Nyuma y’ibiganiro no kuregwa mu nzego z’umutekano itorero rya ADEPR Paruwasi ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza ryemeye kwishyura rwiyemezamirimo ryariganyije.
Kuva mu kwezi k’Uwakira 2015, mu ntara y’Uburasirazuba hamaze gufatirwa ibiyobyabwenge birengeje miliyoni 42Frw, hanafatwa 28 bafite aho bahuriye nabyo.
Ba rwiyemezamirimo barasaba ko mu tunama tw’amasoko hakongerwamo abantu batari abakozi b’uturere, kuko byatuma badakomeza kurenganya abapiganirwa amasoko babaka ruswa.
Abagore bo mu Murenge wa Musha muri Rwamagana barasabwa guhaguruka bagakora kuko gutegera amaboko abagabo muri byose bituma bahohoterwa.
Umuryango AVEGA, w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, watangije gahunda ya “AVEGA wWeek” igamije kurushaho kwegera abanyamuryango ngo bahabwe ubufasha bakeneye mu miryango.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rwamagana baravuga ko bagiye kunoza amarondo y’umwuga hagamijwe kurushaho gucunga umutekano.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’ubuyobozi bw’uturere ntibavuga rumwe ku buryo bushya bwo gukusanya imisoro n’amahoro ugereranyije n’uko uturere twayikusanyaga.
Ubuyobozi bw’intara y’Uburasirazuba buravuga ko imihigo y’umwaka wa 2015/16 uturere tuyigize dufatanyije n’ibindi bigo yagiye idindira.
Imiryango 25 mu Murenge wa Mwulire i Rwamagana yorojwe amatungo magufi n’ikimina cy’abakozi b’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro, IPRC EAST.
Abaturage 5235 bo mu ngo 1047 mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana begerejwe amazi meza.
Urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo rwemeje ko abakozi b’ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wahaguye barekurwa by’agateganyo.
Bamwe mu bayoboke b’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana, PL, barasaba ubuyobozi bw’iryo shyaka kubabwira amaherezo y’umutungo waryo wanyerejwe.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Rwamagana barasabwa gufasha abaturage kurwanya amakimbirane mu miryango kandi bagatanga amakuru kare mbere y’uko bigeza ku bwicanyi.
Abapolisi bakuru 60 bo muri bimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015 batangiye icyiciro cya kane cy’amahugurwa yo kubungabunga amahoro ku isi.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana (PL) rirahamagarira abayoboke baryo kudasuzugura umurimo mu gihe ushobora kubeshaho umuntu.
Ubushakashatsi buherutse gushyirwa ahagaragara, bugaragaza ko 38% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu ntara y’Uburasirazuba bafite ibibazo by’imirire mibi.
Indashyikirwa mu bumwe n’ubwiyunge zo mu Karere ka Rwamagana zirasaba abaturage kwimakaza ubumuntu kugira ngo ubwiyunge bwuzuye bugerweho.
Mu gihe abanyeshuri bo mu Rwanda biteguye ibizamini bisoza amashuri abanza n’ibyiciro by’ayisumbuye, Intara y’Iburasirazuba yakajije ingamba zo guca “gukopera.”
Abakobwa bibumbiye mu Muryango “AERG” barasabwa kwigira ku masomo y’ibyahise, bakagira icyerekezo n’amahitamo aboneye kugira ngo bubake ahazaza heza.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa kane yahitanye umwana, ikomeretsa nyirakuru inasenya amazu amazu 11.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abanyamakuru umusanzu mu kurwanya icyorezo cya SIDA, bakangurira abaturage kuyirinda mu biganiro bakora.
Abahinzi bo mu Murenge wa Karenge muri Rwamagana barasaba ubuyobozi kubakorera umuhanda Rugende-Karenge, wabashoboza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze gukurikirana ibikorwa birwanya ubukene, bakarandura ikibazo cy’imirire mibi cyugarije abana.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa, asaba abangavu kwirinda “uduhendabana” tw’ababashuka, ahubwo bakamenya gufata icyemezo n’icyerekezo cy’ubuzima bwiza bakiri bato.
Abaturage b’Umurenge wa Karenge bahuriye mu nteko rusange tariki 7/10/2015 bavuze ko kumurika ibyiza bagezeho bibatera ishyaka ryo kwesa imihigo.
Intara y’Iburasirazuba iravuga ko igiye gukaza umutekano ihangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kandi abafite inyubako zihuriramo abantu benshi bagasabwa gushyiraho imirindankuba.
Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.
Abaturage basaga 500 batunganyije amaterasi mu Murenge wa Mwurire mu Karere ka Rwamagana barinubira kuba bararangije imirimo muri Gicurasi, bikaba bigeze muri Nzeri batarishyurwa.
Abagera kuri 19 baguye mu mpanuka yabereye Rwamagana naho bandi bagera kuri 2 barakomereka aho bahise bajyanwa kwa muganga.
Urwego rw’ubuvuzi mu Karere ka Rwamagana rurishimira intambwe yatewe mu kugabanya impfu z’ababyeyi n’abana, biturutse ku bwiyongere bw’abaforomo n’ababyaza b’umwuga.