Cricket: U Rwanda rwatsinze Botswana muri #ILT20 Continent Cup

Ikipe y’Igihugu mu mukino wa Cricket, kuri uyu wa gatatu yatsinze Botswana ibona intsinzi ya gatatu yayifashije gufata umwanya wa kabiri mu irushanwa rya ILT20 Continent Cup, rigeze ku munsi wa karindwi ribera mu Rwanda.

U Rwanda rwatsinze Botswana muri #ILT20 Continent Cup
U Rwanda rwatsinze Botswana muri #ILT20 Continent Cup

Muri uyu mukino ikipe y’Igihugu ya Botswana niyo yatsinze toss (Guhitamo gutangira ujugunya udupira (Bowling), cyangwa gutangira udukubita (Batting), maze bahitamo gutangira bajugunya udupira (Bowling) banabuza u Rwanda rwatangiye rukubita udupira, gushyiraho amanota menshi.

Igice cya mbere cyarangiye u Rwanda rushyizeho amanota 168 muri overs 20 Botswana isohoye abakinnyi umunani b’u Rwanda (8 Wickets).

U Rwanda nyuma yo gutsinda Botswana rwafashe umwanya wa kabiri
U Rwanda nyuma yo gutsinda Botswana rwafashe umwanya wa kabiri

Ikipe y’igihugu ya Botswana yatangiye igice cya kabiri isabwa amanota 169, kugira ngo itsinde uyu mukino inatangira neza kuko muri overs umunani yari imaze gushyiraho amanota 80 kandi nta mukinnyi wa yo n’umwe u Rwanda rurasohora.

Kuva kuri over ya cyenda abasore b’u Rwanda bongeye kuzamurira icyizere abari kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga batangira gusohora abakinnyi ba Botswana byatumye umukino urangira Botswana ishyizeho amanota 143 muri overs 20, u Rwanda rusohoye abakinnyi icyenda ba Botswana rwegukanye umukino ndetse ikaba intsinzi ya gatatu muri rusange.

Muri uyu mukino Emile Rukiriza ni we wabaye umukinnyi mwiza w'umukino
Muri uyu mukino Emile Rukiriza ni we wabaye umukinnyi mwiza w’umukino

Muri uyu mukino Emile Rukiriza niwe wabaye umukinnyi mwiza w’umukino aho yajugunye udupira (Bowling), overs enye agakuramo abakinnyi bane ba Botswana bamukoramo amanota 29 gusa naho mu gihe yakoraga batting akaba yakoze amanota arindwi mu dupira tune (4).

Uyu mukino wakurikiwe n’uwahuje ikipe y’Igihugu ya Uganda yatsinze Nigeria ku kinyuranyo cy’amanota 23 aho Uganda yatangiye ishyiraho amanota (batting) maze isoza igice cya mbere ishyizeho amanota 151 muri overs 20, Nigeria isohoye abakinnyi umunani ba Uganda (8 Wickets).

Ikipe y'Igihugu ya Uganda yatsinze Nigeria ku kinyuranyo cy'amanota 23
Ikipe y’Igihugu ya Uganda yatsinze Nigeria ku kinyuranyo cy’amanota 23

Nigeria ntiyigeze ibasha gukuraho icyo ikinyuranyo cy’amanota kuko muri overs 20 yashyizeho amanota 128 gusa Uganda isohora abakinnyi icyenda ba Nigeria (9 wickets).

Kuri uyu wa Kane imikino irakomeza u Rwanda rwisobanura na Uganda kuva saa tatu n’iminota 15 za mu gitondo mu gihe kuva saa saba n’igice (13h30), Botswana izakina n’ikipe y’Igihugu ya Nigeria.

Iri rushanwa rya ILT20 Continent Cup, rizagena uko amakipe ahagarara ku rutonde ngarukakwezi rwa ICC.

Uko amakipe ari gukurikirana nyuma y’umunsi wa karindwi n’amanota afite:

1. Uganda: 14
2. Rwanda: 6
3. Nigeria: 4
4. Botswana: 4

Kuri uyu wa Kane u Rwanda rurisobanura na Uganda
Kuri uyu wa Kane u Rwanda rurisobanura na Uganda
Gahunda y'imikino uko iteganyijwe
Gahunda y’imikino uko iteganyijwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka