Abagore basanga hari amategeko agitambamira uburenganzira bwabo

Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.

Babivuze kuri uyu wa kane tariki 10 Ukuboza 2015, ubwo bahabwaga amahugurwa ku bijyanye n’amategeko n’amasezerano Nyafurika aharanira uburenganzira bw’umugore.

Abagore bahuguwe barakangurirwa kujya amu myanya y'ubuyobozi kuko byabaha uburyo bwiza bwo gutanga ibitekerezo ku mategeko abangamira uburenganzira bwabo.
Abagore bahuguwe barakangurirwa kujya amu myanya y’ubuyobozi kuko byabaha uburyo bwiza bwo gutanga ibitekerezo ku mategeko abangamira uburenganzira bwabo.

Ayo mahugurwa bayahawe n’umuryango GLIHD uharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere mu karere k’ibiyaga bigari.

Umuyobozi wungirije w’uwo muryango, Umulisa Housna Vestine avuga ko guhugura abagore bigamije kubongerera ubumenyi “kugira ngo barebe amategeko ababangamiye aho babona imbogamizi batange ibitekerezo byazashingirwaho mu kuyavugurura.”

Abo bagore bamaze gusobanurirwa ibikubiye mu masezerano Nyafurika aharanira uburenganzira bw’umugore basanze hari amategeko y’u Rwanda agitambamira uburenganzira bw’umugore basaba ko yavugururwa.

Itegeko rigena igihe umugore agomba gutegereza mu gihe yasabye gutandukana n’uwo bashakanye kugira ngo ubwo butane bwemezwe n’iribuza umwana wahohotewe guhita akuramo inda mu gihe bitaremezwa n’inkiko ni yo bagarutseho cyane.

Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Bugesera, Uwingabiye Chantal, yavuze ko bidakwiye ko umuntu usaba ubutane yazitirwa, kuko hari igihe batinda bikaba ari byo bikurura za mpfu.

Abagore bahuguwe bari bakurikiye cyane ikiganiro cyavugaga ku masezerano Nyafurika aharanira uburenganzira bw'umugore.
Abagore bahuguwe bari bakurikiye cyane ikiganiro cyavugaga ku masezerano Nyafurika aharanira uburenganzira bw’umugore.

Yagize ati “Na biriya by’abana bahohoterwa bagasaba gukuramo inda, hari igihe ntarengwa cyo gukuramo inda, numva nta mpamvu yo kubanza mu rukiko kuko mu rukiko hari minsi yo gutanga ikirego, kuburanisha, kujurira, kandi uko iyo minsi itambuka ni ko n’inda iba iri gukura.”

Umukozi wa komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko, Lambert Dushimimana avuga iyo komisiyo iri kuvugurura amategeko. Arimo ibibazo bibangamiye abana n’abagore ngo ari kuvugururwa kandi ngo ibitekerezo abo bagore batanze byose byitaweho mu kuyavugurura.

Ati “Ubu turi mu nzira yo kuvugurura amategeko kandi amategeko yose abangamira umugore n’umwana ari kuvugururwa. Nka ririya ridatuma umwana akuramo inda n’ubwo yaba yafashwe ku ngufu riri kuvugururwa kandi ibyo bitekerezo byitaweho.”

Umuryango GLIHD unabasaba abagore gutinyuka bakajya mu myanya y’ubuyobozi kuko byabaha uburyo bwo gutanga ibitekerezo ku mategeko atambamira uburenganzira bwa bo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka