Abatuye mu mudugudu wa Nkondo ya kabiri mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bemeza ko hari urwego rw’iterambere bamaze kugeraho, ariko ngo kuba mu mudugudu wabo hataragera amashanyarazi ngo biracyababereye imbogamizi ituma batagera ku rwego bifuza.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke babimburiye abandi gukoresha Biyogazi, bemeza ko nyuma yo kumenya akamaro kayo batumye barushaho kurengera ibidukikije kuko ntawugihangayikishwa no gushakisha inkwi zo guteka.
Umugabo w’imyaka 32 utuye mu kagali ka Teba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, arabarizwa mu maboko ya Polisi i Rutsiro azira kubuza mukuru we amahoro aho yakundaga gutera amabuye ku nzu ye aryamye
Mu isoko rya Gasarenda riherereye murenge wa Tare, mu karere ka Nyamagabe, hari ikibazo cy’abacuruza ibiribwa birimo amandazi, ibidiya n’amasambusa bidaphundikiye bigatuma hajyamo ivumbi cyangwa za mikobi zishobora guteza abaturage indwara zituruka ku mwanda.
Sosiyete ya KivuWatt yashinzwe imirimo yo kubyaza amashanyarazi gazi yo mu Kiyaga cya Kivu iravuga ko aya mashanyarazi atazaboneka mbere y’ukwezi kwa 3/2015, mu gihe byari byitezwe ko bitazarenga ukwezi gutaha kwa 11/2014 aya mashanyarazi amaze imyaka ategerejwe yabonetse.
Jua kali/Nguvu kazi ni imurikabikorwa ngarukamwaka ry’abanyabukorikori baturuka mu bihugu bitanu bigize Afurika y’uburasirazuba, aho bahura berekana ndetse banasangira ubunararibonye ku bihangano byabo by’ubukorikori.
Ikigega Nyarwanda gishinzwe gutera inkunga imishinga igamije gurengera ibidukikije (Green Fund), gifite intego yo gufasha u Rwanda kuba igihugu cybahiriza amahame y’ibidukikije gifasha abaturage gukora imishinga irengera ibidukikije iakanabafasha kwiteza imbere.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rutsiro yasuraga ikigo nderabuzima cya Karumbi giherereye mu murenge wa Murunda, kuwa gatatu tariki ya 08/10/2014, yagaye isuku nke yasanze mu biryamirwa abarwayi bifashisha asaba ubuyobozi bwacyo kwisubiraho.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 10/10/2014, umugabo uri mu kigero cy’imyaka 34 wari utuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yimanitse mu mugozi yamaze gushiramo umwuka.
Ikigo nyarwanda cy’urubyiruko cyitwa Creative for Africa n’akarere ka Gasabo, bafatanyije umushinga wo kujya bakoresha amarushanwa y’abahanzi bakiri bato mu mwuga, mu rwego rwo guteza imbere impano y’urubyiruko kugira ngo umwuga w’ubuhanzi ubashe gutunga nyirawo.
Ahagana mu ma saa cyenda n’igice z’umugoroba wo kuwa 09/10/2014, mu mirenge ya Nzahaha na Rwimbogo yo mu karere ka Rusizi haguye imvura nyinshi yiganjemo inkubi y’umuyaga n’urubura rwinshi maze yangiza inyubako n’imyaka by’abaturage.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangiriye kubaka hoteli ya mbere yo ku rwego rw’inyenyeri eshatu, abandi bashoramari bagatangira kubaka izindi hoteli eshatu abatuye aka karere baravuga ko izi hoteli zije zikenewe kuko Ngoma igenda itera imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu barwayi bo mu mutwe babarurwa muri ako karere higanjemo ababitewe no kunywa ibiyobyabwenge birimo kanyanga.
Nyuma y’uko abakora akazi ko kubaza no gusudira bimuriwe mu gakiriro gashya kubatswe mu karere ka Ngororero mu murenge wa Ngororero, abatuye umujyi wa Ngororero bishimiye ko umwanda n’urusaku byagabanutse, cyane cyane ku masaha ya kumanywa.
Umufasha w’umukuru w’igihugu, Madame Jeannette Kagame, arasaba Abanyarwanda gutekereza ku kintu gishobora guca burundu ubucuruzi bw’abana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikorerwa cyane cyane abakobwa aho usanga bashorwa mu buraya.
Itegeko no 49/2012 ryo kuwa 22/10/2013 rigena ibijyanye n’ubwishingizi bw’ubuvuzi, riha umurwayi uburenganzira bwo kwihitiramo umuganga umuvura no kwihitiramo serivisi imukorerwa. Nyamara ariko abaganga bo ku bitaro bya Kabutare batekereza ko hari igihe ubu burenganzira bwavamo n’ingorane.
Bamwe mu baturage batuye mu midugudu yegereye umugezi wa Yanze mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bafite ikibazo cyo kutagerwaho n’amazi n’amashanyarazi bikabaheza mu bwigunge, ku buryo hari n’imirimo imwe n’imwe batabasha gukora.
Kuri uyu wa kane tariki 09/10/2014, Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yemeye icyaha cyo kwica umugore we asabirwa igifungo cya burundu.
Kuba akarere ka Huye gakwiye ibindi bitaro, uretse ibya Kabutare na byo bikwiye kuvugururwa, byagaragajwe n’abagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa sena, ubwo bagendereraga ibi bitaro tariki 09/10/2014.
Abanyarwanda umunani bari bamaze ukwezi barafashwe bugwate n’ingabo za Kongo bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko bishwe n’inzara bigatuma ingabo za Kongo bibafungura aho bari bafungiye muri gereza yitwa T2 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero baranengwa kudafata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi aribo bifitiye akamaro, ariko nabo banenga ubuyobozi kubaturaho ibikorwa remezo bimwe na bimwe batabanje kubagisha inama ngo barebe ko bikenewe.
Bamwe mu bakora akazi k’ubunyonzi bakorera muri koperative “Koranumwete Gakenke” babangamiwe n’amafaranga ubuyobozi bw’iyo koperative bubaca kuko ngo barengeje umuvuduko nyamara nta byuma bipima umuvuduko bugira kandi ngo abanyamuryango bavuga ko batazi aho ayo mafaranga arengera.
Ibiro by’ubutaka by’akarere ka Muhanga (Muhanga one Stop Centre) bifite abakozi batatu gusa mu gihe ngo bakagombye kuba 12, ibi bigatuma umukozi umwe akora aha bane mu gihe mu mirenge naho aba bakozi batarahagera.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo witwa Habiyaremye François.
Dr. Mukabaramba Alvera, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), yemereye inkunga ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda koperative ebyiri z’abafite ubumuga bo mu karere ka Burera kugira ngo izabafashe guteza imbere ibikorwa byabo.
Nyuma yuko Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bajyanywe mu turere dutandukanye, aboherejwe mu murenge wa kigabiro mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe amazu atandatu.
Mu kagari ka Mahoko, umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 34 witwa Munyarukumbuzi Godfrey yishe nyina Nyirabakwiye Marie Gorette hamwe n’umwishwa we witwa Iradukunda abatemaguye.
Umunyamakuru, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo akomeje kubabazwa n’abantu banyuranye bakomeje kugenda bamutera urubwa kubera gutandukana n’uwari umukunzi we Producer David.
Abantu 10 bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barashakishwa bakurikiranweho guteza ubushyamirane hagati y’abaturage n’abashinzwe kurinda ikivu muri iki gihe gifunzwe.
Mu biganiro abahagarariye ibigo by’ubuvuzi mu karere ka Huye bagiranye n’abagize komisiyo y’imibereho y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa Sena, ku itariki ya 8/10/2014, hagaragajwe ko itegeko rigena ibijyanye n’ubwishingizi ku mwuga w’ubuganga ritarubahirizwa uko ryakabaye.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative ya COPRORIZ Ntende, baremeza ko uburyo bushya bwo guhinga kijyambere hakoreshejwe imashini zabugenewe bizatuma umusaruro wabo wiyongera ndetse n’ibikorwa byabo by’ubuhinzi bikihuta.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangaza ko bitandukanye na mbere y’umwaka wa 1994 aho Leta yahamagarira abanyabwenge gukora ikibi, ubu Leta ibahamagarira gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyabo bashyira imbere gukora icyiza aho gukora ikibi.
Umusore witwa Bimenyimana Jean Paul wo mu murenge wa Bwira, mu karere ka Ngororero avuga ko atunzwe no gusharija za terefoni ndetse n’amabatiri abika umuriro yifashishwa n’abantu biganjemo urubyiruko mu gucuranga amaradiyo.
Urukiko rukuru rwa gisirikare ruri i Kanombe rwavuze ko urukiko rw’ibanze rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rutibeshye ku kuba rwarakatiye igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abasirikare bakuru ari bo Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Sgt François Kabayiza.
Ikigo cy’Imari iciriritse cyitwa RIM ishami rya Rubavu cyibwe amafaranga 6971320 mu ijoro rishyira kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko abajura bagiteye bakaboha umuzamu usanzwe akirinda.
Mu rwunge rw’Amashuri rwa Rwanamiza (GS Rwanamiza) ruri mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barataka ikibazo cy’ibura ry’amazi bavuga ko ari kimwe mu bigangamiye gahunda yo kugaburira abana ku ishuri.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu karere ka Musanze buratangaza ko impanuka zagabanutse mu buryo bugaragara nyuma y’ingamba zafashwe mu guhangana nazo.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Sosiyete ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitwa Rwanda RUDNIKI, yahawe igihe cy’amezi atatu ngo ibe yarangije gutunganya ikirombe icukuramo amabuye y’agaciro bigaragara ko kidakoze neza.
Minisititi w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwegera abaturage babakemurira ibibazo kuko kudakemura ibibazo by’abaturage bidindiza iterambere bigatuma icyerekezo cy’iterambere u Rwanda rwihaye cya 2020 kitagerwaho neza.
Abanyamuryango b’impuzamakoperative y’abarobyi bakorera mu kiyaga cya kivu mu karere ka Rusizi bongeye gutora Ugirashebuja Remy wari usanzwe abayobora nyuma y’amezi 6 bavugwamo amakimbirane ashingiye ku kurwanira ubuyobozi.
Abahinzi bakorera mu kibaya cya Bugarama giherereye mu karere ka Rusizi by’umwihariko abo mu murenge wa Muganza, baravuga ko biteze impinduka igaragara mu musaruro wabo kuko urugomero rwa Katabuvuga rwasanwe nyuma y’imyaka ibiri rwarangiritse bikadindiza umusaruro wabo.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere, ubukungu n’imari baherekejwe n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kuri uyu wa 8 Ukwakira 2014 basuye ingomero za Rukara I na Rukarara ya II bashima uruhare zirimo kugira mu kongera ingufu mu gihugu.
Abashoferi bakoresha umuhanda Kigali-Nemba baravuga ko babangamiwe no kuba uyu muhanda nta byapa by’aho bashyiriramo no gukuriramo abagenzi biwurimo, ku buryo usanga bibateranya n’abagenzi mu gihe babarengeje kandi ngo abapolisi bakabanira guhagarara nabi mu buryo budasobanutse.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo batumiza ibicuruzwa hanze y’igihugu baravugwaho kugira imyitwarire itari myiza, aho bakora amakosa ku bushake bagamije gutubya umusoro cyangwa amahoro ya gasutamo bagomba gutanga hagendewe ku ngano y’ibicuruzwa batumije.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bagana ikigo nderabuzima cya Shyorongi, baratangaza ko iki kigo nderabuzima kibafatiye runini mu bijyanye no kwivuza n’ubundi bujyanama ku bijyanye n’ubuzima.
Perezida Paul Kagame uri muri Uganda aho yitabiriye inama ya 7 ku muhora wa ruguru, kuri uyu wa 8 ukwakira 2014 yifatanyije na Perezida Museveni wa Uganda hamwe na Salva Kiir wa Sudani y’Epfo batangiza igice cya mbere cy’umuhanda wa gari ya moshi biteganyijwe ko uzagera mu Rwanda.
Abahanzi bagize itsinda rya CNIRBS ryo mu Budage bazataramira muri Kigali Serena Hotel ku cyumweru tariki 12/10/2014, aho kwinjira bizaba ari ubuntu ku bantu bose.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyafatiriye imitungo y’umushoramari witwa Aboyezantije Louis, ngo ufitiye Leta ibirarane by’imisoro ingana n’amafanga miliyoni 222, akaba ari we nyir’isoko rya Kabeza, mu murenge wa Kanombe, mu mujyi wa Kigali.