Kurinda ingagi n’izindi nyamaswa ni inyungu zacu - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda cyane cyane abaturiye pariki kongera umurego mu kubungabunga inyamaswa zibaturiye, kuko inyungu zitanga ari bo zigeraho mbere.

kagame-kwita-izina.jpg Perezida Kagame yavuze ko abaturage ari ba mbere bagerwaho n'inyungu zivamu kubungabunga ibidukikije.
kagame-kwita-izina.jpg Perezida Kagame yavuze ko abaturage ari ba mbere bagerwaho n’inyungu zivamu kubungabunga ibidukikije.

Yabitangarije mu muhango ngarukamwaka wo kwita izina abana b’ingagi wabereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa gatanu tariki 1 Nzeri 2017.

Yagize ati “Twese tuzi inyungu y’amafaranga dukura mu kuzibungabunga. Mureke twongere imbaraga mu kurinda ibidukikije.”

Perezida Kagame yasezeranyije ko leta izakomeza gushora imari mu bituma urusobe rw’ibinyabuzima no kubungabunga ibidukikije bikomeza kumera neza.

Umwe mu bise izina ingagi yavutse.
Umwe mu bise izina ingagi yavutse.

By’umwihariko yashimiye abatuye Akarere ka Musanze umurava barushaho kugaragaza mu kurinda parike baturiye.

Warren Buffet, umwe mu baherwe ku isi akaba n’inshuti y’u Rwanda, wari waje kwita izina, yavuze ko mu myaka 20 ishize yagerageje gusura u Rwanda ariko bakamubwira ko bidashoboka kuko batari barwizeye.

Icyo gihe ngo yagiye kureba ingagi muri Uganda ariko kuri ubu avuga ko u Rwanda rwahinyuje abatarizeraga ko rwagera kuri iki gikorwa cyo kwita izina.

Imikino y'urubyiruko yerekanaga ubuzima bw'ingagi.
Imikino y’urubyiruko yerekanaga ubuzima bw’ingagi.

Ati “U Rwanda rwahinduye uko isi ifata Afurika, kuko niba mu myaka 20 abantu barambwiraga ko ntashobora kuza kureba ingagi mu Rwanda, ubu nkaba ndi kuyita izina ni ikigaragaza ubudasa bw’u Rwanda.”

Perezida Kagame yanatashye Hoteli ikomeye yubatse mu Birunga yitwa Bisate Lodge. Iyi hoteli ifite akarusho ko yubatse mu buryo butangiza ibidukikije.

Kureba andi mafoto mennshi kanda AHA


Created with Admarket’s flickrSLiDR.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka