Ku munsi wa mbere w’imikino ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona y’abagabo n’abagore (2014 playoff), ikipe ya Espoir BBC yahise ibona itike yo kuzakina umukino wa nyuma ubwo yateraga mpaga United Basketball Generation (UGB) itageze ku kibuga, mu gihe mu bagore ikipe ya RAPP yo yatangiye iyo mikino itsinda APR BBC.
Abanyeshuri bitegura kurangiza amashuri yisumbuye basoje icyiciro cya mbere cyo gutozwa cyakozwe muri ibi biruhuko, baratangaza ko kuba barasogongeye ku nyigisho bagenewe n’itorero ry’igihugu bizabafasha kwitwara neza mu bizamini bya Leta, ndetse no kuzakomeza gukurikira inyigisho zinyuranye binyuze mu itorero ry’igihugu.
Abacuruzi bo mu Isoko rya Byangabo, Umurenge wa Busogo barasaba ubuyobozi kubashyirira umuriro w’amashanyarazi mu isoko kuko umwijima ubabuza gukora nimugoroba bigatuma bataha kare ari bwo abakiriya batangiye kuza guhaha.
Bitewe n’uko mu gihembwe cy’ihinga cya 2014A, abahinze ibigori mu gishanga cya Bishenyi gihuza umurenge wa Runda n’uwa Rugarika, bahuye n’umusaruro mubi, waturutse ku burwayi bw’inopfo no ku kirere cyabaye kibi, kuri ubu barasaba ko mu ihinga rya 2015 A batasubizamo ibigori.
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita atangaza ko abanyeshuri adakwiye guterwa impungenge no kugana itorero mu gihe barangije amasomo abanza, kuko umunyarwanda wese yagakwiye gutozwa indangagaciro.
Ntategeko riri mu Rwanda ryemerera abantu gukuramo inda nk’uko byasobanuwe n’intumwa ya Rubanda munteko inshinga amategeko umutwe w’abadepite Depite Mporanyi Theobard, mu nama nyunguranabitekerezo bagiranye n’abagore bahagarariye abandi kuwa 06/08/2014.
Abagore bo mu karere ka Rulindo barasabwa gushyira imbaraga zidasanzwe mu konererera imbaraga umugoroba w’ababyeyi, kuko uyu mugoroba w’ababyeyi byagaragaye ko ugenda biguru ntege,kandi hari byinshi wagafashije muri gahunda zitandukanye zirebene n’iterambere ry’umuturage.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi bavuga ko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo batandukanye bakabambura, abenshi mu bambuwe bigaragara ko bifitanye isano n’ubujiji kuko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo nta masezerano bagiranye noneho ba rwiyemezamirimo barangiza imirimo yabo bakigendera.
Ishyamba riherereye mu kagari ka Karambo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro ryafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 7/8/2014 yaturutse ku batwikaga ibyatsi by’aho bari bamaze guhinga, abaturage babasha kuhazimya hamaze gushya ishyamba riteye ku buso bwa hegitari ebyiri n’igice.
Ubwo kuri uyu wa gatanu tariki ya 8/8/2014 i Kigali hatangiraga imikino ngarukamwaka ya ‘CECAFA Kagame Cup’,Rayon Sport ihagarariye u Rwanda yatangiye inganya ubusa ku busa na Azam yo muri Tanzania, naho ikipe ya KCCA yo muri Uganda iba iya mbere mu kubona amanota atatu ubwo yatsindaga Gor Mahia yo muri kenya ibitego 2-1.
Abasore batatu bari mu kigero cy’imyaka hagati 20 na 30 bafungiye kuri Stasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuvakuwa kane tariki 7/8/2014 bakurikiranweho icyaha cyo kugurisha uruhushya mpimbano rwo gutwara imodoka.
Abahinzi bo mu karere ka Gakenke bavuga bagiye kongera umusaruro, nyuma yo gusurwa na bamwe mu bakozi ba minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) bakaganirizwa ku mpinduka mu bijyanye n’itangwa ry’imbuto n’amafumbire mu gihembwe cy’ihinga cya 2014 A.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kirasaba abaturage barutiye igishanga cya Rugezi kukibungabunga bakagifata neza kuko gifite akamaro gakomeye Abanyarwanda ndetse n’isi muri rusange.
Umuyobozi w’akarere Ndizeye Willy atangaza ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa, akarere kabashije kwesa imihigo ku kigereranyo cya 96%, mu bikorwa byose aka karere kashoyemo amafaranga agera kuri miliyoni 24.
Nyuma yo gutsinda ikipe y’Akarere ka Kayonza ibitego 6 kuri 5 mu irushanwa ryiswe Airtel Raising Star, ikipe y’Akarere ka Gatsibo ni yo izahagararira u Rwanda mu marushanwa ateganijwe mu gihugu cya Gabon, nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’Akarere nyuma yo gushyikirizwa igikombe.
Nsabimana Emmanuel wo mu Kagali ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze acumbikiwe kuri Stasiyo ya Polisi ya Muhoza kuva tariki 07/08/2014 akurikiranweho kwica umusore witwa Sagahutu Enock wari wamuhaye akazi ko kwica nyina umubyara kugira ngo abashe kugurisha amasambu.
Abagabo bane bagwiriwe n’ibirombe barapfa kuri uyu wa gatanu tariki 08/08/2014 ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa colta mu mudugudu wa Rusekera mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’iy’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), zashimiye igihugu cy’u Buyapani cyahaye u Rwanda miliyari 1.549(¥) z’amafaranga akoreshwa muri icyo gihugu, akaba ahwanye n’amadolari ya Amerika miliyoni 15.3; yagenewe kubaka ibikorwa byo kuvomerera imirima mu karere ka Ngoma.
Ubwo abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bagaragarizwaga ibyavuye mu ibarura rusange ryo mu mwaka wa 2012, ku itariki ya 7/8/2014, bagaragarijwe ko hari ubucucike bwinshi bw’abahatuye ndetse n’umubare munini w’abasuhuka bava muri iyi ntara bajya mu zindi.
Bamwe mu bacuruzi ndetse n’abakiriya bahamya ko bakunda kugurira abacuruzi badahuje igitsina kuko aribyo bibagwa neza. UIbi ngo bikorwa by’umwihariko ku bacuruzi batarashaka (abakiri ingaragu) ndetse rimwe na rimwe uwari ingaragu iyo amaze gushaka ngo hari ubwo ahindura ubucuruzi bwe cyane cyane iyo yacuruzaga ibintu bigurwa (…)
Nyuma y’imyaka 10 atandukanye n’umuryango we kubera umutingito w’isi wateye Tsunami mu gihugu cye cya Indoneziya, kuwa26 Ukuboza 2004, umwana w’umukobwa witwa Raudhatul Jannah, yongeye kubonana n’umuryango we.
Ikipe ya Espoir basketball Club yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball muri uyu mwaka iratangira imikino ihuza amakipe ane ya mbere (Playoff), ikina na United Generation Basketball (UGB) yabaye iya kane muri shampiyona, kuri uyu wa gatanu tariki ya 8/8/2014 guhera saa kumi nebyiri z’umugoroba kuri stade ntoya i Remera.
Mbere y’uko Rayon Sport ikina umukino wayo wa mbere muri CECAFA Kagame Cup ikina na Azam yo muri Tanzania kuri uyu wa gatanu tariki 8/8/2014, umutoza wayo Jean Francois Lusciuto yatangaje ko afite icyizere cyo kuzitwara neza kuko ikipe ye yakoze imyiteguro ihagije.
Abayobozi b’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka hamwe n’abashinzwe Gasutamo mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) bongeye kumvikana ko nta gihugu kigomba kwaka amafaranga ya Visa abaturage bava mu gihugu bajya mu kindi gihugu kiri mu muryango wa CEPGL.
Nyuma y’igihe cy’umwaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rugezi ruri mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, rwari rumaze rudakora, ubuyobozi bw’ikigo gishya gishinzwe iterambere ry’ingufu ( Energy Development Corporation Ltd) butangaza ko bitarenze ukwezi kwa 10/2014 ruzaba rwatangiye gukora.
Kuva kuri uyu wa 7 Kanama 2014 mu Karere ka Karongi bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri y’abazahugura intore zo ku rugerero z’uyu mwaka wa 2014-2015. Aya mahugurwa agamije kubaha ishusho y’umutoza w’intore uko yaba imeze kose, uko yubatse n’uko igenwa n’itorero ry’igihugu noneho ngo na bo bakabatuma kuzatoza abandi.
Abanyeshuri 260 barangije mu mashami atandukanye bigaga mu ishuri rikuru rya ISPG (Institut Superieur Pédagogique de Gitwe) mu karere ka Ruhango, bashyikirijwe impamyabumenyi kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014, maze basabwa kwitwara neza mu buzima bundi bagiyemo, bibuka ko Abanyarwanda babategereje kugirango bababere (…)
Abaharanizi b’amahoro ku isi (Global Peacebuilders) bari mu nama i Kigali biga uburyo babonera amahoro bimwe mu bihugu bya Afurika biri mu ntambara, basanga imvururu ziri mu gihugu cya Repubulika ya Santrafurika (CAR), zidaterwa n’urwango ruri hagati y’amadini ya gikirisitu na Islam, nk’uko amahanga ari ko abizi.
Umugabo witwa Nsekeye Martin w’imyaka 44 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yuko kuri uyu wa 07/08/2014 afatiwe mu cyuho aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma y’uko isosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) yakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Ngororero ihagaritse imirimo yayo muri Gicurasi 2014, minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA) yashyizeho igihe cy’amezi atatu ngo ba rwiyemezamirimo bose b’abanyarwanda bagera kuri 20 basabye gukora ubucukuzi (…)
Mu muhango wo gutangiza itorero mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa kane tariki ya 7 Kanama 2014 umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Habiyaremye Petero Celestini yabwiye urubyiruko ko bahawe amahirwe yo kujya mu itorero kugira ngo biyibutse aho igihugu cyivuye n’aho kigana bityo nabo bafatanye n’abandi mu kucyubaka.
Inama y’iminsi ine yahuje impugucye z’u Rwanda na Kongo kuva taliki ya 4/8/2014 mu mujyi wa Goma yagaragaje ko imbago zigabanya u Rwanda na Kongo zashyizweho n’abazungu zari 22 ariko ubu izashoboye kumenyekana ni eshanu mu gihe izindi mbago 17 zitaraboneka kandi aho ziri hakunze kugaragara ibibazo.
Nyuma y’iminsi ishize yaranze kumvikana na Rayon Sport gukomeza kuyikinira, Mwiseneza Djamal yamaze gusinya amasezerano yo gukinira APR FC igihe cy’imyaka ibiri nk’uko bitangazwa na Gatete George, umuvugizi wayo, ndetse akaba yahise atangira imyitozo hamwe n’abakinnyi basanzwe muri iyo kipe.
Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye na minisiteri y’ubuzima n’iy’ubuhinzi n’ubworozi, yatangije icyumweru cyo gukangurira abaturage konsa neza mu karere ka Gisagara, ubuyobozi bw’aka karere nabwo bukibutsa abagabo ko nabo barebwa n’imirire y’umwana.
Umukecuru wo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi witwa Kanyanja Colette yageze ku nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kuva ku mukuru w’umudugudu kugera mu biro bya Perezida wa Repubulika ngo asaba kurenganurwa ku murima avuga ko yatsindiye mu nkiko muramu we (yita umugabo wabo) nyamara abaturage baturanye ndetse n’ubuyobozi (…)
Uhagarariye serivisi yo kuvura indwara zo mu kanwa ku bitaro bya Kabutare, Jean Marie Vianney Kayinamura, avuga ko hari abana bashirira amenyo kubera kurarana ibere mu kanwa.
Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda uzwi ku izina rya Jose Chameleone ari kumwe n’umuhanzikazi Amani wo mu gihugu cya Kenya bazataramira Abanyarwanda muri Kigali Serena Hoteli ndetse n’i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha ku matariki ya 22 na 23.8.2014.
Inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Iburasirazuba yateranye tariki ya 6/08/2014, yasabye ko inzego zose n’abantu ubwabo bagira uruhare rukomeye mu kubungabunga umutekano wo mu muhanda kuko mu mihanda yo muri iyi Ntara hakunze kubera impanuka zihitana ubuzima bw’abaturage benshi.
Baziramwabo John w’imyaka 30 y’amavuko ukomoka mu karere ka Muhanga na Musabyimana Theogene w’imyaka 29 wo mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 05/08/2014 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakurikiranyweho gukora amafaranga y’amahimbano.
Kutavuga rumwe hagati y’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’ubuyobozi bwa sosiyete yakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri ako karere yitwa GMC (Gatumba Mining Concession), bikomeje guheza mu gihirahiro imiryango 18 yasenyewe amazu n’ibikorwa by’iyo sosiyete ubu bamwe bakaba bagisembera kuko amazu yabo (…)
Mu ntara y’amajyepfo hatashywe amazu atandatu yubatswe n’ibigo byigisha imyuga byaho, agenewe abarokotse Jenoside batishoboye. Ibi ngo biri muri gahunda ya Minisiteri y’uburezi y’uko ibigo by’imyuga n’ubumenyingiro bikora ibikorwa by’ingirakamaro ku baturarwanda.
Umugore witwa Mukasingirankabo Odile utuye mu mudugudu wa Kivugiza, akagari ka Kivugiza mu murenge wa Byumba arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma y’uko bimenyekanye ko yataye umwana yari yarabyaye mu ishyamba.
U Rwanda rwasinyanye na Banki y’Isi amasezerano y’inkunga ya miliyoni 15 z’amadolari ya Amerika yo kurufasha guhangana n’ibibazo by’ihohotera rishingiye ku gitsina no guteza imbere serivisi zishinzwe kwakira abahuye nabyo.
Akarere ka Gasabo katangiye igikorwa cy’ubukangurambaga bwo gukangurira abaturage kwitabira ubwisungane mu kwivuza, nyuma y’uko aka karere katitwaye neza mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza mu mwaka ushize kuko kagarukiye ku cyigero cya 81%.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera aremeza ko minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda, Anastase Murekezi, asura ibikorwa bitandukanye by’iterambere byo muri aka karere, kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014.
Jay Polly, umuhanzi wo mu njyana ya Hip Hop, atangaza ko nyuma y’amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) 2014, azahita ashyira ahagaragara umuzingo (album) w’indirimbo ze ngo uzaba ugizwe n’indirimbo ziri mu njyana ya gakondo gusa.
Mu barebye imurika rya bombe atomike zatewe Hiroshima na Nagasaki mu Buyapani, n’ingaruka zagize ku bari batuye iyo mijyi, aho ririmo kubera kuri stade amahoro guhera kuri uyu wa 06/8/2014, hari abiyemeje kuzaharanira kubaka umuco w’amahoro mu miryango babamo, nk’uko yari yo ntego iryo murika rigamije.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College/RTC) Ishami rya Gisenyi, Emmanuel Sebuhoro, avuga ko uruhare rw’amadini mu burezi bw’urubyiruko rw’Abanyarwanda rucyenewe kuko atuma urubyiruko rutarangarira mubibi ahubwo akabigisha gukora ibyiza.
Umunyarwanda Murenzi Bahati ufite imyaka 21 ngo taliki 2/8/2014 ku masaha ya saa munani z’amanywa yakubiswe n’abapolisi ba Kongo bamushakaho amafaranga bamuta muri zone neutre ku mupaka muto wa Gisenyi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.