Abaturage bo mu murenge wa Kigarama barishimira umuhanda bujuje bakabona ko iterambere ribagezeho n’ubuzima bwabo bugiye kurushaho kugenda neza.
Abakobwa biga ubusudizi n’imyuga mu karere ka Kirehe, basaba bagenzi babo kutitinya bakiga imyuga yitirirwaga abahungu kuko nabo babishoboye.
Barajiginwa Félicien w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Kigina ku wa 24 Kanama 2015 bamusanze mu rutoki rw’umuturage yapfuye ariko ntibaramenya icyamwishe.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe zishimira amasomo ziri guhabwa kuko zizera ko azabafasha mu bumenyi.
Ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe Urubyiruko uba tariki 22 Kanama, mu Karere ka Kirere urubyiruko rwasabwe kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi zisenya igihugu.
Nubwo abaturage bo mu Krere ka Kirehe bipimisha SIDA ari benshi, bamwe mu bo twasanze mu Kigo Nderabuzima cya Kirehe tariki 16 Kanama 2015 ntibazi uburyo yandura.
Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Mahama zatangiye gutoroka inkambi ya Mahama zijya gusabiriza mu baturage zivuga ko inzara yazirembeje.
Mu nama yahuje abamotari bo mu Karere ka Kirehe n’ubuyobozi bwa Polisi kuri uyu wa 15 Kanama 2015, Umuyobozi wa Polisi muri ako Karere, Spt Christian Safari, yabasabye kurangwa n’isuku no kubumbatira umutekano.
Iminsi icumi irashize abaranguza ibinyobwa bya BRALIRWA bafungiwe na Banki ya Kigali kubera umwenda Rutagengwa Oswald ukwirakwiza ibyo binyobwa afitiye watumye ububiko bw’inzoga (amadepo) bwose bufungwa kuko amakaziye yakoreshaga yose yatanzweho ingwate muri Banki.
Abakozi mu nzego zinyuranye mu Karere ka Kirehe biyemeje gukosora amakosa yakozwe baharanira kuzuza inshingano zabo batanga serivisi nziza ku bo bayobora baharanira iterambere igihugu cyifuza kugeraho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buranenga bamwe mu barimu basigaye barangwaho ubusinzi bukabije n’ibindi bikorwa bigayitse bibangamira ireme ry’uburezi akarere kaba kifuza kugeraho.
Bamwe mu bahagarariye amadini bo mu Karere ka Kirehe bashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo bafite impungenge ko nyir’ubwite ataratangaza niba yemera gukomeza kubayobora none ngo batangiye gusengera icyifuzo cyabo ngo azavuye “Yego”.
Ngo mwarimu wo ha mbere yarangwaga no kwambara inkweto zamusaziyeho, zisa nabi umubonye wese akavuga ngo Gakweto arahise iyo nyito ifata abarimu bose, ariko ubu ngo abarimu bahawe agaciro na Perezida Paul Kagame wabashingiye Umwarimu sacco n’ibindi bikorwa bibafasha kwiteza imbere.
Abakora muri servise y’ubuzima bagizwe n’abaganga n’umushinga Partners in Health baganira n’intumwa za rubanda ku wa 1 Kanama 2015 bavuze ko kuba bifuza ko Perezida Kagame akomeza kuyobora atari ukumunaniza ahubwo ari ugufatanya kubumbatira iterambere yabagejejeho rijyanye cyane cyane n’ibikorwa by’ubuzima.
Ubwo abadepite bumvaga ibyifuzo by’abafite ubumuga, urugaga rw’urubyiruko n’urugaga rw’abagore kuri uyu wa 02 Kanama 2015 ku ngingo y’101 y’Itegeko Nshinga, bavuze ko Perezida Kagame yabagejeje kuri byinshi ku buryo bamwe ngo byabarenze bita bamwita Imana y’i Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe baratangaza ko nta wundi muyobozi bakeneye waza kunganira ibyo Perezida Kagame yakoze, kuko ashobora kuza akabikora nabi kandi nyir’ubwite yari agifite imbaraga zo gukomeza kuyobora igihugu.
Nkuriyingoma Pacifique, Ngengahimana Emmanuel na Havugimana Emmanuel bari mu maboko ya Polisi/Sitasiyo ya Kirehe nyuma yo gufatanwa imifuka umunani y’urumogi rupima ibiro 400 ubwo bari bazjynye imodoka bagiye kurupakira barugemura i Gitarama.
Byemero Ferdinand na Bakundukize Fortuné barishimira intabwe bateye yo kurushinga nta mikoro bakemera kugenda n’amaguru ibirori bikaryoha, bakaba basanga ubukwe bwabo bwarasumbye ubw’abagenda n’imodoko zihenze akenshi ari n’izo bakodesheje ku madeni.
Abaturage bo mu Murenge wa Kirehe bakira abadepite ku wa 25 Kanama 2015 bayobowe na Visi Perezida w’Inteko Ishinga amategeko/ Umutwe w’Abadepite, Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, mu byifuzo byabo basabye ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yavaho burundu bagakomeza gutora Perezida Paul Kagame.
Abaturage bo mu kagari ka Kamombo na Saruhembe mu murenge wa Mahama, basanga Perezida Kagame yarabagejeje kuri byinshi ariko ngo imvunja na bwaki bikaba byarabaye amateka kubera yabahaye amata akabatoza n’isuku.
Abanyamuryango b’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Kirehe, biyemeje kunoza umurongo ngenderwaho w’ibikorwa by’umuryango mu myaka ine iri imbere hakosorwa amakosa agikorwa na bamwe mu banyamuryango.
Mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe harangiye amarushanwa ku biganirompaka mu gutyaza ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza, maze ubuyobozi bw’akarere n’abaterankunga muri icyo gikorwa babishimira urwego abarimu bagezeho mu kuvuga Icyongereza bahamya ko bizazamura ireme ry’uburezi.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kirehe barashinja ubuyobozi bw’imidugudu kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu bwise umusoro w’umudugudu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mukabaramba Alvera, yababajwe n’amakosa menshi yakozwe muri gahunda yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe aha abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge iminsi itatu yo kuba barangije kuyakosora yose banagejeje raporo ku karere.
Nkurikiyumukiza Cassien wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ababajwe n’ubusembwa yatewe na murumuna we ubwo yamutemaga mu mutwe yarangiza akamuruma umunwa wo hasi akawuca.
Munyabugingo Jean Claude ukorera ubucuruzi buciriritse i Kirehe avuga ko mu kwihangira imirimo yabonaga abaturage bagana Ibitaro bya Kirehe abakoresha amagare ari benshi yiga umushinga wo kubabikira amagare none bigeze aho bimwinjiriza amafaranga ibihumbi 90 buri kwezi.
Umusore witwa Musabyimana Mawombe wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore yafatanwe imifuka ibiri y’urumogi ipima ibiro 80 ku wa 02 Nyakanga 2015 arugemuriwe n’abatanzaniya atabwa muri yombi.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi bagiriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye ku wa 30 Kamena 2015 bababajwe n’ubwicanyi ndengakamere muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye biyemeza kuba abavugizi b’urwibutso rwaho rushyinguwemo imibiri ibihumbi 51 ngo rwubakwe.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kirehe bavuga ko nubwo bavutse Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye bamaze gusobanukira ububi bwayo ngo bakaba biteguye kuyikumira.
Mu rwego rwo guha agaciro imirimo bakoraga bitangira kubaka igihugu ariko Leta yariho icyo gihe ikagira uruhare mu kubica, abakozi b’Akarere ka Kamonyi bibutse abakoreraga amakomini yavuyemo Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.