Kuri uyu wa kane tariki ya 31/07/2014, mu nkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe hafunguwe ku mugaragaro ikigo kigenewe gufasha abafite ubumuga bo mu nkambi, kimwe mu bikorwa impunzi zifite ubumuga zagejejweho hagamijwe kuzifasha mu mibereho yazo ya buri munsi.
Mu rugendo rwo kwitegura kugirwa ibitaro byo ku rwego rukuru (referral hospital), ibitaro bikuru bya Kibungo byujuje Labaratoire y’icyitegererezo ifite ubushobozi bwo gupima indwara hafi ya zose ubundi zitasuzumirwaga kuri ibi bitaro.
Ubwo umuyobozi w’intara y’uburengerazuba, Madame Mukandasira Caritas yagendereraga umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi tariki 31/07/2014 yasabye abaturage kubungabunga pariki y’igihugu ya Nyungwe, kuko nk’uko yabivuze, bibabaje kubona hari abaturage bamwe bajyamo guhiga inyamaswa bakazica kandi bazi akamaro zifitiye igihugu.
Umushinga PASP wo gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi no guteza imbere ubuhinzi bw’umwuga watangijwe mu karere ka Nyagatare ngo uzafasha abahinzi kwiyubakira ubwanikiro bw’umusaruro wabo no kuwongerera agaciro bigabanye umusaruro wangirikaga.
Ku cyumweru tariki 3.8.2014, nibwo korali Maranatha izizihirizaho imyaka 30 imaze ibonye izuba, ibi birori bikaba bizabera muri Kigali Serena Hotel.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyamata II, akagali ka Nyamata ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, barasaba ubuyobozi bwa EWSA kubahiriza amasezerano bari bagiranye yo kubaha umuriro ariko nyuma EWSA ikabasaba kwigurira insinga z’amashanyarazi.
Dan Perino, Umugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amaerika wo mu kigero cy’imyaka nka 50, ngo amaze kurambirwa imbuza za internet zihurirwaho n’ababa bifuza urukundo none yiyemeje gukoresha ubwe buryo amanika hirya no hino mu Mujyi wa New York amafoto ariho na nimero za telephone ze amenyekanisha ko yifuza umukunzi bashakana.
Abayapani b’abakorerabushake mu Rwanda batangaje ko guhera ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, bazakora imurika rigaragaza uburyo bombe atomike zatewe mu mijyi ya Hiroshima na Nagasaki zarimbuye imbaga zikangiza n’ibintu byinshi; ariko kuri ubu u Buyapani bukaba ari igihugu gifasha amahanga atandukanye n’u Rwanda rurimo.
Minisitiri mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) Francis Kaboneka arizeza ko akazi gashya atangiye muri iyi minisiteri kazarangwa n’ubupfura no gukunda akazi, kugira ngo akomeze yubakire ku byo asanze byagezweho.
Nyuma y’ihohoterwa abagore bo mu kagari ka Nyagisozi umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bari bamaze igihe bakorerwa n’abagabo babo, kuri ubu barishimira ko umugoroba w’ababyeyi umaze guhindura byinshi kuko batagiharikwa cyangwa ngo bakubitwe.
Polisi y’igihugu yashyize ahagaragara igitabo cy’amapaji 278, kivuga ku mateka yo gucunga umutekano mu Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni n’ibigwi bya Polisi y’igihugu kuva yashimgwa mu myaka 14 ishize.
Abantu barindwi ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umushumba wiciwe mu kagari ka Ruhingo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro tariki 19/07/2014.
Itsinda ry’abakozi b’ikigo The Institute of Policy Analysis and Research (IPAR) bari mu karere ka Nyanza kuva tariki 29 kugeza ku ya 30/07/2014 mu rwego rwo gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ruhare imihigo igira mu iterambere ry’abaturage.
Mu rwego rwo kwibuka uwari umukuru w’igihugu cyabo, Hugo Rafael Chávez Frías, witabye Imana ku itariki 5/3/2013, Abanyavenezuwela bahimbye ubwoko bw’inyuguti bwifashishwa muri mudasobwa bwigana umukono we. Ubu bwoko bw’inyuguti babwise ChávezPro.
Nyirakadari Dina, umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya utuye mu Kagali ka Garuka mu Murenge wa Musanze ho mu Karere ka Musanze arishimira ko ubuyobozi bwamufashije bishoboka nyuma yo guhabwa inzu ngo arimo gusubira mu buzima busanzwe.
Mu gihe inzego zishinzwe umutekano mu Karere ka Karongi zivuga ko amagorofa yubakwa muri ako karere agatinda kuzura aba indiri y’abacuruzi b’ibiyobyabwenge ndetse n’abanywi babyo, bamwe mu bazamura abagorofa cyane cyane ari hafi kuzura bavuga ko atari byo kuko ngo baba banahafite abazamu barinda ibikoresho bifashisha bubaka.
Kuva aho isosiyeti yatwaraga abagenzi kuri moto SOTRAMORWA ihagaritswe gukomeza gukora iyo mirimo, abari abanyamigabane babumbiwe mu makoperative hakurikijwe uturere bakoreraamo. Abo mu karere ka Kamonyi babimbiye muri KAMOTRACO “Kamonyi Motorcyclists Transport Cooperative”.
Abagurira inka mu isoko rya Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe no kuba hari abazana inka mu isoko bazuhiye amazi n’umunyu byinshi ku ngufu, bakazigura zigaragaza ko ari nini, ariko bamara kuzigura zigahita zitakaza ubunini bazibonagaho ndetse zimwe zigapfa.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ngo ubuzima bwabo bugenda buhinduka umunsi ku wundi. Umubare munini umaze kubakirwa amacumbi begerejwe umuriro uva ku mirasire y’izuba n’amazi ari mu nzira zo kubageraho.
Nyuma y’igihe kirekire hatabaho umunsi wagenewe umuganura mu buryo rusange mu gihugu, uyu mwaka noneho urateganyijwe, kandi ku rwego rw’igihugu uzaba ku itariki ya 1 Kanama. Mu Karere ka Huye na ho barateganya kuzizihiza uriya munsi ku itariki ya 1 Kanama nyine, nimugoroba.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bagakatirwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) ariko ntibakirangize bagiye guhagurukirwa kugira ngo barangize igihano cyabo.
Minisitiri mushya muri Ministeri y’Umutungo kamrere (MINERENA), Dr. Vincent Biruta, arasaba abakozi bagiye gukorana kongera imbaraga mu kazi kugira ngo babashe kuzuza inshingano z’iyi minisiteri, akanizeza kandi ko azubakira ku byagezweho n’uwamubanjirije.
Ku bufatanye n’umushinga wo muri Amerika witwa Partners In Health: Inshuti Mu Buzima mu karere ka Burera hagiye kubakwa kaminuza y’ubuvuzi hafi y’ibitaro bya Butaro izaba ifitanye umubano n’ishuri ry’ubuvuzi ryo muri kaminuza ikomeye yo muri Amerika yitwa Harvard (Harvard Medical School).
Imiryango mpuzamahanga ikorera i Khartoum muri Sudani ndetse n’Abanya Sudani barimo na bamwe mu bayobozi bakuru b’icyo gihugu, bifatanyije n’Abanyarwanda baba muri Sudan mu kwizihiza imyaka 20 u Rwanda rumaze rubohowe.
Mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hageze Abanyarwanda 48 batahutse bava muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bakaba bavuga ko kuba baratinze kugaruka mu gihugu cyabo babiterwa n’umutwe wa FDLR ubabwira ko igihe cyo gutahuka kitaragera kuko ngo bazagaruka ku bw’imishikirano.
Ikigo rukumbi mu Rwanda gitanga umuriro n’amashyanyarazi cyari kizwi nka EWSA, cyaciwemo ibice bibiri kinakorwamo andi mavugurura atandukanye ajyanye n’abakozi, nk’uko byemejwe n’inama y’Abaminisitiri iheruka.
Minisiteri ishinzwe iby’ikoranabuhanga (MYICT) hamwe n’inzego byakoranye mu kuva mu buryo bwa gakondo bwo kureba televiziyo (analogue), batangaje ko uburyo bushya bwo kureba televiziyo hakoreshejwe umurongo mugari (digital), bugeze ku kigero gishimishije, ariko ngo abatunze televiziyo baracyari bake.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe n’ubw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buratangaza ko bumaze gutera intambwe igaragara mu kurangiza imanza z’imitungo yononywe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi zaciwe n’inkiko Gacaca, ndetse hakaba hari ingamba zihamye kugira ngo iki kibazo kirangizwe burundu abangirijwe imitungo (…)
Bamwe mu batuye ahitwa “ku mashini” mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bemeza ko babangamiye no kutagira aho bavoma amazi kuko n’aho bavoma kuko aho bavoma amazi yaho adahagije ndetse akaba ari no ku muhanda hashobora guteza impanuka.
Abakozi b’akarere ka Burera, batoranyijwe gusobanura ibikorwa by’imihigo y’ako karere y’umwaka 2013-2014, batangaza ko isizuma ry’imihigo rishya ryashyizweho rituma bisanzura bagasobanura neza ibikorwa bakoze.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 29/07/2014, mu Murenge wa Busogo, Akagali ka Sahara mu Mudugudu wa Nyiragaju habonetse umurambo w’umusore witwa Mutuyimana Nepomuscene yitabye Imana.
Ubuyozi bw’akarere ka Gicumbi ngo ntibuzihanganira umuyobozi wese w’ikigo cy’amashuri abanza wagaragayeho gucunga nabi imikoreshereze ya mudasobwa (One Laptop per Child) nyuma y’aho bigaragariye ko hari zimwe muri laptop zahawe abana ngo bazikoreshe mu myigire yabo nyuma zikaza kuburirwa irengero.
Kubera ikibazo cy’ubuharike gikunze kuboneka mu idini ya Islam bigatuma imwe mu miryango irangwamo umwiryane kubera guharikwa n’abagabo babo, abagore b’Abisilamu bo mu karere ka Gicumbi basaba abagabo babo kubahiriza Itegeko Nshinga ryemerera umugabo gushaka umugore umwe kuruta uko bakubahiriza amahame y’idini.
Umusaza witwa Minani Telesphore w’imyaka 58 afungiye kuri sitasiyo ya polisi Nyamata, aho yiyemerera icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko.
Umukino ugomba guhuza u Rwanda na Uganda mu batarengeje imyaka 17 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Niger umwaka utaha, byemejwe ko uzabera i Rubavu ku wa gatanu tariki 1/8/2014, aho kuba ku wa gatandatu, ariko icyizere cyo gutsinda cyo ngo ni gikeya.
Ubuyobozi bwa Auberge La Nature yo mu Mujyi wa Kibuye mu Karere ka Karongi, bukomeje gutakambira inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano kubera ikibazo cy’umunya Kenya wakoreraga Company yitwa Rom East Africa Limited y’i Nairobi muri Kenya waje akarara muri iyo Auberge bwacya akishyura ariko akahasiga imodoka yo mu bwoko bwa (…)
Inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi no gukora amakarita (GIS), yatumijwe n’ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisti (INILAK), ngo iratanga uburyo bwo guhangana n’ibiza bimaze guhombya u Rwanda akayabo k’amafaranga menshi, nk’uko Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) (…)
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 29 Nyakanga abantu abantu bane bagerageje kwiba Banki y’abaturage guichet ya Mimuli mu karere ka Nyagatare umwe ahasiga ubuzima, undi arakomereka naho abandi babiri bakaba bari mu maboko ya Polisi.
Babifashijwemo n’umuryango Humura Rwanda, abaturage bo mu midugudu ya Nyarucyamu, Nyagasozi n’Agasharu ho mu Murenge wa Rusatira biyemeje kuzava muri ntuyenabi babikesha gufashanya kubaka, muri gahunda bise Twubakirane.
Mu rwego rwo guhashya malariya ikunze kugaragara mu murenge wa Gishubi ho mu karere ka Gisagara ahanini iterwa n’imibu iva mu bishanga byegereye uyu murenge hashyizweho gahunda yo gupima abantu bose bagize umuryango w’umuntu uba wagaragaweho n’indwara ya malariya.
Amarushanwa yo gusiganwa ku magare atandukanye u Rwanda rwitabira hirya no hino ku isi kandi abakinnyi bakitwara neza yatumye ruzamukaho imyanya ibiri muri Afurika, ruva ku mwanya wa munani rugera ku mwanya wa gatandatu.
Nyandwi Frederic atuye mu mudugudu wa Kanombe mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruharambuga ashinjwa kwica se umubyara ku itariki ya 12 kamena 2014, aratoroka ariko aza gufatirwa mu mujyi wa Kigali azanwa tariki ya 27 Nyakanga 2014.
Abaturage bo mu karere Ka Bugesera barasabwa kutarindira ko barware ngo babone gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) aho usanga bagana ibigo nderabuzima bitwaje impapuro bishyuriweho muri banki uwo munsi kandi bisaba gutegereza ukwezi ngo uvurirwe kuri mitiweli cyeretse ku basanzwe.
Amakosa y’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu gukora raporo zirebana n’imibare ngo atuma mu karere ka Ngororero abanyeshuri benshi baburirwa irengero mu mibare nyamara batarataye amashuri nkuko byitwa iyo hari abanyeshuri batagaragara mu mibare.
Byari ibirori bidasanzwe tariki 26/07/2014 ubwo abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bateraniraga hamwe n’abayobozi babo n’abandi bayobozi banyuranye barimo Senateri Mushinzimana Appolinaire n’abavuka mu murenge wa Nzahaha batuye i Kigali n’ahandi, mu birori byo kwishimira ibyo bagezeho mu rwego rw’ibyo (…)
Umurundi witwa Hakizimana Issa w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 11 y’amavuko.
Rwirasira Samuel utuye mu karere ka Nyabihu avuga ko umwe mu bana be batandatu wavukanye ubumuga bwo kutumva no kutavuga atamufataga nk’umuntu wuzuye ariko nyuma yo kwiga ubu amurutisha bamwe mu bandi bana kuko abasha kwikemurira ibibazo byose bisaba amafaranga.
Abaturage batuye mu bice bitandukanye bigize akarere ka Gakenke bemeza ko gahunda y’uburinganire yatumye mu miryango barushaho kwuzuzanya bitandukanye n’igihe cyambere kuko wasangaga imiryango irangwa n’amacimbirane adashira mu ngo.
Mu kagari ka Bugarura gaherereye mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, hari umudugudu witwa Gatomvu ufite umusozi wiganjeho abasigajwe inyuma n’amateka bo mu miryango 56 igizwe n’abantu 296 bose hamwe harimo abana bato 87.
Abasilamu bo mu karere ka Rusizi barasabwa gukomeza kurangwa n’ibikorwa cy’urukundo nk’ibyagiye bibarangwaho mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan; nk’uko byagarutsweho ku munsi mukuru wa Eid Fitri wabaye tariki 28/07/2014.