Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwafashe icyemezo cyo guca ibikomoka kuri peterori bicururizwa mu mabutiki ndetse no mu ngo z’abaturage ku mpamvu bemeza ko ari iz’umutekano w’abaturage, ndetse no kwirinda ubujura bwa hato na hato bwakorwaga n’abatwara ibinyabiziga by’isosiyete ikora umuhanda mu karere.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe bashishikarijwe kwandikisha abana babo ku gihe (nk’uko amategeko abigena) kuko ari ingenzi cyane. Mu gihe hanagize umuntu upfa nabwo bakibuka kubimenyekanisha ku gihe.
Abahinzi ba kawa mu murenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara, barakangurirwa kwita ku gukoresha ifumbire mvaruganda bahabwa ntibayijyane mu bundi buhinzi, kugira ngo umusaruro wiyongere kurushaho.
Abaturage bacururiza ahimuriwe isoko rya Nyamagabe barifuza ko isoko rishyashya bemerewe kubakirwa ryakuzura vuba, kuko kuva igihe bimuriwe ubucuruzi bwabo butigeze bugenda neza bitewe n’ikibazo cy’imvura ibanyagira ndetse no kuburana n’abakiriya bari basanzwe bakorana.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yatunguwe no kwishyurwa ibitego bitatu yari yatsindiye ku kibuga cyayo cya Emirate Stadium ku mugoroba wa tariki 04/11/2014 mu mukino wayihuje na Anderlect yo mu Bubiligi mu marusha ya UEFA Champions League.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arasaba abagize ihuriro ry’inganda mu Buhinde CII, Confederation of Indian Industry, kongera ishoramari mu Rwanda no mu karere k’Afurika y’Iburasizuba muri rusange kubera ko ngo hari amahirwe menshi yo gushoramo imari.
Ikipe ya Mukura Victor Sport yo mu karere ka Huye kuri uyu wa 04/11/2014 yaraye ku mwanya wa nyuma n’amanota abiri nyuma yo gutsindwa na Marines igitego 1- 0.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase, yatangaje ko amakosa yagaragaye mu kongera imbago z’imihanda arimo kutishyura neza abaturage babaruriwe no kutubahiriza agaciro k’imitungo y’abaturage byamaze gukosoka n’ibindi bitararangira bikaba biri mu nzira.
Ahagana saa munani z’umugoroba wo kuwa 03/11/2014, mu mudugudu wa Mpogora, mu kagari ka Gatsiro, mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi, umukobwa witwa Nyirabahinzi Beatha w’imyaka 28 yiyahuye akoresheje umugozi ahita yitaba Imana.
Umuyobozi mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’inderabarezi, Prof. George Njoroge avuga ko abanyeshuri biga n’abarangije mu mashuri y’inderabarezi ya Rukara (Rukara College of Education) na Kavumu (Kavumu College of Education) bemerewe kongera ubumenyi bashaka impamyabumenyi yisumbuye ku yo bahabwa n’ayo mashuri, ariko (…)
Abanyarwanda 13 batahutse bava mu mashyamba ya Congo kuri uyu wa 04/11/2014 baravuga ko batinze kugaruka mu gihugu cyabo kubera icyizere bari bafitiye umutwe wa FDLR aho wabizezaga ko uzabacyura ukoresheje imbaraga zawo ariko ubu icyo cyizere cyarashize.
Kuri uyu wa 04/11/2014, Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura ruhagarariwe na Perezida warwo, Tuyisenge Jean Claude, rwaburanishije uwitwa Rukundo Jean wo mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi ku cyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa (…)
Uruganda Bralirwa rukora ibinyobwa rwatangaje ko rutazongera gutera inkunga shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo kunanirwa kumvikana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA).
Ubwo Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa yatangizaga inama z’abana zitegura Inama nkuru y’igihugu ya 10 y’abana mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 3/11/2014 yasabye ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana.
Abasaza n’abakecuru bava mu turere dutandukanye kuva ku cyumweru tariki ya 02/11/2014 bari ku Bitaro bya Ruhengeri aho barimo kuvurwa indwara y’ishaza. Muri iki gikorwa kizamara icyumweru biteganijwe ko abantu 180 bazavurwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwihanangirije abayobozi b’imirenge bubasaba kwegera abaturage bukabasobanurira neza ya gahunda yo kororera mu biraro kuko ahazagaragara inka ku gasozi abayobozi aribo bazajya bacibwa amande.
Bitewe nuko hari abaturage bambura ibigo by’imari bikagorana kubakurikirana kubera biba bigoranye kumenya imyirondoro yabo, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere ka Karongi biyemeje gutanga ubufasha mu kwishyuza abo baturage.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Nsengimana Jean Philbert, asaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe aruzengurutse ubundi rugaharanira kwihangira imirimo kugira ngo rurwanye ubushomeri.
Mu gihe akarere ka Nyamasheke kashyizeho uburyo abayobozi bose bashobora gutamanaho ku buryo bworoshye bikihutisha akazi, bamwe mu bayobozi batuye mu mirenge ya Nyabitekeri na Karambi, bari barahejwe kuri iri tumanaho bahuriraho (user group) ngo baba bagiye gusubizwa.
Ikipe y’igihugu ya Karate ihagarariwe n’abakinnyi batatu, abahungu babiri n’umukobwa umwe, yahagurutse i Kigali kuri iki cyumweru tariki 02/11/2014, igana mu gihugu cy’Ubudage mu mujyi wa Bremen, kwitabira amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Ikipe y’Amagaju yizeye gutsinda umukino ifitanye na AS Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 04/11/2014, byanayihesha kurara ku mwanya wa kabiri kuri ubu ufitwe na Rayon Sport.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Cyanika baratangaza ko sosiyete y’abashinwa ya CHICO (China Henan International Cooperation Group) iri gukora imihanda yabateje isuri bitewe n’uko bayoboye imiyoboro y’amazi mu mirima yabo bikangiriza imyaka.
Bamwe mu baturage bahawe akazi n’akarere ka Rusizi ko gucunga abinjira n’abasohoka banyuze ku byambu by’ikiyaga cya Kivu n’imigezi, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo gukora badahembwa aho ngo bamaze amazi 8 basaba guhembwa, abayobozi b’imirenge babakoresha bakababwira ko batarashyirwa mu ngengo y’imari.
Umugabo witwa Nambajimana Pascal arashakishwa nyuma yo gufatwa atwaye kuri moto inzoga itemewe ya kanyanga litiro 140 maze agahita atoroka kuko yatinyaga ko ashobora kubihanirwa, kuri uyu wa 03/11/2014.
Uwahoze ari umutoza wa Sunrise Gatera Mussa yamaze gusezererwa muri iyi kipe aho ubuyobozi butangaza ko ashobora gusimbuzwa Jean Marie Ntagwabira wari diregiteri tekinike wayo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ko ritakigurishije uburenganzira bwo kwerekana shampiyona igitangazamakuru icyo ari cyose nyuma yo gusanga nta na kimwe cyujuje ibisabwa.
Inzego za Leta y’u Rwanda zishinzwe iby’ingufu no guteza imbere ishoramari ngo zizeye ko abashoramari baturutse hirya no hino ku isi bari mu nama i Kigali yiswe Infrastructure Partnership for Africa Developmet (iPAD), bazafasha kugera kuri megawati z’amashanyarazi (MW) 563 zikenewe muri 2017, kugira ngo ingamba z’iterambere (…)
Abajyanama b’ubuzima mu karere ka Ruhango baravuga ko nyuma yo kwibumbira mu makoperative abateza imbere, bishimira amahugurwa bahabwa ku kwicungira imitungo kuko bituma bashobora gucunga no kugenzura neza ibikorwa byabo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba avuga ko imwe mu nshingano ntakuka leta y’u Rwanda yihaye ari ugushyiraho politiki zorohereza ba rwiyemezamirimo bashaka gushora imari ya bo mu mishinga itandukanye mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) irasaba abayobozi bo mu gihugu kwibuka uruhare rwabo mu gukangurira abaturage kwitabira gutanga umusoro, kuko ari yo nkingi y’ubukugu kugeza ubu ukaba winjiza 50% mu ngengo y’imari buri mwaka.
Umutoza w’ikipe ya Chelsea Jose Mourrinho yanenzwe n’abafana b’ikipe ye nyuma yo kubavugaho amagambo atari meza ku mukino Chelsea yatsinzemo Queens Park Rangers ibitego 2-1 ku wa gatandatu tariki ya 01/11/2014.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 iri buhaguruke mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 03/11/2014 yerekeza mu Misiri kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23.
Ubwo hatangizwaga urugerero mu ishuri rikuru rya Kibogora (KP: Kibogora polytechnic), Umuyobozi wa komisiyo y’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri kuba umusemburo nyawo w’iterambere ry’aho batuye bahazana amajyambere, kandi bimakaza indangagaciro na kirazira mu mibereho yabo.
Mu gihe hari bamwe mu bakobwa usanga banenga imyuga imwe n’imwe bavuga ko yagenewe abahungu gusa, umukobwa urimo kuyiga mu karere ka Nyagatare bashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga kuko kubaka urugo bitakireba umugabo gusa.
Isosiyete yo muri Amerika yakoze igikomo (bracelet) gihana ucyambaye igihe akoze ibidakwiye. Kimwe mu bihano icyo gikomo gitanga mu gukebura ucyambaye, ni ugufatwa n’amashanyarazi.
N’ubwo ifite abakinnyi bakomeye benshi bazwi ku rwego rw’isi barimo Lionel Messi, Luis Suarez, Neymar, Iniesta n’abandi, ikipe ya FC Barcelona kuri ubu yavuye ku mwanya wa mbere mu gihugu cya Espagne nyuma yo gutsindwa na Celta Vigo 1-0 naho Real Madrid igatsinda Granada 4-0.
Abatuye umurenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara barashima ikigo nderabuzima begerejwe, bagasaba ko serivisi yo kwita ku babyeyi babyara itaragera muri iki kigo nderebuzima yakwihutishwa kuhagera kuko ababyeyi bakivunika bakora urugendo.
Innocent Sebayoboke, umugore n’abana be batandatu batuye mu Kagari ka Nyabikokora umurenge wa Kirehe bamaze icyumweru bacumbitse mu baturanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 25 Ukwakira 2014.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe, Mutwarangabo Simon yihanangirije abagifite imyumvire y’uko iyo abanyeshuri baje mu biruhuko ari isenene ziba ziguye, kuko uzafatwa yashutse umwana azabihanirwa bikomeye.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara biteze umusaruro mwiza bitewe n’ingamba bafashe zo kuruvugurura.
Mukamana Jeannette utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, atunzwe n’akazi ko mu bucukuzi bw’amabuye mu birombe biri muri uyu murenge, akavuga ko aka kazi kamurinze ibishuko byinshi ajya abona abakobwa bakunze kugwamo.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe inguzanyo zo kwiteza imbere binyuze muri VUP (Vision 2020 Umurenge Program) barasabwa kwishyura umwenda bahawe kugira ngo uhabwe abandi baturage nabo bakeneye kwiteza imbere.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi bo mu tugari bahabwa amafaranga y’imisanzu y’abaturage mu kwivuza bakamara ighe kinini batarayatanga, ubuyobozi bw’akarere bwabafatiye ingamba.
Ibikorwa bya VUP (Vision 2020 umurenge program) mu murenge wa Kigembe, mu karere ka Gisagara bimaze kuzamura abahatuye, bivuye ku nyigisho bagiye bahabwa zijyanye no kuzigama nk’uko babyivugira.
Ku munsi wa 5 wa Shampiyona, ikipe ya APR FC yaraye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sport FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 02/11/2014.
Abaturage bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo mu kagari ka Kabeza baravuga ko kororera mu gikumba byabafashije gucana bakoresheje Biogaz.
Nyuma y’uko Arthur Nkusi na Frankie Joe bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) bashyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa, byaje kurangira Arthur Nkusi asezerewe ku mugoroba wa 02/11/2014 naho Frankie Joe we abasha gukomeza.
Mu rwego rwo guca inzoga z’inkorano zitemewe zifatwa nk’ibiyobyabwenge, abazafatwa bazikora cyangwa bazicuruza mu karere ka Ngororero bazajya bajyanwa mu kigo ngororamuco cy’akararere giherereye mu murenge wa Kabaya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Emma Marie Bugingo, arasaba abagore kudakoreshwa na kamere yabo ngo bitwaze ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kuko hari abagore bitwaza iryo hame bagakora ibyo bishakiye ndetse bakanahohotera abagabo.
Muri iki gice cya gatatu kikaba ari nacyo cya nyuma ku mateka ya muzika mu Rwanda, turareba ingorane z’umuziki nyarwanda mu minsi yakurikiye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse n’iterambere umuziki nyarwanda umaze kugeraho muri iyi minsi.