Abagenzi bategera imodoka muri gare nshya murenge wa Rukomo babangamiwe no kutagira ubwiherero rusange.
Abaturage b’Akagari ka Juru mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza baravuga ko imvune z’urugendo bakoraga bajya kwivuza zatumye biyubakira ivuriro.
Abarwaye amaso bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bashimishijwe no kuba babonye uko bazajya basoma mu gihe mbere batabibashaga.
Bamwe mu baturage batangaza ko ibihano bihabwa abafatanwa ibiyobyabwenge bica intege ababatanzeho amakuru, kuko iyo bahanwe byoroheje bagaruka bakora ibibi kurushaho.
Muri Afurika haracyagaragara ikibazo cy’abarimu bigisha imyuga mu mashuri ariko ugasanga nabo nta bumenyi buhagije bafite.
Kuba imvura y’umuhindo yaratinze kugwa byatangiye gutera impungenge bamwe mu baturage muri Kigali batekereza ko bishobora ku intandaro yibura ry’ibiribwa.
Urugaga rw’Abacungamutungo b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR, rugaragaza ko hari icyuho cy’abacungamutungo b’umwuga, bikaba impamvu ituma ibigo bihomba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke bwamurikiye abaturage imihigo ya 2015-2016 maze na bo baboneraho guhiga ibyo bazakora.
Abantu batatu bitabye Imana abandi bane barakomereka bikomeye mu mpanuka yabereye mu Murenge wa Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza bafite amasambu hafi ya Pariki y’Akagera barasaba ubuyobozi kubemerera kujya bahinga imyaka inyamaswa z’iyo pariki zitona.
Itsinda rishinzwe gutegura CHAN izabera mu Rwanda, riratangaza ko hakiri ukundi kwezi kurenga kugira ngo Stade Huye irangire gutunganywa
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwa Espagne gikuraho impapuro zita muri yombi abasirikari bakuru b’igihugu.
Abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12 baturuka mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gatsibo barafashwa kwiteza imbere.
Abikorera bo mu karere ka Bugesera bafatanyije n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi bagiye kugeza imashini zihinga zikanasarura ku bahinzi.
Harerimana Jean Baptiste wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro arashinja umugore we gutorokana abana akabajyana mu gihugu cya Uganda.
Mu rugabano rw’Akarere ka Ngoma n’aka Kirehe ahitwa Rwagitugusa mu mirenge ya Mutendeli na Gahara,hatoraguwe umurambo w’umukobwa wishwe akaswe ijosi.
Abamotari barinubira abagenzi bagenda barangariye ku materefoni bari ku mbuga nkoranyambaga cyangwa bakinisha abana mu muhanda bakabateza impanuka.
Abanyeshuri 20 b’abakobwa biga muri Lycee de Ruhango, bari mu bitaro kubera inkoni umuyobozi ushinzwe imyitwarire yabakubise abaziza gukererwa ishuri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burasaba abayobozi b’imirenge gukaza ingamba ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa kuko kiza ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunga, mu Karere ka Burera, bahangayikishijwe n’amazi ava mu birunga abateza umutekano muke.
Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yangije ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 8 n’ibihumbi 40 inakangurira urubyuruko kubireka kuko birwangiza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arakangurira abaturage bo mu Karere ka Musanze kongera umusaruro uva ku buhinzi.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Imiturire, kuri wa 07 Ukwakira, Minisitiri Germaine Kamayirese, yasabye abategura aho gutuza abaturage guteganya umwanya rusange wo kwisanzuramo.
Ba nyir’ibigo bitwara abagenzi ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Gare ya Nyabugogo ku ihagarikwa ry’abayobora abagenzi bazwi nk’abakarasi.
Nzeyimana Paul utuye mu Murenge wa Kagano avuga ko guhinga imyumbati bimaze guhindura imibereho ye akaba asigaye ari n’umuhinzi ntagarugero mu Karere ka Nyamasheke.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) yahaye uburenganzira Kaminuza ya Kigali (UoK) bwo gufungura ryayo mu Karere ka Musanze.
Abaturage bataka kutagira amikoro yo kugura ikibanza ku mudugudu kandi na gahunda yo kugurana ubutaka ntiyitabirwa kubera ko ibiciro by’ubutaka bitandukanye.
Abaturage b’Umurenge wa Karenge bahuriye mu nteko rusange tariki 7/10/2015 bavuze ko kumurika ibyiza bagezeho bibatera ishyaka ryo kwesa imihigo.
Bruce Melody na Super Level baritana bamwana k’ukwiye kwishyura Boston wambitse Bruce Melody muri Guma Guma akiri muri Super Level.
Inama Nkuru y’Itangazamakuru(MHC) n’Umuryango SFH, basabye abanyamakuru none tariki 06/10/2015, kutibanda kuri politiki gusa, bakavuga n’ibindi birimo n’ubuzima.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yakiriye indahiro z’abashinjacyaha umunani kuri uyu wa 07 Nzeri 2015, abasaba gushyira ingufu ku bahombya igihugu.
Urwego rw’igihugu rushinzwe ubwikorezi ruravuga ko hafi kimwe cya kabiri cy’abahitanwa n’impanuka zo mu muhanda ari abanyamaguru bihitira batazigizemo uruhare.
Abaturage b’Umurenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, barasabwa guhiga ibikorwa bishingiye ku muryango kugira ngo bazongere bese imihigo.
Impunzi z’Abanyarwanda zabaga muri RDC zivuga ko kutagira amakuru ahagije ku Rwanda ari yo mpamvu benshi badatahuka.
Inama yabereye ku karere ka Rulindo yahuje abafatanyabikorwa mu bworozi bw’inka z’amata n’ubucuruzi bw’ibiyakomokaho, abavuzi b’amatungo n’umushinga Land O Lakes.
Ikipe y’igihugu y’amagare igiye kwitabira isiganwa ry’amagare rizabera mu gihugu cya Cameroun mu cyumweru gitaha
Abatuye mu masantere ya Remera aherereye ku bwinjiriro bw’umujyi wa Kibungo, barasaba amatara ku muhanda kugira ngo babashe gukora igihe kirekire nijoro.
Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kurwanya ruswa ishingiye ku kimenyane n’amafaranga igaragara muri gahunda ya Gira Inka.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi babangamiwe no kutagira irimbi kuko iryo bari bafite ryuzuye, bakaba bakora ibirometero birenga 10 bajya gushyingura i Rubungera.
Kanyamanza Casssien, umaze imyaka 37 ari umwarimu, asaba abarimu bakiri bato gukunda uburezi n’abana bigisha aho gushaka ubukire bwa vuba.
Aborozi b’ingurube, mu Karere ka Musanze, bavuga ko ingurube ari itungo ritanga amafaranga kurusha andi matungo kuko uyoroye ngo imuvana mu batindi akaba umukire.
Umuvugizi wa polisi mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare afunze kubera amafaranga menshi yabuze mu bitaro ayobora.
Abagore babana n’agakoko gatera SIDA bakuriye abandi mu turere tw’u Rwanda barakangurirwa kwigirira icyizere mu byo bakora bityo batere imbere.
Nubwo u Rwanda rwashoboye kwihaza ku biribwa ariko rukeneye cyane ibinyampeke byo kuganira ibindi biribwa bihingwa mu gihugu.
Intumwa Masasu, umuyobozi w’itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima (Evangelical Restauration Church), atangaza ko ubuhanuzi budashingiye ku nyigisho za Bibiliya bwica byinshi.
Mu cyumweru cyahariwe ubumenyingiro n’ikoranabuhanga (TVT Week) mu Rwanda, uyu munsi hasuwe ikigo cy’ubumenyi ngiro cya Tumba College of Technology.
Prof Silas Lwakabamba wabayeho Minisitiri w’Ibikorwa Remezo nyuma akaza kuba Minisitiri w’Uburezi agiye kuyobora Ishuri Rikuru rya INATEK.
Ishuri ryisumbuye ry’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba rya Kabutare, tariki 5/10 ryatashye amazu ryubakiwe n’umuryango w’Ababirigi ufasha mu myigishirize y’imyuga, PAFP.
Kubera ko RAMA igira aho igarukira ibavuza, abarimu ba Nyagatare bagiye kwishyiriraho ikigega cy’ubufatanye mu kwivuza hanze y’igihugu.