Kuri uyu wa Gatatu,ikipe ya Mukura VS yatangaje ko umukunzi wayo ukomeye Mukanemeye Madeleine uzwi nka Mama Mukura w’imyaka 103 y’amavuko arembeye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).
Umugabo w’Umunya-Peru w’imyaka 61, yatabawe ari muzima nyuma yo kumara iminsi 95 yaraburiwe irengero mu nyanja, guhera ku itariki 7 Ukuboza 2024, ibikorwa byo kumushakisha bikarangira atabonetse.
Mu mpera z’iki cyumweru bizaba ari ibirori n’urusobe rw’amahitamo ku bakunzi b’imikino, aho Stade Amahoro, BK Arena na Petit Stade zose zizakira imikino itandukanye ku munsi umwe.
Abasaga 100 babonye akazi mu mirimo yo gutunganya igishanga cya Nyiramageni mu Karere ka Gisagara, barinubira kutamenya ahashyirwa amafaranga bakatwa ku mishahara, babwirwa ko ari aya Caisse social (Ubwiteganyirize).
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko mu mwaka wa 2023-2024, serivisi zirenga miliyoni 5 zasabwe n’abaturage ubwabo ku Irembo, ndetse abarenga ibihumbi 400 bakaba bamaze gufungura konti bwite ku Irembo.
Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), aravuga ko abaturage ba Congo biteguye gushakira amahoro arambye igihugu cyabo.
Umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Habyarimana, Agatha Kanziga Habyarimana, arasubizwa imbere y’ubutabera kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryavuze ko ikibazo cy’amajwi yacicikanye kuva ku wa Mbere w’iki Cyumweru,umutoza wungirije wa Muhazi United Mugiraneza Jean Baptiste,asaba myugariro wa Musanze FC Bakaki Shafik kuba yakwitsindisha bakina na Kiyovu Sports cyashyikirijwe Komisiyo Ngengamyitwarire.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahuriye na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Antoine Félix Tshisekedi mu biganiro byayobowe n’Umwani wa Qatar mu murwa mukuru Doha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), cyatangiye gutegura amashuri amwe yo hirya no hino mu Rwanda, kuzakora isuzumabumenyi mpuzamahanga ryiswe PISA, rikorwa n’abujuje imyaka 15 na 16 (itarengaho amezi abiri), rikazakorwa n’abanyeshuri 7,455.
Itsinda rigizwe n’Ingabo zo ku rwego rwa Ofisiye, ziturutse mu ishuri ryitwa Martin Luther Agwai International Leadership and Peacekeeping Centre (MLAILPKC), ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rugamije kwigira ku Rwanda uko bategura aboherezwa mu butumwa bw’amahoro.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), Ngarambe François, arahamagarira urubyiruko kwanga amacakubiri, bakarwanya bivuye inyuma urwango n’akarengane ako ari ko kose, ahubwo bakaba amaboko yubaka ibiraro bihuza Abanyarwanda.
François Rwemera utuye mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Kabusanza, Umurenge wa Simbi, Akarere ka Huye, yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, ariko ubu avuga ko ahereye ku ngaruka byamuteye, yakwemera kicwa aho kongera kwica.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda yasobanuye uburyo umwanzuro wa Leta y’u Rwanda wo gusesa amasezerano na Leta y’u Bubiligi uzubahirizwa, aho amashuri y’Ababiligi azakomeza gukora kugeza umwaka urangiye.
Kuri uyu wa Kabiri, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Dj Ira yagaragaje ko yatangiye urugendo rwo kuzuza ibisabwa kugira ngo abone ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yatangaje ko u Bubiligi bukwiye guca bugufi bukumva ukuri, kuko aribwo nyirabayazana w’ibibazo u Rwanda rufite.
Nk’uko basanzwe babigira mu kwitegura kwizihiza isabukuru yo kwibohora k’u Rwanda, abanyarwanda mu midugugudu yabo bakiriye Polisi n’ingabo z’u Rwanda, zaje kubatera ingabo mu bitugu mu mirimo y’iterambere no kubungabunga imibereho myiza.
Kuri uyu wa Kabiri ,ikipe ya Muhazi United yahagaritse umutoza wayo wungirije Mugiraneza Jean Baptiste Miggy nyuma yo kumvikana asaba umukinnyi wa Musanze FC kwitsindisha ashakira Kiyovu Sports intsinzi.
Nyuma y’aho Abakuru b’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), tariki ya 13 Werurwe 2025 bafashe icyemezo cyo gucyura ingabo ziri mu butumwa bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo ishinzwe ibikorwa by’ingabo, yasabye Leta ibisobanuro ku buryo (…)
Umutwe wa AFC/M23 uratangaza ko kubera ibihano mpuzamahanga bikomeje gufatirwa abanyamuryango bayo, bitumye nta biganiro byashoboka ku mpande zombi.
Mu Burusiya, ishyaka riri ku butegetsi rya Perezida Vladimir Poutine ‘United Russia Political Party’, ryanenzwe bikomeye nyuma yo gutanga impano zigizwe n’indabo ndetse n’utumashini dusya inyama (hachoirs à viande/meat grinders), bihabwa ababyeyi bafite abahungu baguye ku rugamba muri Ukraine.
Ba myugariro ba Rayon Sports na APR FC, abavandimwe Fitina Omborenga na Nshimiyimana Yunusu bakiriye inkuru y’akababaro y’urupfu rwa se witabye Imana kuri uyu wa Mbere.
Mu gutangiza ibikorwa bya Polisi n’Ingabo z’u Rwanda, bigamije kuzamura imibereho myiza n’iterambere by’abaturage, igikorwa cyabereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko umutekano umuturage atagizemo uruhare udashobora (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, ikomeje imyitozo igeze ku munsi wa kabiri yitegura Nigeria ku wa Gatanu w’iki Cyumweru, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, ndetse na Lesotho ku munsi wa gatandatu.
Minisitiri w’Umutekano Dr Vincent Biruta, yatangije ibikorwa byo kubaka ikigo mbonezamikurire mu Karere ka Nyabihu, yibutsa abaturage ko umutekano, iterambere n’imibereho myiza bigendana, ko kimwe kibuze ibindi bitagerwaho.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abarwariye mu bitaro bya Nyamata, bibukijwe ko kwirinda biruta kwivuza, ubwo basurwaga n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi, bagahabwa amafunguro ndetse bakanasengerwa.
Nyuma y’igihe kinini Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yinangira ko idashobora kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’Ihuriro rya AFC/M23, kuko bawufata nk’umutwe w’iterabwoba, ubuyobozi bwa RDC bwavuye ku izima bwemeza kuzitabira ibiganiro.
Ngonyani Priver ukomoka mu Majyepfo ya Tanzania, mu Karere ka Songea, ni umutoza wigisha umupira w’amaguru n’ubwo afite ubumuga bwo kutabona, ibintu ubundi bifatwa nk’ibidasanzwe, ariko we afite inzozi zo kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru aho muri Tanzania.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bijyanye na dipolomasi.
Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo hakinwe umunsi wa mbere wa kamarampaka (playoffs) mu mukino wa volleyball, aho amakipe ya POLICE na APR yatanze ibimenyetso byo kugera ku mukino wa nyuma.
Umutoza Mugiraneza Jean Baptiste ‘Miggy’ wungirije muri Muhazi United, aravugwaho kunyura kuri myugariro Bakaki Shafiq, agahamagara abakinnyi ba Musanze FC abasaba kwitsindisha bagaha amanota Kiyovu Sports, yitwaje ko azayibera umutoza mu mwaka w’imikino 2025-2026 ariko biba iby’ubusa.
Perezida wa Angola akaba n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), João Lourenço, aherutse gusaba impande ziri mu ntambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imirwano guhera Saa Sita z’ijoro ryo ku wa 16 Werurwe 2025.
Lionel Sentore wamamaye mu njyana gakondo yageze i Kigali mu kwitegura igitaramo cye azamurikiramo Album ye ya mbere yitiriye indirimbo “Uwangabiye” yamamaye mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame.
Perezida wa Rwpubulika, Paul Kagame, avuga ko nta kibi gishobora kuba ku Banyarwanda ubu, kiruta icyigeze kubabaho ari na yo mpamvu badakwiye kugira ubwoba na busa.
Perezida Paul Kagame yemereye ubwenegihugu bw’u Rwanda, umuhanga mu kuvanga imiziki, Iradukunda Grace Divine uzwi ku izina rya Dj Ira.
Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali, Perezida wa Repulika, Paul Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashaka kuba Abanyarwanda badashaka kuba Ababiligi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda igihugu cya Bulgaria
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kurwanya abashaka kubasubiza mu mateka ya Jenoside, hamwe no gukora cyane bitegura kuziba icyuho cy’ibihano bigenda bifatwa n’amahanga.
Mu kiginairo Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 muri BK Arena, mu Karere ka Gasabo, yababwiye ko abo umuntu yita inshuti batanga imfashanyo bakoresheje akaboko kamwe, akandi kakambura ibyo yatanze.
Abo bantu bari bitwikiye ijoro, bafatiwe mu cyuho ubwo barimo bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu birombe bitagikorerwamo biherereye mu Mirenge ya Base, Rukozo na Cyungo mu Karere ka Rulindo.
Ibihumbi by’Abanyarwanda baturutse hirya no hino mu gihugu, bategereje kwakira Perezida Paul Kagame mu nzu nini mberabyombi ya BK Arena, mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali.
Sudani yahagaritse ibicuruzwa byose byinjira muri icyo gihugu bituruka muri Kenya, kandi icyo cyemezo cya Sudani ngo kigomba guhita gitangira kubahirizwa ako kanya.
Umunyarwenya Anne Kansiime yahishuye ko gutandukana n’umugabo we Skylanta, byatewe n’uko nyuma yo kubyara, inshingano n’urukundo yabyerekeje ku mwana cyane.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu,ishyira amanota ane hagati yayo na APR FC.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinzwe na Leta Zunze za Amerika muri 1/2 mu gikombe mpuzamigabane kiri kubera muri Kosovo
Tumaze iminsi tubagezaho inkuru ya Pierre wakatiwe igihano cyo kwicwa ariko akaza gutabarwa n’urukundo rw’imbwa ye ku munota wa nyuma. Ubwo dusoza iyi nkuru, Pierre ashoje urugamba rw’ingenzi aratashye, na Hugo ye bageze imuhira.
Abatuye mu Gasantere ka Kabere gaherereye mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bahangayikishijwe n’igisimu gifukurwa n’amazi aturuka mu muferege w’umuhanda batunganyirijwe.