Nyuma y’uko imiryango 20 yarangwaga n’amakimbirane mu ngo yo mu Murenge wa Mwendo, Akarere ka Ruhango iherewe amahugurwa y’imibanire myiza n’urugaga nyarwanda rw’ababana na Virus itera SIDA (RRP+), ubu iyi miryango ibanye neza ikaba igeze ku rwego rwo kwigisha abandi kubana mu mahoro.
Abacuruzi b’itabi mu isoko rya Ngororero (biganjemo abakuze kuko bose bari hejuru y’imyaka 55) ngo basanga abavuga ko itabi ari ribi bitiranya amoko yaryo kuko irihingwa mu Rwanda nta kibazo ngo ryatera urinywa.
Bamwe mu bayobozi b’imirenge yo mu karere ka Rusizi baravuga ko abagize DASSO bivanga bakirirwa bajya mubaturage gukemura ibibazo bitari mu nshingano zabo bagata akazi kabo bwite ko gucunga umutekano.
Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar aratangaza ko hafashwe ingamba ko inka izajya yibwa abaraye irondo iryo joro bose bazajya bafatanya kuyishyura mu rwego rwo gukumira ubwo bujura.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatanu iratangira imikino y’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Misiri. Iyi mikino kandi niyo izamenyekaniramo amakipe y’Afurika abiri azitabira igikombe cy’isi kizabera muri Brazil.
Ubuyobozi bwa Fan Club y’ikipe y’igihugu Amavubi buratangaza ko kugeza n’ubu butari bwamenya irengero ry’amafaranga ibihumbi 200 bivugwa ko yanyerejwe na bamwe mu bayobozi mu gihe ibihano bwari bwasabiye bamwe mu bafana bayo bitubahirijwe.
Jean Damascène Nkurikiyinka, utuye mu kagari ka Bwenda mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke, arasaba kwishurwa amafaranga asaga ibihumbi 400 y’ikawa yahaye uruganda rwa Muhondo Coffee Company Ltd hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa gatandatu muri uyu mwaka wa 2014.
Uwahoze ari umukozi wa banki ya Kigali, akaba n’umucugungamutungo w’ishami rya Nyamasheke ahitwa mu i Tyazo, yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’urukiko rwa Rusizi , mu gihe agitegereje kuburana mu mizi ku byaha ashinjwa.
Umuhanzi w’umunyarwanda uba mu Busuwisi uririmba mu njyana ya Reggae, Jah Bone D, yatangije iserukiramuco ngaruka mwaka rizajya riba buri tariki 02/11, umunsi hibukwa iyimikwa rya Haile Selassie I, umwami w’abami w’igihugu cya Ethiopia.
Abanyamuryango ba Koperative DUFASHABACU, koperative y’Abagore bo mu murenge wa Nyamata ibumba amatafari ya Block ciment, costrat n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi, baravuga ko bishimira intera ibikorwa byabo bimaze kubagezaho, bitandukanye n’uko bari bameze bataribumbira muri iyi Koperative.
Abahinzi b’igihingwa cya kawa bo mu Kagari ka Gakorokombe mu Murenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko umusaruro bakura mu buhinzi bwa Kawa bwabo utuma babasha kwikenura bakiteza imbere bo n’imiryango yabo.
Abagore n’abagabo batuye akarere ka Rulindo bitana ba mwana mu guteza amakimbirane mu miryango cyane cyane ashingiye ku bibazo bijyanye n’imitungo n’ubwumvikane bucye buterwa no gucana inyuma.
Bamwe mu banyeshuri barangije mu mashami y’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba mu mashuri yisumbuye (EAV), bakaba bari bemerewe gukomereza amashuri yabo muri Kaminuza y’u Rwanda, tariki 06/11/2014 bamenyeshejwe ko imyanya yabo iteganyijwe mu mashuri y’imyuga ari yo IPRC.
Mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, hafashwe abantu 37 mu mukwabu wo gufata inzererezi n’abadafite ibyangombwa.
Ahagana saa tatu z’ijoro tariki 06 /11/ 2014, nibwo inkuru yamenyekanye ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, Umucungamutungo wa Sacco ndetse n’umuyobozi wa VUP byo muri uwo murenge batawe muri yombi na polisi baregwa ibyaha bitandukanye.
Nyuma y’uko huzuye ikiraro gishya ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, ubu hagiye gukurikiraho umushinga wo kuhubaka isumo rizatanga amashanyarazi angana na megawatts 83 azasaranganwa u Rwanda, Tanzaniya n’u Burundi.
Abasirikare n’abapolisi u Rwanda rwatanze mu mutwe wo gutabarana aho rukomeye mu bihugu 10 bigize akarere ka Afurika y’uburasirazuba (East African Standby Forces/EASF) ngo baratanga icyezere ko uwo mutwe uzakomera kuko na Kenya nayo yamaze kubatanga.
Abaturage batuye mu mujyi wa Nyamagabe, abawukoreramo ibikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bitandukanye bavuga ko babangamiwe n’urusaku ruterwa na radiyo yitwa “Radiyo ya Gare Nyamagabe” bigatuma batabasha gukora mu mutuzo.
Abatuye mu mbago z’umujyi w’akarere ka Ngoma barasaba ko mu ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cyawo hazibukwa gushyiramo ibyiza nyaburanga n’ibikorwa remezo by’iterambere abaturtage bakenera.
Kuva tariki ya 5 kugera ku ya 6/11/2014, zimwe muri moto z’abakora akazi ko gutwara abagenzi (motards) ziparitse kuri polisi ya Ngororero kubera ko ba nyirazo batishyura ubukode bw’aho baparika moto zabo bategereje abagenzi, ariko ba nyirazo bo bavuga ko akarere kabaca amafaranga y’umurengera.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko kongera ingengo y’imari yagenerwaga ubuhinzi n’ubworozi byagiriye abahinzi akamaro, kuko bashoboye kwiteza imbere n’ibyo bahinga bikiyongera mu bwinshi.
Polisi irasaba abantu bose batwara ibinyabiziga mu ishyamba rya Nyungwe kwitwararika, bakamenya neza umuhanda bagendamo, bakanibuka kuruhuka mbere yo kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe rigizwe n’amakorosi menshi.
Ubuyobozi bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu karere ka Afurika yo hagati n’iyiburasirazuba (CECAFA) burifuza ko igihugu cya Sudani cyaba ari cyo cyakira amarushanwa ya CECAFA y’ibihugu ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi.
Hakizimana Passo wo mu kagari ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe, akarere ka Rusizi, mu ijoro ryo ku wa 5/11/2014 yateye umugore we, Hadidja Nyiraneza icyuma anamumenaho aside (acide) nawe yiyahuza aside ariko ntiyapfa.
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.
Mu nama y’iminsi ibiri yabereye mu ntara ya Cibitoki guhera tariki ya 4/11/2014 yahuje abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) n’u Burundi ku mipaka ya Bugarama, Kamanyora na Cibitoki hamwe n’inzego zikora ku mipaka, hagaragajwe ko hari (…)
Ikipe ya Mukura VS yatanganje ko yasezereye uwari umutoza wayo Kayiranga Baptiste kandi ko uzamusimbura agomba kugeza iyi kipe ku ntego yatangiranye shampiyona.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/06/2014 ku bibuga bya Kimisagara hazakinwa imikino ya Carre d’As isoza shampiyona ya Handball, igahuza amakipe yarangije ku myanya ine ya mbere.
Abamotari bakorera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bacibwa amande n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda ahwanye n’ibihumbi 10 iyo babafashe batwaye umugenzi utambaye akanozasuku, mu gihe bemeza ko nta hantu kagurirwa mu karere kose.
Nyuma y’aho abana bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakomeje kwinubira kwigira kure aho benshi muri bo bajyaga basiba cyangwa bakazinukwa ishuri burundu, ku bufatanye na Fondation Margrit Fuchs, ibinyujije mu kigo cya Bureau Social de Dévéloppement, yiyemeje kubaka ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 rifite (…)
Nyuma y’uko hirya no hino mu Rwanda hagiye hagaragara imibanire itari myiza hagati y’abashakanye, inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo zatangiye gushaka umuti wacyo harimo no kongera inyigisho zihabwa abagiye kurushinga.
Nsabimana Straton, umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, utunzwe no gucuruza isombe asya yifashishije akamashini kabigenewe, avuga ko imaze kumugeza ahantu hashimishize.
Nyuma y’icyifuzo cy’abaturage b’umurenge wa Muhazi cyo kubaka urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabare ruri muri uyu murenge, ubuyobozi bwawo buratangaza ko haranatangiye ubukangurambaga bwo gushaka amafaranga asaga miliyoni 41 azarwubaka.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu gihugu, hirya no hino mu turere hari gukorwa ibiganiro bigamije gusobanura inshingano z’urugaga rw’abikorera PSF ari nako basaba abikorera kugira ibyo batekereza byakomeza kubateza imbere.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 mu mukino wa Volleyball ubu iri kubarizwa mu mujyi wa Sharm El Sherk mu Misiri aho igomba kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23 rizahabera kuri uyu wa gatanu tariki ya 07/11/2014.
Igitego cya kapiteni Fuade Ndayisenga cyatumye Rayon Sports ikura intsinzi ya 1-0 ku ikipe ya Espoir maze ikomeza kongera igitutu kuri APR FC yo yanganyirije na Police 0-0ku Kicukiro.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania batujwe mu karere ka Gatsibo, Umuryango FPR-inkotanyi wabashyikirije inkunga y’amafunguro agizwe n’ibigori ndetse n’ibishyimbo.
Umunyarwenya Nkusi Arthur nyuma yo kugaruka mu Rwanda asezerewe mu marushanwa ya Big Brother Afurika, yatangaje ko ibanga ryo kugira ngo Frankie Joe azabashe gukomeza ari uko yatorwa n’abantu bari mu bihugu bitandukanye kuko ngo gutorwa n’abanyarwanda gusa nta mahirwe menshi bizamuha kabone n’ubwo bamutora ari bose.
Muri iki gihe cy’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ndetse n’ay’icyiciro rusange, umugore umwe n’umukobwa bo mu karere ka Ngororero babyaye bari muri ibyo bizamini ariko ntibyababuza kubikora ngo babirangize, kuko ngo bari bariteguye neza amasomo yabo.
Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF) rwatangaje ko mu gihugu hose hitezwe amatora y’abayobozi barwo bashya kuva tariki 07-28/11/2014, abazatorwa bagasabwa kuzarushaho gukorera ubuvugizi abanyamuryango, nk’uko byasabwe na Perezida wa PSF usanzweho, Benjamin Gasamagera.
Urwego rushinzwe kunganira umutekano mu karere DASSO (District Security Support Organ) mu karere ka Rutsiro rwasuwe n’umuhuzabikorwa warwo muri MINALOC Chief Superintendent Rumanzi Sam arushima uburyo rwujuje inshingano runibutswa gukomeza kwitwara neza kurenza abo rwasimbuye.
Abagize itsinda DUKORANE UMURAVA rigizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 hamwe n’abayirokotse batuye mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, baravuga ko bamaze gutera intambwe mu bumwe n’ubwiyunge binyuze mu bikorwa bigamije gufasha abatishoboye.
Ikusanyirizo ry’amata ry’aborozi bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production et la Transformation du Lait) ryatangiye kwagurwa kugira ngo rigirwe ikaragiro ry’amata n’ibiyakomokaho.
Kogerera ubushobozi n’ubumenyi Polisi y’igihugu ni zimwe mu ngamba Leta yafashe zo gutangiza urugamba rwo kurwanya ibiza bishobora kwibasira igihugu, nyuma y’uko imariye kunoza ingamba zijyanye no kwirinda ibyo biza byiganjemo inkongi z’umuriro.
Mu gishanga cy’uruzi rw’Akanyaru kiri mu mudugudu wa Rurindo mu Kagari ka Rurindo, Umurenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, hatoraguwe umurambo w’umwana uri mu kigero cy’imyaka itanu ubonywe n’abaturage bahiraga ubwatsi bw’inka kuri uyu wa kabiri tariki ya 04/11/2014.
Umusaza Anastase Sebujangwe umaze hafi imyaka 40 akora umwuga w’ubucuzi avuga ko n’ubwo hari abawusuzugura wamugejeje kuri byinshi, ndetse n’urubyiruko yagiye yigisha ruri gutera imbere.
Abayobozi banyereje amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe bahawe amasaha 24 ngo babe bayagejeje kuri konti ashyirwaho.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abatuye akarere ka Bugesera kubyaza umusaruro ibiyaga n’inzuzi bigaragara muri ako karere aho kugirango bibabere umutwaro kuko bitwara ubuzima bw’abantu.