Guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa atagirira akamaro abarwayi

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini i Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa n’inzobere atagirira abarwayi akamaro.

Avuga ko hari abamara guhugurwa bagahita bava mu bitaro bakoragamo, umuturage yarwara indwara baherewe amahugurwa n’abaganga b’inzobere mu kuyivura akabura abamuvura.

Abaganga b'inzobere basiga abahuguwe bamaze kumenya uburyo bugezweho bwo kubaga abarwaye Hernie ku buryo basigara babikora bonyine.
Abaganga b’inzobere basiga abahuguwe bamaze kumenya uburyo bugezweho bwo kubaga abarwaye Hernie ku buryo basigara babikora bonyine.

Mu 2014, abagera ku 10 bo mu bitaro bya Gahini, bahawe amahugurwa n’abaganga b’inzobere zo mu Bwongereza ku kubaga mu buryo bugezweho bwo kuvura indwara ya Hernie.

Nyuma y’umwaka umwe bayahawe, muri ibyo bitaro hari hasigaye umuganga umwe uvura iyo ndwara abandi baragiye, nk’uko Dr. Muvunyi abivuga.

Agira ati “Dufite ikibazo cy’abaganga bahindagurika. Araza [umuganga] yamara umwaka umwe akaba yagiye. Hari abahuguwe ubushize, ubu baragiye. Hari hasigaye umuganga umwe wasigaye ariko kubera ko haba hari abarwayi benshi, ntashobora kubavura bose.”

Abaganga b'inzobere bavuye hanze bahugura ab'imbere mu gihugu ariko ngo nyuma y'igihe gito abahuguwe bahita bava mu kazi.
Abaganga b’inzobere bavuye hanze bahugura ab’imbere mu gihugu ariko ngo nyuma y’igihe gito abahuguwe bahita bava mu kazi.

Avuga ko iki kibazo kigira ingaruka ku barwayi kuko hari abarwara ntibabone serivisi z’ubuvuzi ku buryo bibasaba gutegereza inzobere zizava i Burayi kandi bakabaye bavurwa n’abo baganga bahuguwe.

Mu baganga bahuguwe, harimo abavuga ko kuba umuganga yava mu bitaro akajya gukorera ahandi atari ikibazo mu gihe akomereje mu buvuzi. Ngo byaba ikibazo igihe yavuye mu buvuzi cyangwa akava mu Rwanda, nk’uko uwitwa Kombi Gyslain abivuga.

Umuyobozi w'ibitaro bya Gahini avuga ko mu baganga ba byo bahuguwe muri 2014 hari hasigaye umuganga umwe abandi bose baragiye.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gahini avuga ko mu baganga ba byo bahuguwe muri 2014 hari hasigaye umuganga umwe abandi bose baragiye.

Ati “Byaba ikibazo abaganga bahuguwe baravuye mu buvuzi, cyangwa batakiri mu gihugu, ariko niba bakiri mu Rwanda kandi bavura, icya ngombwa ni ukuvura Abanyarwanda.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini avuga ko kugenda kw’abaganga bahuguwe ari cyo kibazo kibakomereye, ariko bakaba baragerageje no kugifatira ingamba.

Ati “Akenshi ikibajyana baba bashaka amafaranga yisumbuyeho. Iyo abonye umushinga umuha akazi cyangwa agahitamo kwiga aragenda. Gusa tubaha icyizere ko imbere ari heza, kandi bamwe twatangiye kubacumbikira kugira ngo ntibagende.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka