Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yasoje igikombe cya Afurika cya Handball ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa n’igihugu cya Guinea
Donald Trump, wahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahungishijwe igitaraganya, avanwa ku kibuga cye akoreraho siporo, cyitwa Trump National Golf Club, kiri muri West Palm Beach muri Leta ya Florida, nyuma y’urufaya rw’amasasu rwahumvikaniye.
Umuyobozi mukuru wa Ellel Ministries Rwanda, Lambert Bariho yavuze ko gushima Imana bifitiye akamaro Igihugu n’abantu muri rusange bikaba ariyo mpamvu hategurwa amasengesho atumirwamo n’Umukuru w’Igihugu ndetse n’abayobozi batandukanye.
Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatsinzwe urubanza yarezwemo n’umuhanzi w’Umwongereza, Eddy Grant kubera gukoresha indirimbo ye ‘Electric Avenue’ mu bikorwa byo kumwamamaza atabiherewe uburenganzira.
Mu masengesho yo gusabira Igihugu no gushima Imana yabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024 muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yasabye Abanyamadini n’abahagarariye amatorero kujya bashima Imana ariko bakabikora badashyira ubuzima bw’abandi mu kaga kubera imyizerere yabo.
Ku wa 14 Nzeri 2024, abana batatu basanzwe biga ruhago mu Ishuri rya Bayern Munich ryo mu Rwanda, berekeje mu Budage aho bazamara amezi atandatu bitoreza muri gahunda yiswe FC Bayern global Academy.
Mu gihe abatuye i Nyanza binubira ubutoya bwa gare n’isoko babona bitajyanye n’igihe, ubuyobozi bw’Akarere buravuga ko umwaka wa 2025 uzasiga babikozaho imitwe y’intoki.
Abakozi n’abivuriza kuri bimwe mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Musanze, binubira ko bikomeje kuba indiri y’akajagari n’ubujura biterwa no kuba bitazitiye, bakifuza ko hagira igikorwa mu gukumira ko byakomeza guhinduka inzira nyabagendwa zinyurwamo n’ababonetse bose baba abivuza n’abagenzi basanzwe.
Umugabo uherutse kugaba igitero kuri Perezida wa Comoros, Azali Assoumani, yitwaje icyuma yaguye muri gereza yari afungiyemo nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubutabera muri iki gihugu.
Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’ihuriro ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi, RYAF, buruhamagarira kwitabira imirimo y’ubuhinzi, rukabyaza umusaruro amahirwe ari muri urwo rwego kugira ngo rurusheho kwiteza imbere n’Igihugu muri rusange.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yanganyirije na Pyramids FC 1-1 kuri Stade Amahoro mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri ry’ibanze rya Total Energies CAF Champions League 2024-2025.
Abaturage b’Akarere ka Muhanga n’abakoresha umuhanda Muhanga - Karongi, barashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame, wahwituye abagombaga kubaka bakanasoza umuhanda Muhanga - Karongi, kuko ubu urimo gukorwa.
Tariki 13 Nzeri 2024, nibwo humvikanye inkuru y’uko Captain (Rtd) Uwayezu Jean Fidèle, wari perezida wa Rayon Sports yeguye ku mirimo ye mu gihe haburaga iminsi micye ngo manda y’imyaka ine irangire.
Abantu 37 barimo Abanyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunyakada bakatiwe igihano cy’urupfu ku byaha bashinjwa byo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi wa RDC.
Uwitwa Gérard Macumi wo mu Karere ka Gisagara ntiyishimira gusiragizwa no kudakemurirwa ibibazo n’ubuyobozi azizwa gutanga amakuru. Nk’uko Macumi abivuga, ngo hashize imyaka irenga itanu akubiswe n’uwitwa Jean Chrysostome Nyandwi, wamukomerekeje akanamuvuna urutoki, akanamwangiriza imashini yifashishaga mu kogosha, bityo (…)
Abakurikirana iby’amateka bavuga ko kubaka umujyi wa Huye mu mwaka wa 1923 byatangiriye mu gice kiri kubakwamo inzu nini y’ubucuruzi (mall) . Ni umujyi umaze imyaka 101.
Mu mukino wari indyankurye wanasabye ko hashyirwaho iminota y’inyongera, ikipe ya APR BBC yawusoje itsinze Patriots BBC amanota 101 kuri 93, maze amakipe yombi ahita banganya umukino umwe kuri umwe mu ruhererekane rw’imikino irindwi ya kamarampaka igomba gutanga uzegukana igikombe.
Abaturage b’Umurenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga, barishimira kuba bujurijwe ibiro by’Umurenge bijyanye n’igihe, ugereranyije n’inyubako bari basanzwe bakoresha ishaje yahoze ari iya Komini Nyamabuye bagasaba ko bijyana no guhabwa serivisi zinoze.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Comoros, yatangaje ko Perezida w’iki gihugu cy’Ikirwa, Azali Assoumani yakomerekeye mu gitero cy’umuntu witwaje icyuma.
Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye mu njyana ya Pop, Justin Randall Timberlake yahamijwe icyaha cyo gutwara imodoka yasinze ahanishwa gutanga amande no kumara amasaha 25 akora imirimo nsimburagifungo.
Abacururiza muri Santere y’ubucuruzi ya Bugaragara mu Murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bamaze iminsi itatu bafungiwe ubucuruzi bwabo kubera kutagira imashini itanga inyemezabwishyu ya EBM, ibintu byateye igihombo kuri benshi cyane abacuruza ibisaza vuba.
Inzoga isembuye ya PRIMUS yatangiye gukorwa n’Uruganda rwa Brasseries, Limonaderies et Malteries SARL (BRALIMA) guhera mu 1923, mu mujyi wa Léopoldville mu cyahoze ari Congo Bélge ku bukoloni bw’Ababiligi, nyuma gihinduka Zaire nyuma y’ubwigenge. Ubu ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo.
Abantu benshi bakoresha Gaze mu guteka amafunguro atandukanye ariko ntibamenya bimwe mu bintu by’ingenzi bakwiye kwitwararika igihe batetse.
Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2024 kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20 2024, hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 0 na milimetero 40.
Uwari Perezida wa Rayon Sports Jean Fidele Uwayezu yamaze kwegura ku mirimo ye, bivugwa ko ari impamvu z’uburwayi
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iributsa ababyeyi ko inshingano zo kwita ku burere bw’abana babo by’umwihariko abakobwa, zihoraho haba mu bihe bisanzwe ndetse no mu gihe umwana agize ibyago byo gutwara inda atateganyije.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko n’ubwo uburezi bw’u Rwanda hari intambwe ishimishije bumaze kugeraho ariko butaragera ku rwego bwifuzwaho nk’uko bigaragara ahandi hirya no hino.
Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin, yaburiye Umuryango wo gutabarana wa OTAN/NATO, ko nuhirahira ukemerera Ukraine gukoresha misile ziterwa ku ntera ndende, zikagera hagati mu Burusiya, intambara iri buhindure isura yerekera ku bihugu by’u Burayi na Amerika.
Nyuma y’inama yahuje uruhande rwa leta ruhagarariwe n’umukuru w’ikigo cy’indege za gisivile cya Kenya n’abakuru ba kompanyi ya Kenya Airways hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abakozi, hafatiwemo imyanzuro y’agateganyo yuko abakozi basubira mu kazi ku bibuga by’indege.
Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yafashe umwanzuro wo gusesa Inteko ishinga Amategeko y’iki gihugu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko hari icyizere cyo kugera ku ntego ziyemejwe gishingiye ku batanga umusanzu wo kugaburira abana ku ishuri, nyuma y’uko ubukangurambaga bwiswe ‘Dusangire Lunch’ bumaze gukusanya arenga miliyoni 143Frw muri miliyoni zirenga 315Frw iyi Minisiteri yemerewe.
Abagize uruhererekane rw’abakora n’abacuruza ibikomoka ku mpu (Kigali Leather Cluster), baravuga ko mu Rwanda hose hari toni zirenga 100 z’impu ziri kwangirikira mu bubiko kuko zitemerewe kugurishwa hanze y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), kandi isoko rya EAC na ryo rikaba ari ritoya.
Mu Kagari ka Rwarenga Umurenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo, haravugwa amakuru y’abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe bahasiga ubuzima, nyuma yo kujya gucukura amabuye y’agaciro rwihishwa.
Mu Karere ka Nyamasheke, mu Ntara y’Iburengerazuba, ingo zirenga ibihumbi makumyabiri na bitandatu (26,000) zitari zifite amashanyarazi zigiye kuyahabwa mu rwego rwo kwihutisha iterambere muri aka Karere no kugeza amashanyarazi kuri bose.
Abayobozi baturutse hirya no hino ku Isi baritegura guhurira mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan mu nama ya mbere nini y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UN Climate Change Conference) izaba guhera tariki 11 – 22 Ugushyingo 2024.
Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Albert Bourla, umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Pfizer rukora imiti n’inkingo, ari kumwe n’itsinda rimuherekeje, baganira ku bufatanye mu kugeza ubuzima bwiza ku batuye Isi.
Umuraperikazi Belcalis Marlenis Almánzar Cephus ukoresha amazina ya Cardi B mu muziki, yibarutse umwana wa gatatu yabyaranye na n’umugabo we Offset yamaze gusaba gatanya.
Abaturage 20 bo mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, baguye mu gitero cyagabwe n’abakekwa kuba inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF, urwanya ubutegetsi muri Uganda.
Abana 150 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze biganjemo abiga mu mashuri abanza, bari barabuze uko basubira kwiga kubera kubura ibikoresho by’ishuri, babishyikirijwe bahita barisubiramo.
Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’Igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex cyangwa Sanitary Pads byagabanuka, kuko kuba bihenze bitaborohera kubikoresha.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afro Beat, Iyamuremye Jean Claude wamenyekanye nka Dr Claude, avuga ko nta gahunda afite yo kureka umuziki nk’uko hari abari batangiye kuvuga ko yawuretse, kuko yaherukaga gusohora indirimbo muri 2014.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko imiryango 177 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 itishoboye ari yo ikeneye kubakirwa amacumbi mashya mu gihe 540 ikeneye gusanirwa naho 28 yo imirimo yamaze kurangira.
Umuraperi w’Umunyamerika, Sean Combs Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, yongeye kuregwa ibirego bishya bijyanye no guhohotera no gukorera ibya mfura mbi abagore.
Bamwe mu bahagarariye Kaminuza zigenga mu Rwanda baratangaza ko baheruka batora Umusenateri uzihagarariye muri Sena, kuko nk’uherutse gutorwa arangije manda y’imyaka itanu hari aho ataragera ngo bamuture ibibazo bafite.
Nk’uko Kigali Today igenda ibakusanyiriza ahantu habumbatiye amateka atandukanye yabegeranyirije ayo ku Isoko rya Rukira ryacururizwagamo abacakara babaga bafashwe bunyago bakajyanwa gucuruzwa mu bihugu by’Abaturanyi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball izakina n’igihugu cya Maroc muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kiri kubera muri Tunisia
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, utuye mu Murenge wa Kanombe w’Akarere ka Kicukiro, aravuga ko yabujijwe kubyaza umusaruro ubutaka yaguze muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, mu buryo we yita akarengane.
Korali Family of Singers yo muri EPR Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, yateguye igiterane yise ‘Umuryango Mwiza Live Concert’ cyitezweho guhembura imitima ya buri cyiciro cyose cy’abagize umuryango, binyuze mu ndirimbo, mu ijambo ry’Imana no mu bikorwa byo gushimira abazaba bizihiza isabukuru yo kubana kwabo mu kwezi kwa 10 (…)
Umutoza Mungo Jitiada, wamenyekanye cyane nka ‘Vigoureux’, wazamuye abakinnyi benshi kuva mu buto bwabo muri ruhago Nyarwanda, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, mu Karere ka Kicukiro hafi y’Ibiro by’Akarere, habereye impanuka.