Mohamed Salah yasezeye Liverpool

Kuri uyu wa Kabiri, Mohamed Salah yasezeye ikipe ya Liverpool azavamo mu mpera z’umwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imyaka icyenda ayikinira.

Mohamed Salah yatwaranye shampiyona ebyiri na Liverpool
Mohamed Salah yatwaranye shampiyona ebyiri na Liverpool

Ibi Mohamed Salah yabitangarije mu mashusho yanyujije ku mbugankoranyambaga ze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Ati" Mu byukuri, umunsi wageze. Iki ni igice cya mbere cyo gusezera kwanjye. Mu mpera z’umwaka w’imikino nzava muri Liverpool. Ndatangira mvuga ko ntigeze ntekereza uburyo iyi kipe, uyu Mujyi(Liverpool) abantu bizaba igice cy’ubuzima bwanjye.Liverpool ntabwo ari ikipe gusa. Ni urukundo, ni amateka, ni umuryango ntashobora gusobanurira mu magambo umuntu wese utagize iyi kipe."

Mohamed Salah wafashije Liverpool gutwara Shampiyona y’u Bwongereza mu 2020 yari imaze imyaka 30 idatwara ndetse na UEFA Champions League yatwaye mu 2019, yakomeje ashimira bagenzi be ndetse n’undi wese wari mu myaka icyenda yahabaye.

Ati "Twishimiye intsinzi, twegukana ibikombe by’ingenzi tunarwanira hamwe mu bihe bikomeye mu buzima bwanjye.Ndashimira buri wese wari ugize iyi kipe mu gihe cyanjye hano byumwihariko bagenzi banjye twakinanye, mu gihe cyashize, ubu ndetse n’abafana."

Salah yasoje ubutumwa bwe avuga ko kugenda bitoroshye ndetse ashimira abafana bamubaye hafi mu bihe byiza n’ibibi ababwira ko ari umwe muri bo kandi kubera bo atazigera abagenda wenyine nk’uko bawira ikipe yabo ko itazigera igenda yonyine.

Ati" Nta magambo ahagije mfite. Kunshyigikira mwanyeretse mu bihe byanjye byiza by’urugendo rwanjye ndetse no kumba hafi mu bihe bikomeye, ni ibintu ntazibagirwa kandi nzahorana iteka. Kugenda ntabwo byoroshye, mwampaye ibihe byiza by’ubuzima bwanjye. Nzahora ndi umwe muri mwe, iyi kipe izahora ari mu rugo kuri njyewe n’umuryango wanjye. Mwarakoze kubwa buri kimwe cyose. Kubera mwebwe mwese ntabwo nzigera ngenda njyenyine."

Mohamed Salah azava muri Liverpool umwaka w'imikino 2025-2026 urangiye
Mohamed Salah azava muri Liverpool umwaka w’imikino 2025-2026 urangiye

Salah wari ugifite amasezerano muri Liverpool agiye gute? Kubera iki?

Mohamed Salah wageze muri Liverpool mu 2017 avuye muri AS Roma yaherukaga kongera amasezerano y’imyaka ibiri yari kuzarangira mu mpeshyi ya 2027 akiyikinira.Hagati y’Ugushyingo n’Ukuboza 2025, Mohamed Salah yagiranye umubano mubi n’umutoza Arne Slot yafashije gutwara igikombe cya shampiyona 2024-2025, nyuma y’uko yari amaze imikino itatu ashyirwa ku ntebe y’abasimbura maze ariko ubwo banganyaga na Leeds United 3-3 tariki 6 Ukuboza 2025 aganira n’abanyamakuru avuga ko hari umuntu utamushaka mu ikipe.

Ati" Hari umuntu utanshaka mu ikipe."

Nyuma y’aya magambo yatangaje, ku wa Mbere tariki 8 Ukuboza 2025, umutoza Arne Slot wateguraga umukino wa Champions League yavuze ko ikintu cya nyuma aheruka kuvugana na Mohamed Salah kwari ukumubwira ko atari mu bakinnyi bari kujya mu Butaliyani gukina umukino wahuje Liverpool na Inter tariki 9 Ukuboza 2025.

Kuva yavuga amagambo akomeye yatumye akurwa mu ikipe yagiye mu Butaliyani, Salah witeguraga kujya mu Gikombe cya Afurika 2025 hamwe na Misiri, tariki 13 Ukuboza 2025 yongeye kugaragara ku rupapuro rw’umukino ndetse aninjira asimbuye mu mukino wa shampiyona Liverpool yatsinzemo Brighton ibitego 2-0 yanatanzemo umupira wavuyemo igitego.

Ibyabaye icyo gihe byatumye, hakomeza gutekerezwa ahazaza h’uyu mugabo waherukaga kongera amasezerano y’imyaka ibiri mu mpeshyi ya 2025, hagendewe ku mubano mubi wari umaze kuba hagati ye n’umutoza Arne Slot. Uyu mubano mubi usa nkaho uri mu byatumye uyu mugabo w’imyaka 33 n’umuryango we bafata umwanzuro wo kuva mu Mujyi wa Liverpool, mu mpeshyi ya 2026 aho iyi kipe yamwemereye kuzagenda yigurishije nubwo yari ayisigaraniye amasezerano y’umwaka umwe.

Mohamed Salah asigiye iki Liverpool mu mibare n’ibikombe?

Kugeza uyu munsi myaka icyenda Mohamed Salah amaze muri Liverpool amaze gukina imikino 435 yatsinzemo ibitego 255 agatangamo imipira 122 yavuyemo ibitego byatsinzwe na bagenzi be. Ibi byose yakoze muri iyi myaka byatumye afasha Liverpool kwegukanamo ibikombe icumi(10) birimo Shampiyona ebyiri yatwaye 2019-2020 n’iya 2024-2025, Igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’i Burayi yatwaye mu 2019 nyuma ya UEFA Champions League yatwaye n’ubundi muri uwo mwaka.

Ibi bikombe kandi byiyongeraho, Igikombe cy’Isi cy’amakipe yatwaranye na Liverpool mu 2019, FA Cup batwaye mu 2022, Carabao Cup ya 2022 na 2024, ndetse na FA Community Shield nayo yo mu 2022.

Salah yashimiye abafana babanye mu bibi n'ibyiza
Salah yashimiye abafana babanye mu bibi n’ibyiza

Ku giti cye Mohamed Salah yegukanye ibihembo bitandukanye, birimo kuba inshuro enye umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Bwongereza 2017-2018 atsinda ibitego 32, 2018/19 atsinda ibitego 22 yasangiye na Sadio Mané bakinanaga ndetse na Pierre-Emerick Aubameyang,
2021/22 yatsinze ibitego 23 yasangiye na Son Heung-min wakiniraga Tottenham ndetse n’umwaka wa
2024/25 yatsinzemo ibitego 29 .

Ku giti cye kandi Mohamed Salah yatwaye ibihembo bibiri nk’umukinnyi mwiza w’umwaka muri shampiyona 2017-2018 na 2024-2025 mu gihe yanabaye umukinnyi mwiza w’ukwezi muri iyi shampiyona inshuro zirindwi.

Mohamed Salah agiye yaherukaga kongera amasezerano mu mpeshyi ya 2025, aho azagenda yari asigaje umwaka umwe
Mohamed Salah agiye yaherukaga kongera amasezerano mu mpeshyi ya 2025, aho azagenda yari asigaje umwaka umwe

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka