe na hamwe imitangire ya serivise irakinubirwa cyane n’abayihabwa. Ibi bigaragara cyane mu gutwara abantu n’ibintu, aho abenshi mu bunganira abatwara ibinyabiziga bazwi ku izina ry’aba komvayeri, bavugwaho (…)
Mu rwego rwo kubungabunga umutekano no gukomera ku ndangagaciro z’ubunyarwandakazi, abagore bo mu karere ka Rulindo bari mu nzego z’ubuyobozi biyemeje kumenya uko abagore bahagararaiye bifata haba mu ngo zabo, mu baturanyi aho bagenda kimwe no mu tubari.
Ikipe ya Police FC niyo yabaye iya mbere mu gutsindira kujya muri ¼ cy’irangiza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, ubwo yatsindaga Vital’o yo mu Burundi ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa mbere tariki 11/8/2014.
Imyumvire mike ni kimwe mu bintu bituma abasigajwe inyuma n’amateka bangiza ibikorwa biba byabakorewe ugasanga bituma basigara inyuma mu iterambere.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 11/08/2014 ku isaha ya saa yine z’ijoro, umusore w’imyaka 20 witwa Aloys Ndagijimana wakoraga umwuga wo gusudira yahitanywe n’inkuba ubwo yari aryamye mu rugo aho acumbitse.
Abaturage batuye mu duce twa Rugari na Kibumba muri Kivu y’Amajyaruguru bavuga ko ingabo za Kongo zazanywe ku mupaka kuva ukwezi kwa Nyakanga kwatangira harimo abarwanyi ba FDLR kuko bamwe ngo aho bakorera baba baganira aho bavuka mu Rwanda.
Abatuye umudugudu wa Kamuhoza, akagari ka Kagina, mu murenge wa Runda, bafite ikibazo cy’uko bakoresha amazi mabi bavoma mu mugezi utemba witwa “Icyogo”. Aya mazi ngo agira ingaruka ku buzima bwa bo kuko abatera uburwayi bukomoka ku isuku nke.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (ICPAR), cyatangaje ko abatsinze ibizamini byo gukora uwo mwuga ari 85 muri 205 bari babikoze bahwanye na 40%; ari indi ntambwe yo gukomeza kuziba icyuho cyo kubura ababaruramari b’umwuga mu Rwanda.
Gukumira impanuka zo mu muhanda hubahirizwa amategeko yagenwe nibyo bizatuma impanuka zihitana ubuzima bw’abantu zishira. Ubu ni bumwe mu butumwa bwatanzwe na Komiseri mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana ubwo hatangizwaga ukwezi kwahariwe ibikorwa byo kurwanya no gukumira impanuka zo mu muhanda zikomeje gutwara ubuzima (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko muri uku kwezi kwa Nyakanga gushyira ukwezi kwa Kanama, ibyaha byo gukubita no gukomeretsa aribyo byakozwe cyane ugereranyije n’ibindi byaha biboneka mu karere kose.
Ku cyumweru tariki ya 10/08/2014, umwana uri mu kigero cy’imyaka 15 witwa Férdinand Dushimimana yarohamye mu kivu ubwo yogaga akaba ataraboneka kubera ko habuze ibikoresho byo kuvanamo umurambo we.
Mu gihe mu nama y’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari, CEPGL yabereye i Bujumbura mu mpera z’icyumweru gishize, Kongo-Kinshasa yemeye kureka kwishyuza visa abanyarwanda bajya muri iki gihugu, kuri uyu wa 11/08/2014, abanyarwanda bakoresha imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri bajya gukorerayo (…)
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, avuga ko ikoranabuhanga ryo kuhira imyaka rikoreshwa n’ibigo bya Bralirwa na Minimex (byishyize hamwe bikaba BRAMIN) ritanga icyizere cy’umusaruro ushimishije.
Gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi yiswe “Twigire Extension Model” yatangijwe ku mugaragaro n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) mu karere ka Nyanza yishimiwe n’abahinzi n’aborozi muri aka karere bemeza ko buzatuma umusaruro wabo urushaho kwiyongera.
Abantu 17 biganjemo abagore n’abana bahungutse baturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bakiriwe ku karere ka Nyabihu kuri uyu wa 11 Kanama 2014. Nyuma yo kubona uko bakiriwe mu Rwanda n’amahoro ahari, kuri ubu barashishikariza bagenzi babo basigayeyo gutaha kuko mu Rwanda ari amahoro.
Umuvugabutumwa ukomoka mu gihugu cya Amerika Rick Warren yavuze ko afite inzozi zo kuzabona abayobozi bose bo mu bihugu bya Afurika baza kwigira ku Rwanda ibijyanye n’imiyoborere myiza kuko abona u Rwanda rurushaho gutera imbere mu bintu binyuranye cyane cyane mu miyoborere myiza ndetse n’amatorero.
Impanuka zigera kuri enye zibaye mu gihe kitageze mu kwezi zigahitana abagera kuri 40, byatumye inzego za Leta zifata ingamba zikarishye zo kwirinda ko impanuka zimaze iminsi ziba zakongera.
Mu gihe mu karere k’ibiyaga bigari hakunze kurangwa umutekano muke n’intambara kandi urubyiruko rukabigiramo uruhare, ubu rurasabwa kuba intumwa z’amahoro kugira ngo aganze muri aka karere.
Icyorezo cya Ebola kitagira umuti n’urukingo kikaba muri iyi minsi kibasiye bimwe mu bihugu byo muri Afurika cyamenyekanye bwa mbere ahagana mu mwaka wa 1976 mu gihugu cya Sudani na Congo aho abarenga 1000 banduraga ku mwaka.
Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) bugaragaza ko 30% by’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi wangirikira mu mirima cyangwa aho ubikwa kimwe n’uburyo wongererwa agaciro.
Minisitiri ushinzwe Ubuzima mu Rwanda, Dr Agnes Binagwaho, yateguye ikiganiro aza kwakiramo ibibazo n’ibitekerezo bya buri wese ku cyorezo cya Ebola, akanagira Abaturarwanda inama z’uko bakwitwara mu gihe iyi ndwara irimo kugenda igaragara mu bihugu bya Afurika.
Muvunandinda Emmanuel utuye mu kagari ka Teba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arakekwaho gutema inka y’umuturage ayiziza ko nyirayo yamubangamiye akamutesha umugore yendaga gufata ku ngufu.
Abagore bibumbiye mu matsinda mu karere ka Kirehe baremeza ko nyuma yo gusobanukirwa n’ibyiza byo kuba mu makoperative biyemeje kwibumbira mu makoperative kugira ngo bashobore gufashanya kwiteza imbere ku buryo bwihuse.
Imodoka y’uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol, ku isaha ya saa munani z’igitondo taliki ya 10/8/2014, yagonze ibitaro bya Rubavu ubwo yarimo yinjira mu mujyi wa Gisenyi batatu bahasiga ubuzima naho umwe arakomereka bikomeye.
Rutahizamu wa Rayon Sport Kambale Salita Gentil yafashije Rayon Sport kubona intinzi ya mbere mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2014 irimo kubera i Kigali, ubwo yatsindaga Adama City yo muri Ethiopia ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri stade Amahoro ku cyumweru tariki 10/8/2014.
Umurambo w’umugabo witwa Ndagijimana Ananias w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu cyuzi cya Nyamagana kiri mu mudugudu wa Nyamagana A mu Kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 10/08/2014 ahagana saa tatu za mu gitondo.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara, baratangaza ko nyuma y’imyaka myinshi bakora ibirometero byinshi bajya kwivuza, ubu bubakiwe ivuriro mu murenge wabo rikaba ribafasha kwivuriza ku gihe kandi neza batavunitse.
Mu rwego rwo kunganira Leta muri gahunda za yo zo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, itorero rya ADEPR ryoroje inka 10 abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bo mu karere ka Kayonza, rinishyurira abandi baturage 200 imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza.
Umuraperi Jay Polly, umwe mu bahanzi batatu bari guhatanira igihembo gikuru cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ku nshuro ya cyo ya kane avuga ko icyo we n’abafana be bategereje ari ukwegukana icyo gihembo kuko atagiye mu irushanwa agiye gushaka umwanya wa kabiri cyangwa uwa gatatu.
Abana 33 bo mu mashuri banza arindwi mu murenge wa Kibungo basoje amasomo ku ikoranabuhanga bahawe mu mushinga ICT 4 KIDS w’ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo.
Intara y’Iburasirazuba bw’u Rwanda iraza ku isonga mu kugira abaturage bayimukiramo ku bwinshi ku rwego rw’igihugu ndetse kugeza ubu bakaba bagize hafi 28% by’abaturage bose bayituye, nk’uko byagaragajwe n’ibarura rusange rya 4 ry’abaturage n’imiturire, ryakozwe mu mwaka wa 2012 n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare.
APR Basketball Club yafashe icyemezo cyo gusezera mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (playoff), nyuma yo kwangirwa gukinisha umukinnyi Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda rivuga ko adafite ibyangombwa.
Imirima y’inanasi y’abaturage babiri n’agace gato k’ishyamba biherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro byibasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 09/08/2014 mu ma saa tanu z’amanywa, bikaba bikekwa ko uwo muriro waturutse ku makara yatwikirwaga hepfo gato y’iyo mirima y’inanasi.
Mbonigaba Moses ni umugabo ufite imyaka 33, avuga ko yakuriye mu gihugu cya Uganda nyuma y’uko ababyeyi be bari barahunze itotezwaga ryakorerwaga Abanyarwanda na Leta yari iriho mu Rwanda, avuga ko yavuye ahantu hakomeye cyane none akaba amaze kuba umugabo uhamye ufite ibyo yaratira abandi ndetse akaba ari gufasha abandi (…)
Amakipe ya APR FC na Police FC yabonye amanota atatu mu mikino yayo ya mbere yakinnye ku wa gatandatu tariki 9/8/2014 mu irushanwa rya ‘CECAFA Kagame Cup’ ririmo kubera i Kigali.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Helix ifite purake RAA 911 W, yari itwawe na Tuyisenge Jean Claude, yataye umuhanda wa kaburimbo igonga abantu babiri umwe ahita apfa ako kanya undi arakomereka bikabije.
Abasore babiri bombi bakomoka mu karere ka Gisagara ku isaha ya saa tanu z’ijoro tariki 08/08/2014 barwaniye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barakomeretsanya bikomeye bapfa umukobwa ukora ingeso y’uburaya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 08/08/2014 mu mudugudu wa Buranga akagari ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo imodoka y’ivatiri yari ivuye Kigali yerekeza gisenyi yasanze abantu mu muhanda ihitana barindwi abandi barindwi barakomereka bakaba bahise bajyanwa ku bitaro bya Ruhengeri.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Gatera James, kuri uyu w gatanu tariki ya 08/08/2014, yasuye abakiriya b’ishami ry’iyi banki riri mu karere ka Ruhango, agirana nabo ibiganiro ahanini byibanze ku kunoza imikoranire myiza ku girango buri ruhande rushobore gutera imbere.
Kampani yo mu Bwongereza yitwa Oxitec iherutse gutangiza ahitwa i Campinas ho mu gihugu cya Brésil, uruganda rukora imibu igenewe kuzatuma imibu yo mu bwoko bwa Ædes ægypti ishiraho.
Mugorewishyaka Latifa wo mu cyiciro cy’abasigajwe inyuma n’amateka ngo asanga bagenzi be badakwiye gukomeza gutegera Leta amaboko ku byo bakeneye byose, kuko yamaze kubona ko bishoboka ko na bo bakora bakiteza imbere ubwabo.
Umushinga HDP (Health Development and Performance) wahuguye urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwiga mu mashuri yisumbuye ku buzima bw’imyororokere mu rwego rwo kururinda kugwa mu bishuko bakiri bato.
Mu nama yahuje abahinzi bo mu karere ka Kamonyi tariki 5/8/2014, Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi RAB mu Ntara y’Amajyepfo, Butare Louis, yatangaje ko imyumbati yajemo uburwayi bwa “Kabore” (Cassava Brown stick desease), ku buryo 80% by’imyumbati ihinze mu turere twa Kamonyi na Ruhango irwaye.
Zimwe muri serivisi nshya iyi banki iha abakiriya harimo gukoresaha icyuma cya ATM kibikuza kikanabitsa amafaranga, Mobile banking, hanateganyijwe kongera ikoranabuhanga ryo kubasha kwishyura ibicuruzwa mu rwanda hakoreshejwe E-Commerce.