Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame basangiye Noheli n’abana barenga 200

Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ibirori bya Noheli n’abana barenga 200, igikorwa cyabaye no mu rwego rwo kwifatanya na bo muri izi mpera z’umwaka.

Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame bafatanyije n'abana gukata umutsima
Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame bafatanyije n’abana gukata umutsima

Abo bana baturutse mu turere twose tw’igihugu uko ari 30, bakiriwe mu busitani bwo mu biro bya Perezida mu “Urugwiro”, kuri iki Cyumweru tariki 3 Ukuboza 2017.

Madame Jeannette Kagame waje aherekeje Perezida Kagame, bafatanije mu kugenera abo impano no gusabana na bo.

Perezida Kagame yaboneyeho kubifuriza umwaka mwiza anabasaba kwitwara neza no gukurana uburere bukwiye kugira ngo bazavemo abantu bakorera igihugu,babe n’abayobozi beza b’ejo hazaza.

Yagize ati “Impamvu turi aha ni ukugira ngo tubifurize Noheli nziza n’umwaka mushya muhire. Turabifuriza gukura neza kugira ngo muzavemo abayobozi beza b’ejo hazaza. Kugira ngo igihugu kigire abayobozi beza bisaba ko kigira abantu bafite uburezi bwiza nk’ubwanyu.”

Umwe mu bana utareba yagaragaje ubuhanga mu muvugo uhamagarira ababyeyi guha amahirwe angana abana
Umwe mu bana utareba yagaragaje ubuhanga mu muvugo uhamagarira ababyeyi guha amahirwe angana abana

Yabibukije ko bashobora kuba icyo bifuza cyose mu minsi iri imbere, mu gihe bakoresheje impano bafite.

Uwase Claudine w’imyaka 11 waturutse mu Karere ka Rutsiro,yari inshuro ya mbere ageze muri Kigali. Yavuze ko guhura na Perezida imbonankubone byamwongereye imbaraga zo kwiga akazatsinda ibizami akazagera ku nzozi ze.

Ati “Umwaka utaha nzaba ndi mu wa gatandatu w’amashuri abanza, ibyo Perezida yambwiye nzabikurikiza kugira ngo ngere ku nzozi zanjye zo kuba umuganga.”

Hari imyidagaduro y'ubwoko bwose yagenewe abana
Hari imyidagaduro y’ubwoko bwose yagenewe abana

Madame Jeannette Kagame ategura icyo gikorwa buri mwaka, aho atumira abana bari hagati y’imyaka 7 na 12 kugira ngo basangire. Hatumirwa abana bo mu bice byose by’igihugu ndetse n’abana baturuka mu miryango ikennye cyane barahagararirwa.

Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame banageneye impano aba bana
Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame banageneye impano aba bana
Abana basizwe amarangi mu maso, imwe mu mikino bishimira
Abana basizwe amarangi mu maso, imwe mu mikino bishimira
Uwo mwana yari yatwawe no guhuha muri ako gakinisho kazana ibipurizo
Uwo mwana yari yatwawe no guhuha muri ako gakinisho kazana ibipurizo
Uwo mwana yari yatwawe no guhuha muri ako gakinisho kazana ibipurizo
Uwo mwana yari yatwawe no guhuha muri ako gakinisho kazana ibipurizo
Aba bavandimwe ntibasiganaga. Umukuru ni umuhungu, umuto ni umukobwa
Aba bavandimwe ntibasiganaga. Umukuru ni umuhungu, umuto ni umukobwa
Abantu bakuru nabo bafashe akanya baridagadura
Abantu bakuru nabo bafashe akanya baridagadura

Dore andi mafoto yaranze iki gikorwa

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mbega byiza ,ineza yumuntu niyo imutera gukundwa nukuri. Imana ntikabagirwe Imirimo nurukundo Ugira mubyeyi mwiza ... we Love u.........

Niyodusenga Vianney yanditse ku itariki ya: 7-12-2017  →  Musubize

MANA yanjye dufitumubyeyi wimfura pe IMANA ijyimuturindira amanywa nijoro AMEN

Juliette yanditse ku itariki ya: 4-12-2017  →  Musubize

Nshimye mbivanye ku mutima Umuyobozi wacu President Kagame iby’akora byinshi bifitanye isano nibyo Yesu Kristo Umucunguzi w’Isi. Erega nawe n’Umucunguzi w’ Abanyarwanda mu mbande zose z’isi. Imana imuhe Ishya n’Ihirwe mu buyobozi bwe.

Ngwe ya TSINDA yanditse ku itariki ya: 3-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka