Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byatangaje ko uyu munsi tariki 17 Mutarama 2025, inama y’Abaminisitiri n’urwego rushinzwe umuteno iterana kugira ngo isinye amasezerano y’agahenge, ajyana no kurekura bamwe mu Banya-Israel batwawe bunyago na Hamas, mu gitero yagabye muri Israel ku itariki 7 (…)
Mu baturiye inkengero z’ikiyaga cya Burera, harimo abagitsimbaraye ku myumvire ituma batifashisha amazi meza yo mu mavomo begerejwe hafi, bitwaje ko aba yabanje gushyirwamo imiti ya kizungu, bagahitamo gukoresha ay’ikiyaga cya Burera mu mirimo yo mu ngo, bamwe bikabaviramo kurwara indwara ziterwa n’umwanda, ubuyobozi (…)
Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabwiye Abasenateri ko abakozi bazemera kujya gukorera mu bigo nderabuzima 82 biherereye ahantu kure kandi hagoye kugera, bazajya bahabwa agahimbazamushyi kihariye.
Urugaga rw’abikorera mu Karere ka Rubavu, rwashyize ahagaragara amakarita azakoreshwa mu gutera inkunga Etincelles FC, ikipe y’umupira w’amaguru ibarizwa mu Karere ka Rubavu, bigaragara koigihura n’ikibazo cy’amikoro.
Nyuma y’amezi ane ibitaro bya Nyarugenge bifunzwe by’agateganyo, biteganyijwe ko bizafungurwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri, nk’uko Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabitangarije Abasenateri, kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, aho yabahaye amakuru y’impamo ku buryo burambuye ku kibazo u Rwanda rwakuruwemo n’igihugu gituranyi gikomeje gushyigikirwa n’abagitezemo amaronko, bakirengagiza ukuri bazi neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ibyo amahanga afata nk’amabwiriza atangwa n’umusifuzi w’imikino mu kibuga, abifata nk’ibikomeye ku buzima bwe n’ubw’Abanyarwanda muri rusange, bityo atabijenjekera.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yatangaje ko Igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo cyagombaga kubera muri Uganda, Kenya na Tanzania cyimuriwe muri Kanama 2025.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yatangarije Abasenateri ko muri gahunda y’ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Ubuzima n’ibikorwa, mu guteza imbere amavuriro y’ibanze, ko muri uyu mwaka ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bizimurirwa i Masaka mu Karere ka Kicukiro.
Ku wa 26 Ukuboza 2024, umwe mu bantu twaganiriye twifuje guha izina Ndayisaba, yasohokanye n’umuryango we ugizwe n’abavandimwe batandatu, bajya gusangira no gusabana nk’uko byari bimeze ku miryango myinshi yishimiraga gusoza umwaka no gutangira undi.
Muri Australia, umugore yasabye urukiko gutesha agaciro amaserano y’abashakanye (marriage) yakoze yibwira ko ari imikino, bigamije kuzamura ‘followers’ ku rubuga rwa Instagram, nyuma akaza kumenya ko ari amasezerano ya nyayo y’urushako afite agaciro mu mategeko, atangira gusaba urukiko kuyatesha agaciro.
Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Harmonize, yerekanye umukunzi we mushya witwa Abigael Chams, mu gihe hari hashize ibyumweru bicyeya havugwa ibihuha ku rukundo rw’abo bombi, kuko byari bikiri mu ibanga.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yemereye abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore ko mu gihe cy’imyaka ibiri ibibazo biri mu butaka bijyanye n’imbibi bizaba byakemutse.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, bwavuze ko hakenewe ingengo y’imari ya Miliyari 26 z’Amafaranga y’u Rwanda, yo gusubiranya ibisimu binini byasizwe mu gihe cy’ubukoloni n’igihe hacukuraga sosiyete za Leta.
Umufana wa Rayon Sports Ndakaza Gerard yavuye i Kigali ajya gushimira Amagaju FC kuba yaratsinze APR FC.
Abacuruzi batandukanye mu Gihugu hamwe n’abakiriya babo bakomeje kwinubira igihombo batewe no kudakora kw’ihererekanya ry’amafaranga hakoreshejwe MTN Mobile Money (MoMo), byatumye bamwe mu bakiriya bafatirwa aho batse serivisi, abandi bagenda batishyuye.
Kuri uyu wa 15 Mutarama Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biga amasomo y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubucuruzi.
Mu byemezo bigana ku musozo wa manda ye, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavanye Cuba ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira iterabwoba . Ibyo byatumye Cuba ihita itangaza ko igiye kurekura imfungwa zigera kuri 553.
Shampiyona ya volleyball mu cyiciro cya mbere, iragaruka kuri uyu wa gatanu taliki ya 17 Mutarama 2025 hakinwa imikino yo kwishyura (return leg)
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mu Kiyaga cya Kivu hari uduce 13 twabonetsemo peteroli, hakaba hasigaye kumenya ingano yayo n’ikiguzi byasaba ngo icukurwe.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiye guhagararira Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Daniel Francisco Chapo uherutse gutorerwa kuyobora Mozambique. Perezida mushya ararahira kuri uyu wa gatatu.
Muri Afurika y’Epfo, mu gace ka Stilfontein, abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora uwo mwuga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bari bamaze igihe baraheze mu kirombe cya zahabu, bahuriyemo n’ikibazo cy’inzara, bamwe bakigwamo barapfa ubu imirambo igera kuri 36 akaba ari yo imaze gukurwa muri icyo kirombe, naho abandi 82 (…)
Mu murenge wa Jenda, Akarere ka Nyabihu hari ikiyaga cyitwa Nyirakigugu, gifite amateka atangaje. Ni ikiyaga gikora ku muhanda Musanze-Rubavu, abenshi bafata nka kimwe mu byiza nyaburanga bitatse u Rwanda.
Icyorezo bikekwa ko ari icyatewe na virusi ya Marburg cyageze muri Tanzania mu gace ka Kagera, aho kimaze kwica abantu umunani (8), nk’uko byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, basabye ko abagomba guhabwa ingurane y’amafaranga make byakorwa hatagombye kuyategereza igihe kirekire.
Dushimumuremyi Fulgence uherutse gutabwa muri yombi, kubera ibikorwa ashinjwa byo kubangamira umudendezo wa rubanda, no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera ibyo byaha akurikiranweho n’ubushinjacyaha.
Ku wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ikipe ya APR FC yasinyishije rutahizamu ukomoka muri Burukina Faso, Cheick Djibril Ouattara, uheruka kwirukanwa na JS Kabylie yo muri Algeria.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gerturde, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mutarama 2025, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda, Mohamed Mellah, byibanze ku bufatanye n’imikoranire hagati y’Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu byombi.
Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda ukomeje imyiteguro y’igikorwa ngarukamwaka cy’urugendo rw’umutambagiro mutagatifu ukorerwa i Macca n’i Madina muri Saudi Arabia, umutambagiro uzwi nka Hijja.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yatangaje ko Igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo cyagombaga kubera muri Uganda, Kenya na Tanzania cyimuriwe muri Kanama 2025.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ya ‘Abu Dhabi Sustainability Week’ kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yagaragaje urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka nk’igicumbi cy’ikoranabuhanga muri Afurika.
Mu Karere ka Kamonyi urenze ku cyapa imodoka zihagararaho cya Musambira, ahitwa Karengera mu Murenge Murenge, habereye impanuka ikomeye y’imodoka Toyota Coaster itwara abagenzi ya RFTC yavaga mu Mujyi wa Kigali, n’imodoka ya Toyota Hilux Vigo yavaga mu Karere ka Muhanga, hakaba hakomeretse bikomeye abantu 3 abandi 8 (…)
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) Omar Munyaneza yemereye Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko ko hashyizweho ingamba zizatuma iki kigo kitongera kuza mu myanya ya mbere mu byaka ruswa abaturage kugira ngo (…)
Inzoga ni ikinyobwa gisembuye, kigira aho kibamo ikinyabutabire cyitwa Ethanol ariko hakaba n’izindi z’inkorano (zitemewe) bashyiramomethanol, ku buryo ishobora kugira ingaruka kuyinyweye.
Intore zo ku rugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 12 mu Turere twa Ruhango na Muhanga, zahize kubaka ibikorwa remezo bitandukanye, birimo isoko ku baturage bo mu Murenge wa Ntongwe mu Kagari ka Kayenzi, mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije imibereho y’abaturage.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Jean Damascène Bizimana, asaba inzego z’ibanze gushaka abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye, cyane abazajya kwiga muri kaminuza n’amashuri makuru, kugira ngo bitabire ibikorwa by’urugerero byatangiye mu Gihugu hose ku wa 13 Mutarama 2025.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, byibanze ku ngingo zitandukanye zerekeranye no guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Urubyiruko 2,064 rwo mu Mirenge 14 igize Akarere ka Nyagatare, rwatsinze neza amashuri yisumbuye rwitegura gukomereza mu mashuri makuru na za kaminuza rugiye kumara iminsi 45 rutozwa gukora imirimo y’amaboko ndetse runigishwe gukunda Igihugu.
Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yageze i Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, aho yitabiriye Inama ya ‘Abu Dhabi Sustainability Week’.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) kuri uyu wa 13 Mutarama 2025 yatangaje ko bitarenze muri Kamena uyu mwakwa ibibazo by’ingurane z’abaturage batarishyurwa zisaga miliyari 21 Frw bizaba bimaze gukemurwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Jean-Guy Afrika mu mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB).
Mu mpera z’icyumweru gishize, abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi bamwe bararyohewe abandi Weekend ibasiga mu gahinda nyuma y’imikino ikomeye yayiranze.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuva tariki ya 7, 8 no ku ya 9 Mutarama 2025, imaze gufunga abantu bane barimo Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’Umurenge wa Manihira wo mu Karere ka Rutsiro, Basabose Alexis.
Kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Perezida wa Leta ya Oromia yo muri Ethiopa, Shimelis Abdisa n’itsinda bari kumwe, baganira ku mubano w’impande zombi.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’Amagaju FC yatsindiye APR FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-0, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, akora amateka wo kuyitsinda bwa mbere.
I Mwima ni ahantu ndangamurage h’amateka. Ni mu hahoze ari Nduga, ubu ni mu Mudugudu wa Mwima, Akagari ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.