Bite by’umuhanda mushya uva mu Mujyi ugana Nyabugogo? (AMAFOTO)

Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.

Uwo muhanda ni umwe mu mihanda Umujyi wa Kigali watangiriyeho gahunda yo kwagura imihanda ingana n’ibirometero 52 muri 2017.

Uwo muhanda utegerejweho koroshya ubuhahirane n’ubucuruzi, kuko ukoreshwa na benshi. Ubushize twari twabagejejejo uko umuhanda uturuka i Remera - Prince House kugera Rwandex uri gukorwa.

Kigali Today yarahanyarukiye kugira ngo irebe uko abagenzi bitabira kuwukoresha mu gihe imirimo yo kuwagura igeze ku musozo. Yabateguriye iyi nkuru mu mafoto:

Uyu muhanda urakoreshwa cyane ariko kuri uyu munsi iyi foto ifatwa byagaragaraga ko nta rujya n'uruza rwagaragaraga
Uyu muhanda urakoreshwa cyane ariko kuri uyu munsi iyi foto ifatwa byagaragaraga ko nta rujya n’uruza rwagaragaraga
Hariho inzira yagenewe abanyamaguru bitewe n'uko umuhanda w'imodoka zimanuka uri munsi y'uw'izizamuka
Hariho inzira yagenewe abanyamaguru bitewe n’uko umuhanda w’imodoka zimanuka uri munsi y’uw’izizamuka
Ngiyo inzira y'abanyamaguru bava mu muhanda umwe bambukira mu wundi
Ngiyo inzira y’abanyamaguru bava mu muhanda umwe bambukira mu wundi
Iyubakwa ry'uyu muhanda ryatumye n'inzu ziwegereye zivugururwa
Iyubakwa ry’uyu muhanda ryatumye n’inzu ziwegereye zivugururwa
Imodoka zashyiriweho umurongo ntarengwa wo guparikaho, utabangamira inzira y'abanyamaguru
Imodoka zashyiriweho umurongo ntarengwa wo guparikaho, utabangamira inzira y’abanyamaguru
Hagati y'imihanda yombi hazaterwa ubusitani
Hagati y’imihanda yombi hazaterwa ubusitani
Aho hari ibitaka bizakurwaho, haterwe ubusitani
Aho hari ibitaka bizakurwaho, haterwe ubusitani
Buri gice cy'umuhanda kizajya kinyuramo imodoka ebyiri mu gihe mbere cyanyurwagamo n'imodoka imwe gusa
Buri gice cy’umuhanda kizajya kinyuramo imodoka ebyiri mu gihe mbere cyanyurwagamo n’imodoka imwe gusa
Ahatazaterwa ubusitani hagati y'umuhanda hazashyirwamo inzira z'abanyamaguru
Ahatazaterwa ubusitani hagati y’umuhanda hazashyirwamo inzira z’abanyamaguru
Aha ni ku cyicaro gihuza ibikorwa bya Polisi yo mu muhanda
Aha ni ku cyicaro gihuza ibikorwa bya Polisi yo mu muhanda
Ku nkengero z'imihanda ahari imikingo yatengukaga, hashyizwe ubusitani
Ku nkengero z’imihanda ahari imikingo yatengukaga, hashyizwe ubusitani
Ahazwi nka Yamaha hatangiye kuza urujya n'uruza rw'imodoka nk'uko byari bisanzwe mbere
Ahazwi nka Yamaha hatangiye kuza urujya n’uruza rw’imodoka nk’uko byari bisanzwe mbere
Amahururo y'imihanda ya Yamaha
Amahururo y’imihanda ya Yamaha
Aha ni Nyabugogo werekeza mu Mujyi
Aha ni Nyabugogo werekeza mu Mujyi
Aha ni ku kiraro cyo ku muhanda werekeza mu Gatsata, naho imirimo yo kwagura umuhnda ugana i Karuruma igeze kure
Aha ni ku kiraro cyo ku muhanda werekeza mu Gatsata, naho imirimo yo kwagura umuhnda ugana i Karuruma igeze kure
Uyu muhanda nawo uzagurwa nk'iyo muri Kigali
Uyu muhanda nawo uzagurwa nk’iyo muri Kigali

Andi mafoto menshi ajyanye n’uyu muhanda kanda AHA

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nyabuna wowe wakoze iyi nkuru ihutire gukosora uko wakurikiranije aya mafoto kuko hari iyakuvangiye.

Thx

Alias yanditse ku itariki ya: 3-11-2017  →  Musubize

Nıshımıye ıterambera bwana prezıda wacu polo kagame akomeje kutugezaho ımana ızamuhe kuramba ımyaka ıgıhumbı ndı motr nıtwa uwuhoraho ıdlıssa kıcukıro thanks

Kıdega yanditse ku itariki ya: 3-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka