Uwasoma uyu mutwe w’inkuru yagirango ibi si impamo! Ariko nyamara abashakashatsi babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavumbuye ko hari ibintu bitangaje ku mbeba z’ingabo abantu benshi batazi ko bibaho kuko nubwo ari inyamaswa nto cyane, ubuzima bwazo burimo amabanga n’imyitwarire itangaje.
Mu gace ko mu misozi mu mashyamba yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habaye ikintu kidasanzwe cyatumye abashakashatsi batekereza kabiri ku bwenge bw’ibisiga abenshi bazi ku izina ry’ibikona nyuma y’uko bavumbuye ko hari ibikorwa bikora bijya gusa nk’aho bihuriyeho n’abantu.
Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo nshya yitwa ’Ubunini’ ikubiyemo ubutumwa bufasha abantu kugira imbaraga zo kwizera mu bihe bibakomereye.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, avuga ko Igisibo cy’Abayisilamu cyagenze neza, akabivuga ahereye ku kuba nta kibazo bigeze bagira mu minsi 30 cyamaze, kuko nta kibazo cy’umutekano bigeze bahura na cyo, mu gihe hari ahandi ku Isi hari bagenzi babo batabasha gusenga bisanzuye kubera intambara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abafatanyabikorwa mu iterambere, guhindura uburyo batangamo inkunga ku bagenerwabikorwa, kugira ngo abaturage bagere ku iterambere rirambye.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, agereranya Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhani nk’ikipe y’abakinnyi n’abatoza babo, bajya mu mwiherero kugira ngo hatagira ikindi kibarangaza, bitegura umukino ukomeye, kuko Abayisilamu na bo bamara iminsi 30 biyiriza, basenga cyane, bagamije kurushaho kwiyegereza Imana.
Ikipe ya Rayon Sports yageze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Police FC kuri penalito 4-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kabiri, aho umukino usanzwe warangiye ari 0-0.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko nubwo hari igitutu gituruka hanze, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho muri 2025, aho urwego rw’inganda rwiyongereyeho 11%, serivisi ziyongeraho 8.5%, naho ubuhinzi bwiyongeraho 7.4%. Ibi byatewe n’ishoramari mu bikorwa remezo no kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga, cyane (…)
Mu rubanza rukomeje kubera mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza i La Haye mu Buholandi, ku kibazo cy’amasezerano atarubahirijwe ajyanye n’impunzi n’abimukira bagombaga kuzanwa mu Rwanda baturutse mu Bwongereza, kuri uyu munsi warwo wa kabiri, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, (…)
Iyo havuzwe ibigwi by’Inkotanyi akenshi abenshi babihuza n’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko abigaga mu ishuri ryisumbuye rya Nyange (ES Nyange) mu 1997, bafite andi mateka yihariye y’ubutwari bwazo.
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR, ntukiri itsinda ry’abantu bake basigaye ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ahubwo wahindutse ihuriro rigari ry’imikorere n’imibereho bya gisirikare, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’umuhanga mu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Alex Mvuka Ntung.
Amakuru y’umunyeshuri wakuyemo inda, ndetse ikamugwa nabi, yamenyekanye ahagana saa yine na mirongo itatu n’ine (22h34) z’ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 18 Werurwe 2026. Byabereye ku ishuri rya Kibisabo TSS, riherere mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rambura, mu Kagari ka Kibisabo.
Ubuyobozi bushya bwatowe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) burasaba Leta kongera gusuzuma icyemezo cyo kwemerera ibikorwa by’ubucuruzi gukora amasaha 24 kuri 24, buvuga ko kongera amasaha y’akazi ari ingenzi mu kuzamura umusaruro, inyungu n’iterambere mu nzego zitandukanye.
Mu gihe imikino ya kamarampaka (Playoffs) irimbanyije, amakipe ya Police ndetse na REG ari munzira zerekeza ku mukino wa nyuma naho Gisagara na Kepler bo nti borohewe.
Ibihugu bya Qatar, Azerbaijan, Bahrain, Egypt, Jordan, Kuwait, Lebanon, Pakistan, Saudi Arabia, Syria, Türkiye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byasabye Iran guhagarika ibitero byayo ako kanya nta yandi mananiza, nyuma y’inama yabihurije i Riyadh mu murwa mukuru wa Saudi Arabia, tariki 18 Werurwe 2026.
Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije Abadepite impinduka zitandukanye yifuza gushyira mu mikorere y’amatora, zirimo guhindura uburyo bwo gutora ku nzego zimwe, kongera igihe cyo gusimbuza abayobozi no kuvugurura imiterere y’inzego zitora, hagamijwe kurushaho kunoza imigendekere myiza y’amatora.
Ku wa 17–18 Werurwe 2026, abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) n’u Rwanda bahuriye i Washington, D.C., muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yemeye ko mu Rwanda hakigaragara ikibazo cy’amashanyarazi abura cyangwa acika intege, cyane cyane mu masaha y’umugoroba, asobanura ko biterwa n’ibikorwa remezo bishaje ndetse n’ubwiyongere bw’ibikenerwa n’ubukungu bugenda butera imbere.
Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imirimo yo kubaka inganda zitunganya amazi mu mijyi igeze kure aho hari kubakwa inganda nshya, izindi zikongererwa ubushobozi mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Abari abanyeshuri mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu barokotse igitero abacengezi bagabye ku ishuri ryisumbuye rya Nyange, bagaragaje ko icyo gihe iby’amoko bari babizi kandi ko Abahutu n’Abatutsi bashoboraga kumenyekana ariko bahitamo kunga ubumwe.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire mu ruzinduko arimo muri Sénégal, yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye Faye, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yamugeneye.
U Rwanda rwagaragaje ko amasezerano rwagiranye n’u Bwongereza ajyanye no kwakira abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro yari ajyanye na politiki yarwo isanzweho kandi imaze igihe kirekire yo kurengera ubuzima bw’impunzi bikajyana no kuzifasha mu mibereho n’iterambere ry’ubukungu mugihe Ubwongereza bwayafashe nk’ayo gukemura (…)
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) irizeza Abanyarwanda ko nta gahunda ihari yo gutegeka abantu gutura mu nyubako zigeretse gusa, kuko nta mpungenge zihari z’uko ubutaka bwo guturaho bushobora kuzashira mu gihe cya vuba.
Kuri uyu wa 18 Werurwe, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n"intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel ari kumwe n’abunganira u Rwanda mu mategeko, basobanuriye urukiko impamvu yatumye u Rwanda rurega u Bwongereza.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakoze igikorwa cyo gusogongera ubwoko bushya bw’imbuto z’imyumbati zimaze igihe zikorerwaho ubushakashatsi, zikaba ari imbuto zongerewe ubudahangarwa, bituma zitarwara kabore, indwara ifata imyumbati ikabora, abahinzi bagahomba.
Abunganira u Rwanda mu rubanza ruregamo u Bwongereza bagereranyije imyitwarire y’u Bwongereza n’“umucuruzi, abonye ko atazabona ibyo yashakaga, agatangira gutota uwo basinyana ati ’sinya, sinya!’
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba abakobwa b’abangavu, kwirinda inshuti mbi n’igitutu cyazo, kuko bituma hari abangavu bakurikiza inama mbi za bagenzi babo bananiranye, bigatuma bishora mu mibonano mpuzabitsina imburagihe.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, arasaba abaganga n’abandi bita ku barwayi kujya babavugisha neza, kuko biri mu bifasha kugira icyizere cyo gukira vuba.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagaye itsinda ry’Abanyamulenge baturutse i Burayi na Amerika bakaza kubwira Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye ko ari umutabazi wabo, kandi nyamara ari we wamaze Abanyamulenge b’i Minembwe na Uvira by’umwihariko.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru muri Senegal ryatangaje ko rirajuririra umwanzuro wafashwe n’Akanama ku Bujurire ka CAF wo kuyambura Igikombe cya Afurika 2025 cyigahabwa Maroc.
Akanama ku bujurire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika kanzuye ko Senegal iterwa mpaga y’ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika 2025 yatsinzemo Maroc yakiriye 1-0, inamburwa Igikombe.
Ikipe ya APR FC yageze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Gasogi United ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kabiri.
Abagore bari muri Siyanse, Ikoranabuhanga n’Imibare baracyari bacye ugereranyije n’abagabo, nubwo hari gahunda zitandukanye za Leta zigenda zibafasha kuzamura ubushobozi kugira ngo bashobore kuziba icyo cyuho.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gufasha aborozi bo muri Gicumbi kwishyuza Koperative IAKIB amafaranga agera kuri Miliyari 1 frw bivugwa ko yabambuye.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Hugh Evans washinze akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Global Citizen, bagirana ibiganiro byagarutse ku ruhare rw’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’umuryango ayoboye mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku buhanzi mu Rwanda, ndetse n’ibindi bikorwa bikomeje gushyirwa mu bikorwa mu nzego (…)
Abantu 11 berekanywe na RIB nyuma yo gufatwa kubera ibyaha bitandukanye bakurikiranyweho. Aba bantu harimo abagore 3 n’abagabo 8. Bakurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, aho bakekwaho gufatanya n’abandi kugurisha imitungo itari iyabo, irimo inzu n’ubutaka.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babajije impamvu Akarere ka Kayonza gakunze kwibasirwa n’inzara ndetse n’uko icyo kibazo cyakemuka burundu.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije 0-0 na Al Merriekh SC mu mukino w’umunsi wa 24 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026 yuzuza imikino ine idatsinda.
Umwanditsi w’ibitabo, Ntwari Serge, asobanura ko inkuru iri muri Bibiliya ivuga kuri Yakobo wakiranye n’Imana ijoro ryose akayitsinda, yamuhaye igitekerezo cyo kwandika igitabo yise “Gukirana n’Imana n’Abantu / Wrestling with God and Men”. Muri icyo gitabo agaragaza ko umuntu ari umunyabubasha, kandi ko niba yarabashije (…)
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) umwongereza Stephen Constantine yahamagaye abakinnyi 31 agomba kwifashisha muri FIFA Series, iteganyijwe muri uku kwezi kwa Werurwe, Kwizera Olivier ateza urujijo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Umusaruro Mbumbe w’u Rwanda (GDP), wageze kuri Miliyari 23,387Frw mu 2025 uvuye kuri Miliyari 19,918 Frw wariho mu 2024.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (Ferwafa) ryashyize umucyo ku byuwahoze ari umutoza w’Amavubi wareze u Rwanda muri FIFA.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje ko mu gihe inkunga yatangwaga n’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique yahagarikwa, Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa muri icyo gihugu, zahita zivayo, ubwo hagashakwa igihugu cyakoherezayo (…)
Abasirikare 100 b’u Rwanda, bari boherejwe mu butumwa bw’ubutabazi muri Jamaica, bageze i Kigali, aho bashimiwe ubwitange, umurimo mwiza kandi unoze bakoze ndetse n’ikinyabupfura cyabaranze muri izo nshingano bari bahawe.
Mu birori bya Academy Awards byabaga ku nshuro ya 98 byabaye ku Cyumweru tariki 15 Werurwe 2026, umukinnyi wa filime Michael B. Jordan yegukanye igihembo cye cya mbere cya Oscar mu cyiciro cy’Umukinnyi Mwiza wa Filime (Best Actor).
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, ku bufatanye n’amatorero n’amadini akorera muri uwo Murenge, barishimira ko ubukangurambaga bw’ibyumweru bitatu bwakozwe muri uwo Murenge guhera hagati muri Gashyantare 2026 bwatanze umusaruro ufatika, harimo imiryango 11 yari isanzwe ibana, yemeye gusezerana imbere (…)
Komiseri w’Umuryango RPF Inkotanyi, Senateri Niyomugabo Cyprien, n’itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, basuye ibikorwa by’abikorera mu Karere ka Muhanga, bemeranya ubufatanye mu gushyira mu bikorwa Manifesito y’Umuryango.
Ikipe ya AS Muhanga na Kiyovu Sport zabonye intsinzi, Mukura VS itsikirira I Muhanga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye amakipe ya Kiyovu Sports, AS Kigali na Gasogi United kwihuza agakora ikipe imwe y’Umujyi izatangirana n’umwaka w’imikino 2026-2027.
Mu gihe imikino ya kamarampaka yatangiraga kuri uyu mugoroba, amakipe ya Gisagara, Kepler na RRA yahawe ubutumwa mbere yuko hakinwa umukino wa kabiri.