ULK yasabwe gushyira ingufu mu gukoresha ikoranabuhanga mu myigishirize

Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) irasabwa kongera ingufu mw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigishirize cyane ko ari cyo cyerekezo igihugu gishaka.

Ifoto y'Urwibutso nyuma yo Gusura Kaminuza yigisha Ubumenyingiro ya ULK
Ifoto y’Urwibutso nyuma yo Gusura Kaminuza yigisha Ubumenyingiro ya ULK

Yabisabwe na Minisitiri w’Uburezi Dr Musafiri Papias Malimba, mu ruzinduko we n’Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cyigisha imyuga n’ubumenyingiro Gasana Jerome bagiriye muri iyi kaminuza kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2017.

Uru ruzinduko rwarimo n’umuyobozi w’Inama nkuru y’Uburezi Muvunyi Emmanuel, rwibanze mu kureba imikoreshereze y’ikoranabuhanga mu myigishirize mu ishuri ry’imyuga n’ubumynyingiro rya ULK, cyane ko ryatangiye kwigisha imyuga n’ubumenyingiro kuva muri 2014.

Min Musafiri avuga ko bitakiri ngombwa gukomeza gukoresha impapuro mu gihe ikigo gifite ibyangombwa bikenerwa.

Agira ati “Twabasabye guhindura uburyo bw’imyigishirize bagakoresha cyane ikoranabuhanga kurusha impapuro cyane ko twasanze bafite mudasobwa nyinshi. Urugero nk’imikoro abanyeshuri baba bakoze cyangwa raporo z’ibyo bakora ntibyakagombye kuba bigitangwa ku mpapuro”.

Akomeza avuga ko ikoranabuhanga ryoroshya imirimo rikanabarinda umurundo w’impapuro kandi ko ari byo igihugu cyifuza kinarimo guteza imbere.

Basuye ahantu hatandukanye bigishiriza Imyuga n'ubumenyingiro muri iyi Kaminuza
Basuye ahantu hatandukanye bigishiriza Imyuga n’ubumenyingiro muri iyi Kaminuza

Gasana Jerome Uyobora WDA, nawe yavuze ko igikorwa iyi kaminuza yigenga yakoze ishyiraho Ishuri ry’imyuga n’Ubumenyingiro, ari ingenzi kuko gifitiye akamaro igihugu.

Ati “Nashimishijwe n’uko ULK yashyize ingufu mu kwigisha amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro. Hari abiga amashanyarazi, ikoranabuhanga mu itumanaho, ubwubatsi n’iby’ubutaka kandi bafite ibikoresho bihagije n’abarimu. Ni intambwe nziza bagezeho”.

Yavuze ko imishinga abanyeshuri bakoze itanga ikizere, ngo hari umushinga wo kuhira imyaka ndetse n’uw’amatara ayobora ibinyabiziga, ngo ni ibikorwa byiza n’andi mashuri akwiye gufatiraho urugero.

ULK iherutse gushyira ku isoko ry’umurimo abanyeshuri 108 bize imyuga itandukanye, ikaba ifite n’abandi 300 barimo kwiga.

Umuyobozi wa WDA aganira na Prof Rwigamba Barinda washinze Kaminuza ya ULK
Umuyobozi wa WDA aganira na Prof Rwigamba Barinda washinze Kaminuza ya ULK

Umuyobozi wa WDA kandi yasabye ubuyobozi bwa ULK gukomeza kongera umubare w’abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro kuko ngo hari Abanyarwanda benshi babyifuza.

Gasana Jérôme Umuyobozi wa WDA yasabye Ubuyobozi bwa Kaminuza ya ULK yigisha Ubumenyingiro kurushaho gukoresha Ikoranabuhanga mu myigishirize
Gasana Jérôme Umuyobozi wa WDA yasabye Ubuyobozi bwa Kaminuza ya ULK yigisha Ubumenyingiro kurushaho gukoresha Ikoranabuhanga mu myigishirize
Minisitiri w'Uburezi Dr Musafiri yeretswe ibijyanye n'amashanyarazi abanyeshuri biga
Minisitiri w’Uburezi Dr Musafiri yeretswe ibijyanye n’amashanyarazi abanyeshuri biga
Iki ni kimwe mu gikorwa abanyeshuri biga amashanyarazi bakoze gifasha abantu gusharija telefoni hifashishijwe ingufu zikomoka ku mirasire y'Izuba
Iki ni kimwe mu gikorwa abanyeshuri biga amashanyarazi bakoze gifasha abantu gusharija telefoni hifashishijwe ingufu zikomoka ku mirasire y’Izuba
Abanyeshuri ba ULK banikorera Feu Rouge zishobora kwimurwa zigashyirwa ahataba amashanyarazi
Abanyeshuri ba ULK banikorera Feu Rouge zishobora kwimurwa zigashyirwa ahataba amashanyarazi
Aba bayobozi banyuzwe n'urwego abiga muri iri shuri bagezeho
Aba bayobozi banyuzwe n’urwego abiga muri iri shuri bagezeho
Banasuye ahigishirizwa ICT muri iri shuri
Banasuye ahigishirizwa ICT muri iri shuri
Ikoranabuhanga mu myigishirize ngo niyo gahunda Leta iganamo izafasha abanyeshuri mu iterambere ryihuse
Ikoranabuhanga mu myigishirize ngo niyo gahunda Leta iganamo izafasha abanyeshuri mu iterambere ryihuse
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka