Dore uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye

Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu kiruhuko guhera tariki 19 kugeza tariki 22 Ukuboza 2024.

Hatangajwe uko ingendo z'abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye
Hatangajwe uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye

Ku wa Kane, tariki ya 19 Ukuboza 2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro mu Mujyi wa Kigali

Muhanga na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo

Ngororero mu Ntara y’ I Burengerazuba

Musanze na Burera mu Ntara y’Amajyaruguru

Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku wa gatanu, tariki ya 20 Ukuboza 2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Ruhango na Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo

Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba

Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru

Rwamagana na Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Ukuboza 2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Huye na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo

Karongi na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba

Gicumbi mu Ntara y’amajyaruguru

Ngoma na Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku Cyumweru, tariki ya 22Ukuboza 2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo anashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Nyanza na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo

Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba

Bugesera mu Ntara y’lburasirazuba

Amashuri arasabwa kubahiriza ingengabihe y’ingendo uko iteganyijwe, bohereza abana hakiri kare kugira ngo bagere mu miryango yabo butarira kandi bambaye umwambaro w’ishuri.

Ababyeyi basabwe guha abana babo amafaranga y’urugendo azabageza mu rugo.

Abashinzwe uburezi mu Turere no mu Mirenge barasabwa gukurikirana igikorwa cyo gusubiza abanyeshuri imiryango yabo no gukurikirana ko amashuri yohereje abanyeshuri mu miryango yabo ku gihe.

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri mu ngendo, abanyeshuri bahagurukira i Kigali n’abandi banyura i Kigali berekeza mu zindi Ntara, bazafatira imodoka kuri sitade ya Kigali Pele Stadium (Nyamirambo) zibajyana mu miryango yabo aho bataha.

Nyuma ya saa cyenda z’amanywa (15h00) Sitade izaba ifunze, nta munyeshuri wemerewe kuzinjira ngo abashe gutaha iwabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Turashimira abagira uruhare Bose mugutunganya neza izingendo z’abanyeshuri muri abahanga cyane kandi harimo na Displine ihambaye no kwita kubanyeshiri bacu neza mucyubahiro.Murakoze.

Kaziyumugabo Gilbert yanditse ku itariki ya: 12-12-2024  →  Musubize

Ibintu ndabona bibaye ibibazo kabisa...
Nyanza turarenganye biri serieux kuko twaje mbere, dutashye nyuma...

NKUSI DOVE yanditse ku itariki ya: 12-12-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka