Nyuma y’uko tariki 16/02/2015 hasohotse urutonde rw’abahanzi 15 bagomba gukomeza bakazakurwamo 10 bazahatanira PGGSS ku nshuro ya gatanu, impaka z’urudaca zirakomeje mu bakunzi ba muzika n’abandi bayikurikiranira hafi.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana w’imyaka 22 yabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’irushanwa rizenguruka Gabon ryitwa La Tropicale Amissa Bongo ririmo abakinnyi batarengeje imyaka 25.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (ICPAR) kiratangaza ko gifite gahunda yo kugabanya ibihombo muri leta no mu bigo byigenga, nyuma y’uko kuva cyashingwa mu 2008 kimaze guhugura ababaruramari b’umwuga bagera kuri 300.
Imibare itangwa na Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) iravuga ko kuva tariki ya 11/02 kugeza tariki 16/02/2015 ibiza bitandukanye byahitanye abantu 15 hirya no hino mu gihugu.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gushyira ahagaragara gahunda nshya y’igihe imikino y’ibirarane izakinirwa.
Ibikorwa byo guhiga ibiyobyabwenge birimo gutanga umusaruro mu Karere ka Kamonyi, ariko abaturage banenga uburyo hari abafatwa bagahita barekurwa badahanwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, by’umwihariko abahinzi ba kawa, barishimira ko batazongera kujyana Kawa yabo gutunganyirizwa ahandi nko mu mujyi wa Kigali, kuko ubushobozi bamaze kububona mu murenge wabo.
Nyuma y’ amatsiko menshi abantu bari bategerezanyije urutonde rw’ abahanzi 15 bazitabira ku nshuro ya gatanu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 5 (PGGSSV), kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Gashyantare 2015, uru rutonde rwashyizwe ahagaragara.
Umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent afite icyizere cyo kuba yasezerera ikipe ya Liga Muçulmana mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko banganyije mu mukino ubanza.
Ibitaro bitandukanye mu Rwanda biravuga ko bihura n’ikibazo cy’abantu bajya kwivuza bamara gukira bakananirwa kwishura bigatuma bakabigendamo umwenda bikabangamira izindi serivisi zitangirwa kwa muganga. Mu nkuru zicukumbuye zo muri iki cyumweru, Kigali Today irabagezaho uko iki kibazo gihagaze mu ntara zose z’u Rwanda (…)
Ntahombyariye Speciose, wo mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu arashima urwego rwa MAJ rwashyireho guha abaturage ubufasha mu by’amategeko kubera ko rwamufashije gusubirana umurima we nyuma y’imyaka 9 yarawambuweho uburenganzira azira kuba umugore.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwihaye intego ko buzagemura ku ruganda rwa Soya rwa Mount Meru Soyco rw’i Kayonza toni 150 kuri iri sarura.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi, asaba abayobozi b’uturere kurushaho kwegera abaturage, kuko kuba haragaragaye ikibazo cy’umwanda n’amavunja byerekana ko abo bayobozi bategera abaturage.
Abahanga imideli (Fashion Designers) bakiri bato, ni ukuvuga abamaze igihe kitari kinini mu mwuga, biyemeje guhindura amateka y’imideli mu Rwanda bakayiha umurongo ndetse bakanibanda ku bigaragaza isura y’u Rwanda koko.
Itsinda ry’abadepite b’Abadage bashinzwe Uburasirazuba bw’Afurika batunguwe no gusanga imibanire y’Abanyarwanda n’Abanyekongo imeze neza, mu gihe bari bazi ko ibibazo by’umutekano muke byagiye bivugwa hagati y’ibihugu byombi byaba byarawangije.
Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kubonana n’umufatanyabikorwa we, ku wa 16/02/2015.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rifatanije na Minisiteri ya Siporo n’umuco batangije amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 (Ferwafa Youth League U15) mu rwego rwo gutegura ikipe y’igihugu Amavubi y’ejo hazaza haba mu bagabo no mu bagore, ndetse no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu gihugu cyose.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko kwizihiza umunsi w’abakundana (Saint Valentin) aba ari ngombwa, ngo kuko abatuye isi bagomba kurangwa n’urukundo bityo bakarushaho kubahana.
Perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Kirehe, Rwagasana Ernest arasaba ubuyobozi bw’akarere gukoresha neza umutungo wa Leta bwirinda kuzongera guhamagarwa na komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite (PAC).
Gatari Sylvestre w’imyaka 33 y’amavuko na Ndagijimana Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana ubwo bari bavuye guhinga mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Nyabyondo mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera.
Inteko rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 15/02/2015 hasuzumwe bimwe mu bibazo bijyanye n’umuryango aho hibukijwe gukora cyane mu guharanira iterambere ry’igihugu n’iry’umuryango, hanakorwa amatora ku myanya idafite abayobozi.
Abanyamuryango ba Sendika (syndicat) Ingabo, umuryango w’abahinzi borozi bo mu Ntara y’Amajyepfo, barashinjanya kuba nyirabayazana w’amadeni no kunyereza umutungo byagaragaye, ndetse ngo abaterankunga bawo bakaba barahagaritse ubufasha babageneraga.
Abaturage bo mu midugudu irindwi mu midugudu 12 igize Akagari ka Ryankana, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, barishimira ibikorwa by’ubuhinzi bwabo bwabakuye ku dutadowa bakaba bacana amashanyarazi.
Uruganda rutunganya imyumbati ruri mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi rwatangiye gukorana n’uturere twa Bugesera na Ngoma kugira ngo rubone umusaruro w’imyumbati rutunganya.
Abagore bagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bagiye gukemura ibibazo bijyanye n’isuku nke n’imirire mibi bigaragara hirya no hino mu baturage.
Abarema isoko rya Kijyambere rya Congo-Nil riherereye mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko babangamiwe n’ubwiherero bwuzuye, bagasaba akarere kububakira ubundi.
Mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Muganza, mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi; Inkuba yakubise abantu babiri bari bavuye kuvoma ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 14/2/2015 babagejeje kwa muganga basanga bashizemo umwuka.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe basanga umunsi w’abakundana (St valentin) ari umunsi nk’iyindi nta kidasanzwe kiba cyabaye kuko abakunda bagomba guhora bakundana, hagira ikiboneka by’akarusho bakagisangira nk’uko bikwiye kugenda igihe cyose.
Abaturage bo mu Murenge wa Katabagemu mu Karere ka Nyagatare baravuga ko ari byiza gukora ubukwe bujyanye n’ubushobozi bw’ababukoze birinda gusesagura.
Nubwo hirya no hino hari abafata umunsi wa Saint Valentin nk’uw’agaciro mu buzima bwabo kuko akenshi abakundana baboneraho umwanya wo kubwirana amagambo adasanzwe mu rukundo rwabo, hamwe no gukorerana ibintu bidasanzwe birimo guhana impano n’ibindi, rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke ruvuga ko rutawuzi.
Umugabo w’imyaka 38 utuye mu Mujyi wa Nyanza mu Karere ka Nyanza avuga ko nyuma yo gufata umugore we asambana bari bamaranye imyaka 10 banafitanye abana batatu byatumye azinukwa iby’urukundo akiyemeza kutazongera gukunda ukundi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yasabye abayobozi mu nzego z’urubyuruko mu Mujyi wa Kigali kureba kure, bakabyaza inyungu amahirwe abakikije ndetse bakarushaho kuba icyitegererezo.
Abahinga mu nkengero z’igishanga cya Rugeramigozi barinubira kuba barahatiwe guhinga ibitunguru mu mirima bari basanzwe bahingamo ibigori n’ibishyimbo, bakaba bavuga ko batizeye niba bazabona amasoko y’ibitunguru mu gihe ibigori bari bamaze kumenya kubibyaza umusaruro.
Kuteza imyaka ngo bagire umusaruro mwinshi byabangamiye umugambi w’abaturage bo mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera bari bafite wo kwigurira imbangukiragutabara.
Abayobozi b’Akarere ka Nyamasheke bakomeje kutavuga rumwe na rwiyemezamirimo wakoraga ibijyanye n’isuku n’isukura mu Karere ka Nyamasheke kubera umwenda bamufitiye.
Umugore wo mu Mudugudu wa Burumba mu Kagari ka Burija mu Murenge wa Nyagatare utarifuje ko amazina ye atangazwa yikoreye ikigega cyo hasi mu butaka akoresheje amahema apfundikiza amabati kugira ngo hatajyamo umwanda.
Bamwe mu barwarije mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) binubira ko bahabwa gahunda yo kuvuza (rendez-vous) ariko baza bagasabwa kuzagaruka ikindi gihe.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba intore z’abajyanama mu bucuruzi gufasha abaturage mu guhanga imishinga myiza ibyara inyungu, kugira ngo begere amabanki abahe inguzanyo babashe kuzamuka mu bukungu batanga n’akazi ku bandi.
Dr. Pierre Damien Habumuremyi, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yagizwe umuyobozi mushya w’urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta y’Ishimwe.
Abaturage b’umudugudu wa Burumba akagali ka Barija umurenge wa Nyagatare, bifuza irimbi ry’umudugudu kubera ko iry’umurenge riri kure yabo kuko benshi nta bushobozi bwo gukodesha imodoka baba bafite, ariko ubuyobozi nabwo buvuga ko nta bushobozi burabona bwo gushaka ubutaka bw’ahashyirwa irimbi ry’umudugudu.
Mugihe mu mugi wa Kibungo hagaragara bamwe mu bagemura amata(abacunda) bavangamo amazi ngo abe menshi,abashumba baba bakamye inka baritana ba mwana n’abagemura aya mata ku wuvangamo amazi.
Urubyiuko rugera kuri 23 rwo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga nk’igishoro cyo gushyira mu bikorwa ibyo bize, nyuma y’uko bari barahawe amahugurwa y’igihe gito na Minisiteri y’Ubucuruizi n’Inganda, ku bijyanye n’ubumenyingiro no kwihangira imirimo.
Abaturage bo mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko korora inkoko bibazamura mu bijyanye n’iterambere n’imibereho myiza y’ingo zabo, bitewe n’uko imiterere yako yoroherereza ubwororozi butandukanye bw’amatungo magufi.
Abitabiriye umwiherero w’u rwego rw’ubutabera mu Rwanda, bavuga ko kugira ngo umubare w’ibirego bijya mu nkiko bigabanuke hakwiye kuboneka ubundi buryo bucyemura ibibazo biboneka mu muryango Nyarwanda.
Tuyishime Devota w’imyaka 23 yatsinze abaturage bari barigabije amasambu iwabo basize ari mu Mudugudu wa Gabiro akagari ka Gabiro Umurenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro, mu rubanza rwasomwe kuwa kane tariki 12/2/2015.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’abakunda wa Saint Valentin, ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 13/02/2015, mu mujyi wa Musanze habaye igitaramo kitabiriwe n’abantu batandukanye, aho abakundana bagiyeyo bambaye neza kurusha abandi bagenewe ibihembo.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Amajyepfo (UNMISS) zashyikirije ubuyobozi inyubako ikigo cy’ishuri rya amashuri abanza ya Kapuri, rigizwe n’ibyumba umunani, ibiro bibiri by’abayobozi n’ibikorwaremezo by’isuku rihereye muri leta ya Equatorial yo hagati.
Ihuriro ry’abagize inteko zishinga amategeko muri Afurika (APNAC: African Parliamentarians Network Against Corruption), rirashima imbaraga u Rwanda rushyira mu kurwanya ruswa, rikaba ryanatoye urihagarariye mu Rwanda kungiriza umuyobozi mukuru waryo ku rwego rwa Afurika kugira ngo u Rwanda rufashe uyu muryango guhangana na (…)
Abahanzi 25 bahatanira kwegukana Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya gatanu (PGGSS V), bashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu tariki ya 13/02/2015.