Kirehe: Ngo muri Jenoside abacuruzi bahizwe bukware

Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 abikorera bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wabaye kuri uyu wa 21 Gicurasi 2015 abikorera bo mu Karere ka Kirehe bashimiye ubuyobozi bubafasha mu mikorere yabo mu gihe Leta yakoze Jenoside yo bahigaga.

Mu ijambo ry’uwikorera warokokeye i Kirehe, yavuze ko na mbere ya Jenoside abikorera batotejwe cyane.

Abatoni Betty, intumwa y'abikorera ku rwego rw'igihugu, yashimye igitekero abikorera bo mu Karere ka Kirehe cyo kwibuka bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abatoni Betty, intumwa y’abikorera ku rwego rw’igihugu, yashimye igitekero abikorera bo mu Karere ka Kirehe cyo kwibuka bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Nari umuhanga mu ishuri banyima amahirwe yo kwiga ngana iy’ubucuruzi na byo ntibyangwa neza kuko nagiraga ibicuruzwa bitandukanye nshaka uko nabaho interahamwe zikaza zikanywa, zigafata ibyo zishaka ngo ni amafaranga y’inyenzi ncuruza”.

Avuga ko byageze muri Jenoside, umututsi wacuruzaga wese anyagwa utwe ahigwa bukware ari na ko yicwa by’agashinyaguro.

Yashimiye ubuyobozi bw’igihugu buyobowe na Perezida Paul Kagame kuko yahaye abantu bose uburyo bwo kwiga ngo abana be babiri bakaba barangije kaminuza anasaba abagize Inteko Ishinga amategeko kumva ibyifuzo by’abaturage bagahindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga.

Bashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyakarambi.
Bashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyakarambi.

Abatoni Betty ,ushinzwe guhuza inzego z’abikorera mu rwego rw’igihugu, yashimye abikorera mu Karere ka Kirehe batekereje kwibuka abikorera bazize Jenoside.

Ati“ Mwatekereje neza, iyo twibuka dusubiza amaso inyuma tukareba ibyo dukosora. Murabizi abacuruzi bagize uruhare runini muri Jenoside kuko bari bafite amikoro kandi abahigwaga cyane muri Jenoside ni abacuruzi bagenzi babo mukwiye gukuramo isomo”.

Yavuze ko byagorana ko umuntu umwe yagira icyo gitekerezo. Ati“Kuko mushyize hamwe mukoze igikorwa cyiza, ni byiza ko iki gikorwa cyakomeza kuba mu myaka itaha”.

Jacqueline Murekatete, Umuyobozi w'Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage, ashima ibikorwa by'abikorera kuko ngo bisanzwe binagira uruhare ku iterambere ry'akarere.
Jacqueline Murekatete, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, ashima ibikorwa by’abikorera kuko ngo bisanzwe binagira uruhare ku iterambere ry’akarere.

Nsengiyumva Vincent, uhagarariye Ibuka mu Karere ka Kirehe, yagize ati “Ku ngoma zose zacyuye igihe abatutsi baratotejwe bigeze muri Jenoside si ukubahukamo,muribuka hano Kirehe abishwe mbere ni abacuruzi bari bafite amafaranga”.

Yashimye abikorera batekereje igikorwa cyo kwibuka abacuruzi bazize Jenoside bakaremera n’imfubyi n’abapfakazi barokotse. Ati“ Ibi bituma twumva ko dufite agaciro”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Murekatete Jacqueline, yashimiye abikorera bateguye igikorwa cyo kwibuka abacuruzi bazize Jenoside.

Yavuze ko akarere na ko gashyize imbere ubufasha ku bacitse ku icumu aho abana basaga 200 barihirwa amafaranga y’ishuri, abasaga 1300 babonewe amacumbi n’ibindi bikorwa binyuranye.

Muri uwo muhango banatanze inka 10 ku barokotse Jenoside batishoboye.
Muri uwo muhango banatanze inka 10 ku barokotse Jenoside batishoboye.

Bamwe mu bikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi i Kirehe bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyakarambi ahari imibiri isaga ibihumbi 9. Mu kuremera abarokotse Jenosite batishoboye abikorera batanze inka 10.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ahaaa. nta kundi nyine ni ukugerageza tukiyubaka

solange yanditse ku itariki ya: 22-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka