Perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Kirehe, Rwagasana Ernest arasaba ubuyobozi bw’akarere gukoresha neza umutungo wa Leta bwirinda kuzongera guhamagarwa na komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite (PAC).
Inteko rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 15/02/2015 hasuzumwe bimwe mu bibazo bijyanye n’umuryango aho hibukijwe gukora cyane mu guharanira iterambere ry’igihugu n’iry’umuryango, hanakorwa amatora ku myanya idafite abayobozi.
Iyibwa rya Mudasobwa zigendanwa mu bitaro bya Kirehe rikomeje kutera benshi urujijo bibaza uburyo zibwe nta ngufuri yishwe n’ibitaro bifite uburinzi buhagije.
Uzabakiriho Emmanuel wo mu kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro mirongo ine na bibiri ( 42kg) by’urumogi iwe mu nzu n’ubwo aruhakana akavuga ko rushobora kuba rwashyizwemo n’abaturanyi kubera ishyari.
Abaturage bo mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe bababajwe no kubaho batumva radiyo kuko bibatera gusigara inyuma mu iterambere, ari nako bibatera ubujiji ntibamenye amakuru ku bibera mu gihugu.
Umugabo witwa Ruganintwari Revelien w’imyaka 37 wo mu kagari ka Rwantonde umurenge wa gatore yafatanwe kilo 80 z’urumugi ubwo yari arutwaje umugabo witwa samandari ngo bageze mu nzira kuko ari we wari imbere Polisi imufashe shebuja n’undi mukozi bari hamwe bariruka.
Uwanyirigira Marie Louise, umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Kigina mu Karere ka Kirehe ari mu buroko nyuma yo gukekwaho gukoresha umwarimu utabaho, ari nako buri kwezi hasohoka amafaranga yitwa umushahara w’uwo mwarimu.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abafite imbwa kuzicunga no kuzikingiza kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano muke zishobora guteza.
Pasiteri Rutabangira Elie wo mu itorero ry’abangirikani mu Rwanda (EAR) yapfuye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 03/02/2015 ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya Matunda.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bibukijwe ko ubutwari ari ikintu cyose umuntu akoze cyagirira rubanda nyamwinshi akamaro kandi bushobora kugaragarira mu buzima bwose bw’igihugu.
Umwana w’imyaka 17 usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Ruhanga, Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka ibiri n’igice ku mugoroba wo kuwa kane tariki 29/01/2015.
Mukangarambe Asinath wo mu Murenge wa Kigina, Akarere ka Kirehe yiyahuye anyweye umuti wa tiyoda bamugejeje mu bitaro ahita apfa.
Kuri sitasiyo ya Kirehe mu Karere ka Kirehe hafungiye Umunyatanzaniya witwa Muhamedi Zuberi n’imodoka yari atwaye akurikiranyweho guha ruswa umupolisi.
Umusore witwa Gasigwa Emmanuel w’imyaka 20 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kirehe akaba n’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yishwe mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 24/01/2015 akubiswe isuka mu mutwe ubwo yari aryamye.
Umukobwa witwa Bamusonere Esther ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yirihira abikesha kuboha ibiziriko no guhimba imivugo, nyuma yo gukora umwuga w’ubushumba n’ubuyaya.
Gahunda y’iyubakwa ry’umujyi wa Rusumo mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi bukorerwa ku mipaka yishimiwe na benshi mu bikorera, bakavuga ko bagiye kuyigira iyabo baharanira kuyishyira mu bikorwa.
Mu ruzinduko rw’iminsi 10 abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi batangiye mu turere twose tw’u Rwanda, mu karere ka kirehe hazibandwa ku bijyanye n’iterambere ry’abaturage bareba uko imishinga imwe n’imwe ikorera muri ako karere yafasha abaturage bakagira imibereho myiza.
Karake Jean Pierre wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kirehe akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 8 ubwo yari agiye iwe kurahura.
Abakobwa bo mu Karere ka Kirehe bakomeje kugana umukino wa Karaté ari nako batwara imidari mu marushanwa anyuranye ku rwego rw’igihugu, n’ubwo abantu bakunda kuwitirira uw’abahungu kubera ingufu usaba.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bafite abana abagaragaje indwara ziterwa n’imirire mibi bahawe ihene 140 n’ingurube 100 mu rwego rwo kuyihashya.
Ndikumana Jean Bosco utuye mu Kagari ka Mushongi mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyarubuye akekwaho kwica umugore we witwa Nyirabuyange Atalie amukubise umugeri mu nda mu ijoro ryo ku itariki 16/01/2015.
Abagore bo mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe barasabwa gukomeza kurinda ubusugire bw’icyizere bagiriwe bakomeza ibikorwa biteza imbere ingo zabo.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe n’abandi bahahira ibitoki muri ako karere bahangayikishijwe n’ihenda ry’ibitoki n’ubuke bwabyo bikomeje kuba inzitizi mu mirire.
Mu muhango icyumweru cyahariwe Girinka mu rwego rw’akarere ka Kirehe kuri uyu wa mbere tariki 12/01/2015 hituwe inka 16 aho abaturage bakomeje kugaragaza uburyo iyi gahunda ya Girinka imaze kubateza imbere.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni arizeza Abanyarwanda ko ikirari cya Rusumo gihuza u Rwanda na Tanzania kigiye kwihutisha ubucuruzi n’indi mirimo ifitiye ibihugu byombi akamaro.
Abikorera bo mu karere ka Kirehe barishimira gahunda y’itorero ry’igihugu yabashyiriweho, bakizera ko bazunguka byinshi ku bijyanye n’indangagaciro z’Umunyarwanda baharanira kunoza imikorere yabo.
Nyiramubyeyi Jariya w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo gukuramo inda abigambiriye nk’uko abyiyemerera.
Kabatesi Penine w’imyaka 18 utuye mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare akaba ari umunyeshuri mu Rwunge rw’amashuri i Matimba (Groupe Scolaire de Matimba) mu mwaka wa kabiri, yafatanwe ibiro bitandatu by’urumogi kuwa gatatu tariki 07/01/2015 mu Murenge wa Gatore ubwo yari mu modoka atashye iwabo i Nyagatare.
Mu gihe ubwinshi bw’abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Kirehe bukomeje gufata indi ntera, Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere ikomeje kubagwa gitumo aho mu mpera z’umwaka wa 2014 yafatanye ibiyobyabwenge abagera kuri 18 bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Kirehe.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha wabaye kuwa kabiri tariki 30/12/2014, Muzungu Gerald uherutse gutorerwa kuyobora Akarere ka Kirehe yatangaje ko atagiye gutangirira ku busa ahubwo agiye gukomereza kuby’abamubanjirije.