Uyu mukino watangiye Saa Cyenda, utangirana imbaraga kuri Etincelles FC maze inafungura amazamu ku munota wa Gatatu ku gitego cya Iraguha Awad, ku mupira wavuye muri koroneri, maze Police FC isa naho ikangutse, ariko kubona igitego birayigora mu minota y’igice cya mbere.
Mu gice cya kabiri umutoza Mutarambirwa Djabil wungirije muri Police FC yagerageje gukora iminduka zitandukanye kugira ngo bashake igitego cyo kwishyura. Ku munota wa 65 kwitonda Alain Bacca yatsindiye ikipe ya Polisi y’Igihugu igitego cyo kwishyura. Mu minota ya nyuma Police FC yakomeje kotsa igitutu Etincelles FC ari nako ihusha ibitego ariko umukino urangira ari igitego 1-1.
Mu yindi mikino yabaye, Rutsiro FC yatsindiwe I Rubavu na Kiyovu Sports 1-0, Musanze FC itsindira mu AS Muhanga mu karere ka Muhanga igitego 1-0 mu gihe ku isaha ya Saa Yine z’ijoro hateganyijwe umukino Rayon Sports yakiramo Gasogi United kuri Stade Amahoro nubwo amakuru agera kuri Kigali Today, ari uko Gasogi United itarakina uyu mukino.
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
IKIPE YACU PORICE IRIKUDUTENGUHA