Korora inkwavu ni umushinga utavuna kandi udasaba igishoro kinini

Kamaliza Florance, umworozi w’inkwavu wo mu Karere ka Kamonyi aravuga ko ubworozi bw’inkwavu butavuna kandi umuntu abukoze neza bwabashaka kumuteza imbere.

Uyu mugore umaze amezi atandatu yorora inkwavu avuga ko yatangiye umushinga afite inkwavu esheshatu ariko kuri ubu yoroye izisaga 60 kandi ngo hari n’izo yagurishije. Ubu bworozi ngo ntibusaba umwanya munini wo kubukoreramo cyangwa igishoro gihambaye.

Mu mpera z’ukwezi kwa gatanu, ni ho uyu Kamaliza yatangiye korora inkwavu, ahera ku mashashi 6 n’igisekurume kimwe yaguze amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10. Nyuma y’amezi atatu, ayo mashashi yarabyaye zihita zigera ku nkwavu 46.

Inkwavu ngo zororoka vuba kandi ntizisaba igishoro gihambaye.
Inkwavu ngo zororoka vuba kandi ntizisaba igishoro gihambaye.

Bitewe n’uko aho atuye ari hato, yahisemo gukora umushinga w’ubworozi bw’inkwavu kuko abantu babimugiragamo inama bagendeye ko ari umubyeyi uba wenyine udafite ikindi akora kandi hari ibyo akenera bisaba amafaranga. Ngo kuri ubu ahorana inkwavu nkuru agurisha amafaranga y’u Rwanda 2500 kuri rumwe.

Kamaliza avuga ko inkwavu ari amatungo atagorana kuko ubwatsi arya buboneka mu buryo bworoheje.

Aragira ati “ubwatsi inkwavu zirya ni kimari, inyabarasanya, rurira, n’ibindi. Ngo icyo umworozi agomba kwitaho ni ukugira isuku y’ahororerwa inkwavu no kwirinda ko zihura n’ubukonje”.

kamaliza ahorana inkwavu nkuru zo kugurisha.
kamaliza ahorana inkwavu nkuru zo kugurisha.

Muganga w’amatungo, Ntazinda Jean Nepomscene, na we ahamya ko korora inkwavu ari umushinga utagorana. Ngo umworozi agomba kuzigaburira ubwatsi budafite urume, bakazororera mu nzu iri mu kirere ndetse bakazirikana gusukura inzu yazo ngo hatazamo udushishi tukazirya.

Umworozi ategura aho urukwavu ruzajya rurira hitaruye icyarire. Ubundi akita ku kuzigaburira no kuziha amazi kugira ngo zororoke vuba. Ngo urukwavu rucutse rurya byibura amagarama 50 y’ibyatsi ku munsi, urugeze igihe cyo kwima rukarya amagarama 100, naho urwonsa rukarya amagarama 300 cyangwa 400, bitewe n’umubare w’utwana rwabyaye.

Umworozi witaye ku nkwavu ze uko bikwiye zamwungura vuba kuko zororoka cyane. Urukwavu rumwe rushobora kubyara inshuro eshatu mu mwaka kandi zibyara utwana hagati ya dutandatu n’icumi.

Marie Josée Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 48 )

nuko mwajya mudusubiriza ibibazo byose biba byabajijwe kuko nibyo bifasha nabandi baba batari update muri iki gihe.then kuburyo nka nyuma yigihe kirerekire bazaza bakabisoma bikabafasha.murakoze

Umwali hirwa m soalnge yanditse ku itariki ya: 21-03-2024  →  Musubize

None nigute warwanya ibyonnyi nkimbeba ko mbona zikunda kurya abana bakivuka nimero yanjye 0782850064 muduhe niyuwo mubyeyi

Munyaneza cleophas yanditse ku itariki ya: 30-10-2023  →  Musubize

Mutibwore ibibazo bibdi inkwavu zishobora guhura nazo
Nigute umuntu yabona icyiroro

Girubuntu yanditse ku itariki ya: 19-11-2023  →  Musubize

NITWA JIRIBERI murugo ni musanze NANJE NOROYE INKWAVU zisaga 400 nakoze amahugurwa yokorora inkwavu nanje nabunganira abatabizi mumpamagare mbafashe kuriyi nimero. 0787532990

mbonigaba yanditse ku itariki ya: 30-08-2023  →  Musubize

Yego pee nawe wagerageza kumafaranga 1500 yonyine. Hari nuburyo wacukura umwobo ugasigaho akugi kokunyuzamo ubwasti urukwavu ryo rwi shakira inzara kuko rugenda rucukura mumpande

Samuel yanditse ku itariki ya: 16-08-2023  →  Musubize

None se ubwo ntirwacukura rukaba rwahinguka hanze rugatoroka CG ibisimba bikarurya?0725011407

Bernard yanditse ku itariki ya: 27-12-2023  →  Musubize

Yego ni byiza pee

Samuel yanditse ku itariki ya: 16-08-2023  →  Musubize

Murakoze munama mutugiriye. Ark njyewe mfite ikibazo. 1. Ese uzororeye mucyumba ark utubatse hejuru ark ikirinda ko hakonja zabaho?

Gali yanditse ku itariki ya: 5-11-2022  →  Musubize

murakoz kutugra inama nanjy nzanjy nzih amaz

tuyizere shaffy yanditse ku itariki ya: 7-02-2021  →  Musubize

Nonese ibiryo bya kizungu byi nkwavu nibiki bavanga vanga mutubwire

nshimiyimana peter yanditse ku itariki ya: 22-10-2020  →  Musubize

ikibazo turabaza ntago mudusubiza ibyo byose byabajijwe mubishubije natwe twakora neza.

judith yanditse ku itariki ya: 29-07-2020  →  Musubize

Nibyiza kworora ariko banza ufate ibyigisho kubagutanze njye ndumworozi winkwavu muburyo bwakiryambere 0788882524

Bisengimana deo yanditse ku itariki ya: 12-01-2020  →  Musubize

Nibyiza kworora ariko banza ufate ibyigisho kubagutanze njye ndumworozi winkwavu muburyo bwakiryambere 0788882524

Bisengimana deo yanditse ku itariki ya: 12-01-2020  →  Musubize

turashimiye uyu mubyeyi kubwo ubumenyi atwunguye nanjye ngiye kuwugerageza ndebe kuko sinarindiko inkwavu zinwa amazi.murakoze

MANIRAKIZA JEAN [email protected] yanditse ku itariki ya: 22-11-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka