Umukecuru Nyirankina Cecilia w’imyaka 80 utuye mu mudugudu wa Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, avuga ko n’ubwo ageze mu zabukuru kuboha ibyibo bimurinda gusabiriza.
Muri uku kwezi kwa 9/2014 mu karere ka Nyanza mu murenge wa Ntyazo habaruwe abantu 29 bashyirwa mu rwego rwabo bita “ibihazi”. Abantu abantu bananiranye bakabishinjwa n’abaturage ubwabo ko aribo babahungabanyiriza umutekano binyuze mu bikorwa by’urugomo biba ahanini byaturutse ku businzi bw’inzoga z’inkorano zitemewe (…)
Abanyamadini bakorera mu karere ka Karongi bagaragaje ko batishimiye kuba ako karere karaje ku mwanya wa 11 mu mihigo kandi karahoze ku mwanya wa mbere, bakizeza ko bagiye kugafasha gusubira ku mwanya wa mbere, nk’uko babitangarije mu nama yabahuje n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa gatanu tariki 3/10/2014.
Uwamariya Liliae wakoraga akazi ko mu rugo i Kagugu , mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yatwaye uruhinja rw’umugore wamucumbikiye amaze kumwirukana, arugejeje iwabo mu kagari ka Jenda, mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, abaturage bibaza aho avanye uwo mwana; niko kumushyikiriza inzego z’umutekano barangisha (…)
Gereza ya Nyamagabe yagiye ivugurwa kenshi yongera ibyumba by’abagororwa n’imfungwa ariko hari ikibazo cyuko abagororwa n’imfungwa batishimiye inyubako zimwe na zimwe zishaje ndetse n’ibitanda baryamaho.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, avuga ko izina “Abashigajwe inyuma n’amateka” ryagakwiye kuvaho abaryitwa bagakomeza kwitwa Abanyarwanda nk’abandi.
Umubare munini n’ubwiyongere bw’abaturage batuye mu kirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera uteye inkeke aba baturage, kuko bahura n’ikibazo cyo kubura ubutaka bahingaho bikaba intandaro yo kutagira imibereho myiza.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Kamonyi barasabwa kumenya imihigo akarere kaba kiyemeje kandi bakanagafasha kuyigeraho bakanabera abatuage babatoye urugero rwiza rwo gukorana umurava.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rishya rya Nyagatare bavuga ko imyubakire mibi y’isoko yabateje ibihombo, ariko ubuyobozi bw’akarere kukemeza ko gutunganya imiyoboro itwara amazi bizatangira gukorwa guhera mu gushyingo uyu mwaka.
Minisitiri w’Umutekano, Mousa Fazil Harelimana, atangaza ko gereza igiye kubakwa mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba ari andi maboko abaturage bahawe, akabasaba kuzakorana neza n’abahagororwa kugira ngo bazabafashe mu bikorwa by’iterambere.
Olivier Usengimana w’imyaka 30, umuveterineri wiyemeje kurengera ubwoko bw’inyoni buzwi nk’imisambi, yabiherewe igihembo mpuzamahanga cya Rolex gifite agaciro ka miliyoni zirenga 35 z’amafaranga y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yiswe “Smart Rwanda days” yari imaze iminsi ibiri ibera i Kigali yiga ku ikoranabuhanga; yasabye abashoramari kubyaza umusaruro ibikorwaremezo biriho by’ikoranabuhanga mu rwego rwo gufasha abaturage kuva mu bukene no kuzamura ubukungu bw’ibihugu.
Urubanza rwiswe urw’iterabwoba rwari rumaze amezi 10 ruburanishwa mo Lt Joel Mutabazi na bagenzi be 15 baregwaga kwifatanya na FDLR na RNC mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu, urukiko rwanzuye ko Lt Mutabazi ahabwa igihano kiruta ibindi cyo gufungwa burundu ndetse akanamburwa impeta za Gisirikari.
Abapolisi bo mu mujyi wa Grenoble mu gihugu cy’Ubufaransa, bamaze amasaha abiri banze gufasha umusore wabasabaga ubufasha bwihuse kuko yari yishwe n’inyota n’inzara, ahubwo bamubuza kubegera kuko bamukekagaho indwara ya Ebola.
Mu gihe abagore bamwe na bamwe basangiye umugabo bakunze kurebana ay’ingwe, mu kagari ka Muyira, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro hari abakecuru babiri bashatse umugabo umwe ariko babanye neza kandi barasabana.
Abakozi bubaka hoteli y’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa na rwiyemezamirimo wabakoreshaga ndetse bakaba batakihamubona kuko haje abandi, bakaba batazi uburyo bazabona amafaranga yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko buhangayikishijwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse kubica burundu ari urugamba rukomeye mu mirenge imwe n’imwe y’aka karere, ariko ngo bwizeye kuzarutsinda nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye yabaye ku wa kane tariki 2/10/2014.
Mu rugo rwa Twambaziyumva Antoine uyobora umudugudu wa Rwamanyoni mu kagari ka Kabugugu mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera witwa hafatiwe amasiteri y’ibiti bita Kabaruka cyangwa Imishikiri bitemewe gucuruzwa mu Rwanda.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baravuga ko hari indwara zimwe na zimwe zaterwaga n’umwanda, zirimo inda n’amavunja, zibagiranye nyuma y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye.
Bamwe mu batuye agace ka Ndiza mu karere ka Muhanga ngo bafataga igikorwa cyo kwisiramuza nko guta umuco ndetse abakuze bavugaga ko hakwiye kwisiramuza abakiri bato nyamara ubu iyo myumvire ngo imaze guhinduka.
Ubwo yatangizaga urugerero muri kaminuza n’amashuri makuru byo mu Rwanda ku itariki ya 1/10/2014, Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, yibukije abigiye ku nguzanyo ya Leta (buruse) bataratangira kuzishyura kwihutira kubikora kuko ari ngombwa.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero Nyiraneza Clotilde arasaba abagore n’abakobwa guhagarika icyo yita kwihohotera babyarana n’abagabo batashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Nyuma y’inkuru twabagejejeho y’umwana Agasaro Janvière wo mu karere ka Nyamasheke ufite uburwayi bwo kubyimba umutwe aho gukura bisanzwe, ubu yamaze kubagirwa mu bitaro bya Ruli byo mu karere ka Gakenke, umubyeyi we akaba afite icyizere ko azakira.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri MINALOC, Dr. Mukabaramba Alvera, yasabye ubuyobozi bw’akarere ka Musanze gukora ibishoboka byose kugira ngo abana b’abasigajwe inyuma n’amateka bagane ishuri kugirango bizagire uruhare mu gukemuka kw’ibibazo bafite.
Abaturage 600 bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga mu materasi bavuga ko yitwa Rev. Pasteur Ntakirutimana Florien wa company ECOCAS, bavuga ko batorohewe n’ubuzima nyuma yo kwamburwa bamukoreye amezi atandatu ntibishyurwe.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyine n’abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Burera batangije ku mugaragaro umushinga wo kubungabunga ikiyaga cya Burera bakikiza inkengero zacyo amaterasi ndinganire ndetse n’imirwanyasuri.
Abaturage barema isoko rya Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, barasaba ko ubwiherero bw’isoko ryabo bwajya bukorwa mo isuku ihagije byaba ngombwa bakishyuzwa uko babugiyemo ariko ntibabure aho bajya kwiherera nk’uko bibagendekera.
Nyuma y’igihe kirekire inyubako ya hoteli izajya yakira abashyitsi batandukanye bagenderera Akarere ka Gatsibo ituzura, mu gihe gito yaba igiye gutangira imirimo yayo bityo ikibazo cy’amacumbi ku bagenderera aka karere kikaba gikemutse, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo.
Anastase Musirikare wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuvandimwe we Domitien Sibomana bariho babara imbago z’umurima kugirango bagabane, akamwica amukubise inshuro ebyiri mu mutwe, yakatiwe gufungwa burundu.
Kuri iki cyumweru tariki 5.10.2014 hateganyijwe kuba igitaramo cyo gushyigikira umuryango wa Patrick Kanyamibwa witabye Imana azize impanuka ya moto mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka, bikaba biteganyijwe ko n’abahanzi bazaririmba muri iki gitaramo nabo bazishyura mu kwinjira.
U Rwanda rwishimiye ko ibitekerezo biva mu nama mpuzamahanga yiswe Smart Rwanda ibera i Kigali kuva tariki 02-03/10/2014, bizafasha abayitabiriye guhanga ishoramari rishya mu gukoresha ikoranabuhanga, bashingiye ku bimaze kugerwaho mu iterambere ry’ikoranabuhanga no korohereza ishoramari mu Rwanda.
Hari abaturage bari barikondeye igishanga cya Kamiranzovu gihuza umurenge wa Runda n’uwa Rugalika, maze bakagihinga uko bashaka ndetse bakanakodesha imirima n’ababishaka. Kuri uyu wa kane tariki 02/10/2014, ubuyobozi bwasaranganyije imirima abaturage bose bahahingaga, maze babasaba kujya bagihinga bakurikije gahunda za Leta.
Umuryango ufasha abafite ubumuga Handicap International, uje gukorera mu turere 4 tw’Intara y’Iburengerazuba (Nyabihu, Rubavu, Rutsiro na Karongi) mu rwego rwo guhashya indwara y’igicuri mu baturage b’utu turere.
Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no kuba bacibwa amafaranga yo kugura inzu ikorerwamo n’ihuriro ryabo kuko batabigishijweho inama ariko ubuyobozi bwabo bwo buvuga ko bwubahiriza imyanzuro yavuye mu nama rusange.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnson Busingye, arasaba abafatanyabikorwa ba Leta mu bwunzi kunoza igikorwa cyo kunga aho bakorera, bakanagira umuco wo gufasha bagenzi babo bakorera mu bindi bice bigoye gukorerwamo mu rwego rwo kwihutisha serivisi batanga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye gusenya inyubako bwakoreragamo hakubakwa indi nyubako igezweho izaba ari etaje ikazubakwa n’ubundi aho ishaje yari yubatse.
Minisitiri w’umutungo, Vicent Biruta, arasaba inzego z’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi gufatanya n’abaturage kuvugurura imiturire y’akajagari ikiboneka hirya no hino mu mujyi w’aka karere no munkengero zawo.
Umwe mu bagabo batatu batawe muri yombi bacyekwaho kwica umugore nyuma yo kumusambanya aremera ko bagize uruhare mu kwica uwo mugore bamunigishije igitenge n’umwenda we w’imbere bamushize mu kanywa kugirango atavuza induru.
Jeanette Uwineza w’imyaka 29 ari mu maboko ya Police akekwaho ubufatanyacyaha n’umusore witwa Augustin Garuka w’imyaka 30 ushinjwa gutema bikabije umugabo witwa Jean D’Amour Rucamumihayo usanzwe ari umugabo w’uwo Jeanette bapfa imyifatire mibi yo gucana inyuma.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira minisitiri wa Siporo n’umuco Joseph Habineza yasuye ingoro ndangamateka z’umwami Mutara wa 3 Rudahigwa ziri mu murenge wa Mimuli na Nyagatare mu karere ka Nyagatare yongera gushimangira ko amateka ashingiye ku muco adakwiye gucika.
Ubwo yatangizaga urugerero muri kaminuza n’amashuri makuru yo mu Rwanda kuwa gatatu tariki ya 1/10/2014, Nyakubahwa Minisitiri w’intebe (PM), Anastase Murekezi, yatanze impanuro zinyuranye harimo n’uko bikwiye ko amashuri yose, uhereye ku y’inshuke, yajya yigisha ibijyanye no kwihangira imirimo.
Abaturage b’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu bizihije umunsi wahariwe gukunda igihugu uba buri tariki ya 1 Ukwakira bagenera impano ingabo zari iza APR ubu akaba ari RDF kubera ubutwari zagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Amaduka atanu ari mu nzu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Rwamagana, ahazwi ku izina ryo “Kwa Murenzi”, yibasiwe n’inkongi y’umuriro, ahagana saa moya n’iminota 40 zo ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 1/10/2014; ibicuruzwa byinshi bitarabarurirwa agaciro birakongoka.
Abayoboke b’ishyaka ry’ubwisungane bugamije iterambere (Parti de la Solidarite et du Progres/ PSP), rimwe mu mashyaka 11 yemewe na Leta akorera mu Rwanda, bemeza ko mu Rwanda hari ubwisanzure na demokarasi.
Kuboha agaseke bimaze kugeza byinshi kuri Manirarora Megitirida birimo no kuba ngo yaruriye indege imujyana muri Congo Brazaville kugaragaza ibikorwa bye bijyanye n’ububoshyi bw’agaseke.
Umusore witwa Gratien Habimana yatawe muri yombi ubwo yari yihambiriyeho udupfunyika 700 tw’urumogi adukuye mu karere ka Kirehe atugemuye i Kigali aho asanzwe akorera ubwo bucuruzi.
Abayobozi batandukanye barimo abakozi b’imirenge bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abafite uburezi mu nshingano zabo hamwe n’abandi bakorera mu bigo nderabuzima, barasabwa kumenya abo abana bari munsi y’imyaka 19 bavuga ko babateye inda ubundi bagakurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano kugirango bashikirizwe ubutabera.
Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yemeza ko igihugu cye gishyigikiye ihagarikwa ry’imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa kongo, by’umwihariko umutwe wa FDLR.
Banki y’isi yahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni 9.3$ azakoreshwa mu kugaruza, gucunga mu buryo burambye amashyamba ya Gishwati na Mukura ari mu burengerazuba bw’igihugu, ndetse no kwita ku mibereho myiza y’abaturage bayaturiye.
Nyuma yo kugomera uruzi rwa Nyabarongo kugirango urugomero rubashe kubona amazi ahagije azifashishwa mu gutanga ingufu z’amashanyarazi, amazi aragenda agera mu mirima y’abaturage, akangiza imyaka.