Abahinzi bo mu Karere ka Rwamagana bahuraga n’ikibazo cyo guhinga bakarumbya mu gihe cy’impeshyi, kubera imbogamizi zo kubura uko buhira imyaka.
Ababyeyi bo mu murenge wa Munyaga muri Rwamagana ntibazongera kuvunika bajya kubyarira mu bitaro bya Rwamagana kuko begerejwe inzu y’ababyeyi yujuje ibyangombwa.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo mu karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imashini baguriwe bagasanga zidakora.
Ngirumugenga Jean Marie Pierre wo muri Rwamagana yaretse akazi ka Leta ajya mu bworozi bw’ingurube none ubu yoroye izibarirwa muri 700.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
Wumvise Uzabakiriho Elisé abwira abantu amakuru wagira ngo ni umunyamakuru wabigize umwuga nyamara ngo ntaho yabyize.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana bavuga ko amashanyarazi bahawe azabafasha kugera ku iterambere, banarusheho kujijuka.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Abaturage bo mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana nyuma yo kuza ku mwanya wa nyuma umwaka wa shize muri mituweri, bakusanyije miliyoni eshatu z’ubwisungane bwa 2018.
Binyuze mu nkunga ya Global Fund, Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yahaye ibitaro bikuru bya Rwamagana imbangukiragutabara eshatu zifite agaciro ka miliyoni 167RWf.
Umukecuru witwa Muhutukazi Xaverine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye i Rwamagana yashyikirijwe inzu yuzuye itwaye miliyoni 8.5 RWf.
Abafasha b’abaganga mu ngo barahamagarirwa kugira ubwitange n’urukundo bityo bakita uko bikwiye ku barwaye indwara zitandura kandi zidakira.
Abasaga 887 bamaze gufashwa n’urubuga rw’abagore kuva mu makimbirane yo mu miryango, nyuma yo kugirwa inama no kwigishwa kubana neza.
Abarwayi bajya kwivuriza ku bitaro bikuru bya Rwamagana bavuga ko bahabwa serivisi mbi ku buryo bashobora kumara iminsi ibiri bataravurwa.
Abanyeshuri 161 barangije mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro Gishari Integrated Polytechnic ryo mu Karere ka Rwamagana, basabwe guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda barwanya ubushomeri mu rubyiruko.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro muri Rwamagana batangaza ko bishyiriyeho irondo ry’umwuga bihembera kugirango bace ubujura bwabibasiye.
Bamwe mu bagore n’abagabo ntibavuga rumwe ku itegeko ryasohotse, ryambura abagabo uburenganzira bwo kugira ijambo rya nyuma ku bibera mu ngo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya muri Rwamagana, barasaba ingurane z’ibyangijwe hakorwa imihanda muri gahunda ya VUP.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Umugore witwa Nyiranzabona Julienne wo mu Murenge wa Muyumbu muri Rwamagana yatawe muri yombi ashinjwa kwicisha umugabo we witwa Ndabateze Mathias.
Abaturage bo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana bitabiriye amatsinda yo kwizigama, baravuga ko batangiye bazigama igiceri k’ijana kikabafasha kubona inguzanyo isaga miriyoni.
Abaturage bo mu karereka Rwamaga mu muganda usoza ukwezi kwa 11 bakoze igikorwa cyo gutera ibiti ibihumbi 15 kubuso bwa hegitari esheshatu basabwa kubibungabunga.
Mu ihuriro ry’urubyiruko 2400 rusengera mu idini ya Gatolika rwaturutse mu bihugu bine bihana imbibe n’u Rwanda, rwasabwe kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yabwiye urubyiruko Gatolika ko rugomba kurangwa n’ibikorwa byiza, rukaba umusingi wo kubaka u Rwanda.
Abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya HVP Gatagara rya Rwamagana bafite ubumuga bwo kutabona, bashimiye Leta y’u Rwanda yashyizeho uburezi budaheza.
Minisiteri y’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yahaye ibikoresho bitandukanye abaturage bo muri Rwamagana bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi igwa.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rwamagana yasambuye inzu zisaga 100,harimo izab’abaturage ndetse n’amashuri yigirwamo.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba, Kazayire Judith yizeje abatuye iyo ntara kubegera bagahanga n’ikibazo cy’amapfa akunze kwibasira iyo ntara.