Ibi birori bya Eid al-Fitr bizanire amahoro buri rugo, buri Gihugu n’Akarere - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.

Ni mu butumwa Umukuru w’Igihugu, yanyujije ku rubuga rwa X, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, yifuriza Abayisilamu bose Umunsi Mukuru mwiza.

Ati "Ku bayisilamu bo mu Rwanda no hirya no hino ku isi, kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr, ibi birori by’ibyishimo bizanire amahoro, buri rugo, buri gihugu n’akarere, kandi utwibutse agaciro ko kugira impuhwe, ubumwe n’ubumuntu dusangiye."

Abayisilamu bo mu Rwanda kimwe n’abo ku Isi yose ubwo basozaga igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan, isengesho ku rwego rw’Igihugu ryabereye kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka