Ishyirahamwe ry’abahoze ari abana b’inzererezi, ubu ryitwa Abakatabiziriko, rigaragaza uburyo ryibeshejeho n’imiryango yabo ku bwo gukora ibintu bitandukanye mu mapine y’imodoka ashaje, ubundi yajyaga yangiza ibidukikije iyo atawe cyangwa atwitswe.
Umugabo witwa Nzeyimana Christophe w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Mwogo mu Karere ka Bugesera, nyuma y’imyaka 9 yari amaze atorotse gereza ya Rilima, aho yari afungiye ibyaha byo gufata ku ngufu no kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Niragire Jacqueline, umubyeyi w’imyaka 29 y’amavuko, aravuga ko yagiye gukingiza umwana we w’iminsi 8, umuganga akamutera urushinge nabi bikamuviramo kwitaba Imana.
Polisi y’Igihugu ku bufatanye n’abamotari ba Rwagitima, mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Mata 2015 yataye muri yombi abagabo babiri bo mu Mudugudu wa Gashenyi, Akagari ka Gihuta ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo ibafatanye litiro 20 za kanyanga y’inkorano. aba bantu bakaba bafashwe ku bufatanye bwa police (…)
Kuri uyu wa 29 Mata 2015 habaye inama y’inteko rusange ya koperative y’abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rutsiro, RUTEGROC(Rutsiro Tea Growers Cooperative), iherereye mu Murenge wa Manihira basaba ko Perezida Paul Kagame yazakomeza kuyobora u Rwanda kuri manda ya gatatu maze bahite bemeranya kwandikira Inteko Nshingamategeko, (…)
Umugabo witwa Nsabiganirwa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko, mu gitondo cyo ku wa 29 Mata 2015 ku isaha ya saa moya za mu gitondo, abaturage bamusanze aho yari yarembeye munsi y’umuhanda, bamujyanye kwa muganga ahita ashiramo umwuka.
Nyuma y’uko 62% by’imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye ari byo bimaze kwishyurwa kugeza ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Vital Migabo, avuga ko bafashe ingamba zo guhuza abangije imitungo n’abayangirijwe, nk’uburyo bwo gukemura iki kibazo burundu.
Kuri uyu wa 29 Mata 2015 mu Mudugudu wa Rugendo mu Kagari ka Ryabege, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, mu rukerera batoraguye umurambo w’uwitwa Hakizimana William w’imyaka 25 y’amavuko wakoraga akazi k’ubumotari.
Abarobyi 11 bo muri Kongo Kinshasa, bamaze gutabwa muri yombi n’abashinzwe kurinda Ikiyaga cya Kivu (gardes peches) ku mugoraba wo kuri uyu wa 28 Mata 2015 babashyikiriza abashinzwe umutekano ubwo babasangaga mu mazi y’ u Rwanda barobesha indobani zitemewe zo mu bwoko bwa kaningini.
Ikipe y’igihugu ya Kenya, imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’akarere ka Gatanu rizabera mu Rwanda kuva 02/05 kugeza 06/05/2015 yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi izazana mu Rwanda.
Umuhanzi Alpha Rwirangira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aratangaza ko agiye kuza mu Rwanda kureba umwana we, nyuma y’uko amenye ko Miss Esther Uwingabire wari umukunzi we yamaze kwibaruka.
Ikamyo ya rukururana itwara mazutu yataye umuhanda igiye kugonga Ibiro by’Akarere ka Kayonza itangirwa n’ipoto y’amashanyarazi mu rukerera rwo kuri uyu wa 29 Mata 2015, cyakora babiri bari bayirimo bagira amahirwe bavamo ari bazima.
Ku cyumweru tariki ya 26 Mata 2015, inka y’uwitwa Karani Jean Damascène wo mu Mudugudu wa Benishyaka, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo, Akarere ka Nyagatare yabyaye ikimasa gifite amaguru 6 gihita gipfa.
Umusore witwa Nzeziryayo Emmanuel wo mu Kagari ka Gahungeri mu Murenge Gitambi ari mu maboko ya Polisi, akekwaho kuba yaba yishe nyina umubyara mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Mata 2015 akamujugunya mu musarane.
Kuva ku wa 27 Mata 2015, umwana w’umuhungu ufite imyaka 15 afunzwe akurikiranyweho gusambanya abana batatu b’abakobwa bari hagati y’imyaka 2 n’imyaka 5.
Hagiye gutangwa amahirwe ku bantu bose bafite udushya batekereza ko twateza imbere uburezi mu Rwanda kugira ngo batugaragaze, utuzahiga utundi tukazashyirwa kuri gahunda y’ibizigwaho byajya mu mfashanyigisho y’uburezi kandi banyiratwo bagahembwa.
Ikipe y’imikino ngororamubiri (Athletism) y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur yahize andi makipe mu mikino yo kwiruka yateguwe n’Ubuyobozi bw’ Ingabo za Loni zibungabunga amahoro i Darfur (UNAMID).
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon ,hamwe na bamwe mu baturage b’aka karere bemeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yamaze gucengera abaturage akana ari yo yatumye mu Karere ka Ngororero ingengabitekerezo igabanuka mu gihe cy’icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21, Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umworozi w’inkoko witwa Mukansanga wo mu Kagari ka Kayonza ko mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza amaze gupfusha inkoko zigera kuri 400 mu gihe cy’iminsi ibiri.
Mu gitondo cyo ku wa 29 Mata 2015, abaturage bo mu Kagari ka Hehu, Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu babyukiye mu gikorwa cyo gusiba indaki zacukuwe ku musozi wa Hehu n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, FARDC, nyuma y’uko mu ijoro ryakeye zimukiye ku butaka bwa RDC bagaragarijwe na komisiyo ishinzwe (…)
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, yasabye abagenzacyaha guhora bihugura kugira ngo banoze akazi bashinzwe, by’umwihariko mu guhangana n’ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga ngo kuko muri iki gihe biteye inkeke kandi kubivumbura no kubirwanya bikaba bisaba ubumenyi bufatika.
Umukino w’ikirarane wagombaga guhuza ikipe ya Marines na Etincelles kuri uyu wa gatatu ukabera i Rubavu ku kibuga cya Tam Tam, wamaze kwimurirwa ku wa kane taliki ya 30 Mata 2015 ukazakinirwa i Musanze.
Kuri sitasiyo ya Polisi iri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero hafungiye umugore witwa Niyonshuti Grâce ufite imyaka 23 wo mu Mudugudu wa Nyakarambi, Akagari ka Kabarondo mu Murenge wa Bwira ho mu Karere ka Ngororero, ukekwaho guca igitsina cy’umugabo we witwa Hakizimana Vincent ufite imyaka 27 akoresheje urwembe.
Abashakashatsi ku bijumba by’umuhondo bo mu ihuriro mpuzamahanga ryitwa SPHI (Sweetpotato for Profit and Health Initiative) baturutse mu bihugu 11 by’Afurika; bagaragarije u Rwanda uburyo rwafasha abaturage guteza imbere icyo gihingwa kivugwaho kwera cyane kandi vuba, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe ndetse no kuba (…)
Ubwo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye bibukaga abazize Jenoside yakoreye Abatutsi kuri uyu wa 28 Mata 2015, hashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kinazi, imibiri 98 yakuwe mu mirenge ya Rusatira, Rwaniro, Ntyazo na Kinazi.
Abahagarariye ibigo bishinzwe ubukerarugendo mu bihugu by’u Rwanda, Kenya na Uganda bihuriye ku muhora wa ruguru (Northern Corridor), basabye abikorera gukangukira kubyaza umusaruro amahirwe yo kuba harashyizweho akarere kamwe k’ubukerarugendo, ndetse no gufasha za Leta kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo.
Lt. Gen. Romeo Dallaire wari uyoboye ingabo z’umuryango w’abibumbye zari mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, aratangaza ko “Never again” (ntibizongere) igomba kubimburirwa na “Never Forget” (Ntituzigere twibagirwa).
Abaturage baturiye umusozi wa Hehu, mu Kagari ka Hehu mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu bavuga ko mu gitondo tariki ya 28 Mata 2015 bongeye kubona ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), FARDC zasubiye mu myanya zari zakuwemo ku butaka bw’u Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko ikibazo cy’imiturire kiza ku isonga mu byamugoye kuva muri 2008 ubwo yatangiraga kuyobora Akarere ka Muhanga.
Rumwe mu rubyiruko rudafite akazi rutangaza ko hari amahirwe rubona mu bikorwa biruhuza n’abatanga akazi, kuko n’ubwo abakabona ari bake ugereranyije n’abagashaka bituma bafunguka bakamenya ibikenewe ku isoko ry’umurimo.
Umugabo witwa Nkwaya Théoneste w’imyaka 47 wo mu Kagari ka Nyabitare, mu Murenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, mu gitondo cyo kuwa 28 Mata 2015, bamusanze mu nzu iwe ari mu mugozi bakeka ko yiyahuye, ariko impamvu zamuteye kwiyambura ubuzima ntiziramenyekana.
Uhagarariye ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri yisumbuye Rwigema Florent , yatangaje ko Irushanwa rya Copa Coca Cola ridafasha abana gukina gusa, ahubwo ribafasha no mu myigire yabo ya buri munsi.
Bamwe mu bacuruzi b’abagore bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umugore wumva afite ibitekerezo byo gucuruza adakwiye kubitinya, kuko abagore nabo bashobora gukora ubucuruzi kandi bukagenda neza.
Guhera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015, mu tugari tubiri twa Musamo na Rwoga mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, ngo abantu 12 bamaze kuribwa n’imbwa mu buryo budasanzwe.
Ku wa mbere tariki ya 27 Mata 2015, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani (UNAMID) zatangiye imirimo yo gusana ishuri ribanza riri mu Mudugudu wa Jugujugu mu Mujyi wa El Fasher, riherereye ku birometero birindwi uturutse ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt44 Super Camp).
Umugore witwa upfuyisoni Therèse w’imyaka 52, wari utuye mu Mudugudu wa Cyanamo, Akagari ka Muganza, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, bamusanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015 bigaragara ko yishwe atemwe ijosi.
Maga Kabera, umugore wo mu Kagari ka Barije mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare avuga ko yatangiye acuruza ijerekani imwe y’ubushera none ubu afite iduka ry’ibyuma by’imodoka rifite agaciro ka miliyoni 12.
Mu gihe bamwe mu mpunzi z’Abarundi zinjirira mu Karere ka Bugesera zizana n’ibintu bike zishoboye harimo n’amatungo, Akarere ka Bugesera karimo kuyashyira mu kato kugira ngo hataba harimo arwaye akanduza ayo ahasanze.
Abaturage bo mu Kagari ka Hehu mu Murenge wa Bugeshi, Akarere ka Rubavu bari barambuwe imirima n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ku musozi wa Hehu, bavuga ko bashima uburyo u Rwanda rwashoboye kwitwara mu kibazo kikarangira kidateje umutekano muke.
Mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015 twababwiye mu nkuru zacu, ko kwambuka umupaka ku mpunzi z’Abarundi zihungira mu Rwanda byari byagoranye kubera Imbonerakure zari zafunze amayira, abagera kuri 575 ngo ni bo baraye bashoboye kwinjira ngo banyuze mu nzira zigoranye.
Claudette Uwimana ukomoka mu Murenge wa Maraba, mu Karere ka Huye ariko akaba yararokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Karama ari umwana w’imyaka itandatu, yishimira ko hari intambwe yatangiye gutera mu kwigira, ariko na none akababazwa no kuba atazabasha kubisangiza abamwibarutse.
Ubwitabire mu gukoresha Biogaz mu Karere ka Kayonza bugenda busubira inyuma bitewe n’uko zimwe muri Biogaz abaturage bubakiwe zitagikora, bigaca intege abandi baturage bifuza kuzubakirwa.
Ikipe ya APR Fc ikomeje imyitozo ikomeye yitegura Gicumbi aho ndetse n’abakinnyi bakina hanze bagitegereje umukino wo kwishyura na Somalia bifatanije na APR Fc mu rwego rwo kudasubira inyuma mu mikinire.
Uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside na mbere yahoo gato, Lit. Gen. Romeo Dallaire ngo asanga imitwe ya girisikare ihuza ibihugu by’akarere ifite uruhare rukomeye kugarura amahoro muri Afurika aho gutegereza Umuryango w’Abibumbye (…)
Itsinda ry’abayobozi 13 bakuru b’igihugu cya Sudani y’Epfo barimo abaministiri barindwi n’abaministiri bungirije bane, riri mu Rwanda kuva ku cyumweru tariki 26/4/2015, aho baje kwiga uburyo igihugu cyashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, kugira ngo na bo bajye kuvugurura inzego z’imirimo mu gihugu (…)
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, ubwo yatangizaga inama y’iminsi itatu y’abahanzi Nyarwanda bakora umuziki, yabasabye guhanga bita ku mwimerere w’ibihangano bakora kugira ngo birusheho kugira agaciro mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo (MIFOTRA) iratangaza ko gahunda yo kwihangira imirimo mishya itari iy’ubuhinzi buri mwaka igeze ku kigero cya 28%, ariko ikemeza ko hifuzwa ko mu mwaka wa 2020 iyi gahunda yaba yarageze kuri 50%.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka arasaba abanyarwanda by’umwihariko abikorera bo mu Karere ka Muhanga kugaragariza Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, icyo bazamufasha mu iterambere naramuka yemeye kongera kwiyamamariza indi Manda.