Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye itorero mu karere ka Kirehe bafashije abana bane b’imfubyi zibana hamwe no kubakira umukecuru utishoboye.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kirehe, Dr Sareh Niyonzima, avuga ko muri ako karere 90% by’abana bajyanwa kwa muganga babanza kubajyana mu bavuzi ba gihanga ibi bakaba babiterwa n’imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi.
Kirehe-Barishimira ko isaburu ya FPR Inkotanyi igeze baramaze kubona amashanyaraziAbanyamuryango bo mu karere ka Kirehe bizihije umunsi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’akarere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, bishimira byinshi bagezeho birimo kuba aka karere gafite iterambere ririmo amashanyarazi.
Guhera kuri uyu wa 28/11/2012 abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gushaka kujya muri iki gihugu ahitwa Kiboga hamwe n’imiryango yabo nta byangombwa bagira, bakaba bavuga ko bari bagiye gupagasa.
Kuri uyu wa 29/11/2012 Minisitiri w’umutungo Kamere yagiriye urugendo mu karere ka Kirehe mu rwego rwo kureba uko amashyamba yatewe muri iki gihembwe gishize ahagaze n’uko gahunda yo kurwanya isuri n’ibiza ihagaze muri aka Karere.
Gucuruza inzoga mu masaha y’akazi ngo ni kimwe mu bitera umutekano mucye mu karere ka Kirehe akaba ariyo mpamvu abacuruzi basabwe kujya bafungura utubari batinze kandi bagafunga kare.
Mu rwego rwo kwitegura amatora y’abadepite ateganijwe mu mwaka utaha wa 2013, intumwa za Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu wa 22/11/2012 zahuguye abahagarariye urubyiruko ku rwego rw’imirenge igize akarere ka Kirehe.
Mu muganda wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Gahara ku gasozi ka Rununga hatewe ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashayamba.
Ubwo hahabwaga ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge tariki 13/11/2012, abaturage bo mu kagari ka Kazizi ho mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe batangaje ko icyumweru cyahariwe ubumwe n’umbwiyunge gisanze bariyunze nyabyo.
Rosarie Yambabariye utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga, umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe, yatwitse amaboko y’umwana we w’umuhungu wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza amuziza ko yamusuzuguye akanga gutunganya ibishyimbo bagombaga guteka.
Binyujijwe mu ishyirahamwe rihuje Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya ryirwa Rwanda Tanzaniya Friendship Association (RWATAFA) tariki 21/10/2012 mu karere ka Kirehe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 13 uwahoze ari Perezida w’igihugu cya Tanzaniya, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
Mbonabucya Claveur utuye mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe aratangaza ko nibura buri kwezi haza abajura bakiba ibintu biri mu gikoni none ubwo baheruka baraje bagirira nabi umwana wari mu rugo.
Ishimwe Jacqueline w’imyaka 18 wakoraga mu rugo rwa Peter na Niyonkuru Chance mu karere ka Ngoma afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe guhera tariki 16/10/2012 azira kwiba umwana w’imyaka ibiri yareraga akamutwara iwabo mu rugo.
Umugabo witwa Safari Isaac wo mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Nasho mu karere ka Kirehe yitabye Imana tariki 14/10/2012, ahanutse hejuru y’urusengero rw’abadivantisite yubakaga.
Alphonsine Nyiraneza w’imyaka 16 wari utuye mu kagari ka Rugarama, mu murenge wa Kigina yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kirehe mu karere ka Kirehe, amaze kugwirwa n’igsenge k’inzu, kuri uyu wa 12/10/2012.
Ku bitaro bya Kirehe harwariye umugabo witwa Niyibishaka Emmanuel, kubera ibikomere yatewe n’imihoro yatemwe ubwo we na bagenzi be bageragezaga kwibisha imbunda ariko uwo bateye akirwanaho, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Kuri uyu wa 12/10/2012, mu kagari ka Rugarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe imvura yaguye mu masa saba n’igice yashenye amazu 23 ibisenge by’inzu byose bivaho naho andi 17 asenyuka igice.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Kirehe bafunzwe bazira gucuruza mazutu mu buryo bwa magendu; bavuga ko bayikura ku bashoferi batwara amakamyo ava mu gihugu cya Tanzaniya.
Inzu yo mu mudugudu wa Bwiza, akagari ka Nyabikokora, umurenge wa Kirehe yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa sita tariki 05/10/2012 ariko ntibyamenyekanye aho uwo muriro waturutse.
Kuri uyu wa 03 Ukwakira 2012, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari bo mu karere ka Kirehe bateraniye mu mahurwa y’iminsi ibiri agamije kubasobanurira ibigendanye n’imiyoborere myiza no gutanga serivise neza ku babagana.
Nkunzwenimana Jean Baptiste w’imyaka 25 utuye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe azira gufatwa atetse kanyanga.
Rwanda Military Hospital, tariki 24/09/2012, yatangije igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu bafite uburwayi butandukanye mu karere ka Kirehe ku bufatanye na FARG mu cyumweru cy’ibikorwa byahariwe ingabo (Army week).
Kayijamahe Gabriel w’imyaka 60 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afunzwe akekwaho gufasha Akimanizanye Chantal w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina gukuramo inda y’amezi atanu.
Abacuruzi bo mu isoko ryo ku Murindi mu murenge wa Nasho mu karere ka Kirehe, kuwa kabiri tariki 17/09/2012, banze kurema isoko kubera babacaga amafaranga 6000 byo gukodesha aho bacururiza na 3000 by’umusoro.
Umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Ignace w’imyaka 32 wabonetse mu masaha ya saa moya za mu gitondo kuri uyu wa 13/09/2012 mu mudugudu wa Nyarurembo, akagari ka Nyabigega, umurenge wa Gatore mu karere ka kirehe yimanitse mu kiziriko.
Mu mahugurwa agamije guhugura abaturage ku kubungabunga ibidukikije arimo kubera ku karere ka Kihere, Amini Mutaganda, umushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) yasobanuye ko buri muntu akwiye gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe.
Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kirehe aratangaza ko umutekano mu karere ka Kirehe uhagaze neza kiretse ikibazo cy’ibiyobyabwenge biva mu mirenge ya Gatore, Kigarama na Musaza. Ngo impamvu ibitera ni uko iyi mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.