Umushinga Pertners in Health (Inshuti mu buzima) wizihije isabukuru y’imyaka 10 umaze ukorera mu Karere ka Kirehe, abaturage bahamya ko wabafashije mu mibereho yabo mu gihe bamwe bari baratakaje icyizere cyo kubaho.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe mu 2015-2016 ingana na miliyari 9 na miliyoni 558 n’ibihumbi 402 na 932 ngo 2% akaba ari yo yiyongera kuyakoreshejwe umwaka ushize mu gihe inkunga zo hanze muri iyo ngengo y’imari zingana na miliyoni 926 n’ibihumbi 444.
Urwunge rw’Amashuri rya Nyakarambi kuri uyu wa 24 Kamena 2015 rwibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 baremera n’abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kirehe ku wa 22 Kamena 2015 yasubije Ubuyobozi by’Inkambi ya Mahama icumbitsemo impunzi z’Abarundi ibikoresho byafashwe na Polisi biguzwe mu mpunzi mu buryo bunyuranyije n’amategeko bifite agaciro k’ibihumbi 540.
Atorerwa kuba Umuyobozi w’umuryango wa FPR mu Karere ka Kirehe, Muzungu Gerald, yasabye abayoboke b’umuryango guharanira icyateza umuryango imbere hagendewe ku nyungu rusange z’Umunyarwanda asaba Abanyamuryango kwirinda amarangamutima bakingira ikibaba umuntu wese wambika umuryango wa FPR isura mbi.
Ku bufatanye n’imiryango inyuranye ifasha impunzi, Minisiteri ishinzwe Gukumira Ibiza no gucyura Impunzi(MIDIMAR) yatangiye umushinga wo kubakira impunzi inzu zisakaje amabati mu rwego rwo kuzituza heza.
Nyirahagenimana Veronika w’imyaka 28 wo mu kagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina mu gihe, akurikiranwe n’inzego zishinzwe umutekano arwaje umwana we mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kumubyara akamuta mu musarani.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Kamena 2015 u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe impunzi ku isi. Muri urwo rwego Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto agaragaza uko impunzi zibayeho mu Rwanda muri zimwe mu nkambi ziri mu gihugu.
Impunzi z’abarundi zigera mu bihumbi 27 ziri mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zirashimira leta y’u Rwanda cyane cyane Perezida Paul Kagame, ku buryo zakiriwe mu Rwanda zigahabwa n’uutekano bitandukanye n’uko byagiye bigenda mu bindi bihugu zatsemo ubuhungiro.
Ubuyobozi bwa Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) butangaza ko butazihanganira umuganga cyangwa umukozi wese w’ibitaro uzarangwa n’ivangura n’indi ngengabitekerezo ya Jenoside ku baje bamugana.
Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 22 na Mundanikure Joseph w’imyaka 19 bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Nyamugari bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa amafaranga ibihumbi 150 harimo 135 y’amakorano.
Ku bufatanye n’umushinga Compassion, Itorero ry’Abaruteri, Paruwasi ya Kirehe ryafashishije abana b’abanyeshuri matora 206 ku wa 17 Kamena 2015 mu rwego rwo guteza imbere ubuzima bwabo bagira imitekerereze myiza.
Inama Njyanama y’akarere ka Kirehe yasezereye umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’imari Tihabyona Jean de Dieu muri Njyanama na Nyobozi y’akarere bitewe n’ibyaha akekwaho n’inzego z’ubutabera.
Mu birori byo gusoza Icyumweru cy’Uburezi Gaturika muri Diocese ya Kibungo, Musenyeri Antoine Kambanda,Uumushumba w’iyo Diocese yasabye ababyeyi n’abarezi kurinda abana kugira ngo bakure neza birinda ibiyobyabwenge kuko ngo umwana wabyishoyemo apfa ahagaze.
Muhirwa Athanase, umugore we n’abana babo babiri bo mu murenge wa Kigina akarere ka Kirehe barwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kuraza imbabura yaka mu nzu bararamo bibaviramo kubura umwuka batakaza ubwenge.
Nyuma y’uko impunzi z’i Burundi zari zimaze iminsi zihungira mu Rwanda zinyuze ku byambu bihuza Akarere ka Kirehe n’u Burundi, Polisi y’i Burundi imaze gufunga ibyambu byose ngo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Pelagie Mukagatare umwe mu mpuzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama ngo wari umaranye imvune imyaka 3 arishimira ko yahawe igare ryo kugenderamo n’imwe mu miryango y’abagiraneza ikorera Rwanda agahamya ko rizamufasha kugera kwa muganga agashobora kwivuza.
Bamwe mu badepite bagize EALA(East Africa Legistrative Assembly)basuye impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama kuri uyu wa 02 Kamena 2015 bababazwa n’ubuzima impunzi zibayemo bitewe n’amakimbirane abera mu gihugu cyabo.
Abarwaza ndetse n’abarwayi barwariye mu Bitaro bikuru bya Kibungo baravuga ko batorohewe n’ubuzima kubera isuku nke ihari yatewe n’abakozi 73 ba kompanyi “Prominent General Services” bakoraga isuku muri ibi bitaro barahagaritse imirimo kuva kuri uyu wa 01/06/2015 kubera kudahembwa.
Hashize iminsi itanu icyuma cyifashishwa mu gusuzuma abagore batwite n’abandi bose bafite ikibazo cyo munda (échographie) cyibwe nyuma y’ibura rya moto yifashishwa mu bitaro na mudasobwa ebyiri zifashishwa muri serivisi ya mituweri.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert arashima uburyo Akarere ka Kirehe kateye imbere mu ikoranabuhanga ryihuse mu bigo bitandukanye bya Leta, ariko anenga uburyo ritaragezwa ku rubyiruko no mu baturage bikaba byadindiza iterambere.
Ibirori bisoza ukwezi kwahariwe urubyiruko mu rwego rw’igihugu byabereye mu Karere ka Kirehe ku wa 30 Gicurasi 2015 aho Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yafunguye ku mugaragaro ikigo cy’urubyiruko asaba ko kibyazwa umusaruro mu gukemura bimwe mu bibazo urubyiruko ruhura na byo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ,yasabye urubyiruko kwizigamira ndetse no kurushaho kwirinda gusesagura mu kurushaho gutera imbere.
Mufti w’u Rwanda, Kayitare Ibrahim, aravuga ko kuba u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo mu bindi bihugu bituruka ku buyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, agasanga ingingo y’101 y’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ikwiye kuvugururwa akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ubwo yari atashye avuye ku ishuri ku mugoroba wo ku wa 27 Gicurasi 2015 yajyanye na bagenzi be mu rugomero rwa Kinoni II batangiye koga ararohama ahita apfa.
Umugabo witwa Mihigo Joël wo mu Kagari ka Curazo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe bamusanze mu ishyamba yapfuye mu gitondo cyo ku wa 27 Gicurasi 2015, batatu bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu baburirwa irengero.
Abanyamuryango 133 bagize Koperative “Tuzamurane” y’abahinzi b’inanasi bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, barishimira iterambere bavuga ko bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 9 bahawe ubuzima gatozi bakaba bafite n’uruganda rwumisha inanasi aho ikiro kimwe kigura amadorari 15, (+10,000FRW).
Kuri wa 22 Gicurasi 2015, intumwa z’ibihugu by’ Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, zigizwe n’abamisiriri w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda no muri Uganda zasuye impunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Mahama mu rwego rwo kumenya neza igitera ubwo buhunzi hanashakirwa hamwe umuti w’icyo kibazo.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 abikorera bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wabaye kuri uyu wa 21 Gicurasi 2015 abikorera bo mu Karere ka Kirehe bashimiye ubuyobozi bubafasha mu mikorere yabo mu gihe Leta yakoze Jenoside yo bahigaga.
Muhawenimana Josiane, umugore w’imyaka 27, wo mu Murenge wa Musaza ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatwa n’irondo ngo yikoreye ibiro 15 by’urumogo mu ijoro rishyira tariki 18 Gicurasi 2015 agahita avuga ko yari arutwaje umugabo wari wamuhaye akazi.