Uwimana (amazina yahinduwe kubera umutekano we) utuye mu murenge wa Bugeshi yashimiwe n’akarere igikorwa cy’ubutwari bwo gutanga amakuru ku muntu wari ufite intwaro yo guhungabanya umutekano mu murenge wa Bugeshi.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 22 Nzeli 2014 abaturage b’umurenge wa Katabagemu bagaragaje ko bishimira iterambere bagenda bageraho kubera imiyoborere myiza.
Ubuyobozi bw’Ingoro z’Umurage z’u Rwanda burasaba inzego bireba kubafasha kubona uburyo bwo gusana izo nzu kuko zimwe muri zo zimaze gusaza kandi zibitse ibimenyetso by’amateka kamere ndetse n’iby’ umuco w’igihugu bikwiye kubungabungwa.
Mu mugi wa Burien, i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashyizweho itegeko ko nta wemerewe kunukira abandi.
Nyuma y’uko abahinzi mu gace k’Amayaga batewe ibihombo bikomeye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo, barasaba gukorerwa ubuvugizi kugirango banki yabagurije amafaranga itazateza cyamunara ibyo batanzeho ingwate ubwo bakaga inguzanyo yo kwagura imishinga y’ubuhinzi bw’imyumbati.
Uwimpuhwe Ariane Jeannette ni umukobwa akora akazi ko kotsa ibiribwa bitandukanye kazwi nko gucoma ubusanzwe gakunze gukorwa n’abagabo. Asanga akazi kose abakobwa bagakora kuko bafite ingufu n’ubushobozi, bityo akangurira abakobwa bagenzi kwitabira akazi nkako.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Huye yateranye ku cyumweru tariki ya 21/9/2014, bashishikarijwe gukora ubukangurambaga bukwiye kugira ngo imihigo akarere kahize igende neza, ndetse banashishikarizwa kutarebera igihe bumvise abatanga amakuru atari yo.
Umusaza witwa Muzima Celestin w’imyaka 60 y’amavuko yishe umuhungu we witwa Ndikumana Joseph w’imyaka 22 y’amavuko amutemaguye n’umuhoro kugeza apfuye.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 18, Niyitegeka Emmanuel, wakoraga akazi ko mu rugo rwa Gerard Bandeke utuye mu mudugudu wa Munyinya akagari ka Gihundwe mu murenge wa kamembe akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi afatanywe amafaranga ashinjwa kwiba sebuja.
Ubwo mu karere ka Nyanza hatangizwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza, umuyobozi w’Intara y’Amajypepfo Munyantwali Alphonse yavuze ko umuyobozi urya ruswa nta na rimwe ashobora kubaho neza kurusha umuyobozi utayirya.
Bamwe mu bari bafite ibibazo by’akarengane batuye mu karere ka Ngoma barashima ko bakemuriwe ibibazo by’akarengane bari bafite ubwo kuri uyu wa mbere tariki 22/09/2014 hatangizwaga icyumweru cyateguwe n’urwego rw’umuvunyi muri ako karere.
Abantu 25 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 22 Nzeri 2014, bavuga ko hari byinshi byatumye bafata icyemezo cyo gutaha birimo abagore bafatwa ku ngufu, kutagira uburenganzira busesuye ku byabo, umutekano muke n’ibindi.
Nubwo ikipe ya Manchester United ifatwa na benshi nk’ikipe ikomeye, yubahwa kandi ifite amateka ku mugabane w’Uburayi, kuri ubu ibihe irimo uhereye mu mwaka ushize bikomeje gushobera benshi mu bafana bayo.
Intumwa z’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa FPR Inkotanyi zahuguye inzego z’ubuyobozi bw’uwo muryango mu Ntara y’Uburengerazuba ndetse n’iz’uturere twa Karongi na Rutsiro mu rwego rwo kubungura ubumenyi no kubafasha guhwiturana no guhwitura inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta kugira ngo Umuryango wa FPR Inkotanyi uzashobore (…)
Mu murenge wa Nduba wo mu karere ka Gasabo hatashywe ikiraro cyambukiranya umugezi wa Nyabarongo wari uzwiho kutaba mwiza mu gihe cy’imvura, kuko mu gihe cy’imyaka ibiri gusa wari umaze guhita abantu bagera kuri 25 barohemyemo bagerageza kwambuka.
Nubwo avuga ko atarakira agakiza ku buryo bufatika, umuraperi Major X ubarizwa mu itsinda rya Flat Papers ngo agiye kwagurira ubuhanzi bwe mu ndirimbo zihimbaza Imana.
Imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi yangije bikomeye imyaka mu murima, inyubako n’indi mitungo by’abatuye uwo murenge, harimo by’umwihariko urutoki rubarirwa agaciro ka miliyoni 354 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umugabo w’imyaka 48 witwa Niyonsaba Come wo mu murenge wa Nkungu, mu kagari ka Mataba ho mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu nyuma yo kumutera urushinge amuvura muburyo bwa magendu.
Maniraguha Francoise yinjiye mu gisirikare cy’umutwe wa FDLR-FOCA afite imyaka 13 agamije gusahura ibyo kurya n’ibindi kugira ngo umuryango we ubashe kubaho kuko ngo ubuzima bwari bubi cyane mu ishyamba aho uwaba adafite umusirikare byamugoraga kubona ibimutunga.
Abatuye akarere ka Ngoma ntibabona kimwe umuco wo gukwa abantu badahari bisigaye bigenda bigaragara hirya no hino bitewe nuko hari ubwo abo bageni baba baba hanze maze igihe cyo gukwa mu misango bakazana amafoto yabo bikaba birarangiye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera itangaza ko mu kwezi kwa Kanama abantu batandatu bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere biyahuye biturutse ku kunywa ibiyobyabwenge.
Umuryango mpuzamahanga Delgua watangije igikorwa cyo gutanga ibikoresho bisukura amazi neza n’amashyiga ya kijyambere agabanya imyotsi n’ibicanwa mu rwego rwo gufasha abaturage batishoboye bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe mu rwego kubafasha gusukura amazi bagakoresha amazi meza ndetse no guteka vuba kandi (…)
Umukozi wari ushinzwe imisoro mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaburiwe irengero, amakuru amaze kugaragaraga mu bitabo byo kwakiriramo imisoro akaba ari uko yacikanye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni imwe.
Umutoza wa Arsenal, Arsène Charles Ernest Wenger, yavuze ko mu gihe amaranye n’iyi kipe, yicuza kuba atarasinyishije umukinnyi Christiano Ronaldo wo muri Portugal kuko ngo yari amufite neza mu biganiro bagiranaga, ariko akaza gutinda maze akigira ahandi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafashe ingamba nshya zo gucyemura bimwe mu bibazo byakomeje gutuma aka karere gahora mu myanya y’inyuma mu mihigo, nyuma y’uko bwisuzumye bugasanga bimwe mu bibazo biterwa no kutegera abaturage n’imikoranire itari myiza hagati y’abayobozi.
Abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagira uburangare mu gukemura ibibazo by’abaturage bagiye kujya bakurikiranwa nibiba ngombwa bafatirwe ibihano byo guhagarikwa, kuko byagiye bigaragara ko ibibazo byinsh bikemuka ari uko umukuru w’igihugu ahageze.
Urugaga nyarwanda rw’abahanga mu by’imiti (abafarumasiye) rwitwa National Pharmacy Council (NPC) hamwe na Ministeri y’ubuzima, baraburira abatari muri urwo rugaga n’abandi bose bakora mu by’imiti, nk’abayitanga batabyemerewe (bitwa rumashana), ko bashobora kubihanirwa mu gihe baba bagaragaye.
Abagore bari mu muryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, baratangaza ko bishimira iterambere bagezeho binyuze muri gahunda zirangajwe imbere na FPR, dore ko ngo bari barahejejwe inyuma ariko kuri ubu bigishijwe kwibumbira hamwe no kwihangira imirimo.
Mu karere ka Rwamagana hatangijwe imurikagurisha rya 6 ry’intara y’Iburasirazuba ku gicamunsi cyo kuwa 21/09/2014, rihuje abamurikabikorwa 131 baturutse mu bihugu bitanu by’Afurika ndetse no ku mugabane wa Aziya.
Umukozi ushinzwe ahabikwa inyandiko n’amadosiye muri gereza ya Nyanza yafatishije imfungwa ebyiri zashakaga kumuha ruswa ngo azifashe kugera kuri dosiye y’umwe muri bo, bahindure ibisanzwe biyanditswemo, nyir’iyo dosiye afungurwe atarangije igihano.
Abayobozi muri Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) n’ab’ikigo gishinzwe gutanga amazi (WASAC), biriwe bagenzura imikorere y’ingomero zivamo amazi, amatunganyirizo, imiyoboro n’ibigega byayo kuri uyu wa 17/9/2014, bakaba bemeje ko nta bushobozi inganda z’amazi zifite bwo gutanga ahagije umujyi wa Kigali wose.
Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 80 utuye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yatangajwe ko yitabye Imana kuwa mbere tariki 15/09/2014 ariko abantu batunguwe ubwo kuri uyu wa kabiri bajyaga kumushyingura bagasanga umutima we utera.
Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene wahoze uyobora umutwe wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko mu Rwanda yamaze kwegura ku mirimo ye ku gicamunsi cyo kuwa 17/09/2014, umwanya yari yaratorewe kuwa 10/10/2011.
U Rwanda ruri mu bihugu bicye ku isi byatoranyije kuzatanga ibitekerezo bizagenderwaho mu nama mpuzamahanga itegurwa n’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban ki Moon ku butabazi n’ibikorwa bya kimuntu izaba mu mwaka wa 2016.
Umunyonzi utaramenyekana amazina ye yaguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu mudugudu wa Gahembe mu kagari ka Maranyundo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Uwari perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu mutwe wa Sena mu Rwanda, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, amaze kwegura ku mirimo ye yo kuyobora sena ariko asaba gukomeza kuba umusenateri.
Abunzi bo mu Rwanda, Abashingantahe b’i Burundi ndetse n’Abayobozi gakondo (chefs coutumiers) bo muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, guhera tariki ya 16-18/09/2014 bari mu nama nyunguranabitekerezo ku kuntu barushaho kunononsora umurimo wabo wo kunga.
Urubanza rwa Mugabe Kwizera Victory ukomoka mu karere ka Gatsibo akaba akurikiranweho ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira inzego z’iperereza kandi adakoramo rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16/09/2014 mu rukiko rw’ibanze rwa Gicumbi abatangabuhamya bashinja umuyobozi mu murenge gukorana nawe.
Icyamamare muri muzika Emmanuel Bezhiwa Idakula bita BEZ ukomoka muri Nijeriya arahamya ko iterambere u Rwanda rugezeho riri ku rwego rwiza mu nzego zose, agasaba abahanzi n’abakora umuziki mu Rwanda kudasigara inyuma kandi bakihatira gukora umuziki w’umwimerere niba bashaka gutera imbere.
Mukanyangezi Claudine na Uwimana Rachel basanzwe ari abakeba bakaba batuye mu mudugudu wa Gihisi A mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bakozanyijeho mu mirwano yabereye hafi y’ingo zabo nyirabukwe wabo abatabaye kugira ngo abakize umwe muri bo aramwadukira amukubita igiti mu rubavu yitaba Imana (…)
Urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2014 rwaburanishirijwe mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama aho atuye asabirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Nyuma y’uko gahunda ya Ndi Umunyarwanda itangijwe muri gereza ya Nyamagabe, umwe mu bagororwa bakozwe ku mutima n’iyi gahunda, abifashijwemo n’abari abaturanyi be, yerekanye aho yajugunye umwana w’imyaka 15 cyane cyane ko hagiye hubakwa amazu mashya nyuma y’imyaka 17 afunzwe.
Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu, Gen. James Kabarebe, agaragaza ko Akarere k’Ibiyaga Bigari kadashobora kugira amahoro n’umutekano igihe cyose umutwe wa FDLR uteza umutekano muke ku Rwanda n’akarere muri rusange udahagurukiwe ngo urwanwe.
Ministiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yatangaje ko agiye kunoza servisi muri Ministiri ayobora ya MINISPOC n’ibigo biyishamikiyeho, mu rwego rwo gushimisha ababagana no kongera umusaruro uva mu byo ibyo bigo byinjiriza Leta.
Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umugabo witwa Ngamijimna ukomoka mu karere ka Burera mu murenge wa Gatebe mu kagari ka Musenda umudugudu wa Sabukima biracyekwa ko yitabye Imana ubwo yogaga mu mu kiyaga cya Rugezi tariki 16/09/2014 mu ma saha ya saa yine.
U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurinda akayungirizo karinda izuba, uyu munsi wizihizwa buri mwaka tariki 16 nzeri abantu bagakangurirwa kwirinda ibikorwa bihumanya ikirere.
Ibihugu bitanu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byatangiye kwiga uko hatorwa itegeko rimwe rizagenga amakoperative mu rwego ryo kunoza imikorere n’ubuhahirane hagati y’amakoperative yo mu bihugu by’u Rwanda, Burundi, Uganda, Tanzaniya na Kenya.
Umusaza witwa Rugeriki Malachie yimanitse mu mugozi ku cyumweru tariki 14/09/2014 ahita yitaba Imana akaba ngo yariyahuye kubera amakimbirane yari afitanye n’umugore we witwa Tugimari.