Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke barasaba Leta ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa mu mashuri yose yo mu gihugu kugira ngo intego yayo yo kugira uburezi budaheza igerweho.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/10/2014, mu mudugugu wa Karorero mu kagari ka Buheta mu murenge wa Gakenke mu isambu wa kampani (Company) irimo kubaka ibagiro, hatoraguwe umurambo w’uruhinja ruri mu kigero cy’ukwezi kumwe, kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru uwarutaye akaba yari ataramenyekana.
Abasore babiri bafungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe bariyemerera ko bishe ise witwa Ezechiel Ntakumuhana mu ijoro rishyira kuwa kane tariki 16/10/2014, bamushinja kubateza amadayimoni.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo aratangaza ko leta y’u Rwanda igiye gukora iperereza ku mpamvu BBC yahitishije filime irusebya ikanapfobya Jenoside, nyuma y’uko leta ikomeje kwakira ibirego by’Abanyarwanda basaba ko BBC yasaba imbabazi.
Umunya Otirishiya yaguze inzu i Détroit ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ariko nyuma yo kubona ko isaba imirimo myinshi yo kuvugururwa mbere yo guturwamo yayishyize ku isoko, ngo uzamuha iphone akazayimuha.
Ubwo batangizaga inama ku ishoramari mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa Kenya Uhuru Kenyatta basabye abikorera n’abaturage muri rusange, kuba bakoresha amahirwe amaze kugerwaho mu gushora imari muri ibi bihugu.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo yishyuriye abanyeshuri 100 amafaranga y’amafunguro y’umwaka wose wa 2015, itanga n’ibikoresho birimo amakaramu, imipira yo gukina n’udukapu two gutwarwamo amakayi.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bavuga ko bafite ikibazo cya bamwe mu bantu bacuruza inka bakunze kwitwa abatuunzi banyuza inka zabo mu myaka yabo izindi bakazinyuza mu mu bwatsi bagenera amatungo yabo mu gihe cya nijoro.
Hagiye kujyaho urwego rw’Inkeragutabara rwa Polisi y’igihugu rugizwe n’abapolisi bashoje akazi kabo ariko baritwaye neza, bakazajya bifashishwa na Polisi mu gihe habaye akazi kenshi cyangwa bakoherezwa mu butumwa hanze y’u Rwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arasaba abatuye ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gufungura imipaka y’ibihugu n’iy’ibitekerezo bakacyira abafite ubushobozi bose kandi bakemera gufatanya nabo kuko bahuza imikorere bakanabasha gucyemura imbogamizi zibabuza gutera imbere.
Hashize igihe kinini imodoka z’amakamyo ziparika rwagati mu mujyi w’akarere ka Rusizi. Izi modoka ahanini zabaga zizanye ibicuruzwa zibivana mu bice bitandukanye ariko nyuma yo kubipakurura zikahaguma mu gihe zitegereje ibindi.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Mwumba (GS Mwumba) ruri mu kagari ka Kiryamo mu murenge wa Muzo mu karere ka Gakenke inkuba yaraye ikubise abanyeshuri bagera kuri barindwi, bahita bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Rutake hamwe n’abandi bari bahungabanye bose baba 11.
Umuyaga udasanzwe wasambuye amazu 26, ibyumba by’amashuri 3, insengero 2, unangiza hegitari 13 z’urutoki mu mirenge ya Mwogo na Juru mu karere ka Bugesera.
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yinjiza amafaranga miliyoni buri kwezi ayakuye mu buhinzi bwa kijyambere bw’urutoki akubahiriza inama ahabwa n’impuguke mu buhinzi.
Kazungu Robert ni umwana wakoze radiyo mu mwaka wa 2002 ikumvikana mu gice kinini cy’Uburengerazuba bw’u Rwanda akomeje gutera imbere mu bushakashatsi mu ikoranabuhanga aho amaze kuvumbura udushya twinshi dutandukanye mu ikoranabuhanga.
Abarwanyi ba FDLR basanzwe baba mu nkambi ziterwa inkunga n’imiryango nka OXFAM na Solidalités international ikorera mu gace ka Masisi, bavuga ko abakozi b’iyi miryango bagira uruhare mu kubuza Abanyarwanda bari mu nkambi gutaha kubera ibikorwa bakorana nabo.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro 30 bakorana na Walfram Mining Processing Company (WMP) icukura amabuye y’agaciro mu birombe by’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bagwiriwe n’ikirombe, babiri muri bo bahita bitaba Imana.
Mu mudugudu wa Nyamwiza, akagari ka Munini, umurenge wa Rwimbogo ho mu karere ka Gatsibo, inkuba yakubise abantu batanu, batatu muri bo barahungabana bikomeye abandi bagwa igihumura, bose bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
Uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Dukuze Christian, tariki ya 15/10/2014 yasezeye ku mirimo ye nyuma y’uko hari hashize ukwezi abaturage bavuga ko atabegera ngo akemure ibibazo byabo.
Ku isaha ya saa kumi z’igicamunsi cyo kuwa 15/10/2014 nibwo imodoka yo mu bwoko bwa Benz yari yaciye ikiraro cya Rwabusoro ikagwa mu ruzi rw’Akanyaru yarohowe mu mazi.
Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu mwaka wa gatandatu mu rwunge rw’amashuri rwa Gatagara, i Huye, bakurikiranyweho icyaha cyo gutera mugenzi wabo bigana ubwoba bamwandikira ubutumwa bugufi kuri telefone bamubwira ko bazamwica, kandi ko batazatuma akora ibizamini bya Leta.
Abaturage bo mu mudugudu wa Muyebe mu kagari ka Ruhango umurenge wa Rongi mu karere ka Muhanga, baruhutse kujya kuvoma amazi bakoze urugendo rwa kilometero 3, kubera ko bafashijwe gufata no gutunganya amazi yo ku bisenge by’inzu zabo.
Munsi y’ikiraro kiri ku muhanda munini Kigali- Rubavu mu mudugudu wa Kabaya, akagari ka Gahinga mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke, hatoraguwe umurambo w’umugabo w’imyaka 42 witwa Claude Dusabimana wari uzwi ku izina rya Kadende bigaragara ko yishwe atewe icyuma mu mutwe.
Mukantwari Véstine uri mu kigero cy’imyaka 34 y’amavuko, yaraye yiyahuye muri iri joro ryakeye akoresheje umuti wica imbeba uzwi ku izina rya sumu ya panya ntiyahita ashiramo umwuka agwa kwa muganga.
Kuri uyu wa 15 Ukwakira 2014, mu gihugu cya Nigeriya mu murwa wacyo Lagos, bakoze umunsi wo kugendesha ibinyabiziga batavuza amahoni mu rwego rwo gukangurira abatwara ibinyabiziga kugabanya amajwi yabyo yangiza ibidukikije n’ubuzima bw’abantu.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwubatsi, Horizon Construction Ltd, iratangaza ko iterwa ishema n’uko uruhare rwayo mu bikorwa remezo byubakwa mu gihugu rukomeje kwiyongera, bitandukanye no mu myaka ishize aho wasangaga amasoko yihariwe n’abanyamahanga.
Polisi y’igihugu icumbikiye abagabo 11 barimo abafatiwe mu cyuho bashaka gutanga ruswa ku bapolisi bashinzwe umutekano wo ku muhanda, abandi bakaba barafashwe ngo bahererekanya impushya mpimbano zo gutwara ibinyabiziga.
Iyo uvuye ku muhanda wa kaburimbo ahitwa I Kirengeli ugafata umuhanda w’igitaka ujya ahitwa I Mutara mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, hari ahantu mu kagari ka Kigarama bise kwa “Dawe uri mu ijuru”.
Rayon Sport yandikiye Police FC iyisaba gukemura ikibazo cy’umukinnyi Sina Jerome akaza muri Rayon ku buryo bwemewe n’amategeko cyangwa igasubiza Rayon Sport amafaranga yose yatanze kuri Sina Gerome iyaha Police FC.
Mu ijoro rishyira kuwa 13/10/2014 umugabo witwa Bertin Sinayobye w’imyaka 35 wo mu kagari ka Bwiyorere, umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yiyahuye yimanitse mu giti, nyuma yo gukubita umugore we ifuni mu mutwe amushinja ko amuca inyuma.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro kuva ku mudugudu kugeza ku rwego rw’umurenge bagiranye ibiganiro hagamijwe kwibukiranya amahame remezo y’umuryango ndetse biyemeza guharanira kuwubaka kurushaho.
Abaturage b’umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare bavuga ko barembejwe n’abajura cyane ab’amatungo. Ibi ngo bituma hari n’abagore barara hanze barinze amatungo yabo.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface arasaba urubyiruko kugendera kure ibikorwa byo kwigurisha kuko ari bwo buryo bwiza bwatuma rugira ubuzima bwiza rukazagirira akamaro u Rwanda n’Abanyarwanda.
Mu gihe kitageze ku cyumweru, Umunyarwanda wa cyenda mu bafungiye muri gereza yitwa T2 iri mu mujyi wa Goma yabashije kugaruka mu Rwanda taliki ya 13/10/2014 nyuma yo kumara amezi abiri yaraburiwe irengero.
Umusaza witwa Sezibera Mathias wari utuye mu mudugudu wa Kiza, akagari ka Mukongoro mu murenge wa Muganza wo mu karere ka Nyaruguru yapfuye yiyahuye mu kiziriko cy’ihene.
Umukobwa w’imyaka 22, uvuka mu mudugudu wa Nkanda akagari ka Raranzige mu murenge wa Rusenge ho mu karere ka Nyaruguru afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munini, acyekwaho gucuruza no gushora abana b’abakobwa b’imyaka 14 mu buraya n’ibikorwa by’urukozasoni.
Mfashwanayo Elisitariko w’imyaka itatu y’amavuko wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Rubona, umurenge wa Bweramana wo mu karere ka Ruhango, yitabye Imana mu gitondo cya tariki ya 14/10/2014 azize amazi y’ikidendezi.
Binyujijwe kuri Rotary Club ya Butare, Ibitaro bya Kaminuza by’i Helsinki mu gihugu cya Finland, hamwe na Rotary Club y’i Helsinki City West, bageneye ibikoresho ibitaro bikuru bya Kaminuza by’i Butare (CHUB).
Abaturage bo mu murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bakumirwa mu kurema isoko (abacuruzi n’abaguzi) bazira ko bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Umusore witwa Sibomana Thierry afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa afite intama yibye mu baturage.
Umukwabo wo kurwanya ibiyobyabwenge wabereye mu mirenge ya Mayange na Nyamata tariki 14/10/2014 wafashe ibiyobyabwenge byinshi ndetse hanavumburwa inganda zitandutanye zenga inzoga itemewe ya Kanyanga.
Kuva kuwa 03 kugera kuwa 13/10/2014, mu mujyi wa Muhanga habereye imurikagurisha ryahuje abaguzi n’abacuruzi hamwe n’abatanga serivisi zitandukanye, imurikagurisha ryahawe insanganyamatsiko igira iti “ubusabane bw’abacuruzi n’abaguzi, ibanga ry’iterambere”.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Actros y’amapine 10 yari ipakiye umucanga iguye mu kiraro cya Rwabusoro gihuza akarere ka Bugesera n’aka Nyanza, impanuka ibaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 14/10/2014 ahagana mu ma saa kumi n’imwe.
Ubwo yari mu nteko ishinga amategeko kuri uyu wa 14/10/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanangirije abarwanya ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 20 ishize, ko ibyo bavuga ngo bitera imbaraga aho guca intege Leta ayobora.
Ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasuraga umurenge wa Cyato tariki ya 24/09/2014, umugabo witwa Hafashimana Corneille wo mu mudugudu wa Rutiritiri mu kagari ka Mutongo mu murenge wa Cyato yarezwe kwigomeka n’abaturage bafatanyije n’ubuyobozi, kuva icyo gihe ahita acika aburirwa irengero kugeza magingo aya.
Umuyobozi mukuru w’Inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Israel, Ronen Plot hamwe n’abo bari kumwe bari mu Rwanda kuva ku cyumweru tariki 12/10/2014, kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 basuye ingoro ndangamurage z’u Rwanda ziherereye mu Ntara y’Amajyepfo mu rwego rwo kwagura umubano ushingiye ku muco w’ibihugu byombi.
Indaya zituruka ku migabane y’uburayi na Aziya zakomeje kujya ziyongera cyane muri Afurika, cyane cyane abashinwakazi, bigatuma isoko ry’indaya za Afurika rigabanuka.
Abaturage bo mu Kagari ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, bemeza ko hari amazina ahabwa bimwe mu biyobyabwenge kugira ngo ababicuruza n’ababinywa babashe kujijisha ubuyobozi mu gihe bwakoze umukwabo.
Nyuma y’uko hatangijwe koperative umwarimu SACCO, ihuriwemo n’abarimu ngo ibafashe kwiteza imbere babitsamo kandi inabaha inguzanyo, bamwe mu barimu bayigannye bagafata inguzanyo bavuga ko biteje imbere.