Ni umukino watangite Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice wari utegerejwe hagati y’aya makipe anahanganiye shampiyona uyu mwaka maze igice cya mbere cyawo kirangira amakipe yombi anganya 0-0.
Mu gice cya kabiri Man City yigaranzuye Arsenal ubwo ku munota wa 61 Nico O’Reilly yatsindaga igitego cya mbere akanongeramo icya kabiri ku munota wa 61 ahawe umupira na Matheus Nunez.
Arsenal yarwanye no kuba yakwishyura ariko umukino urangira itsinzwe na Man City ibitego 2-0 yanahise yegukana iki gikombe ku nshuro ya cyenda.
Arsenal yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup ku nshuro ya karindwi dore yanahatsindiwe mu 1968, 1969, 1988, 2007, 2011, 2018 ndetse na 2026.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|