Abahagarariye Umuryango wa Rwamagana City barasaba ko Intara y’Iburasirazuba yabagenera amafaranga miliyoni 4 n’ibihumbi 920 kuko yabasabye ikipe yabo y’umupira w’amaguru Rwamagana City FC ngo ijye iyitera inkunga ariko ntiyubahiriza amasezerano.
Uhagarariye ingabo z’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana, Lt Col Mujuni, arahamagarira abatuye ako Karere ndetse n’ahandi mu Rwanda kutagira impungenge ko FDLR izigera ibabangamira kuko itazigera igira aho ifata ku butaka bw’u Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi batuye Umudugudu wa Kamanga i Kigabiro muri Rwamagana bamaze kugurira ingo z’abakene 36 imifariso kandi biyemeje ko bazasoza uyu mwaka wa 2012 baratandukanye no kuryama ku misambi n’ibyatsi bita Nyakatsi yo ku buriri.
Amategeko nakurikizwa uko yagenywe na minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, inka 21 za Ruhimbana Protais bita Corneille zizabagirwa i Rwamagana kandi ntahabwe ifaranga na rimwe.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, arasaba abaturage b’ako karere kudaterwa impungenge n’ibikorwa by’ubwiyahuzi bya FDLR kuko nta bushobozi na buke ifite bwo guhungabanya umutekano rusange w’igihugu.
Mutemberezi Jean de Dieu wari utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yaraye yishe umukobwa wari inshoreke ye amuhoye ko abandi bagabo bari baje kumukomangira ngo bararane batazi ko aryamanye na Mutemberezi.
Inzeko za polisi mu Ntara y’Uburasirazuba zirakeka ko abarashe umusore witwa Nshimyumurwa Bonaventure bamukekagaho amafaranga kuko bamutwaye agakapu yari afite ku rutugu avuye gucuruza mu isoko rya Ntunga muri Rwamagana.
Perezida wa Sena, Dr. Jean Damscene Ntawukuriryayo, yasabye abaturage bo mu murenge wa Rwinkwavu kurinda ibiti, mu rwego rwo ku bungabunga ubuzima bwa bo n’ubw’ibidukikije muri rusange.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, kuri uyu wa 02/11/2012, mu karere ka Rwamagana habaye isiganwa ku maguru no ku magare ryitabiriwe n’abasore 54 n’abakobwa 24.
Umuryango w’Abibumbye watangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri, agenewe abapolisi mpuzamahanga baturutse hirya no hino ku isi, ku ubungabunga amahoro no gukumira amakimbirane ku rwego rwo hejuru.
Muri gahunda nini MTN ifite yo guteza imbere uburezi mu mashuri yo mu Rwanda, kuri uyu wa 26/10/2012, yahaye ishuri rya Saint Aloys i Rwamagana mudasobwa nshya 36 n’umuyoboro wa interineti w’ubuntu mu mwaka wose.
Ndayisaba Cedrik w’imyaka 26, utuye mu kagari Sasabirago, umurenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturanyi we.
Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangarije i Rwamagana ko Guverinoma na Perezida wa Repubulika bashima umusaruro mwiza ishuri ry’abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana ritanga mu buzima bw’igihugu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yatangije ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 Ishuri rya Rwamagana School of Nursing and Midwifery rimaze ritangiye kwigisha ababyaza n’abaforomo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburasirazuba arasaba ubuyobozi bw’Uturere gushyira igitsure ku bafatanyabikorwa barimo imiryango itegamiye kuri Leta (ONG) ngo basohoze ibyo bakwiye gukora kuko iyo bidakozwe bigira ingaruka mbi ku igenamigambi n’imihigo by’akarere.
Abakora umurimo wo gutwara abantu ku mapikipiki barasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umutekano wabo bwite, uw’abagenzi batwara n’uw’igihugu muri rusange; kuko kuba mu gihugu hari umutekano ariwo musingi akazi kabo kubakiyeho.
Umuyobozi wa polisi mu Karere ka Rwamagana, Supt. James Muligande arashishikariza abatwara abantu kuri moto kwihesha agaciro mu murimo wabo, bakareka kujya bigaragaza nk’abantu badakwiye agaciro n’icyizere.
Abayobozi b’ibanze, ababyeyi n’abarezi mu Ntara y’Uburasirazuba ntibumvikana ku buryo bazitwara mu mezi ari imbere kuva aho ishami rya LONI ryita ku biribwa (PAM) ritangarije ko ritazongera kugaburira abana biga mu mashuri abanza.
Abadepite 79 bari mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda batangiye umwiherero kuri Muhazi mu Karere ka Rwamagana bagamije kwisuzuma ngo barebe uko basohoje ibyo bari bahize kugeraho.
Umukecuru witwa Nzamukwereka Mariya Tereza utuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana yasabye umugiraneza usanzwe umuha ibimubeshaho ko yabigabanya ariko akamuha amafaranga 500 nawe yatanga mu kigega AgDF.
Nyuma y’iminsi 20 Agaciro Development Fund itangijwe ku mugaragaro mu karere ka rwamagana tariki 28/08/2012, abatuye aka karere bongeye gukusanya izindi miliyoni 400 zo gushyigikira icyo kigega.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yasanze abana babiri ku mbuga y’iwabo i Bushenyi mu murenge wa Mwurire mu karere ka Rwamagana, ku mugoroba wa tariki 17/09/2012 irabagonga, umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye.