Emery Bayisenge agiye kwerekeza muri Asia mu ikipe ya McKinstry

Emery Bayisenge uheruka gusezererwa mu ikipe ya USM Alger yo muri Algeria, agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na Johnattan McKins

Myugariro w’Umunyarwanda Emery Bayisenge wari umaze umwaka adakina, agiye kwerekeza mu gihugu cya Bangladesh mu ikipe itozwa n’uwahoze amutoza mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Emery Bayisenge agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na McKinstry
Emery Bayisenge agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na McKinstry
Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi ni we wafashije Emery Bayisenge kubon ikipe
Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi ni we wafashije Emery Bayisenge kubon ikipe

Iyi kipe agiye kwerekezamo yitwa SAIF Sporting Club ikina mu cyiciro cya mbere, ni ikipe nshya kuko imaze imyaka ibiri gusa ishinzwe, aho yashinzwe mu kwezi kwa 08/2016.

Johnathan McKinstry wamutoje mu Mavubi, ashobora kuba agiye kongera kumutoza
Johnathan McKinstry wamutoje mu Mavubi, ashobora kuba agiye kongera kumutoza

Emery Bayisenge wari umaze iminsi akorera imyitozo mu Rwanda, by’umwihariko aho byavugwaga ko yaba agiye gusubira muri APR FC, yari amaze hafi umwaka atandukanye n’ikipe ya USM Alger, aho umutoza wayo Thierry Froger atigeze amushima.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka