Ibi iyi kipe yabitangaje inyuze ku mbugankoranyambaga zayo aho yamushimiye ku bunyamwuga yagaragaje mu mezi atatu bari bamaranye.
Bruno Ferry yabaye umutoza wa gatatu Rayon Sports itandukanye nawe mu mwaka w’imikino 2025-2026 dore ko yawutangiranye na Afahmia Lotfi nk’umutoza mukuru batangaje ko batandukanye nawe tariki 15 Ugushyingo 2025.
Nyuma yo gutandukana na Lotfi iyi kipe yatojwe na Haruna Ferouz wari mu batoza bungirije ariko ayisigarana nk’umutoza mukuru nawe ariko tariki 22 Mutarama 2026 Rayon Sports yatangaje ko batandukanye.
Imibare:
Bruno Ferry agiye atoje Rayon Sports mikino 12 ya Rwanda Premier League ahereye kuri Etincelles FC aho yanganyijemo irindwi, atsinda imikino ine atsindwa umwe yatsizwemo na Al Hilal SC mu gihe mu yandi marushanwa yakinnye imikino ine 4 y’igikombe cy’Amahoro yatsinzemo itatu akanganya umwe, atsindwa umukino umwe wa Super Cup ndetse n’umwe wa Heroes Cup nawo yatsinzwe.
Rayon Sports itandukanye na Bruno Ferry mu gihe ku Cyumweru izakira Gasogi United mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona, Saa Yine z’ijoro kuri Stade Amahoro.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|