Abarimu bo mu murenge wa Byimana, barishimira ibyo Leta ikomeje kubagezaho, bakemeza ko nabo bagomba gufata iya mbere bakabibyaza umusaruro.
Abatuye Umurenge wa Mutenderi Akagari ka Nyagasozi, Akarere ka Ngoma barasaba kwibubwa mu bikorwa Remezo birimo amazi n’umuhanda kuko bakivoma amazi mabi.
Ku munsi wa kabiri w’amarushanwa ahuza amakipe agize akarere gatanu muri Basketball,amakipe ya Uganda yiheranye ayo mu Rwanda.
Mu cyumweru kimwe, tariki 17.10.2015, Stromae arataramira mu Rwanda nyuma y’uko yagombaga kuza mu kwezi kwa Kamena bikabangamirwa n’uburwayi.
Abarimu banenga ababyeyi batita ku myigire y’abana babo bigatuma bata ishuri, bakajya gushaka akazi katabahemba intica ntikize abandi bakajya ku mihanda.
Abarimu bo mu Karere ka Burera bahamya ko ababyeyi bongereye imbaraga mu burere bw’abana babo nta mwana wakongera guta ishuri.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza, Kiwanuka Musonera Ronald, avuga ko kuba Umujyi wa Kayonza ugifite ikibazo cy’amazi bibangamira ishoramari.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Uwineza Claudine, aratangaza ko uburere n’ubumenyi butangwa na Mwarimu ari byo byubaka iterambere ry’igihugu
Abarimu bo mu karere ka Gicumbi bizihiza umunsi wabo basanze guhembwa make bitababuza kwiteza imbere mu rwego rwo kwigira.
Perezida Kagame yahuye n’umwami w’u Buholandi, uruzinduko rwaje rukurikira ibiganiro yagiranye n’Abanyarwanda bari bitabiriye ibirori byahabereye bya Rwanda day.
Abarimu bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko n’ubwo bahembwa amafaranga make ariko bitababuza kugira ibyo bakora kandi bikabateza imbere.
Abakozi ba Congo bakoreraga ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bashinze imitaka, nyuma y’uko kontineri bakoreragamo zakuweho.
Ishuri rya Tumba College of Technology ryatangiye kugeza ibikorwa abanyeshuri bahiga bahanga kugira ngo bibafashe mu kubongerera ubuzima bwiza.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyafunze ibikorwa by’abasora bagifitiye ibirarane by’imisoro, mu mukwabu wabaye kuri uyu wa mbere tariki 5 Nzeri 2015.
Habarurema Emmanuel, wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kibingo, yafatanywe Kanyanga tariki 05/10/2015, aho yayicurizaga.
Imanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli rishingiye ku imanuka ry’abyo ku rwego mpuzamahanga ryakomeje kugaragara mu mezi ya Kanama na Nzeri 2015.
Abarimu bo mu karere ka Rutsiro batangaza ko ikibashimisha mu kazi kabo ari ukwigisha abo bigishije bakazigirira akamaro.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa karengera mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko baba mu bwigunge butuma batabona abayobozi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bwatangije ubukangurambaga bwo gukangurira urubyiruko kwiharika kuko biri mu birurinda kwiyandarika.
Abahinzi bitabiriye guhingisha imashini mu karere ka Bugesera baratangaza ko byatumye bazigama amafaranga agera kuri 80% bakoreshaga mu buhinzi mbere.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo kuri uyu wa 3 Ukwakira 2015 yagaragarijwe ibyavuye mu isuzumwa ry’mihigo ya 2014-2015 n’ibigomba kongerwamo ingufu.
Abanyeshuri biga muri 12YBE i Huye, bavuga ko abakobwa batwara inda bakiri batoya bataziterwa n’ababashukisha byinshi gusa, ngo n’ibisuguti birabararura.
Serena Hotels yateguriye abazitabira inama ya Transform Africa yenda kuba, udushya turimo kubatembereza no kubafasha kuruhukira ku kiyaga cya Kivu.
Ubuyobozi bUmurenge wa Mukura mu karere ka Huye bwiyemeje gutangira gukangurira abaturage kugirrira amenyo yabo isuku kandi bakanabasaba kubigira umuco.
Abatuye muri Santere ya Rwanza, bavuga ko uruhu rw’ingurube ruzwi nk’igishabiro rubaryohera kandi rukabahendukira kuko no ku giceri cy’amafaranga 50 ruboneka.
Umuhanzi Roberto aravuga ko ikibazo Uncle Austin afitanye n’inzu itunganya umuziki ya KinaMusic atari we gikwiye kubazwa, ahubwo cyabazwa KinaMusic.
Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Ngoma batanze icyifuzo cyo koroherezwa ingendo bahabwa amagari yabafasha kugera ku baturage.
Abaminisitiri bashinzwe impunzi mu bihugu Abanyarwanda bahungiyemo, bemeje ko kubarura impunzi z’Abanyarwanda ziri muri ibyo bihugu byarangirana na Mutarama 2016.
Umuhanzi MC Fab ngo agiye gushinga “Maison de Publication”, ikigo kizajya kirengera ibihangano by’abahanzi Nyarwanda bikoreshwa mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko mu myaka itanu iri imbere ikibazo cy’imirire mibi kigomba kuba kitacyumvikana muri aka Karere.
Ukuriye polisi mu karere ka Ngororero avuga ko Polisi itazihanganira akajagari kakigaragara mu batwara abagenzi.
Abakoresha umuhanda Muhanga -Ngororero -Rubavu bavuga ko impanuka bahura nazo ziterwa no kuvugira kuri telefoni no kwiruka cyane.
Nyuma yo kutitwara neza mu minsi ibiri ya Shampiona iheruka, Rayon Sports yongeye guha ibyishimo abakunzi bayo itsinda Mukura 2-0
Abakirisitu b’itorero rya ADEPR mu karere ka Kirehe bakoze urugendo rwo kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ikwirakwizwa ry’agakoko ka SIDA n’icuruzwa ry’abana.
Abanyeshuri bari mu kigo cya gisirikare cyigisha iby’amahoro(RPA) basanga amateka ari mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ari infashanyigisho.
Inama njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe, yateranye kuri bagaragarizwa ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015.
Abanyamahanga biganjemo abaturuka mu bihugu birimo amakimbirane ku mugabane w’Afrika barifuza ko u Rwanda rwagira icyo rukora kugirango amahoro rumaze kugeraho ruyatange no ku bandi.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arahumuriza Abanyarwanda baba hanze ko n’iyo baba barakoze ibyaha bituma baba mu buhunzi bashobora kubabarirwa bagataha mu rwababyaye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Minisiteri y’Uburezi gukemura ikibazo cy’amafaranga ya buruse agenerwa Abanyarwanda biga mu Budage atinda kubageraho.
Perezida Paul Kagame arakangurira Abanyarwanda bari hanze bashishikajwe no gusenya igihugu cyabo gutaha bagafatanya n’abandi kubaka igihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko iterambere ry’igihugu cy’u Rwanda riri mu maboko y’Abanyarwanda.
Mu munsi wa Rwanda Day uri kubera mu Buhoandi, Perezida wa Repubulika yasobanuriye Abanyarwanda ko bashobora kubaho nk’Abaholandi kubera ubushake, imikorere n’imbaraga.
Abanyarwanda baba mu mahanga baravuga ko bafata gahunda ya Rwanda Day nk’ikimenyetso cya demokarasi nyarwanda itagira uwo iheza inyuma.
Amabasaderi w’u Rwanda mu Buholandi Ignace Karabaranga avuga ko Abanyarwanda baba mu Burayi, mu Buholandi by’umwihariko, bishimiye ko Perezida Paul Kagame yabageneye umwanya akabasura.
Abanyarwanda baba mu mahanga bavuga batazatezuka mu gushaka no gushyigira ikintu cyose kizamura iterambere ry’u Rwanda.
Ubwo Perezida Kagame ari na we mushyitsi mukuru ubwo yageraga ahari kubera ibirori bya Rwanda Day yakiranwe ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe.