Ubuyobozi bukuru wa MTN-Rwanda burahamagararira abakiliya bayo batarakemurirwa ibibazo muri gahunda ya Macye Macye, kuyimenyesha mu buryo bwo kubahamagara, kubandikira kuri Whatsapp cyangwa ku mbuga nkoranyambaga zabo.
Uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame rusize abikorera bo mu Rwanda no muri Indonesia basinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, (PSF), n’urw’abikorera muri Indonesia, (KADIN), mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, ikoranabuhanga, ubukerarugendo no (…)
Abatoza batatu barimo Otto Addo, umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Ghana (Black Stars), bakoze impanuka ubwo imodoka barimo yagonganaga n’ikamyo.
Ku Cyumweru, tariki ya 1 Nzeri 2024, ikipe ya Dream Taekwondo Club ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Taekwondo mu Rwanda yazamuye abana 40 muri uyu mukino batsindiye imikandara yo mu rwego rwisumbuye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 2 Nzeri 2024, hatangijwe Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, witezwemo kongera imbaraga mu bikorwa by’ubutabera birimo kunoza imiburanishirize y’imanza zimunga ubukungu bw’Igihugu harimo ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare batewe impungenge n’umusaruro w’umuceri ushobora kuba muke kuko hari abataratera imbuto kubera kubura amazi awuhira bitewe n’uko ikiyaga gihangano cya Cyabayaga cyasibye ndetse n’ingomero za Karungeri na Ngoma zidakora kubera impamvu zitandukanye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwatangije umushinga wo kubaka inzu 50 z’abatishoboye, mu Mudugudu wa Gifumba Akagari ka Gifumba muri uwo Murenge, hagamijwe gutuza abaturage batagira aho kuba.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko kugira ngo umwarimu yemererwe kwimurirwa ahandi, nibura agomba kuba amaze imyaka itatu akorera aho yasabye kwigisha, cyangwa aho yoherejwe mu rwego rwo kwirinda guhungabanya uburyo abarimu bashyirwa mu myanya.
Bamwe mu bafatabuguzi ba MTN-Rwanda barasaba Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kubishyuriza amafaranga MTN-Rwanda ibatwara ibabwira ko bishyuye telefone za Macye Macye kandi itarigeze izibaha.
Mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025 cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 2 Nzeri 2024 ku Cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana, yagaragaje ko hakenewe ingamba mu kugabanya umubare w’urubyiruko rukora ibyaha kuko ibyaha cyo gukubita no gukomeretsa byihariye 57% by’imanza (…)
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, abana babiri bavukana bari basizwe mu nzu bonyine mu masaha y’ijoro baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inzu bari barimo.
Leta y’ u Rwanda yashyizeho amabwiriza yo kwirinda icyorezo cy’ ubushita bw’ inkende buzwi nka MPOX mu gihe abanyeshuri barimo gusubira ku ishuri.
Muri Madagascar, hasohotse itegeko rikomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa hakoreshejwe kubaga, aho gukoresha imiti.
Chidimma Adetshina nyuma yo kwangwa mu bari bahataniye Ikamba rya Nyampinga wa Afurika y’Epfo kubera inkomoko ye itaravuzweho rumwe, yabaye Miss Universe Nigeria 2024.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024 Perezida Paul Kagame witabiriye inama ya kabiri ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, yagaragaje mu gihe hashyirwaho ingamba zihamye nta gushidikanya ko gukorera hamwe bizatanga igisubizo gishimishije ku iterambere rirambye.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) igiye gushyingura abantu 200 baguye mu nkambi z’impunzi bazira uburwayi n’inzara, mu mezi abiri ashize.
Raporo nshya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko ibiciro muri rusange mu Rwanda byagabanutseho 5.4% muri Nyakanga 2024 ugereranyije n’uko kwezi mu mwaka ushize wa 2023.
Umuhanzi umaze kwamamara mu njyana ya Afrobeats, Divine Ikubor, uzwi cyane ku izina rya Rema, yageneye inkunga ya miliyion 105 z’Amanaira yo muri Nigeria (Agera kuri miliyoni 87 z’Amafaranga y’u Rwanda) itorero Christ Embassy ryo muri Benin, ku bw’ineza ryagiriye umubyeyi we agahabwa igishoro agashinga iduka.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024 mu Gihugu cya Uganda ahitwa i Masaka-Bugonzi habereye impanuka ikomeye y’imodoka ya Jaguar yaguyemo abantu umunani barimo n’Umunyarwanda abandi 30 barakomereka bikabije.
Banki ya Kigali (BK Plc) yakoze ibirori byo gushimira abana bazigamirwa kuri konti yitwa ‘Kira Kibondo’, imwe mu biteza imbere gahunda yiswe ‘Nanjye ni BK’ ifasha abantu b’ingeri zose kugerwaho na serivisi z’imari.
Ikigo mpuzamahanga cyita ku mashyamba (FSC) cyiyemeje gushyigikira u Rwanda mu kongera ubukangurambaga, kugira ngo abaturage bumve banamenye amahame mpuzamahanga, mu guteza imbere imicungire irambye y’amashyamba bityo ibikoresho bikomoka ku biti by’u Rwanda bibe byajya ku isoko mpuzamahanga ari byinshi.
Abahinzi b’imboga n’imbuto mu Karere ka Rubavu barishimira ko babonye uburyo butuma no mu gihe cy’impeshyi babasha kongera umusaruro.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe ibihingwa, Jean Claude Izamuhaye, avuga ko iki gihembwe cy’ihinga 2025 A, ubuso buzahingwa bwiyongereyeho 10% ugereranyije n’ubwahinzwe igihembwe cy’ihinga gishize.
Kuri iki Cyumweru, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryamenyesheje amakipe yo mu cyiciro cya mbere ko yemerewe gukoresha abakinnyi b’Abanyamahanga 10 mu marushanwa y’imbere mu gihugu arimo na shampiyona.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye Inama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, iba kuva tariki ya 1-3 Nzeri 2024. Iyi nama igamije gushimangira umubano hagati ya Afurika na Indonesia, iribanda cyane ku ngingo zirimo guteza imbere ingufu, ubuzima, kwihaza mu biribwa n’ubucukuzi (…)
U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga iziga ku ikoranabuhanga ritandukanye ryifashishwa mu buhinzi, hagamijwe kongera umusaruro wabwo bityo ikibazo cy’inzara yugarije abatari bake ku Isi kikaba cyakemuka.
Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amashusho (Video) yatangaje benshi, Zari Hassan abwira umugabo we Shakib Lutaaya ko azashaka undi mugabo akabagira ari ababiri kuko itegeko rya Afurika y’Epfo ribyemera.
Ku nkengero z’Ikiyaga cya Ruhondo, hagiye kubakwa umujyi uzatwara miliyari zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda, umushinga uri kunonosorwa hagamijwe kurushaho kwagura ubukerarugendo bukorerwa kuri iki kiyaga no kubuteza imbere.
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zirwanira ku butaka zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanye no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi.
Mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2024, hibanzwe ku bikorwa byo kurwanya isuri ariko mu biganiro abaturage bahawe mu Turere dutandukanye, abayobozi babasabye kwirinda indwara y’ubushita bw’inkende Mpox.
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama mu Ntara y’Amajyaruguru, waranze n’ibikorwa binyuranye birimo guhanga no gutunganya imihanda y’imigenderano, gusiba ibinogo no gusibura inzira z’amazi y’imvura, mu kwirinda ibiza by’imvura itegerejwe mu mezi ari imbere.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 31, mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali hibanzwe cyane ku bikorwa birimo gusibura no guca inzira z’amazi kugirango imvura y’umuhindo n’igwa amazi azabone aho anyura nta nkomyi.
Ubwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangizaga umushinga wiswe RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo, aborozi bahagarariye abandi batanze ibyifuzo bigera muri birindwi, basaba ko byazitabwaho kugira ngo umusaruro basabwa uboneke.
Bamwe mu basirikare b’u Burusiya ba Brigade Bear bari bamaze igihe gito bakorera muri Burkina Faso nk’Abacanshuro, basubiye iwabo mu Burusiya kugira ngo bajye gutanga umusanzu mu kurwanya ingabo za Ukraine zimaze ibyumweru bicyeya zigabye igitero gikomeye ku butaka bw’u Burusiya.
Musenyeri, Dr. Laurent Mbanda w’Itorero Anglican mu Rwanda, yatorewe kuyobora umuryango uhuza amatorero, amadini na Kiliziya (Rwanda inter-Religious Council/RIC), akaba asimbuye Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyoseze Gatolika ya Butare.
BK Group iratangaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka yazamuye urwunguko ho Miliyari 47.8 Frw, urwo rwunguko rukaba rwariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize mu bikorwa byose bya BK Group.
Mu muhango wayobowe na Minsitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda mu izina rya Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasezeye mu cyubahiro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo na Gen Jean Bosco Kazura.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ikiruhuko cy’izabukuru ku basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD) riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasobanuye ko nta muntu wabuza abandi gusenga, ahubwo ko icyo basabwa ari gusengera ahantu hujuje ibisabwa n’amategeko ku bw’inyungu z’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera umwana (NCDA), kiratangaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere ku Isi mu kugira ubwitabire bw’ababyeyi bonsa neza abana ariko kandi kikabahamagarira kutadohoka kuko imibare igaragaza ko ababikora bagabanutseho 7%.
Bamwe mu bagabo bavuga ko kutiharira ububasha bw’urugo byatumye babasha kubaka ingo zizira amakimbirane nyamara mbere barahoraga mu ntonganya.
Nyirabiyoro yari atuye mu birwa biri mu Kiyaga cy’Ihema, ahitwa mu Mazinga. Kigeri III Ndabarasa ajya gutera Umubari abaho barabimenye, umwami waho atuma kuri Ndagara ya Ruhinda wategekaga Karagwe amusaba kuzahisha Nyirabiyoro ndetse n’umwana we kugira ngo ingabo za Ndabarasa zitabica.
Iki ni icyegeranyo ku magambo yavuzwe na bamwe mu bantu b’ibyamamare babayeho mu buzima butandukanye, uhereye ku bavugwa mu iyobokamana, muri filimi, muri politike, mu mikino n’imyidagaduro, abahanzi n’abandi. Ni amagambo bavuze mu minota ya nyuma y’ubuzima bwabo, hari n’abo habaga habura gato ngo bashiremo umwuka.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe barashima ko bahawe ubutabera ababiciye imiryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bakajyanwa mu nkiko bagakurikiranwa.
Mu nama y’iminsi ibiri yateraniye ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru kuva tariki 30 kugera 31 Kanama 2024 ihuza abakobwa n’abagore bari muri Polisi y’Igihugu, ku nshuro ya 13 hatangajwe ko Polisi y’u Rwanda ifite intego yo kongera umubare w’abakobwa n’abagore binjira muri uyu mwuga ukagera kuri 30%.
Kuri uyu wa gatanu hasohotse iteka rya perezida n° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya frw 5.000 n’iya frw 2.000 nk’uko bikubiye mu igazeti ya Leta nomero idasanzwe yo ku wa 30/8/2024.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko imyiteguro y’amatora y’Abasenateri irimbanyije, ariko ko hari abaturage batarumva neza impamvu aba bagize Inteko Ishinga Amategeko batorwa.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kanama 2024, ahitwa Buñol mu gihugu cya Espagne, habereye umukino udasanzwe wo guterana inyanya uzwi nka La Tomatina, witabiriwe n’abasaga ibihumbi 22 baturutse hirya no hino ku isi.