Society for Family Health (SFH), Rwanda ifatanyije na Ferwafa bateguye irushanwa ryitiriwe Prudence rizaba mu mpera z’iki cyumweru rikazahuza amakipe yarangije mu myanya ine ya mbere muri shampiyona y’umwaka ushize wa 2014.
Kwegereza serivise abantu bamukiranya imipaka bakenera cyane cyane ibicuruzwa bizazamura ubukungu bw’igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko nyuma yo gusobanurirwa ibyiciro by’ubudehe n’ibisabwa kugira ngo buri muryango ubashe kumenya icyiciro ugomba kubarizwamo, hari ahagaragaye ubusumbane mu gushyirwa mu byiciro, bitewe n’amikoro ya buri muryango.
Nyuma y’uko Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kongera umusaruro hakoreshejwe amafumbire (IFDC/International Fertilizer development Center) gitangirije ubukangurambaga mu gukoresha amafumbire ndetse abacuruza inyongeramusaruro bakaba basabwa kugira imirima y’icyitegererezo berekeramo abahinzi, bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko (…)
Ingo zitari nke zo mu Karere ka Kayonza ntizibarizwamo akarima k’igikoni n’ubwo bamwe mu babyeyi bo muri ako karere bemeza ko gafite akamaro kanini.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko badashaka gukura ibirayi mu murima kubera igiciro gito bahabwa, bagasaba ko leta yacyongera kikagera ku mafaranga 120 ku kilo.
Abakuriye amadini atandukanye yemewe mu Rwanda biyemeje gufatanya n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) mu guhindura imyumvire y’abayoboke bayo ku mitangire y’imisoro n’amahoro.
Abarimu bahawe akazi ko gukora ibarura ry’ibigo bikorera mu Karere ka Ngororero (Establishment Census ) ryakozwe mu kwezi k’Ugushyingo 2014 barasaba Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabahaye ako kazi kubishyura umushahara bari bumvikanyeho.
Umugabo witwa Nikobahoze Callixte utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere, nyuma yo gukubita inkoni mu musaya umwana yibyariye akamukomeretsa bikomeye amuziza ko atagiye kwiga.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ubufatanye ifitanye na Polisi mpuzamahanga (Interpol) by’umwihariko ubwo ifitanye n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda na Kenya, buzatuma nta banyabyaha bongera kumenera muri ibi bihugu bahunga ibyaha bakoreye hakurya y’umupaka.
Lt. Gen. Karl Eikenberry wacyuye igihe mu ngabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) aratangaza ko ibyo u Rwanda rwagezeho mu gihe gito gishize bikwiye kubera urugero ibihugu biri mu nzira y’Amajyambere muri Afurika ndetse no ku isi yose.
Konka Group ifatanyije na Kigali Fashion Week bateguye igitaramo kizaba ku munsi w’abakundanye (St Valentin), iki gitaramo kikazarangwa n’ibihembo bitandukanye birimo imashini imesa, mudasobwa zigendanwa, televiziyo za Rutura (flat secreen), dekoderi n’ibindi bihembo bizahabwa abazabitsindira muri icyo gitaramo.
Abakirisitu basengera muri katedrali (Cathedral) ya Kibungo barasabwa gutanga umusanzu wa Miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo iyi katedral ivugururwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi biyemeje kwikubita agashyi bakajya batanga amakuru nyayo kandi bakagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’aho batuye.
Rutahizamu mpuzamahanga w’umunyarwanda Meddie Kagere, atangaza ko akiri mu biganiro n’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya bityo ko atari yayerekezamo nkuko byari byavuzwe mu itangazamakuru.
Inama y’umutekano y’akarere ka Rusizi yo kuwa 27/01/2015 yavugiwemo ko hari Abanyarwanda bari gufata z’i Burundi, bikaba bikekwa ko baba bari kuzifata ngo bazajye mu matora azaba i Burundi umwaka utaha.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Bwishyura mu Kagari ka Nyarusazi baturanye n’irimbi rya Kanyabusange rifatwa nk’irimbi ry’Umurenge wa Bwishyura ari na wo Murenge w’Umujyi wa Kibuye, barasaba akarere kureba aho kimurira irimbi kuko ngo ryuzuye abantu bakaba bahamba hejuru imbwa zikaza zigataburura imirambo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera igaragaza ko bamwe mu babyeyi batita ku burere bw’abana babo ahubwo bakabakoresha imirimo ivunanye, bigatuma abo bana bahunga bakajya kuba inzererezi.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’iya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yafashe ingamba zo gushyiraho amategeko agenga uburobyi mu kiyaga cya kivu ku bihugu byombi, ndetse no kugena imiraga ikwiye gukoreshwa mu rwego rwo gukumira kwangiza umusaruro w’amafi n’ibiyakomokaho.
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura ntabwo uhiriye amakipe yari imbere ku rutonde rwa shampiyona dore ko Police na APR FC zatsinzwe mu gihe Rayon Sports na As Kigali zishoboye gucyura inota rimwe gusa.
Ubuyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda burashimira ingabo zari zaroherejwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya centre Africa, kuko akazi ko kugarura amahoro kazijyanye zagakoze neza.
Umuhuzabikorwa wa Komite y’Abarokokeye muri Hotel ya Mille Collines muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Tatien Ndolimana Miheto yandikiye Komini ya Turin iri mu Majyaruguru y’u Butaliyani asobanura amateka ya Rusesabagina nk’umuntu ufatwa nk’ intwari yarokoye imbaga nini y’Abatutsi kubera filime “Hotel Rwanda”.
Inama yateguwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR) yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu bike cyane ku isi byageze ku ntego z’ikinyagihumbi z’Umuryango w’abibumbye (UN).
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yagiranye amasezerano y’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabunganga cyitwa ICDL Africa.
Umu Dj akaba n’umunyamakuru Adams Aboubakar uzwi cyane ku izina rya Dj Adams aravuga ko yanyuzwe cyane n’indirimbo "Mwungeri" ya Knowless Butera, kugeza ubwo ayikwirakwiza hirya no hino mu bantu bakurikirana ibya muzika ngo bayumve.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru yataye muri yombi Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera Koperative Umurenge SACCO y’Umurenge wa Nyabimata “Sacco Ukuri Nyabimata” bakekwaho kunyereza umutungo wayo.
Uwari umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Murunda (GS Murunda) ruherereye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro ukekwaho kwiba sima yari igenewe kubaka iryo shuri ubu yamaze gusimbuzwa by’agateganyo.
Imiryango 27 y’abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bakaza gutuzwa mu Karere ka Rubavu ivuga ko ihangayikishijwe no kuba ababacumbikiye mu mazu babasaba kuyavamo kandi ayo bubakiwe n’akarere ataruzura.
Urugomero rwa Keya rukoresha amazi ya Sebeya ntirurashobora kugeza ku ntego rwari rwitezweho kuko rutanga Kilowati 900 (900Kw) aho gutanga Megawati 2 (2MW) nk’uko byari biteganyijwe rwubakwa.
Abikorera bo mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko bizeye ko itorero bagiye kujyamo rizabagura mu mikorere ndetse rikanagirira igihugu akamaro.
Nyuma y’aho Kigali Today itangarije inkuru ku cyumba cy’amasengesho cya Rubengera mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) kivugwamo inyigisho z’ubuyobe, ubuyobozi bw’iryo torero bwahinduye ubuyobozi bw’icyo cyumba cy’amasengesho bunategurira abakirisito amahugurwa ku buhanuzi n’inyigisho z’ubuyobe.
Imodoka itwara abagenzi y’ikigo RFTC ifashwe n’inkongi y’umuriro iragurumana mu gace ka Kimihurura mu mujyi wa Kigali, ku gicamunsi cyo kuwa 28/01/2015.
Mugabo Jean Paul ushinzwe gucunga ibikoresho by’akarere (Logistic officer) ari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ntendezi akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu yakoze mu byo yari ashinzwe gucunga nk’umukozi w’akarere.
Bamwe mu bagore bibumbiye muri koperative “Nyampinga” ikorera mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma y’aho bamenyeye gukorera kawa neza, ubu ngo biteje imbere kandi bakaba bakomeje ibikorwa by’iterambere.
Uwamariya Opportune, umucuruzi akaba na Perezida w’urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Gakenke, yamaze gushyikirizwa ubugenzacyaha akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’amafaranga y’ifumbire no gukoresha inyandiko mpimbano.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwimuriye imirimo yarwo mu Murenge wa Karama, rwahamije Habanabakize Cedric icyaha cyo kwihekura rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu, kuwa 27/01/2015.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barasabwa kuzavugisha ukuri kugira ngo buri wese azashyirwe mu cyiciro cy’ubudehe kimukwiriye, kuko hari aho byagiye bigaragara ko abaturage bakurikira inyungu runaka bagatanga amakuru abashyira mu cyiciro badakwiriye.
Abanyamuryango ba Koperative “ Dufatanye” ikorera mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza irimo n’abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA baravuga ko isenyuka ry’icyuzi cya Nyamagana cyangije ibyuzi by’amafi n’imboga bari barahinze mu gishanga.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi UCI, yarangije kwemeza ko Ntiyamira Jean Sauveur azaba umwe mu basifuzi(comissaire) bo muri shampiyona ya Afurika izabera muri Afurika y’epfo kuva tariki ya 9-14/2/2015.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, atangaza ko kuba hari bamwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2015, bahataniye mu ntara batavukamo nta kibazo biteye ngo kuko bashobora kuba bahiga cyangwa bahatuye.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven na bagenzi be batatu, bakurikiranweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu batandatu mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango rwagombaga kuburanishwa kuwa 27/01/2015 rwarasubitswe.
Irushanwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryabimburiye ayandi ya 2015 muri Afurika, ritumye u Rwanda rutangirana umwanya wa kabiri kuri uyu mugabane mu mukino w’amagare, umwanya uruhesha itike yo kujya mu mikino olimpike izabera I Rio de Janeiro muri Brazil.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF, International Monetary Fund), Christine Lagarde aravuga ko u Rwanda rwabera urugero rwiza ibindi bihugu mu kwivana ahantu habi no gutera imbere mu bukungu budaheza kandi mu gihe gito.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yakinwagamo imikino ibiri y’umunsi wa 14 wayo, aho amakipe ya Etincelles na Espoir atangiranye intsinzi kuri uyu munsi ubimburira iyindi mu mikino yo kwishyura.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé atangaza ko ibyo avugwaho ko akorana na FDLR ari ibirego bikomeye ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza ngo ni zo zikazashyira ukuri ahagaragara.
Bamwe mu bafite aho bahuriye n’imyidagaduro mu mujyi wa Musanze bavuga ko bari guharanira kuzamura ibijyanye no “Kumurika Imideri” muri uwo mujyi mu rwego kwereka abantu ko bishoboka mu Rwanda kandi ko ababikora batezwa imbere nabyo.
Umusore witwa Gasigwa Emmanuel w’imyaka 20 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kirehe akaba n’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yishwe mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 24/01/2015 akubiswe isuka mu mutwe ubwo yari aryamye.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo Col Byabagamba Tom, Brig Gen (Rtd) Rusagara Frank hamwe na Sgt (Rtd) Kabayiza Francois rwagombaga kuburanishwa mu mizo kuwa kabiri tariki ya 27/01/2015 rwasubitswe.
Abanyarwanda 69 batahuka bavuye mu buhunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bari bamaze icyumweru mu mujyi wa Goma kubera imyigaragambyo yahaberaga ubu bageze mu Rwanda.
Inyubako zizakorerwamo n’ikigo Isange Rehabilitation Center cyagenewe kuvurirwamo abantu basabitswe n’ibiyobyabwenge zimaze kuzura. Iki kigo cyubatswe mu Mujyi wa Butare i Ngoma hafi y’ahari ivuriro rya Polisi.