Kirehe: Yafatanwe ibiro 15 by’urumogi ararugarama

Muhawenimana Josiane, umugore w’imyaka 27, wo mu Murenge wa Musaza ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatwa n’irondo ngo yikoreye ibiro 15 by’urumogo mu ijoro rishyira tariki 18 Gicurasi 2015 agahita avuga ko yari arutwaje umugabo wari wamuhaye akazi.

Ubwo twamusangaga kuri Polisi, Sitasiyo ya Kirehe ari na ho afungiye, yavuze ko umugabo baturanye witwa Tuyizere yamusabye kujya kumutwaza amwemerera ibihumbi icumi ngo bageze ku cyambu Tuyizere yambuka Tanzaniya undi asigara amutegerereje ku cyambu.

Muhanimana wafatanywe ibiro 15 by'urumogo ahagana mu ma saa sita z'ijoro.
Muhanimana wafatanywe ibiro 15 by’urumogo ahagana mu ma saa sita z’ijoro.

Ngo yazanye umuzigo aha uwo mugore arikorera undi na we atwara urwo yari afite mu gikapu ahagana mu ma saa sita z’ijoro ngo bahuye n’irondo Tuyizere ariruka bafata uwo mugore.

Muhawenimana asaba imbabazi ngo akajya kurera abana be babiri bakiri bato dore ko ngo amaze umwaka arwaje umugabo we wakoze impanuka.

Ati“ Ndasaba imbabazi sinari nzi ko icyaha kiremereye bigeze aha ni ishuro ya kabiri nari mbikoze. Mumbabarire rwose sinzabyongera njye kurera utwana twanjye tw’incukirane kandi n’umugabo wanjye ni njye umurwaje kuko yakoze impanuka, yaramugaye ntiyabasha no kwigeza ku musarani ni njye umufasha byose”.

Ubuyobozi bwa Polisi i Kirehe burasaba abantu kwirinda ibiyobyabwenge kuko bihungabanya umutekano w’igihugu bikangiza n’ubuzima bw’abaturage.

Busaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku muntu wese babonanye ibiyobyabwenge.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uwomubyeyi.nibamureke.kuko.naweyakoraga.ibyo,ataziahubwo,nibakurikirane.uwo,mugabo

alias yanditse ku itariki ya: 19-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka