Abatuye i Nzige mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inzira zubakwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro ari zo ziteza impanuka.
Abashoferi n’abagenzi bategera imodoka muri gare ya Rwamagana bari mu rujijo baterwa no kuba itubakwa kandi yaragombaga gutangirana na 2016.
Abasoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa y’abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO), barasabwa gukurikirana akarengane gakorerwa abaturage.
Sosiyete DUMAC Ltd ikorera mu Karere ka Rwamagana irashinjwa kutihuitira gutabara umukozi wayo wagwiriwe n’ikirombe kuwa gatandatu, kugeza n’uyu munsi akaba atarakurwamo.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini i Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa n’inzobere atagirira abarwayi akamaro.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatwara ibinyabiziga kutagerageza guha ruswa abapolisi kugira ngo be kuryozwa amakosa bafatiwemo.
Abakora mu rwego rw’ubuzima mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa gukora igenamigambi bahuriyeho kugira ngo barusheho kunoza serivisi z’ubuzima rusange bw’abaturage.
Abatuye mu mujyi wa Rwamagana barasaba abatorewe kuyobora mu nzego z’ibanze kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ibikorwa remezo birimo n’imihanda.
Umuryango witwa Rwanda Legacy of Hope watangije gahunda ihoraho yo guhugura abaganga babaga, bakazajya bahugurirwa mu Bitaro bya Rwamagana.
Amakoperative ahinga ibigori mu ntara y’Uburasirazuba avga ko yaguye mu gihombo kubera utumashini dupima ubuhehere yahawe tudafite ubushobozi.
Abasirikari biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama barashima imbaraga Leta ishyira mu kuvugurura ubuhinzi ngo burusheho gutanga umusaruro.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Intore zatangiye urugerero mu Karere ka Rwamagana zirasabwa umusanzu mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi n’isuku nke cyagaragaye mu miryango imwe n’imwe.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Kigabiro i Rwamagana bakekwaho icyaha cyo kwambura abaturage bababeshya ko ari abapolisi.
Ikibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko n’abakobwa bishora mu buraya bakiri bato ni kimwe mu byo intore zirangije itorero i Rwamagana zahagurukiye.
Bamwe mu baturage b’Intara y’Iburasirazuba kugeza ubu ntibakozwa ibyo guhinga ibihingwa byatoranyijwe nk’uko biteganywa na gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka.
Itorero rya ADEPR rirahamagarira abashumba baryo kwirinda ubuhanuzi bw’ibinyoma buyobya Abanyarwanda n’abayoboke baryo by’umwihariko.
Intara y’Iburasirazuba yatangiye gushyira mu bikorwa gahunda ndende yihaye y’ubukangurambaga ku isuku, ikaba yatangiye hakorwa igenzura ry’isuku ahatangirwa serivisi zinyuranye.
Ubushakashatsi bw’umuryango “Never Again Rwanda” bugaragaza ko amakimbirane akunze kugaragara mu Karere k’Ibiyaga Bigari akenshi aba ashingiye ku butaka.
Urubyiruko rurasabwa kutihanganira abarushora mu bikorwa byo guhungabanya amahoro kuko ngo rushorwa muri bene ibyo bikorwa n’abafite inyungu zabo bwite.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buravuga ko umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize ushimishije n’ubwo izuba ryibasiye ibice bimwe by’iyo ntara.
Bamwe mu bagore baboha ibiseke mu Ntara y’Iburasirazuba ngo ntibabona isoko ryabyo nubwo bashishikarijwe kubiboha ngo biteze imbere.
Abagore bo mu Burasirazuba barishimira iterambere bagezeho, bakanengwa imirire mibi n’umwanda bikigaragara kuri bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abacururiza mu Isoko rya Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana ngo babangamiwe n’umwanda urigaragaramo kandi batanga amafaranga y’isuku.
Abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bagenda bagera ku iterambere nyuma y’aho bahinduriye imyumvire bagakora n’imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo.
Abanyamuryango ba kampani yitwa “KAMU Mutual Plan” bavuga ko abantu bishyize hamwe ntacyo batageraho, bagahamagarira Abanyarwanda kwishyira hamwe bahuza imbaraga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko ubukene n’imyumvire ikiri hasi ari byo bitera imirire mibi mu bana.
Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.