Kutagera aho abacu baruhukiye biratuvuna ariko turihangana - Abarokotse Jenoside
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kuba batabasha kugera ku nzibutso ngo bunamire ababo bibavuna, ariko ngo barabyihanganira bakabibukira aho bari kuko bagomba kwirinda Coronavirus.

Ibi barabivuga mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cy’icyunamo mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa byo kwibuka bikaba bitarimo kuba nk’uko bisanzwe kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije u Rwanda n’isi muri rusange, ari byo bituma abantu batagera ahashyinguye ababo.
Ibyo ariko ngo ntibibuza abarokotse Jenoside kwibuka ababo nubwo bitaboroheye, kuko bavuga ko ntawabura uko yibuka uwo yakundaga, nk’uko Mujawamariya Eugénie warokokeye mu Karere ka Kayonza abisobanura.
Agira ati “Birakomeye kuba muri iki gihe tutabasha kugera aho abacu bashyinguye, nkanjye abanjye bashyinguye i Kiziguro n’i Mukarange. Najyagayo nkabunamira kimwe n’abandi bishwe rumwe, ariko ubu ntibikunda kubera icyorezo cya Coronavirus, gusa ntiturekeraho kubatekereza”.

Ati “Erega ubundi uwawe aho yaba ari hose aguhora ku mutuma, ntiwarara na rimwe utamwibutse. Ikindi ubu dukurikira ibiganiro kuri radiyo na televiziyo, tukumva ubuhamya bw’abarokotse, tukumva abayobozi baduhumuriza bityo tukumva turi kumwe n’abacu, cyane ko natwe tugomba kwirinda icyo cyorezo”.
Uwo mubyeyi akomeza avuga ko Leta y’u Rwanda ikunda abaturage bayo, ari yo mpamvu bagomba kuyumvira bakaguma mu rugo kugira ngo barinde ubuzima bwabo.
Fontaine Abraham, wo mu Karere ka Nyaruguru, na we avuga ko uburyo bwo kwibuka bugoye muri iki gihe cya Guma mu rugo, gusa ngo we na bagenzi be bahuje ikibazo biyambaza ikoranabuhanga rya telefone n’ibindi bikabafasha.
Ati “Icyo dukora muri iki gihe tugomba kuguma mu rugo, twifashisha telefone cyane cyane izi zigezweho tugakora imbuga za Whatsapp tukaba ari ho tuganirira twibukiranya amateka yacu. Twoherezanya indirimbo zo kwibuka tukumva tuguwe neza nubwo byari kuba byiza hatari iki cyorezo tugahura tukajya kunamira abacu”.

Ati “Ikindi hano i Nyaruguru hari bamwe muri twebwe bahimba indirimbo zo kwibuka, wakumva umuntu uzi aririmba agaruka ku mateka y’abantu azi nawe uzi, avuga imisozi y’iwacu ukumva nibura uraruhutse. Ni ubwo buryo tubikoramo kandi tukumva biraduhumuriza, kandi tukubahiriza amabwiriza Leta yashyizeho yo kwirinda Covid-19, kuko tuzi ko Leta yacu idukunda”.
Fontaine akomeza avuga ko Abatutsi b’i Nyaruguru ahanini biciwe ahitwa Karama, Nshili, ahitwa Busanze, Kibeho ndetse na Cyahinda, aho hose ngo akaba ari ho bajyaga bajya kwibukira ababo bishwe muri Jenoside.
Kuba rero batabasha kujyayo ngo ni ibintu bibagora ariko bakabyihanganira kubera ikibazo gihari.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, ubwo yari mu kiganiro cyanyuze ku maradiyo atandukanye, yongeye gusaba abarokotse gukomeza kwibukira mu ngo zabo.
Ati “Turi mu bihe bidasanzwe byo kwirinda icyorezo, uburyo bwo kucyirinda ni uguhama imuhira. Twemere twibukire mu ngo, indabo uwashaka yazitegura, akagira ahantu azirambika mu rugo hakaba ahantu yibukira abe, icyorezo nikirangira ashobora kuzajya ku nzibutso ariko ubu twemere ibyo amabwiriza yo kurwanya icyo cyorezo avuga, nitugitsinda tuzaba duhesheje icyubahiro abacu”.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, na we ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo ku wa kabiri tariki 7 Mata 2020, yagize ati “Ibihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza inshingano yo kwibuka no guha icyubahiro abo twabuze no gukomeza abarokotse, hahindutse uburyo bw’ibikorwa gusa”.
Kwibuka ku nshuro ya 26 bizakomeza kubera mu ngo, ariko ibiganiro bitandukanye bijyanye n’icyo gikorwa bizakomeza kunyura ku maradiyo na televiziyo bitandukanye ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|
Muraho neza ntumva amateka yaranze U RWANDA 🇷🇼 yajya wigishwa mu mashuri guhera primary kuko umwana akurana icyo yatojwe
Ubumwe, umurava, ubwiyunge, gukunda igihugu biturange
My dream nu kwiga amateka yaranze igihugu nkaba umu ambassador mwiza wo guhamyaka dufite ubuyobozi bwiza Salut FPR