Sosiyete y’Abanyamerika ikomeye mu ikoranabuhanga ku rwego rw’isi ya ORACLE yamaze gusinyana amasezerano na leta y’u Rwanda yo kuyifasha kwigisha no guhugura abiga ikoranabuhanga mu bumenyingiro, ku buryo u Rwanda narwo ruzabasha kugira abantu bahangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rukumberi ho mu Karere ka Ngoma basanga ibyo guherekeza abagore babo muri gahunda z’igikoni cy’umudugudu bitabareba ndetse ko batanabishobora, mu gihe abagabo nabo bakangurirwa kugira uruhare rugaragara mu mikurire myiza y’umwana.
Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ngororero, Ibrahim Kanyambo akaba ari nawe ukodesha amazu y’akarere yubakiwe kwakira abakagana n’ibindi bikorwa (Guest House y’Akarere ka Ngororero) avuga ko kuba muri aka karere nta mahoteri ahagije ahari biteza igihombo gikomeye ku bacuruza serivisi zakira abagenzi.
Bamwe mu babyeyi bafite abana batangira umwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye bakomeje kwinubira kuba batabona amabaruwa yohereza abana ku ishuri, mu gihe amasomo yatangiye mu gihugu hose kuwa mbere tariki ya 26/01/2015.
Umumotari witwa Habamahirwe Leonard acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gufatanwa imiti ya magendu yari atwaye kuri moto mu mujyi wa Nyagatare.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Ngororero bakomeje kwinubira igiciro bahabwa ku musaruro w’icyayi bagurirwa n’uruganda rwa Rubaya rugitunganya.
Abaturage bakoze imirimo y’ubwubatsi ku gasoko kubatse ahitwa ku Gasasangutiya mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira bavuga ko bamaze hafi amezi arenga 6 batarishyurwa amafaranga yabo.
Gakwerere Boniface ukomoka mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Bushoki, Akagari ka Nyirangarama, Umudugudu wa Tare aravuga ko amaze umwaka yarahohotewe n’uwari umukoresha we witwa Hategeka Pascal ukomoka mu Murenge wa Murambi, Akagari ka Mugambazi ho muri aka Karere ka Rulindo ngo amuhoye ko yari arimo amwishyuza amafaranga (…)
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bakomeje gutakambira ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke basaba ko bafashwa kwishyurwa amafaranga bakoreye ubwo bubakaga inzu y’urubyiruko rwa Bushekeri ndetse no kubaka inzu abaturage bazajya bivurizamo (poste de santé).
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu barasaba ko bahabwa ingurane y’amazu yabo bakimuka bagashaka aho kuba dore ko ngo ibibanza n’ibintu bigenda birushaho guhenda.
Bikorimana Gerard, umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport FC yavuze ko yahisemo gushaka umugore kugira ngo abashe gukina atuje, akaba agira bagenzi be inama yo kumwigana kuko bizatuma barushaho kwitwara neza mu kibuga.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Twahirwa Jean Nepo w’imyaka 29 y’amavuko, akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo arekure abo mu muryango we bari bafunze.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baratangaza ko hari ahakigaragara ibibazo mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta zinyuranye zigamije kubakura mu bukene.
Umukobwa witwa Bamusonere Esther ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yirihira abikesha kuboha ibiziriko no guhimba imivugo, nyuma yo gukora umwuga w’ubushumba n’ubuyaya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako buravuga ko kwigisha abana bakiri bato ubutumwa bw’isanamitima, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’uburyo bwo kubutanga ari nko guhinga mu murima ufite ifumbire.
Leta zunze ubumwe za Amerika ziratangaza ko zisanga ingufu za gisirikare arizo zikwiye gukoreshwa byihutirwa, hakarandurwa burundu umutwe wa FDLR.
Amakuru aturuka mu Karere ka Ngororero aravuga ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kageyo muri aka karere witwa Mutoni Jean de Dieu yataye akazi ubu akaba ari ahantu hatazwi.
Ishyirahamwe ry’abahinde batuye mu Rwanda (Indian Association of Rwanda/INAR) bizihije isabukuru y’ imyaka 66 igihugu cyabo kibonye ubwigenge.
Umuhanzikazi Knowless aratangaza ko atahinduye injyana asanzwe akora akerekeza muri njyana Gakondo, ahubwo ko yiyongere mu zo akora.
Umunyarwanda wakinaga umukino wo gusiganwa ku mamodoka atangaza ko nyuma yo kuganira n’umuryango we yasanze ari ngombwa gufata icyemezo cyo guhagarika uyu mukino nyuma yo gukora impanuka ikomeye mu mpera z’umwaka ushize.
Umugabo witwa Uwiragiye Redepta utuye mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga ntakibasha kugenda n’amaguru kubera amavunja, ubu agenda yicaye akuruza ikibuno.
Imiryango 3722 yo mu Karere ka Gakenke yagaragayeho kuba yibanira n’amatungo yayo mu nzu kubera kutizera umutekano wayo, kuko ngo iyo araye hanze akenshi yibwa.
Gahunda y’iyubakwa ry’umujyi wa Rusumo mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi bukorerwa ku mipaka yishimiwe na benshi mu bikorera, bakavuga ko bagiye kuyigira iyabo baharanira kuyishyira mu bikorwa.
Umuryango w’abantu batatu witabye Imana bazize inkangu yasenye inzu yabo mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki ya 24/01/2015 mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro.
Polisi y’igihugu iratangaza ko uretse imibare mike nta nyungu iba mu gucuruza ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka k’ubifatanywe utaretse n’umuryango we.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko ibarura ry’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi riherutse gukorwa mu mirenge igize aka karere ryerekanye ko abana 224 ari bafite iki kibazo.
Munyamahoro Jean Claude ni we waraye yegukanye isiganwa ngarukamwaka ry’umukino w’amagare rigiye kujya rutegurwa n’akarere ka Gisagara, nyuma yo kurangiza ibirometero 65 byakinwaga kuri iki cyumweru akoresheje 02h30’2”.
Abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda bari mu igenzura rya gahunda zigenewe abaturage zigamije kubihutisha mu iterambere no kubakura mu bukene basabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza gukora igenzura ryimbitse ku bahabwa inkunga y’ingoboka, ngo kuko hari aho abazihabwa baba batazikwiye.
Mu Mudugudu wa Cyayove, Akagari ka Mwurire, Umurenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye aho bakunda kwita “ku mukobwa mwiza”, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku cyumweru tariki ya 25/01/2015 habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa coaster ifite ibiyiranga RAC 551 H, abari bayirimo barakomereka, batanu bakaba baraye mu (…)
Ku bifuza kugera ku bwiza bitabahenze haba harabonetse umuti buri wese yabonera ubuntu. Uwo muti ni inkari!
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé arasaba abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi kwirinda gukora amakosa mu kazi bashinzwe, ahubwo bagashyira imbere inyungu z’umuturage.
Abayobozi mu Karere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’inzoga z’inkorano zifatwa nk’ibiyobyabwenge zikomeje kugaragara hirya no hino, kandi abazikora bakarushaho kugenda biyongera.
Intumwa za Rubanda ziribaza impamvu ikibazo cy’isuku nke kiri kugaragara muri iyi minsi nk’ikibazo gishya gitunguranye kandi nyamara abayobozi mu nzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku munsi.
Abagize Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, bari kuzenguruka uturere twose tw’igihugu bakora ubukangurambaga ku bibazo bigaragara muri minsi bishobora kubangamira iterambere.
Inama nyunguranabitekerezo y’abanyamuryango b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyagatare yagaragaje ko hari bamwe mu banyamuryango bateshutse ku nshingano zabo banabisabira imbabazi.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Amb Habineza Joseph atangaza ko n’ubwo u Rwanda rufite intwari ariko rugifite n’ibigwari byiganjemo abanyereza umutungo ndetse n’abasebya igihugu n’abakiyobora nyuma yo kuva mu myanya ya Politiki.
Perezida w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), niyomugabo Romalis aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rutsiro ko n’abafite ubumuga bashoboye gukora.
Kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyobozi mu Karere ka Rulindo ni ukuba hakiri abaturage bararana n’amatungo mu nzu imwe kubera impamvu zitandukanye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko gahunda ya “mvura nkuvure” yabafashije kongera kubana neza, mu gihe mbere bahoraga mu makimbirane no kutumvikana.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bafite ibikoresho biborohereza kubona amakuru baracyari bake.
Byakunze kugaragara ko mu bizamini bya Leta abana biga mu mashuri abanza mu bigo byigenga batsinda kurusha abiga mu mashuri ya Leta. Abayobozi b’ibigo bavuga ko ahanini bituruka ku kuba abiga mu bigo byigenga bagira igihe gihagije cyo kuba bari ku ishuri bakanabasha gusubiramo amasomo.
Mu ruzinduko rw’iminsi 10 abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi batangiye mu turere twose tw’u Rwanda, mu karere ka kirehe hazibandwa ku bijyanye n’iterambere ry’abaturage bareba uko imishinga imwe n’imwe ikorera muri ako karere yafasha abaturage bakagira imibereho myiza.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports butangaza ko nta makuru bufite ko umukinnyi Kwizera Pierrot baherutse gusinyisha yaba yaraye asinyiye ikipe ya SOFAPAKA yo muri Kenya ,bityo ko biramutse binabaye uyu mukinnyi yakwirengera ingaruka zamubaho.
Musenyeri Hakizimana uherutse kugirwa umwepisikopi wa Diyosezi Gatulika ya Gikongoro n’umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis, yahawe ubwepisikopi ku mugaragaro na Musenyeri Thadee Ntihinyurwa waruyoboye imihango yo gutanga ubwepisikopi.
Umugabo witwa Munyengabe Alphred ufite imyaka 50 utuye mumudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Kamasiga murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero avuga ko nubwo basabwa kongera ubumenyi ngo banoze akazi kabo adateze kureka gukora ubucuzi gakondo kubera ko ariwo mwuga w’abasekuruza be.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Francois Kanimba, yijeje ubufatanye ikigo cya Eden Business Center gikora amasabuni n’amavuta yitwa “Ubwiza”, kuko bafite gahunda ziganisha ku iterambere igihugu gikeneye, nyuma y’uko abagendereye akumva n’ubuhamya ku bahahuguriwe, kuri uyu wa gatanu tariki 23/1/2014.
Impuzamashyirahamwe y’abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu, mu karere ka Nyamasheke, babonye umuyobozi mushya w’impuzamashyirahamwe y’abarobyi, nyuma y’uko uwari uyoboye aburiwe irengero mu minsi ishize bikaba binavugwa ko yaba yarishwe ashimishwe n’abasirikare ba Congo.
Abaturage bo mu karere ka Huye biyemeje kwegeranya umusanzu w’ibiribwa n’uw’amafaranga kugira ngo bafahe abana batabasha gufatira amafunguro ya sa sita ku ishuri, nyuma yo kubona ko hari abana abana biga mu myaka icyenda na 12 y’uburezi bwibanze byagoraga.
Bamwe mu basabiriza mu mujyi wa Rusizi no mu nkengero zawo biganjemo abafite ubumuga bemeza koiyo ngeso bayiterwa no kutagira amikoro, ariko bagahamya ko baramutse babonye ubushobozi bwo kwibeshaho nabo bacika kuri uwo muco.
Bamwe mu bacururiza mu isko rikuru rya Byumba baravuga ko bafite ikibazo cy’uko isoko risakaye nabi imvura yagwa ibicuruzwa byabo bikangirika.