Umugabo witwa Iyamuremye Daniel utuye mu mudugudu wa Rushubi mu kagari ka Ngeri, umurenge wa Munini ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera icyuma umukobwa we Florence Yankurije w’imyaka 18 akamukomeretsa ku itama.
Umunyapakistani wita Waseem Sheikh atangaza ko ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba abihoramo ariko by’umwihariko ngo akunda u Rwanda kuko ari igihugu ugenda igihe cyose ntacyo wikanga bitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Karere.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro avuga ko ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi cyabahemukiye kuko amasezerano bagiranye yo gukwirakwiza amashanyarazi mu karere ayobora atigeze yubahirizwa.
Umusore witwa Murwanashyaka Alexis w’imyaka 21, uvuka mu mudugudu wa Kinina, akagari ka Nyarure mu murenge wa Munini ho mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera inda mushiki we bavukana w’imyaka 14.
Ndahimana Francois yafatiwe mu mudugudu wa Cyunyu akagari ka Rwoga umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, ashinjwa kwiba inka mu murenge wa Kinihira akaza kuyibagira iwe, yakwikanga abayobozi inyama akazijugunya mu musarane.
Umushinga utegamiye kuri Leta ukorana n’abafite ubumuga Handicap International urasaba Abanyarutsiro kubafasha gukumira no kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku myaka no ku bumuga.
Ubusanzwe nyuma yo kuvana umutobe mu matunda, ibisigazwa (imbuto) byarajugunywaga ariko ubu aho ikoranabuhanga rigeze Enterprise Urwibutso ibibyaza amavuta yo kurya.
Ahitwa mu Gashikiri mu karere ka Huye haguye ikamyo yari itwaye amavuta ya mazutu irakongoka, abari bayirimo barakomereka bidakanganye ubwo bayisimbukagamo.
Kuva taliki 27/09/2014 abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi ntibabona amazi meza bahabwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi (Water & Sanitation Corporation/WASAC), benshi bakaba bitabaza amazi yo mu bigega by’ubudehe abadashoboye kuyagura bakajya kuvoma amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Mu gihe bajyaga bakora urugendo rwa 10km bagana ikigo nderabuzima cya Kayenzi, abaturage b’umurenge wa Karama bubakiwe ivuriro rito mu mudugudu wa Lyagashaza mu Kagari ka Bunyonga, kugira ngo baruhuke imvune bagiraga.
Mu gihe gahunda ya Plant Clinic (uburyo bwo kuvura ibimera) imaze amezi make itangijwe mu karere ka Ngoma, bamwe mu bahinzi barishima iyi gahunda kuko ituma umuhinzi uhuye n’ikibazo cyo kurwaza igihingwa ahita abona aho abariza maze kigakurikiranwa ndetse akagirwa inama.
Mu gihe byabaye nk’akamenyero ko hirya no hino mu mashuri makuru na kaminuza zo mu Rwanda abagira ibirori byo guhabwa impamyabumenyi (graduation ceremony) bataha bakazagaruka kuzifata nyuma, si ko byagenze ku ishuri PIASS uyu munsi tariki 30/09/2014 kuko bo bazitahanye.
Urukiko rwategetse ko Brig Gen Rusagara wari warasezerewe mu Ngabo, Col Byabagamba na Sergent (Sgt) Kabayiza nawe wasezerewe; bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, kuko ngo baregwa ibyaha bifite impamvu zikomeye zabangamira iperereza baramutse barekuwe.
Nduwamungu Jean Claude w’imyaka 26 urerwa n’umuryango wamutoraguye mu karere ka Nyamasheke avuga ko yayobewe irengero ry’ababyeyi be ndetse akaba atibuka aho bari batuye.
Abatuye mu murenge wa Kivu ho mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko basa n’ababonekewe kuba barabonye umuriro w’amashanyarazi kuko ngo batatekerezaga ko wahagera kubera umurenge wabo uri ahantu kure kandi mu giturage.
Abanyamakuru bo mu Rwanda bavuga ko imbogamizi ebyiri zibakomereye mu mwuga wabo, ari ukuba hari abakibarushya mu kubaha amakuru hakiyongeraho ko abahembwa byujuje amategeko ari mbarwa abandi nabo ntibanahembwe.
Ikibuga cy’indege cya Kamembe kiri mu karere ka Rusizi kigiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’amezi atanu kugirango gisanwe uhereye tariki yambere z’ukwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2014.
Umugabo witwa Nemeyimana Damascene utuye mu kagari ka Kabere, umurenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru, arashakiswa nyuma yuko kuri uyu wa mbere tariki 29/09/2014 atemye Ayirwanda Julienne amukomeretsa ku kaboko, agahita aburirwa irengero.
Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 29/09/2014, yasozaga imurikagurisha rya gatanu mu Ntara y’Amajyaruguru Umuyobozi w’iyo ntara yasabye abikorera gutandukana n’imikorere ya gakondo bakagira icyerekerezo cyo kwagura ibikorwa byabo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Nyuma y’amezi atatu gusa bamaze bahawe inyigisho, abakobwa n’abahungu bigishwa umwuga w’ubudozi mu kigo Yego Centre Nyamagabe babasha kwambara ibyo bidodeye harimo imyambaro y’ishuri (uniform), imyenda yo kwambara mu buzima busanzwe kandi bakabasha kudoda iyo bagurisha.
Ikigo cya Ecole Secondaire de Kigoma cyegukanye umwanya wa Nyampinga mu bigo by’amashuri yisumbuye bitanu biri mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango byitabiriye irushanwa ryateguwe n’itorero Inganji Culture Savior.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, yemeza ko imurikagurisha riteza imbere ubucuruzi bushingiye ku ipiganwa mu bikorwa byiza kandi ngo rikaba isoko yo kwihangira imirimo kuko abaryitabira bahavana ibitekerezo bituma bahanga ibikorwa by’ingirakamaro.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryngo wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ruratangaza ko rwishimiye cyane ibikorwa bimaze kugerwaho n’urubyiruko rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango. Ikarusaba kwegera n’urundi rubyiruko kugirango narwo rudasigara inyuma.
Umuhanzi, umunyamakuru, umwanditsi wa filime ndetse akaba n’umunyamideli, Dady de Maximo Mwicira Mitali uzwi cyane ku izina rya Dady de Maximo, asanga amagambo meza y’urukundo yarateshejwe agaciro n’imvugo z’iki gihe aho kubwe yibaza icyo umuntu yakora kugira ngo abwire uwo akunda urukundo amukunda kandi bitabangamiwe (…)
Bihoyiki Emmanuel uregwa kwambura abana imitungo yasizwe na Nyina ubabyara wari umugore we mu buryo butemewe n’amategeko, yaretswe bimwe mu bimenyetso bihamya ko iyo mitungo aregwa n’abana ba Nyirataba Jeannette, atari iye nk’uko we abyemeza.
Kuri uyu wa 29/9/2014, u Bubiligi bwongeye guha u Rwanda miliyoni 13.5 z’amayero(€) ahwanye na miliyari 12 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF), yo gushyigikira gahunda yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage (descentralisation) mu nzego z’ibanze.
Abahanzi batandukanye barimo Riderman, King James, Miss Jojo, Urban Boys na Tom Close bagiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo (roadshows) bakangurira abaturage kurya ibishyimbo bikungahaye ku butare.
Nzabandora Dominiko w’imyaka 27 y’amavuko uvuga ko atuye ahitwa mu Mugonzi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yiyise Inkeragutabara yiba umukecuru telefoni ye igendanwa nyuma y’uko yari amwitabaje.
Umugore witwa Uwizeyimana Donatile w’imyaka 26 y’amavuko yatonganye n’umugabo we witwa Nsengimana Servelien w’imyaka 38 y’amavuko maze ahitamo kumwihimuraho atwika ibikoresho byo mu nzu birimo moto na televiziyo.
Ishuli ryisumbuye ryitiriwe Roho Mutagatifu “Ecole Secondaire de St Esprit Nyanza” ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuri uyu 28/09/2014 ryizihije isabukuru y’imyaka 50 rimaze rishinzwe.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko, Dushime Ernest ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, mu karere ka Nyamasheke azira kugafatanwa impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.
Abaturage batuye umurenge wa Gashora mu karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu zabasaniye ikiraro gihuza iyo mirenge none kikaba cyongeye kuba nyabagendwa.
Ubwo ikipe ya FC Barcelone yatsindaga ikipe ya Granada ibitego 6-0, umukinnyi Lionel Messi yibajijweho byinshi n’abafana ba Barcelone n’abakunda kureba umupira w’amaguru.
Urukuko mpanabyaha rwahiriweho u Rwanda (ICTR) rwakatiye mu bujirire abari abayobozi bakuru b’Ishyaka rya MRND ryari ku butegetsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi igihano cyo gufungwa burundu nyuma y’uko mu mpera z’umwaka wa 2013 bari bakatiwe icyo gihano n’urukiko rwa mbere rw’ibanze.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, atangaza ko u Rwanda rwanyuze mu nzira ndende kuva mu mwaka w’i 2000, aho rwari ruherekeje ibindi bihugu bya Afurika mu ikoranabuhanga ariko ubu rukaba rubiyoboye kandi rugikomeza kwiyubaka.
Ku mashuri yisumbuye 44 ari mu karere ka Nyabihu, 31 yose ni ay’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12. Ababyeyi bavuga ko ubu ari uburyo bwo guha agaciro uburezi, ku buryo kuri ubu n’umwana w’umukene yiga ntacyo asabwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abavuzi b’amatungo kuba hafi y’abaturage bahabwa inka muri gahuda ya Girinka kuko baba badafite ubumenyi buhagije mu bworozi, bityo inka bahawe bikabagora kuzitaho.
Nyuma y’ibibazo by’ubutaka byakomeje kurangwa hagati y’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’abaturage baturanye n’uruganda, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke baratangaza ko byaba bigiye kubonerwa umuti mu gihe ibiganiro bya nyuma n’abaturage byaba bigenze neza.
Abaturage bo mu murange wa Kansi mu karere ka Gisagara, baratangaza ko guhuza ubutaka bahinga ibigori bizabafasha kongera ubukungu bwabo, ndetse bamwe batanga ubuhamya bw’ibyo bagezeho nyuma yo gukora ubuhinzi bwa kijyambere.
Umushinwakazi Jing Mei, yiyemeje kwambara ikanzu y’abageni idasanzwe mu gihe cy’ubukwe bwe: yari ifite igice gikururuka inyuma cy’uburebure burenga ibirometero bine, kandi ikanzu ye yose yapimaga ibiro hafi 50.
Sinamenye Alphonse w’imyaka 35 wo mu Kagari ka Ryaruhanga, mu Mugenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi nyuma yo gufatanwa litiro 95 za mazutu bivugwa ko zibwe mu Bashinwa bakora umuhanda Rusizi-Karongi.
Mu Rwanda hatangijwe isosiyete yitwa SSIAP (Societe de Securite Incendie et d’Assistance aux Personnes) y’abikorera ishinzwe gukumira, kurwanya inkongi z’imiriro mu nyubako no gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’ibyo byago, kugirango Polisi y’igihugu izajye itabara hatarangirika byinshi.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, wifatanyije n’abaturage mu karere ka Gakenke mu muganda yababwiye ko ubushake n’imbaraga bafite mu gukora bishobora kuzatuma umurenge wabo uza mu mirenge y’icyitegererezo kuko imbaraga z’abaturage iyo zihereweho hakorwa ibitangaza.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko nubwo ubuyobozi bushishikariza abagabiwe inka kugira umuco wo kunywa amata ngo hari bamwe bagabirwa inka zamara kubyara amata bakayagurisha gusa ntihagire na make basiga mu rugo yo kunywa.
Nubwo bemeza ko ntako Leta itagize ngo ibakire beza, bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Nyarusange, akarere ka Muhanga, barasaba kubona aho kuba no guhinga kuko nta masambu bagira.
Abahinzi b’urutoki abo mu karere ka Ngororero babitabiriye gahunda yo guhinga kijyambere ngo bari mu gihimbo gikabije kuko batakibona umusaruro mu gihe ababyitabiriye bo ngo bagiye gukizwa n’urutoki.
Nyuma y’uko kuva mu kwezi kwa Nyakanga hagaragaye impanuka nyinshi mu mihanda yo mu bice bitandukanye zigatwara ubuzima bw’abantu ndetse zikanangiza byinshi, Kigali Today yagerageje gucukumbura icyaba gitera izo mpanuka.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi bo mu ntara y’Uburengerazuba bahaye imiryango 30 yo mu karere ka Rutsiro inka muri gahunda ya Girinka bakaba biyemeje kurandura imibereho mibi.
Minisitiri wa siporo n’umuco Ambasaderi Habineza yatangije siporo ya benshi (sport de masse) mu karere ka Rutsiro akaba yabwiye abanyarutsiro gukora siporo kuko ari nziza ndetse anabasaba kubyaza umusaruro imisozi miremire bityo bakaba bazana n’imidali itandukanye.
Umuhanzi Seminega Ferdinand yamaze gushyira hanze indirimbo yise MWAMI DUTABARE irimo ubutumwa busaba abantu guhinduka bakava mu byaha, bagakurikira inzira nyayo izabageza mu ijuru.