Uko byifashe mu Kinigi mu myiteguro yo “Kwita Izina” (Amafoto)

Abaturage bo mu Karere ka Musanze cyane cyane abatuye mu Kinigi batangiye imyiteguro y’umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 19, uba kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Nzeli 2017.

Uko niko mu Kinigi ahazabera umuhango wo Kwita Izina hameze. Uwo mutako uko mu ishusho y'ingagi
Uko niko mu Kinigi ahazabera umuhango wo Kwita Izina hameze. Uwo mutako uko mu ishusho y’ingagi

Uwo muhango uzabera mu mudugudu wa Nyagisenyi mu Kagari ka Nyonirima mu murenge wa Kinigi muri Musanze.

Ahateguwe kuzizihirizwa ibyo birori ni munsi y’ikirunga cya Sabyinyo aho uba ucyitegeye hamwe n’ibindi birunga bishoreranye mu buryo bubereye amaso.

Mu gutegura ahazizihirizwa ibyo birori hakozwe imitako ikozwe mu migano yerekana inyamaswa zisurwa na ba mukerarugendo by’ukwihariko zirimo ingagi, intare, isatura n’izindi.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Habyarimana Jean Damascene avuga ko ibyo birori bizaba birimo abashyitsi b’Imena basaga 3000 hakurikijwe ubutumire bwatanzwe, baturutse mu Rwanda no hanze yarwo.

Inyamaswa zitandukanye ziri muri Pariki z'u Rwanda hari imitako izigaragaza
Inyamaswa zitandukanye ziri muri Pariki z’u Rwanda hari imitako izigaragaza
Iyo ni Intare
Iyo ni Intare
Iyo ni Inkura
Iyo ni Inkura
Muri santere ya Kinigi
Muri santere ya Kinigi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

murakaza neza iwacu

guillaume yanditse ku itariki ya: 1-09-2017  →  Musubize

karibu iwacu murakazaneza murisanga

guillaume yanditse ku itariki ya: 1-09-2017  →  Musubize

ndabona muzi gushushanya amashusho yibisimba da
mukomereze ahooIIIIIIIIIIII

uwamahoro jacqueline yanditse ku itariki ya: 31-08-2017  →  Musubize

MURARENZE KUBYO MBONA

CEDRIC BYUKUSENGE yanditse ku itariki ya: 31-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka