Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, avuga ko abayobozi b’amakoperative bigarurira imitungo y’abanyamuryango bakwiye guhagurukirwa byaba ngombwa bakanirukanwa, aho kugira ngo bakomeze kwanduza isura nziza y’amakoperative.
Abarwayi barwariye mu Bitaro bya Rwamagana biri mu Mujyi w’Akarere ka Rwamagana, kuri uyu wa 25 Werurwe 2015, bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi, bishimira ko utuma bongera kwiyumva nk’abandi ngo kuko ubusanzwe baba babayeho mu buzima bwo kwiheba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, Sebagabo Jimmy, yatawe muri yombi nyuma y’uko abaturage ku wa 18 Werurwe 2015 bagaragarije mu ruhame ko abarenganya bikabije ndetse akaba arya ruswa.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Karere ka Rwamagana, tariki ya 18 Werurwe 2015, abaturage bikomye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana witwa Sebagabo Jimmy, bamuha induru ku mugaragaro bamushinja ubutiriganya, ruswa ndetse n’akarengane yagiye abakorera.
Abakozi b’Akarere ka Rwamagana barabwa gukora batikoresheje kugira ngo akarere kabo kave mu myanya ya nyuma mu mihigo, kandi banatange serivise nziza ku baturage badategereje indonke.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Rwamagana barasabwa kwimakaza ukuri mu byo bakora kandi bakirinda ingeso mbi izwi nko “gutekinika” kuko idindiza iterambere ry’abaturage n’ahari ikibazo ntikimenyekane ku gihe.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) n’abarokotse jenoside barangije mu mashuri makuru na za kaminuza (GAERG), bari muri gahunda y’ibikorwa bitandukanye bitegura kwibuka ku nshuro ya 21, batunguwe no kwangirwa kwinjira mu rwibutso rwa jenoside rwa Gishari ruri mu (…)
Ishuri Ryisumbuye rya Rwamashyongoshyo, riri muri gahunda y’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE), riherereye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, ryaciye agahigo ko gutsindisha abanyeshuri bose uko ari 25 bakoze ikizame cya leta gisoza amashuri yisumbuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA: Rwanda Housing Authority) kirasaba abanyarwanda kuba maso ku mikoreshereze y’ubutaka, abashaka kubaka bagatekereza inyubako zigerekeranye mu mijyi naho mu byaro bakubaka ku buso buto kugira ngo ubutaka busigaye bukorerweho ibindi bikorwa, kuko nibidakorwa abanyarwanda (…)
Itsinda ry’abaganga b’amaso bo mu Bitaro by’Amaso bya Kabgayi, ku bufatanye n’Ibitaro bya Rwamagana, bamaze kubaga abarwayi b’amaso bagera kuri 300 bo mu Ntara y’Iburasirazuba, muri gahunda y’ubufatanye bw’ibi bitaro byombi yatangiye tariki ya 23/02/2015 kugeza ku wa 04/03/2015; hagamijwe kwegereza abaturage serivise (…)
Abanyeshuri n’abarimu b’Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Polisi rya Gishari (Gishari Integrated Polytechnic/GIP) riri mu Karere ka Rwamagana, bakoze urugendo rugamije kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, hagamijwe kwigisha urubyiruko n’abaturage muri rusange ububi n’ingaruka zabyo, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 27/02/2015.
Ikibazo cy’amakimbirane no kutuzuzanya gikunze kugaragara hagati y’abagize inama njyanama z’uturere n’abayobozi batwo, kiri ku isonga mu bidindiza iterambere rya tumwe mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba; bikagaragazwa n’uko hari uturere duhora inyuma mu ruhando rw’utundi.
Abantu batandatu bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24/02/2015, bahawe inyunganirangingo z’amagare atandatu yatanzwe ku nkunga y’Umuryango “Road to Jannah” wo mu Bwongereza ku bufatanye n’Umuryango Nyarwanda “Umbrella for Vulnerable” ufasha abatishoboye.
Ubuyobozi bw’umuryango Shalom Education for Peace buvuga ko hatewe intambwe ikomeye mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu banyapolitike bagaragaje ubushake bwa politike bwo gushyigikira ubumwe n’ubwiyunge ndetse bagatanga umurongo ngenderwaho, ariko ko mu baturage bo hasi hagikenewe imbaraga kugira ngo habeho kubwizanya (…)
Abanyarwanda barakangurirwa guhagurukira ikibazo cy’ingutu kijyanye n’imyubakire y’akajagari kandi abo mu mijyi bagaharanira kubaka inzu zo guturamo zigerekeranye, kuko mu gihe baba bakomeje kubaka nk’uko bikorwa ubu, byazagera igihe Abanyarwanda bakabura ubutaka bwo guturaho ndetse n’ubwo gukoreraho ibindi bikorwa birimo (…)
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka arasaba imiryango nyarwanda itegamiye kuri leta gukora ibikorwa biteza imbere Abanyarwanda aho kuvuga gusa no kunenga ibitagenda.
Urubyiuko rugera kuri 23 rwo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga nk’igishoro cyo gushyira mu bikorwa ibyo bize, nyuma y’uko bari barahawe amahugurwa y’igihe gito na Minisiteri y’Ubucuruizi n’Inganda, ku bijyanye n’ubumenyingiro no kwihangira imirimo.
Mu mwiherero wahuje abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’Iburasirazuba, kuva ku muyobozi w’akagari kugeza ku w’Intara, tariki ya 11/02/2015, abayobozi bose bemeye imbaraga nke zabaranze mu gukurikirana ubuzima bw’umuturage bashinzwe kureberera, maze basaba imbabazi kandi biyemeza ko bagiye guhindura imikorere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari mu nzego z’ubuyobozi ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba basabwe kugira imitekerereze yagutse iganisha ku iterambere, ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, kandi bagaharanira guteza imbere imyumvire ituma ibyiza u Rwanda rugezeho bisugira ndetse bigakomeza gutera imbere ubudasubira inyuma.
Mu Karere ka Rwamagana hatashywe ku mugaragaro uruganda rw’ingufu z’imirasire y’izuba rutanga Megawatt 8.5, zingana na 5% by’amashanyarazi yose u Rwanda rufite. Uru ruganda rw’ingufu z’imirasire y’izuba rukaba ari na rwo rwa mbere rwo kuri uru rwego rwubatswe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Mu rugendo bamwe mu basirikari bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bagiriye mu Karere ka Rwamagana kuwa Gatatu, tariki ya 4/02/2015, bishimiye ko iterambere ry’ingufu z’amashanyarazi rigenda rizamura iterambere ry’abaturage kandi bagaragaza ko amashanyarazi ubwayo yunganira umutekano rusange.
Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadiventisiti rya Kigali (INILAK) ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 100 basoje icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s degree) mu mwaka wa 2013-2014 mu ishami ryaryo riri i Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, kuwa Kane tariki ya 15/01/2015.
Itsinda ry’Abasenateri bari muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda, bakomeje igikorwa cy’ubugenzuzi bw’umutekano wo mu muhanda mu turere dutandukanye tw’igihugu, ari na ko baganira n’inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugira ngo hagaragazwe imbogamizi zibitera maze bazakore ubuvugizi (…)
Wa mwana w’umukobwa w’imyaka 7, Mukakayigi Alice, wari watoraguwe ku muhanda mu Mujyi wa Rwamagana, tariki 07/01/2015, yaje kongera kugira amahirwe yo kubona abo mu muryango we mu ijoro rishyira uyu wa Kane, tariki 08/01/2015.
Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 7 y’amavuko uvuga ko yitwa Alice Mukakayigi yatoraguwe ku muhanda hafi ya gare ya Rwamagana kuri uyu wa 07/01/2015, avuga ko amaze kuburana n’abo bari kumwe mu modoka baturutse muri Uganda ahitwa Gisura ya Mbere.
Intore zo ku Rugerero rw’icyiciro cya gatatu cy’“Inkomezabigwi” zo mu Karere ka Rwamagana ziratangaza ko zigiye kuba umusemburo w’ibisubizo ku bibazo byugarije umuryango Nyarwanda; nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ndetse n’imyitwarire irushora mu ngeso mbi, kandi bakazaharanira kubungabunga umutekano.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie ndetse n’Umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mutiganda Francisca bamaze kwegura ku mirimo yabo.
Polisi y’Igihugu yatangije ubukangurambaga bugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’andi mahohoterwa, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Abayobozi bose bo mu Karere ka Rwamagana kugeza ku bayobora utugari basabwe gufatanya n’abaturage gukaza umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani izizihizwa guhera mu cyumweru gitaha.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko izakomeza guha ubufasha mu by’amategeko abantu bose, by’umwihariko ihereye ku batishoboye kugira ngo babashe kugira uburenganzira bwuzuye nk’uko abandi bose babubona.