Mbere yo gutangira shampiyona ya 2024-2025, Ikipe ya Musanze FC yasinyishije umukinnyi ukina afasha ba rutahizamu Salim Abdalla wakiniye amakipe nka URA FC na SC Villa zo muri Uganda.
Abatuye mu Kagari ka Rugogwe gaherereye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru barashima kuba baragejejweho amashanyarazi, bakavuga ko batunganyirijwe n’umuhanda batera imbere.
BK Foundation n’Ibigo bitanu bifatanyije gushyira mu bikorwa umushinga ‘Igire’, basinyanye amasezerano azafasha urubyiruko rugera kuri 200 rwo mu bice bitandukanye by’Igihugu mu bikorwa bitandukanye bigamije kubafasha kwiyubaka no kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage bagenerwa inkunga zitandukanye, zirimo no guhabwa inka muri gahunda ya ‘Gira Inka Munyarwanda’, kurushaho gukora cyane kugira ngo barusheho kwigira.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka riri kuba ku nshuro ya 27, Umujyi wa Kigali nawo wararyitabiriye aho urimo kumurika ibyo ukorera umuturage birimo na serivise bakenera mu by’imyubakire n’ubutaka kugira ngo n’ufite ikibazo afashwe guhabwa umurongo wo kugikemura.
Mu Karere ka Rubavu hatangijwe ubukerarugendo ku musozi wa Nengo uzwiho amateka y’intambara ya mbere y’Isi yose no kugira umwihariko wo kugaragaza ubwiza bw’umujyi wa Gisenyi.
Bamwe mu bagore binjizaga ibiyobyabwenge mu Gihugu (abafutuzi), bavuga ko babagaho mu buryo bw’ibyihebe kandi ntibagire icyo bakuramo uretse igifungo ariko ngo aho babirekeye bihangiye indi mirimo kandi yatumye baba abagore bashoboye batunze ingo zabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangije gahunda yiswe ‘Intore mu Biruhuko’ yitezweho kurwanya ingeso mbi mu rubyiruko, by’umwihariko izikunze kugaragara mu gihe cy’ibiruhuko zirimo ubusambanyi no gukoresha ibiyobyabwenge.
Ku cyicaro cya Sosiyete icunga umutekano ya ISCO i Kigali, tariki 04 Kanama 2024, hizihirijwe ibirori by’Umuganura byateguwe na Banki ya Kigali(BK), mu rwego rwo gushimira abacunga umutekano w’iyi Banki ku mashami yayo ari hirya no hino mu Gihugu.
Abayobozi bo hirya no hino ku Isi, abahanga udushya, abarimu muri za kaminuza, ibigo by’iterambere, amahuriro y’abahinzi borozi, ndetse n’abikorera bo muri Afurika n’ahandi ku Isi, bagiye guhurira mu Rwanda mu nama ngarukamwaka yiga ku iterambere ry’ibiribwa muri Afurika (Africa Food Systems Forum) izaba guhera tariki 2 – 6 (…)
Umugabo w’i Huye wamenyekanye nyuma yo guhabwa isakaramentu ry’ugushyingirwa aryamye mu ngobyi y’abarwayi, yajyanywe kwa muganga n’ubuyobozi bw’Umurenge, abuze gikurikirana mu bijyanye n’ubushobozi asubira imuhira.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel mu kiganiro yagiranye na KT Radio kuri uyu wa kabiri tariki 6 Kamena 2024 yavuze ko mu myaka itanu iri imbere hazaba hamaze guhinduka byinshi mu mujyi wa Kigali abereye umuyobozi birimo gutunganya ibikorwaremezo no kuvugurura inyubako.
U Buhinde bwohereje abandi basirikare ku mupaka wabwo na Bangladesh nyuma y’akaduruvayo ka politike kari muri icyo gihugu cy’abaturanyi ,kakurikiwe no guhirika ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Sheikh Mujibur Hasina nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo abantu hafi 300.
Abasirikare 634 bari bamaze amezi atandatu batozwa n’Ingabo z’u Rwanda, RDF ku bufatanye na Repubulika ya Santrafurika basoje amasomo abemerera kwinjira mu gisirikare cy’iki Gihugu, FACA.
Umuhanzi w’Umunyanigeriya, Paul Okoye uzwi nka Rude Boy wamamaye mu itsinda rya P-Square n’impanga ye, Peter Okoye uzwi nka Mr P, yavuze ko uyu muvandimwe we yashatse kumugambanira na mukuru wabo (Jude Okoye) ku nzego zishinzwe kugenzura ikoreshwa nabi ry’umutungo muri Nigeria, EFCC kugira ngo batabwe muri yombi.
Abahinzi bo mu bice bitandukanye by’Igihugu baravuga ko biteze inyungu mu mushinga w’ubuhinzi wa gahunda ya Karibone (Carbon Program) uzabafasha guhinga barengera ibidukije binyuze mu kugabanya imyuka ihumanya ikirere.
Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’abantu bafite ubumuga (NUDOR) rirasaba abantu batandukanye baba abayobozi mu nzego z’ibanze, abantu babana n’abafite ubumuga, n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi gushyiraho uburyo bwihariye bwo gutabara no kugoboka abantu bafite ubumuga mu gihe cy’ibiza cyangwa mu gihe habaye andi makuba (…)
Inyubako y’uruganda C&D Products Rwanda rukora imyenda ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali kiri i Masoro ndetse n’ibintu byari birimo bifite agaciro gasaga Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda nibyo byangijwe n’inkongi y’umuriro yibasiye uru ruganda.
Ambasaderi Gen. Patrick Nyamvumba, kuri uyu wa mbere tariki 05 Kanama 2024 yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba muri Tanzania, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki Gihugu.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije ubwato Koperative yitwa COOTRALBU igizwe n’abanyamuryango 40 ikorera mu Murenge wa Kagogo Akarere ka Burera, muri gahunda y’ukwezi kwahariwe ibikorwa by’Ingabo, Polisi n’izindi nzego z’umutekano.
Umugaba w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Kaguta Yoweri Museveni, General Muhoozi Kayinerugaba, yatangaje ko azitabira irahira rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 11 Kanama 2024.
Kuri iki cyumweru cya taliki 5 kanama nibwo hasojwe irushnwa ngarukamwaka rya KAVC Internatiobal Volleyball Tournament mu gihugu cya Uganda aho amakipe y’u Rwanda ariyo yarwegukanye.
Igihugu cya Mali cyatangaje ko giciye umubano wacyo na Ukraine mu bijyanye na politike, nyuma y’uko umwe mu bayobozi bakuru ba Ukraine yemeje ko Ukraine yagize uruhare mu gitero cy’iterabwoba cyabaye mu cyumweu gishize kigahitana benshi mu ngabo za Mali n’Abarusiya bakorana bya hafi na Mali, nk’uko byemejwe n’ubutegetsi bwa (…)
Mu cyanya cy’inganda cya Kigali giherereye i Masoro ’Kigali Special Economic Zone’ hafashwe n’inkongi mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kanama 2024.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Darko Nović avuga ko nubwo batsinzwe na Simba SC ibitego 2-0 mu mukino w’ibirori by’umunsi wa Simba (Simba Day) byabaye ku wa 3 Kanama 2024 ariko hari ibyo kwishimira ku ikipe ye.
Polisi y’u Rwanda yamaze kurohora imodoka iherutse kugonga igiti ita umuhanda igwa mu kiyaga cya Burera, aho babiri bari muri iyo modoka barokotse iyo mpanuka yari ikomeye.
Ishuri rya Karate Zanshin Karate Academy ku nshuro ya Kabiri ryateguye irushanwa ryiswe, ‘Zanshin Karate Championship’ rizabera mu Karere ka Huye mu byiciro bibiri muri uku kwezi kwa Kanama 2024, rizanagaragaramo icyiciro cy’abakiri bato.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, bavuga ko biteguye kongera imbaraga zose zishoboka, mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri Manifesto y’uyu Muryango, muri iyi manda y’imyaka itanu iri imbere Perezida Paul Kagame aherutse gutorerwa kongera kuyobora Igihugu.
Abanyeshuri 54 bo mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi, ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, barangije amasomo yabo y’icyiciro cya Master’s bari bamaze umwaka biga muri Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yigisha ibijyanye n’ubuvuzi.
Isiganwa Ironman 70.3 ryakinwaga ku nshuro ya gatatu mu Rwanda, ryegukanywe n’Umwongereza Raoul Metcalfe ndetse n’Umuholandikazi Barber Kramer
Umuhanzi w’Umunyamerika akaba n’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Randall Timberlake, imbere y’umucamanza wategetse ko uruhushya rwe rwo gutwara ibinyabiziga ruhagarikwa muri leta ya New York, yahakanye icyaha cyo gutwara imodoka yasinze.
Muri Israel, umubare w’ababyeyi benshi bafite abana b’abahungu baguye mu ntambara, cyane cyane baguye ku rugamba ari abasirikare, bakomeje gusaba ko imirambo yabo yakurwamo intanga ngabo zikabikwa mu bikoresho bikonjesha byabugenewe, kugira ngo bazashobore kubona abazukuru bakomoka ku bana babo nubwo batakiriho.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe kuri Kigali Pelé na Azam FC igitego 1-0 nyuma y’ibirori biryoheye ijisho by’umunsi w’igikundiro iyi kipe yagaragarijemo abakinnyi izakoresha muri shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino 2024-2025.
Muri Somalia, abantu 37 nibo bamaze gupfa, naho abandi barenga 60 barakomereka harimo abakomeretse bikomeye cyane nyuma y’igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi.
Imwe mu mishinga y’abagore mu Rwanda ishobora guhomba biturutse ku ngaruka z’imihindagurikire y’ikirere, mu gihe hatagize igikorwa, nk’uko bamwe babigaragaza.
Imodoka yo mu bwoko bwa Howo yavaga Gitikinyoni yerekeza Nyabugogo ubwo yari igeze muri ‘Feux rouge’ zo ku kiraro cyerekea mu Gatsata, kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024 yagonze igare ryavaga mu Gatsata rijya Nyabugogo umugenzi ahita ahasiga ubuzima.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, tariki 01 Kanama 2024 wamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kureba isano iri hagati y’umubare uri hejuru w’abana batwita cyangwa se babyara batararenza imyaka (…)
Aborozi b’amatungo bo mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kugorwa no kubona ibiryo by’amatungo, kubera ko nta nganda zihagije zihaba zibitunganya.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka, Expo 2024, ryajemo udushya dutandukanye aho ririmo umunyabugeni uri kumurika ibihangano avana mu bisigazwa by’ibiti.
Umushumba w’Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, hamwe n’uwari umwungirije ariko umaze umwaka ahagaritswe ku mirimo, basobanuye iby’amacakubiri no kutubahiriza gahunda za Leta byashingiweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB) mu gufunga iryo torero.
Umunsi w’umuganura wizihijwe mu Rwanda hose, ku rwego rw’Akarere ka Bugesera wizihirijwe mu Murenge wa Nyarugenge, ariko no mu yindi Mirenge yose igize ako Karere bakoze ibirori byo kwizihiza uwo munsi wizihizwa kuwa Gatanu wa Mbere w’ukwezi kwa Kanama buri mwaka, maze basangira byinshi mu byo bejeje abayobozi mu nzego (…)
Itsinda ‘Tag Team’ ryatumiwe mu gitaramo ‘Kigali Auto Show’ kigiye kuberà i Nyamata rigiye kwifatanya n’abatwazi kabuhariwe b’imodoka na moto kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yasabye ko igihe abantu baganura bajya bazirikana n’ibyo abana babo bazakenera kurya ku ishuri.
Ibirori by’Umunsi Mukuru w’Umuganura mu Kagari ka Nunga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro byizihirijwe ku Biro by’Ako Kagari kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024.
Impuguke mu by’ubukungu, umuco, ubuhinzi n’ubworozi n’imibereho ya Muntu, zisanga umuganura ukwiye kwereka ababyiruka uko Abanyarwanda bari abahanga.
Mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, kuwa Kane tariki 01 Kanama 2024, hatangijwe ikigo kidasanzwe kije gufasha abana kuvuga no kumva nyuma y’uko bavukanye ubwo bumuga bwo kutumva no kutavuga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yasabye Abanyarwanda aho bari hose kugira intego yo gukora cyane kugira ngo bigire kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Imiryango 48 yo mu Karere ka Musanze ifite abana bafite ubumuga bukomatanyije, igiye kujya yunganirwa mu bikorwa bituma imibereho y’abo bana igendera ku muvuduko uri ku rwego rumwe n’urwo abandi bariho.
Abatuye Akagari ka Kilibata mu Murenge wa Rugengabari mu Karere ka Burera, barishimira ko bizihije ibirori by’umuganura bataha ku mugaragaro inyubako y’Akagari biyujurije ibatwaye miliyoni 32 FRW.
Abaturage barishimira ko kwizihiza umunsi w’umuganura, kikaba igikorwa ngarukamwaka byabagaruriye Ubunyarwanda, kubera ko wari warirengagijwe imyaka myinshi bigatuma umuco usa nk’ugenda wibagiranwa.