Turabasaba gutuza- FERWAFA isubiza Rayon Sports yayisabye kwitonda mu kugena abasifuzi

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera FC kuri uyu wa Gatandatu, iri shyirahamwe ryayisabye gutuza kuko ibihe shampiyona igezemo ribizi.

Ibi bikubiye mu ibaruwa Rayon Sports yasubijwe
binyuze mu Bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda aho basabye iyi kipe gutuza kuko nta n’ikipe yemerewe kwisabira abasifuzi kandi ko n’ibihe shampiyona igezemo(Iminsi ya nyuma) babizi kandi bikurikiranwa neza.

Bugesera FC irakira Rayon Sports iyoboye shampiyona n’amanota 59 aho isabwa gutsinda kugira ngo ikomeze kugira amahirwe yo kwegukana igikombe mu gihe nyuma y’uyu mukino wavuzweho byinshi, hazaba hasigaye imikino ibiri yonyine.

Ibaruwa yose FERWAFA yanditse isubiza Rayon Sports

Bwana Perezida wa Rayon Sports

Kigali- Rwanda

Impamvu: Igisubizo ku ibaruwa yanyu

Bwana Perezida,

Kigali, ku wa 16 Gicurasi 2025

Ref: 462/FERWAFA 2025

Dushingiye ku ibaruwa mwatwandikiye tariki ya 16/05/2025 idusaba kwitwararika no kwitonda mu kugena abasifuzi b’umukino BUGESERA FC na RAYON SPORTS FC;

Turabamenyesha ko igihe shampiyona igezemo tukizi kandi tubikurikirana neza n’ubushishozi.

Dushingiye ku kuba nta kipe yemerewe gusaba abasifuzi, turabasaba gutuza mu mikino isigaye kuko tuzakomeza kubaha abasifuzi babishoboye kandi bafite uburambe.

Mugire-amahoro

Adolphe KALISA

Umunyamabanga Mukuru

Federation Rwandaise de Football Association

Kopi igenewe:

Madamu Minisitiri wa Siporo;

 Perezida wa Ferwafa;

 Perezida wa Rwanda Premier League

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka